MENU

Where the world comes to study the Bible

Kugira Umutima Nk’uwa Kristo: Ubugingo Bwuzuye Ijambo Ry’imana

Intangiriro

Bibiliya ni igitabo umukristo avomamo imigisha. Ni igitabo gikubiyemo ibigenga ubugingo bwe, umucyo umurikira inzira ze, n’umugereka wo kwizera no kubishyira mu bikorwa. Bibiliya ni Ijambo ry’Imana - uguhishurwa kwayo kw’umwihariko umuntu agomba kwiyezesha no kuyoboka inzira z’Imana. Nko guhishurwa kw’Imana ku muntu, Bibiliya yigisha umuntu ibintu adashobora kwiga ku bugingo n’urupfu atari mu guhishurwa kw’Imana kwihariye nk’uko Pawulo abivuga mu 1 Abakorinto 2:9-10.

1 Abakorinto 2:9-10 ‘Ariko, nk’uko byanditswe ngo: Iby’ijisho ritigeze kureba, n’iby’ugutwi kutigeze kumva, ibitigeze kwinjira mu mutima w’umuntu, ibyo byos’Imana yabyiteguriy’abayikunda 10 Arikw’Imana yabiduhishurishij’Umwuka wayo: kuk’Umwuka arondora byose, ndetse n’amayoberane y’Imana.’

Zaburi 119:9-11 ‘Umusore azez’inzira y’ate? Azayezesha kuyitondera nkukw’ ijambo ryawe ritegeka. Nagushakishij’ umutima wose; ntukunde ko nyoba ngo ndek’ibyo wategetse.’

Uku guhishurwa kurimo ibintu nk’ukuri kwerekey’ Imana mu butatu ( uko iteye, imico, imigambi, na gahunda); ibintu byerekeye umuntu (inkomoko ye, imico ye, kugwa kwa Adamu, icyaha, n’ibyo akeneye) ibyerekey’isi n’aho yaturutse h’ukuri nk’icyaremwe n’Umuremyi no gucungurwa kwayo; ibyerekeye Satani n’imbaraga z’ikibi mu isi; ibyerekeye umugambi w’Imana w’agakiza k’umuntu kubwo kwizera Umwana wayo Yesu Kristo n’umurimo We, (gukizwa igihano cy’icyaha, imbaraga zacyo, ndetse umunsi umwe gukizwa icyaha ubwacyo); Umwuka Wera n’umurimo We; no ku byerekeye ibintu by’igihe kizaza. Kubera ko umuntu agira aho adashobora kurenga, guhuma gusanzwe kwe ku by’Umwuka, na kamere ye y’icyaha, Bibiliya ni (nkuko nyakwigendera Dogiteri Lewis Sperry Chafer yanditse) igitabo umuntu adashobora kwandika, yabishaka cyangwa atashaka, nubwo yaba afite bushobozi.

Kubera ibyo ikora n’icyo iri cyo, Bibiliya ni cyo gitabo cy’ingenzi kurusha ibindi mu bugingo bw’umukristo. Reba iyi mirongo ikurikira yatoranijwe:

Matayo 5:18-19 ‘Kandi ndababwira ukuri yuko ijuru n’isi kugeza aho bizashirira, amategeko atazavaho inyuguti imwe cyangwa agace kayo gato, kugeza aho byose bizarangirira. 19 Nuko uzica rimwe ryo muri ayo mategeko, naho ryaba ryoroshye hanyuma y’ayandi, akigisha abandi kugira batyo, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mutoya rwose: ariko uzayakora akayigisha abandi, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mukuru.’

2 Timoteyo 3:16-17 ‘Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n’Imana, kandi bigir’umumaro wo kwigish’umuntu, no kumwemez’ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka: 17 kugira ng’ umuntu w’ Imana ab’ ashyitse, afit’ ibimukwiriye byose, ngw’ akor’ imirimo mwiza yose.’

2 Petero 1:18-21 ‘Iryo jwi twaryumvise rivugira mw’ ijuru, ubwo twari kumwe na we kuri wa musozi wera. Nyamara rero dufit’Ijambo ryahanuwe, rirushaho gukomera, kandi muzaba mukoze neza, ni muryitaho, kuko rimeze nk’ itabaza rimurikir’ ahacuz’ umwijima, rigakesh’ ijoro, rikagez’ ahw’ inyenyeri yo muruturuturu izabandurira mu mitima yanyu.’

Abakristo ntibagomba kumenya Bibiliya byonyine, bagomba no kumenya ibyerekeye Bibiliya yabo. Ni iby’ingenzi kumenya neza agaciro kayo kugira ngo barusheho gushaka kuyikoresha uko bikwiriye ku by’uko iteye, umugambi wayo, n’inkomoko zayo. Kubera ko gusobanukirwa by’Umwuka, kwizera, kubishyira mu bikorwa, no kwubaha Imana bishingiye kuri Bibiliya, inyigisho ya Bibiliya (Bibliologie) ni imwe mu nyigisho z’ingenzi z’Ibyanditswe umuntu akwiriye kumenya.

Dawidi yaranditse ati, ‘Ndasenga nerekeye urusengero rwawe rwera, nshimira izina ryawe, imbabazi zawe n’umurava wawe: Kuko washyirishije hejuru Ijambo ryawe kurisohoza, ngo rirute ibyo izina ryawe ryose ryatwiringiza’ (Zaburi 138:2). (Gushimangira ni ukwanjye).

Bibiliya yitwa NASB ivuga igice cya kabiri cy’uwo murongo itya iti, ‘kuko washyize hejuru Ijambo ryawe ku bw’ izina ryawe ryose’. Bibiliya yitwa NIV yo ibivuga itya iti, ‘Kuko washyize izina ryawe n’Ijambo ryawe hejuru y’ibintu byose’.

‘Kubwo’ (NASB) cyangwa ‘hejuru’ (KJV) ryerekana mu Giheburayo igihimba cy’inshinga gadal wongeyeho akabanzirizajambo al. Ibi bishobora kuvuga ubusanzwe ‘hejuru’ nk’uko KJV irisobanura, ariko ubu bwose ni ubusobanuro bushoboka. Tudakurikije ubusobanuro umuntu yemera, uwo murongo uvuga agaciro k’Ijambo ry’Imana ku kumenya no kuramya Imana.. Nk’uko bivugwa rimwe na rimwe, ‘izina ry’ umuntu risa n’ijambo rye’, ni ko n’izina ry’ Imana no kumenya Imana bishingiye ku kuri, kwiringirwa, ukuri kw’Ijambo ryayo no kumenya Ibyanditswe kw’umuntu. Hamwe n’ibiri ku mutima, reka turebe icyo Bibiliya ari cyo.

Ibiranga Bibiliya
(Zaburi 19:7-14)

Zaburi 19:7-14 ‘Amategeko y’Uwiteka atungana rwose, asubiz’intege mu bugingo, Iby’Uwiteka yahamije n’ibyo kwizerwa, bih’umusw’ubwenge, 8 Amategek’Uwiteka yigishij’araboneye, anezez’umutima, Iby’Uwiteka yategetse ntibyanduye, bihwejesh’amaso. 9 Kubah’Uwiteka ni. kwiza, guhorahw’iteka ryose, Amateka y’Uwiteka n’ay’ukuri, n’ayo gukiranuka rwose. 10 Bikwiriye kwifuzwa kurut’izahabu, naho yab’izahabu nziza nyinshi: Biryoherera kurut’ubuki n’umushongi w’ibinyag’utonyanga. 11 Kandi ni byo bihan’umugaragu wawe; Kubyitondera harimw’ingororan’ikomeye. 12 Ni nd’ubasha kwitegereza kujijwa kwe, Ntumbarehw’ibyaha byanyihishe. 13 Kand’ujy’urind’umugaragu wawe gukor’ibyaha by’ibyitumano, Bye kuntwara, uko ni ko nzatungana rwose, Urubanza rw’igicumuro gikomeye ntiruzansinda. 14 Amagambo yo mu kanwa kanjye n’iby’umutima wanjye wibgira bishimwe mu maso yawe, Uwiteka, gitare cyanjye, mucunguzi wanjye.’

Yahumetswe n’Imana: Guhishurwa kwahumetswe n’Imana

Ingero zikurikira zerekana ubuhamya bwa Bibiliya ku byerekeye yo ubwayo nko guhishurwa kwahumetswe n’Imana. Ubu buhamya bukeneye gutegerwa amatwi, ariko nihagira udashaka kumva ubu buhamya - kandi abenshi ntibashaka kubwumva - ntibirengagiza ubuhamya bwa Bibiliya gusa, ubuhamya bw’uko yisobanura ubwayo, ahubwo banirengagiza n’ibihamya byinshi bifite uburemere butangaje buha agaciro ubuhamya bwa Bibiliya.

Ibi bihamya birimo ibyo Bibiliya ikizeho bitarondoreka, uko ikurikiranya ibintu mu buryo butangaje kuva mu Itangiriro ukageza ku Byahishuwe; uko yakwiriye isi, uko Bibiliya Yera itwigisha uko dukwiriye kwitwara; ukwiringirwa kwayo kudasubirwaho kutugezaho ukuri no kutaduhisha ibyaha by’abantu bakomeye bo muri Bibiliya; uko usanga ikwiranye n’ibisekuru byose uko byakurikiranye; ubuhamya bw’ubushakashatsi ku byabayeho kera; uko ubuhanuzi bwagiye busohora; imbaraga zayo mu guhindura abantu n’imiryango; n’ukuntu yabashije gukomeza kubaho nubwo yarwanijwe n’abantu bamwe hanyuma y’abandi bashaka kuyikuraho cyangwa kuyisebya.

Ibi bigaragara cyane iyo turebye uko Bibiliya yarinzwe ugereranije n’ibindi bitabo byanditswe kera.66

      Ubuhamya bw’ingenzi ku kuri kwa Bibiliya n’Ijambo ry’Imana ni Yesu Kristo. Kuki ubuhamya Bwe ari ubw’ingenzi? Kuko Imana yemeje kandi igahamya ko ari Umwana wayo ubwayo ku bwo kumuzura (reba Ibyakozwe 2:22-36; 4:8-12; 17:30-31; Abaroma 1:4). Kristo yahamije ku buryo bugaragara ubutware bw’Isezerano Rya Kera n’Isezerano Rishya ryari ritegerejwe.

Reba ibyo Kristo yigishije ku byerekeye Isezerano Rya Kera:

  • Ubutware bwaryo (Matayo 22:43)
  • Ukwizerwa kwaryo (Matayo 26:54)
  • Ukuzura kwaryo (Matayo 4:4, 7, 10)
  • Ukwihaza kwaryo (Luka 16:31)
  • Ukutabasha kurimburwa kwaryo (Matayo 5:17-18)
  • Ubumwe bwaryo (Luka 24:27, 44)
  • Ugusobanuka kwaryo (Luka 24:27)
  • Iby’Amateka byaryo (Matayo 12:40)
  • Ugufatika kwaryo (mu by’ubuhanga) (Matayo 19:-5)
  • Kudahaba kwaryo (Matayo 22:29; Yohana 3:12; 17:17)
  • Ukudakuka kwaryo (Yohana 10:35) 67

      Hamwe n’ibi ku mutima, reka turebe ubuhamya bw’ukuntu yisobanura ubwayo. Mu rukiko rukurikiza amategeko urwo ari rwo rwose, uwiregura aba afite uburenganzira bwo kuburanirwa no gutegerwa amatwi.

    Ibyo guhumekwa n’Imana

‘Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n’Imana, kandi bigir’umumaro wo kwigish’umuntu, no kumwemez’ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka ...’ (2 Timoteyo 3:16).

Ibyanditswe Byera byose byabwirijwe cyangwa byahumetswe (theopneustos) n’Imana. Muri Bibiliya Yera (Kinyarwanda) usobanure ngo ‘Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n’Imana’. Ibi bituganisha ku buryo n’isoko y’Uwabwirije abanditsi. Ijambo ry’Ikinyarwanda ‘kubwiriza’ turyumvamo guhumekera mu kintu runaka. Ijambo ry’Ikigiriki, icyakora, ryigisha ko Imana yahumetse Ibyanditswe Byera. Nubwo Imana yakoresheje abanditsi b’abantu kwandukura Ubutumwa bwayo, Bibiliya ikomoka ku Mana yayihumetse ikoresheje abanditsi b’abantu. Yakoresheje amagambo yayo, ibyo bazi, ubumuntu bwabo, ariko ni Yo nkomoko y’ibanze naho bo bari ibikoresho-bantu. Ibindi byinshi bizavugwa kuri ibi hepfo aha ubwo tuzareba ‘impamvu yo guhumekwa n’Imana’.

    Ikigero na kamere byo guhumekwa n’Imana

Ibyanditswe Byera byose, Bibiliya yose, Itangiriro kugeza Ibyahishuwe, byahumetswe n’Imana kandi bigira umumaro. Ibi bitwerekeza ku kigero cyo guhumekwa n’Imana. Byose byahumetswe n’Imana. Abahanga mu bya Teolojiya bakunze kubyita guhumekwa kwuzuye.

Zaburi 119:140 ‘Ijambo ryawe ryaravugutiwe cyane; Ni cyo gitum’umugaragu wawe ndikunda’.

Zaburi 19:7-9 ‘Amategeko y’Uwiteka atungana rwose, asubiz’intege mu bugingo, Iby’Uwiteka yahamije n’ibyo kwizerwa, bih’umusw’ubwebwe, 8 Amategek’Uwiteka yigishij’araboneye, anezez’umutima, Iby’Uwiteke yategetse ntibyanduye, bihwejesh’amaso. 9 Kubah’Uwiteka ni kwiza, guhorahw’iteka ryose, Amateka y’Uwiteka n’ay’ukuri, n’ayo gukiranuka rwose’.

Icyo bitanga ni uko Bibiliya yose ari ‘ukuri, yageragejwe, itunganye, yizewe, iboneye, isukuye, ishakwa kurusha zahabu, kandi iryohereye kurusha ubuki’. Ugusesengura nk’uko kwerekeza ku kuvugwa, kwuzura, kudahaba no kudakuka kwa kamere ya Bibiliya (reba 1 Abakorinto 2:9-13). Reba imirongo ikurikira aho ibivugwa bifatiye ku ijambo rimwe, Abagalatiya 3:16 ‘urubyaro’; Matayo 22:31-32 ‘ni jye’.

Matayo 5:17-18 ‘Mwitekereza ko naje gukurahw’amategeko cyangw’ibyahanuwe. Sinaje kubikuraho, ahubwo naje kubisohoza. 18 Kandi ndababgir’ukuri yukw’ijuru n’isi kugez’aho bizashirira, amategek’atazavahw’inyugut’imwe cyangw’agace kayo gato, kugez’aho byose bizarangirira.’

Yohana 10:35 ‘Nuk’ubwo yabis’imana, ab’Ijambo ry’Imana ryajeho, kand’Ibyanditswe bitabasha gukuka,’

Abagalatiya 3:16 ‘Nuko rer’ibyasezeranijwe byasezeranijwe Aburahamu n’urubyaro rwe; nyamar’Imana ntirakavug’iti: Imbyaro, nko kuvuga benshi, ahubw’iti: N’urubyaro rwawe nko kuvug’umwe, ni we Kristo.’

Matayo 22:31-32 ‘Ariko se, ibyerekeye ku kuzuka kw’abapfuye, ntimwari mwasom’icy’Imana yababwiye ngo, 32 Ni jye Mana y’Aburahamu, n’Imana ya Isaka, n’Imana ya Yakobo? Imana s’Imana y’abapfuye, ahubwo n’iy’abazima.’

Ku byerekeye kamere nyakuri yo guhumekwa n’Imana n’uko ukuri kwo guhumekwa n’Imana kwarwanijwe imyaka igahindurizwa, Ryrie yaranditse ati :

Mu gihe ibitekerezo byinshi by’abahanga muri Teolojiya bishaka kuvuga ko Bibiliya yahumestwe n’Imana, umuntu asanga benshi badahuza gusobanura iryo jambo guhumekwa. Bamwe baryerekeza ku banditsi, abandi ku byandistwe; abandi na none, ku basomyi. Bamwe baryerekeza ku butumwa rusange bwa Bibiliya, abandi ku bitekerezo; abandi na none, ku magambo. Bamwe barishyiramo .kudahaba; abandi ntibabishyiremo. Uku kuvuguruzanya gusaba gusobanura neza iyo umuntu avuga iby’inyigisho za Bibiliya. Hambere, icyagaragazaga ko umuntu yizera uguhumekwa n’Imana kw’Ijambo ryayo byari kuvuga amagambo, ‘Nizera ko Bibiliya yahumestwe n’Imana’. Mu gihe bamwe batashyiraga amagambo yo muri Bibiliya mu byahumetswe, byaje kuba ngombwa kujya havugwa ‘Nizera ko amagambo yo muri Bibiliya yahumetswe n’Imana’. Kugira ngo umuntu arwanye inyigisho zimwe zavugaga ko ibice byo muri Bibiliya bimwe bitahumetswe n’Imana, umuntu yagombaga kuvuga, ‘Nizera ko amagambo yose yo muri Bibiliya uko yakabaye yahumetswe n’Imana’. Na none kubera ko abantu bamwe batemezaga ko Bibiliya yose uko yakabaye ari ukuri, byabaye ngombwa kuvuga, ‘Nizera ko amagambo yose, yuzuye, adakuka, adahaba, yo muri Bibiliya yahumetswe n’Imana. Ariko nyuma ‘adakuka’ na ‘adahaba’ atangira kwerekezwa ku byo kwizera gusa aho kuba ibyo Bibiliya yanditsemo byose (harimo n’iby’amateka, ibisekuru, inkuru zo kuremwa, n’ibindi) bityo biba ngombwa kwongeraho ibyo ‘.kudahaba kutagira iherezo’. Buri kintu cyagiye cyongerwaho kubera inyigisho z’amafuti zagiye zaduka.68

    Agaciro ko guhumekwa n’Imana

Kubera ko Ibyanditswe byose byahumetswe n’Imana, akaba ari igikorwa cy’Imana izi ubwenge bwose, izi byose, ishobora byose kandi y’Inyarukundo, Intumwa Pawulo akomeza avuga ko Bibiliya yose uko yakabaye ifite umumaro mu bintu bine :

2 Timoteyo 3:16 ‘Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n’Imana, kandi bigir’umumaro wo kwigish’umuntu, no kumwemez’ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka;’

(1) Kwigisha - ‘Kwigisha’ ni Ikigiriki didaskalia kandi risobanurwa ngo inyigisho’. Rikoreshwa mu buryo bugaragaza ko ruhamwa ari yo ikora igikorwa cy’inshinga (ni ukuvuga igikorwa cyo kwigisha’, no mu buryo bwerekana ko igikorwa gikorerwa kuri ruhamwa (icyigishwa, inyigisho). Mu nzandiko Pawulo yandikiye abayobozi b’amatorero, Pawulo akoresha igikorwa cyo kwigisha (1 Timoteyo 4:13, 17; 2 Timoteyo 3:10), n’ibyigishwa nko mu nyigisho z’itorero ziboneye (reba 1 Timoteyo 1:10; 4:6, 16; 6:1, 3; 2 Timoteyo 4:3; Tito 1:9; 2:1; 2:7, 10). Nk’uko byinshi muri ibi bice bibyerekana, cyane cyane Tito 2:1, inyigisho ycu igomba guhura n’inyigisho z’itorero ziboneye. Kandi kugira ngo inyigisho z’itorero zibe ziboneye, zigomba guhura n’Ijambo Ryahumetswe n’Imana. Iby’ibanze, inyigisho - ikiyikubiyemo - z’itorero zerekeye amahame-shingiro y’Imana ku bugingo bw’umuntu, bw’iteka kandi bwinshi, iby’ibanze, iby’ishingiro ubugingo bugomba kubakirwaho.

(2) Kwemeza ibyaha - Iri jambo ry’Ikigiriki elegmos risobanura ‘guhamya, kwemeza, kwemeza ibyaha’. Akajambo mos karangiza kerekana ko iri zina ryerekana igikorwa gikorwa kuri ruhamwa yerekana ikigerwaho mu murimo wo kwemeza w’Umwuka mu Ijambo - kwemeza umuntu ku giti cye mu kumugezaho ukuri. Umuntu yagereranya elegmos n’irindi jambo ry’Ikigiriki, elenxis, izina ryerekana ko ruhamwa ari yo ikora igikorwa cy’inshinga yerekeye igikorwa cyo kwemeza ibyaha cyangwa kugeza Ijambo ry’Imana ku muntu. Byombi bigomba gukomeza mu bugingo bw’umwizera. Intego, icyakora, si uburyo bikorwamo gusa. Ni ikigerwaho - umuntu kwemera ibyaha ku giti cye. Nk’umucyo, Bibiliya yemeza ibyaha kandi ikatugezaho uburyo bwinshi twica umugambi n’amahame by’Imana mu mibanire yose y’ubugingo, hamwe n’Imana n’abantu nko mu muryango umwe, mu itorero, no mu muryango mugari. Iyo twemejwe icyaha kandi natwe tukemera ko twacumuye, tuba tugomba gufata umugambi ukomeye. Dushobora kwerekera Imana tukayisubiza ku gukosora kwayo no kumenyereza, cyangwa se dushobora kugoma no kubirwanya. Iyo tubirwanije, nka Data wa twese Imana iraduhana ngo itugarure kuri We.

(3) Gutunganya - Iri jambo ry’Ikigiriki epanorthosis risobanurwa ngo ‘kugorora, gutunganya’. Ryerekana kamere n’ubushobozi bugorora bw’Ibyanditswe kandi rikerekana umurimo w’ako kanya w’Ijambo ry’Imana mu gusubiza ibirenge mu nzira. Umunyezaburi yaranditse ati, ‘Amategeko y’Uwiteka atungana rwose, asubiza intege mu bugingo’ (Zaburi 19:7a).

(4) Guhanira gukiranuka - Ijambo ‘guhana’ ni paidia risobanurwa ‘kumenyereza, kwigisha, guhana’, si mu buryo bwo guhana, ariko mu buryo bw’imyitwarire imenyereza kandi igakomeza imico, imbaraga, ubumenyi bwo gukora ibintu, n’ibindi. Ibi ni ibintu bimara igihe kandi byerekeye ukuri gukomeza imico y’iby’Imana n’imbaraga z’Umwuka - ugukura kw’ukuri n’uburyo bwo kwiga Bibiliya, kuyitekerezaho, no gusenga.

    Intego yo guhumekwa n’Imana

      Intego ni uko ‘umuntu w’Imana aba ashyitse, afite ibimukwiriye byose’ (2 Timoteyo 3:17). Bibiliya iduha gukomezwa n’Imana n’amahoro yayo nk’uko yerekana urukundo rwayo, kutwitaho, n’ubugwaneza, ariko ibi biri mu kuduhindura ngo duse n’ishusho y’Umwana wayo (Abaroma 8:28- 29) no kuduha ibidukwiriye mu bugingo bw’imirimo myiza (Abefeso 2:10). Kuduha ibidukwiriye bigenewe kuzana gukiranuka n’umurimo w’Imana aho kuba ibyo kwikuza ubwacu.

Abaroma 8:28-29 ‘Kandi tuzi yuko ku bakund’Imana byose bifataniriza hamwe kubazanir’ibyiza, ari bo bahamagawe nk’uko bagambiriye: 29 kukw’abo yamenye kera yabatoranirije kera gushushanywa n’ishusho y’Umwana wayo, kugira ngw’ab’imfura muri bene se benshi.’

Abefeso 2:10 ‘Kuko tur’abo yaremye, ituremey’imirimo myiza muri Kristo Yesu, iy’Imana yiteguriye kera, kugira ngo tuyigenderemo.’

Ijambo ‘ashyitse’ ni Ikigiriki artios risobanurwa ngo ‘ukwiriye, wuzuye, ushoboye, wihagije, ni ukuvuga ushobora kubona ibikenewe byose’. Kuba ‘ukwiriye’ birebana ni ikigerwaho cyangwa igiteganijwe kugerwaho, intego igambiriwe. Ndakeka ko uburyo bikorwamo ubwabwo bugaragarira mu ijambo ‘afite ibimukwiriye’. Reba izi ngingo eshatu ku byerekeye iri jambo :

(1) ‘Afite ibimukwiriye’ ni Ikigiriki ezartizo risobanurwa ngo ‘gushyiramo ibikwiriye, gushyiramo ibyangomwa byuzuye, gushyiramo ibikenewe byose’ nko gupakira gari ya moshi cyangwa ubwato bugiye mu rugendo rurerure. Ryakoreshwaga mu gupakira ubwato69 bugiye gutabara. Twashobora kugereranya ibi n’amato arinda inkombe z’Amerika n’abayatwara baba bafite ibibakwiriye byose ngo babashe kujya gutabara amato ari mu kaga.

(2) ‘Afite ibimukwiriye’ yerekana uburyo n’ibikoreshwa ngo umuntu abe akwiriye, ashoboye, cyangwa afite ubumenyi. Twashobora gusobanura uyu murongo nka ‘kugira ngo umuntu w’Imana abe ashoboye, mu kuba yarahawe ibimukwiriye.’

(3) Hanyuma, inshinga iri mu gihe cyashize, mu Kigiriki, yerekana ibyakozwe n’igikorwa cyabanje. Muri icyo gice, ibivugwa ni ibyo kwiga, kumenya, no gushyira mu bikorwa Ijambo ryahumetswe n’Imana mu gihe ikigerwaho ari ukubasha umurimo w’Imana kubwo gukura mu by’Umwuka.

Intego y’Imana mu kuduha Ijambo ryayo n’intego yacu mu kwiga no kumenya Ijambo ry’Imana, ni ukugira ngo tube dukwiriye ngo tubashe kuba abakozi b’Imana bashoboye umurimo mwiza wose mu isi y’umwijima kandi ikennye; nk’amato yo gutabara afite ibikwiriye byose ari ku murimo w’ubugwaneza.

    Uko Ibyandistwe Byera byahumetswe

‘Ariko mubanze kumenya yukw’ari nta buhanuzi bwo mu Byanditswe bubasha gusobanurw’uk’umuntu wese yishakiye, kukw’ari nta buhanuzi bwazanywe n’ubushake bw’umuntu, ahubw’abantu b’Imana bavugag’ibyavaga ku Mana, bashorewe n’Umwuka Wera’ (2 Petero 1:20-21).

Nta gice cyo muri Bibiliya kitubwira byinshi ku kuntu Ibyanditswe Byeraa byahumetswe nk’iki gice cyo muri 2 Petero. Nubwo atari igice cyose cya 2 Petero 1 kitubwira uko Ibyanditswe byahumetswe, hari ibintu bine by’ingenzi bitwereka ko byaba ari byiza kumenya iki gice cya mbere n’ibivugwamo.

Icya mbere, hari ibivugwa n’intego y’iki gice. Kuba Imana yaraduhaye ibintu byose byerekeranye n’ubugingo n’iby’Imana binyuze mu masezerano ahebuje, ni ukuvuga, Ijambo ry’Imana, Petero yanditse ashishikariza abasomyi be kugira umurava mu kwera imbuto mu kumenya Umucunguzi (1:3-11). Mu yandi magambo, kwizera ntikugomba kuguma ku kigero kimwe, kugomba gukura. Byongeye, yashakaga kubibutsa ndetse na twe ko kwizera kwacu kudahagaze ku musenyi ku nkuru z’ubwenge bw’umuntu cyangwa ibitekerezo by’umuntu. Ahubwo, guhagaze mu guhishurwa gutangaje kw’Imana, mu Ijambo ry’ubugingo, Umwami Yesu Kristo, n’Ijambo ryanditswe, Ijambo ry’Imana ryahanuwe tugomba kwitondera.

2 Petero 1:12-21 ‘Ni cyo gituma nanjy’iminsi yose ntazagir’ubwo nirengagiza kubibuts’ibyo, nubwo musanzwe mubizi mugakomera mu kuri kuri mw’ubu. 13 Kandi rero ndibwira ko binkwiriye ko mbater’umwete mbibutsa, nkiri mur’iyi ngando; 14 kuko nzi yukw’igihe cyo kunyagw’ingando yanjye kigiye gusohora vuba, nk’uk’Umwami wacu Yesu Kristo yammenyesheje. 15 Ariko nzajya ngir’umwete, kugira ngo ni mmara gupfa muzabashe guhora mwibuk’ibyo, iminsi yose. 16 Burya ntitwakurikij’imigani yahimbwe n’ubwenge, ubwo twabamenyeshag’imbaraga z’Umwami wacu Yesu Kristo no kuzaza kwe; ahubwo twiboneye n’amaso yac’icyubahiro cye gikomeye. 17 Kuko yahawe n’Imana Data wa twes’ishimwe n’icyubahiro, ubw’ijwi ryavugiraga mu bwiza bukomeye cyane, rimubwira riti: Nguy’Umwana wanjye nkunda nkamwishimira. 18 Iryo jwi twaryumvise rivugira mu ijuru, ubwo twari kumwe na we kuri wa musozi wera. 19 Nyamara rero dufit’ijambo ryahanuwe, rirushaho gukomera, kandi muzaba mukoze neza ni muryitaho, kuko rimeze nk’itabaza rimurikir’ahacuz’ umwijima, rigakesh’ijoro, rikagez’ahw’inyenyeri yo mu ruturuturu izabandurira mu mitima yanyu. 20 Ariko mubanze kumenya yukw’ari nta buhanuzi bwo mu Byanditswe bubasha gusobanurw’uk’umuntu wese yishakiye, 21 kukw’ari nta buhanuzi bwazanywe n’ubushake bw’umuntu, ahubw’abantu b’Imana bavugag’ibyavaga ku Mana, bashorewe n’Umwuka Wera.’

Mu gutangaza iby’iyi ntumbero, Petero avuga ibyo we ubwe yiboneye igihe yiboneraga ubwiza bw’icyubahiro bwo guhindurwa kwa Kristo igihe yumvaga ijwi rivuye mu ijuru, ‘Nguyu Umwana wanjye nkunda nkamwishimira’ (imirongo 16-17). Ariko arakomeza akatwigisha ikintu gikomeye bitangaje, cyane cyane muri ibi bihe turimo igihe hari byinshi bikorwa byerekeye ibyo umuntu yibonera bishaka kurutishwa Ibyandistwe. Reba ukuntu mu murongo wa 19 Petero yanditse, ‘Nyamara rero dufite ijambo ryahanuwe, rirushaho gukomera, kandi muzaba mukoze neza, ni muryitaho,...’. Dukwiriye kubaza tuti, ‘Rirushaho gukomera kurusha iki? Birushaho gukomera kurusha n’ibyo yiboneye byo guhindurwa kwa Kristo. Kubera ko ibyo Petero, Yakobo na Yohana babonye byabaye umuhigo wo mu Ijambo ry’Imana kandi bikaba byerekana uguhishurwa gukomeye kwa Kristo. Ariko ikibazo ni iki, ibyo tubona, uko byaba ari byo kwizerwa kwose, ntibigomba kurutishwa Ijambo ry’Imana rifite ubutware kubera ko rirushijeho gukomera, gushikama no kwiringirwa. Ijambo ry’Imana ni ryo mugenga wacu kandi ryo ryonyine ni ryo rigomba gucira urubanza ibyo tunyuramo no kutwereka ukwizera no gushyira mu bikorwa.

Uko Bibiliya yitwa NIV isobanura umurongo wa 20 yagerageje kwegera Ibyanditswe by’ibanze mu Kigiriki, urushaho gusa n’imirongo iwubanziriza n’iwukurikira, kandi yerekana neza ukuri kugomba gushungurwa aha. Dore uko yanditswe, ‘Mbere ya byose mugomba kumenya yuko ari nta buhanuzi bwo mu Byanditswe bubasha gusobanurwa uko umuntu wese yishakiye’. Ibi bitwigisha ko ibyo abahanuzi banditse byose cyangwa ibyo dusanga mu Ijambo ry’Imana byose, bitavuye mu bitekerezo by’abanditsi cyangwa by’abantu ubwabo. Mu mirongo ya 16-19, ikigibwaho impaka ni inkomoko y’inkuru z’intumwa. Mbese byari imigani y’ibitarabayeho cyangwa byari bivuye ku Mana? Umurongo wa 20 usubiza igice cya mbere cy’iki kibazo. Ntibyavuye ku muntu. Igice cya kabiri cy’iki kibazo kiboneka mu murongo ukurikira. Reba akajambo ‘kuko’ kunga kandi kagasobanura ko mu murongo wa 21.

Umurongo wa 21 utwigisha ko Imana n’umuntu bagize uruhare mu kwandika Bibiliya, ariko mu buryo Imana itari isoko y’ibanze gusa, ahubwo yayoboye ubwanditsi kandi inatuma Ibyanditswe biba ukuri. Abanditsi b’abantu bavuze Ijambo ry’Imana bashishikaye kandi barutaga imashini zandika, ariko kugira ngo ibyo bandikaga bibe ukuri, abanditsi b’abantu bashorewe cyangwa bayobowe n’Umwuka Wera. ‘Bashorewe’ ni phenomenoi, Ikigiriki cyerekana igikorwa gikorerwa ruhamwa, risobanurwa ngo ‘kuyoborwa, gutwarwa’. Iri jambo ryakoreshwaga ku bwato bwayoborwaga n’umuyaga mu kugenda ku mazi nko mu Byakozwe 27:15, 17.

Kuri ibi, Ryrie yanditse agira ati :

‘Nubwo babaga ari abantu bamenyereye, abasare ntibashoboraga kubuyobora bityo rero barekaga umuyaga ukerekeza ubwato aho ushaka. Mu buryo nk’ubw’ubwato butwawe, cyangwa buyobowe n’umuyaga, Imana yatwaraga kandi igashorera abanditsi b’abantu yakoreshaga mu kwandika ibitabo byo muri Bibiliya. Nubwo umuyaga wari ufite imbaraga zikomeye zayoboraga ubwato, abasare ntibasinziraga cyangwa ngo babure icyo bakora. Mu buryo bumwe nk’ubwo, Umwuka Wera yari za ngufu ziyobora zigatwara abanditsi; uko biri kose bagize uruhare rugaragara mu kwandika Ibyanditswe’.70

Uyu murongo rero utwigisha ibintu bibiri byerekeye ‘Uko’ guhumekwa byakozwe: (a) Ubushake bw’abanditsi b’abantu si bwo bwayoboraga Ibyanditswe muri Bibiliya na (b) Umwuka Wera nk’isoko y’ibanze yakoraga ku buryo Ibyanditswe biba ukuri mu buryo bwose.

    Ikigero cyo guhumekwa n’Imana

‘Kukw’imbaraga z’ubumana bwayo zatugabiy’ibintu byose bizan’ubugingo no kubah’Imana, tubiheshejwe no kumenya nez’uwaduhamagarishij’ubwiza bwe n’ingeso ze nziza. Ibyo ni byo byatumy’aduh’ibyo yasezeranije by’igiciro cyinshi, bikomeye cyane, kugira ngo bibatere gufatanya na kamere y’Imana, mumaze guhunga no gukira kononekara kwazanywe mw’isi no kwifuza.’ (2 Petero 1:3-4).

      Biragaragara mu murongo wa 4 kandi n’amagambo ‘ibyo yasezeranije by’igiciro bikomeye cyane’ ko Petero yari afite Ijambo ry’Imana mu mutwe muri iyi mirongo. Icya mbere, yatangaje ko Imana ‘yatugabiye ibintu byose bizana ubugingo no kubaha imbaraga z’Imana’. Icya kabiri, ubugingo no kubaha Imana bituruka mu kumenya Imana n’Umwami Yesu Kristo, ariko ubwo bumenyi buturuka mu Ijambo, ibyo yasezeranije by’igiciro. Ibi byerekeye ikigero cy’ibyo Ijambo ry’Imana rivuga, ibintu byose bizana ubugingo no kubaha Imana.’

Nubwo Imana idahishura ibintu byose yashobora guhishura, yahisemo ibintu byinshi bihishwe kubigira ibyayo (Gutegekwa 29:29). Bibiliya ntivuga ku bintu byose umuntu akeneye mu bugingo no kubaha Imana binyuze mu guhishurwa kw’Imana na Yesu Umwami wacu. Dufite ibyo dukeneye byose, nta kibuze. Bityo rero, kubera ari Ijambo ryahumetswe n’Imana, ibikurikira na byo ni ukuri.

      Ni rizima kandi rifite imbaraga

Muri ibi biranga Bibiliya, tubona imbaraga z’Ijambo ry’Imana ritanga ubugingo n’imbaraga rigahindura ubugingo bw’abantu nk’uko rihishura ubwenge bw’Imana rikazana abantu mu busabane n’Imana binyuze mu kuri kwaryo.

1 Petero 1:23 ‘Kuko mwabyaw’ubwa kabiri, mutabyawe n’imbut’ibora, ahubwo mwabyawe n’imbuto itabora, mubiheshejwe n’Ijambo ry’Imana rizima rihoraho.’

Abaroma 12:2 ‘Kandi ntimwishushanye n’ab’iki gihe, ahubwo muhinduke rwose, mugiz’imitima mishya, kugira ngo mumenye nez’iby’Imana ishaka, ni byo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose’.

Abaheburayo 4:12 ‘Kuko Ijambo ry’Imana ari rizima, rifit’imbaraga, kandi rikagir’ubugi burut’ubw’inkota zose, rigahinguranya ndetse kugez’ubwo rigabany’ubugingo n’umwuka, rikagabany’ingingo n’umusokoro, kandi rikabangukira kugenzur’iby’umutima wibwira, ukagambirira.’

Riratunganye, nta nenge

(1) Ntirigira inenge, riruzuye, riratunganye, ryarageragejwe, kandi bityo ni iry’ukuri, ni ukuri

Zaburi 19:7 ‘Amategeko y’Uwiteka atungana rwose, asubiz’intege mu bugingo, Iby’Uwiteka yahamije n’ibyo kwizerwa, bih’umuswa ubwenge.’

(2) Ntiryanduye, nta kizinga

Zaburi 12:6 ‘Amagambo y’Uwiteka n’amagambo atanduye: Ahwanye n’ifez’igeragejwe mu ruganda rwo mw’isi, Ivugutiwe karindwi.’

(3) Ryarageragejwe rigaragara nta kizinga

Zaburi 119:140 ‘Ijambo ryawe ryavugutiwe cyane; Ni cyo gitum’umugaragu wawe ndikunda.’

(4) Ibyanditswe Byerekana ukudahaba no kutivanga byaryo, nta kwanduzwa n’Imihango n’ibizira by’umuntu

Zaburi 19:8-9 ‘Amategek’Uwiteka yigishij’araboneye, anezez’umutima, Iby’Uwiteka yategetse ntibyanduye, bihwejesh’amaso. 9 Kubah’Uwiteka ni kwiza, guhorahw’iteka ryose, Amateka y’Uwiteka n’ay’ukuri, n’ayo gukiranuka rwose.’

Yohana 17:17 ‘Uberesh’ukuri: Ijambo ryawe ni ryo kuri.’

Yakobo 1:18 ‘Yatubyarishij’ijambo ry’ukuri, nk’uko yabigambiriye, kugira ngo tube nk’umuganura w’ibiremwa byayo.

      Ni iry’ukuri kandi ryo kwizerwa

Ubuhamya bw’Ijambo ry’Imana ni ubw’ukuri, ni ukuvuga ubwo kwiringirwa, kwizerwa n’ububasha bwo guha ubwenge bw’Imana aboroheje, abamwegera nk’abana aho kwishingikiriza ubwenge bwabo bw’abantu.

Zaburi 19:7 ‘Amategeko y’Uwiteka atungana rwose, asubiz’intege mu bugingo, Iby’Uwiteka yahamije n’ibyo kwizerwa, bih’umuswa ubwenge.’

      Rirakiranuka

Nko gukiranuka ko guhishurwa kw’Imana, Ibyanditswe bimurikira abantu bikabazana mu bumwe bw’ukuri n’Imana ubwo umuntu yaremewe. Nta cyatanga ibyishimo byo mu mutima nko kumenyera Imana mu Ijambo ryayo rikiranuka.

Zaburi 19:8-9 ‘Amategek’Uwiteka yigishij’araboneye, anezez’umutima, Iby’Uwiteka yategetse ntibyanduye, bihwejesh’amaso. 9 Kubah’Uwiteka ni kwiza, guhorahw’iteka ryose, Amateka y’Uwiteka n’ay’ukuri, n’ayo gukiranuka rwose.’

Ni Rikuru kandi ry’igiciro,

      Rifite agaciro kurusha izahabu, riraryohereye kurusha ubuki

Muri aya magambo ashushanya tubonamo agaciro ka Bibiliya n’uko dukeneye kumenya ibidukwiriye kuba iby’ibanze n’ibyo twakurikira.

2 Petero 1:4 ‘Ibyo nibyo byatumy’aduh’ibyo yasezeranije by’igiciro cyinshi, bikomeye cyane, kugira ngo bibatere gufatanya na kamere y’Imana, mumaze guhunga no gukira kononekara kwazanywe mw’isi no kwifuza.’

Zaburi 19:10 Bikwiriye kwifuzwa kurut’izahabu, naho yab’izahabu nziza nyinshi: Biryoherera kurut’ubuki n’umushongi w’ibinyag’utonyanga.’

      Ni umugenda w’Imana wo kwizera no gutabarwa

Ni mu Byandistwe Imana yubakira kwizera kwacu kandi ishobora kutuzana mu mbaraga z’ubugingo bwayo binyuze muri Kristo no mu murimo w’Umwuka Wera.

Abaroma 10:17 ‘Dore, kwizera guheshwa no kumva, no kumva kukazanwa n’Ijambo rya Kristo.’

2 Petero 1:4 ‘Ibyo nibyo byatumy’aduh’ibyo yasezeranije by’igiciro cyinshi, bikomeye cyane, kugira ngo bibatere gufatanya na kamere y’Imana, mumaze guhunga no gukira kononekara kwazanywe mw’isi no kwifuza.’

Zaburi 119:9-11 ‘Umusor’azez’inzira y’ate? Azayejesha kuyitondera nk’ukw’Ijambo ryawe rigitegeka. 10 Nagushakishij’umutima wose; Ntukunde ko nyoba ngo ndek’ibyo wategetse. 11 Nabikiy’Ijambo ryawe mu mutima wanjye, kugira ngo ntagucumuraho.’

      Ntirirondoreka

Uko twacukumbura kose mu butunzi bw’ Ijambo ry’ Imana, tugarukira hejuru gusa. Ibi ni byo byonyine bitegerezwa kubera ari uguhishurwa kw’ Imana itarondoreka ku umuntu ufite aho atarenga. Ntabwo wigeze uvuga cyangwa se ngo wumve abandi bavuga, ‘Uziko, nize iki gice imyaka myinshi, ariko nari ntarasobanukirwa uku kuri kugeza uyu munsi wa none.’

Abefeso 3:2-8 ‘Kandi namwe mwumvis’ iby’ ubutware bwo kugabur’ ubuntu bw’ Imana nahawe ku bwanyu, 3 ko mpishurirw’ ubwiru bwayo mw’ iyerekwa, nk’ uko nabanje kwandika mu magambo make. 4 Namwe ni muyasoma muzireber’ ubwany’ uburyo mmeny’ ubwiru bwa Kristo koko. 5 Ubwo ntibwamenyeshejw’abana b’ abantu mu bindi bihe, nk’uko mur’ iki gih’ intumwa ze zera n’ abahanuzi babuhishuriwe n’ Umwuka: 6 yukw’abanyamahang’ ar’ abaraganwa natwe, kandi bakab’ ingingo z’ umubir’ umwe natwe, abaheshejwe n’ Ubutumwa Bwiza kuzagabana natwe muri Kristo Yesu ibyasezeranijwe. 7 Nanjye nahinduts’umubwiriza wabwo, nk’ ukw’ impan’ iri y’ ubuntu bw’Imana, iyo naheshejwe n’ imbaraga zayo zinkoreramo. 8 Nubwo noroheje cyane hanyuma y’ abera bose, naherew’ ubwo kugira ngo mbwiriz’ abanyamahanga Ubutumwa Bwiza bw’ ubutunzi bwa Kristo butarondoreka;’.

Ibikorwa by’ Ijambo ry’ Imana (Icyo rikora)

      Ishusho ya mbere: inkota

Ijambo ry’ Ikigiriki rivuga inkota ni machaira, inkota ngufi, ifite ubugi impande zombi y’umusirikari w’Umuroma. Afite iyi ntwaro, umusirikari ntiyabaga abuze icyo yishingikirizaho, nta nubwo yashoboraga kuneshwa n’umwanzi kuko iyo ntwaro yari yoroshye gukoresha.

    Imirongo:

Abefeso 6:17 ‘Mwakir’ agakiza, kab’ ingofero; mwakire n’inkota y’ Umwuka, niyo Jambo ry’ Imana;’

Abaheburayo 4:12 ‘ Kukw’ ijambo ry’ Imana ari rizima, rifit’imbaraga, kandi rikagir’ ubugi burut’ ubw’ inkota zose, rigahinguranya, ndetse kugez’ ubwo rigabany’ ubugingo n’ umwuka, rikagabany’ingingo n’umusokoro, kandi rikabangukira kugenzur’iby’umutima wibwira, ukagambirira.’

    Amahame akubiyemo :

(1) Ko turi mu ntambara: Ibi ni byo byibandwaho mu Befeso 6. Ijambo ry’ Imana ni intwaro yacu duteresha kandi tukitabaza turwanya abanzi bacu - Isi n’ibirwanya Imana byayo, kamere n’ibyifuzo byayo bikomeye, Satani n’ubugome bwe. Muri iyi shusho, Imana itubwira ko tudafite Ijambo ryayo tudashobora kunesha n’umwe muri aba banzi bacu. Ibyanditswe ni inkota yacu, ifite ubugi impande zombi, iyo dushobora gukoresha neza nk’intwaro za kera tutaneshwa. Ni iby’ingirakamaro ko igihe Umwami yagerageza gushukwa n’Umwanzi, yatsindishije ibishuko by’umwanzi amagambo ‘Haranditswe ngo’ (Matayo 4 : 4, 7, 10).

(2) Iyi shusho yerekana na none gucengera: Yerekana ubushobozi bwo gutema no kwinjira imbere muri twe igahura n’ibyo dukeneye by’imbere, ibyo umutima wacu ukeneye by’Umwuka. Ibi ni byo Abaheburayo 4:12 wibandaho. Ijambo ry’ Imana rifite ubushobozi bwo guhangana n’ingorane zacu zo kwicira urubanza, no kugira ubwoba, impamvu z’amafuti, uburakari, agahinda, n’ugushaka ibyubahiro, agaciro n’intego.

    Ingorane duhura na zo - Akamaro n’ubuhanga

Mu Befeso 6:17 Pawulo atubwira ko dukeneye gutwara intwaro zacu. Ibi bivuga kwiga kumenya inkota yacu n’uko twayikoresha mu byo dukora byacu bya buri munsi.

Mu Baheburayo 4:12 umwanditsi atubwira iby’ ingorane zo kwirengagiza. Kubera igihe aba bizera bari bamaze bakijijwe, bagombaga kuba baramaze kuba abigisha b’Ijambo ry’ Imana. Birengagije guteranira hamwe ubwabo ngo bumve Ijambo ry’Imana, bityo bituma batamenya gukoresha Ibyanditswe.

Abaheburayo 5:11-12 “Tumufiteho byinshi byo kuvugwa, kandi biruhije gusobanurwa, kuko mwabay’ ibihuri. 12 Kandi, nubwo mwari mukwiriye kub’ abigish’ubu, kuko mumaz’ igihe kirekire mwiga, dore musigaye mukwiriye kwongera kwigishwana mwe iby’ishingiro rya mbere ry’ibyavuzwe n’Imana: kandi mwahindutse abakwiriye kuramizwa amata, aho kugaburirwa ibyo kurya bikomeye.”

      Ishusho ya kabiri: umucamanza

    Umurongo:

Abaheburayo 4:12 ‘Kukw’ ijambo ry’ Imana ari rizima, rifit’imbaraga, kandi rikagir’ ubugi burut’ ubw’ inkota zose, rigahinguranya, ndetse kugez’ ubwo rigabany’ ubugingo n’ umwuka, rikagabany’ingingo n’umusokoro, kandi rikabangukira kugenzur’iby’umutima wibwira, ukagambirira.’.

    Amahame akubiyemo :

Ibi bitwigisha ko Ijambo ry’ Imana ari ryo risuzuma ubugingo bwacu. Ni umucamanza w’ ibyiza n’ibibi. Ritubwira uko dukora, aho dukosa, impamvu, n’uko twahakosora. Kimwe n’uko urushanwa abwirwa uko agomba kurushanwa, ni ko n’Ijambo ry’Imana ari umucamanza w’uko twitwara n’ibyo dukora, uko turushanwa, ubugingo bwacu bw’imbere n’imico yacu igaragara.

    Ingorane duhura na zo :

Tugomba kuba abantu bafite amatwi yo kwumva no kwubaha ubucamanza bw’Ijambo ry’Imana mu bugingo bwacu. Tugomba kuba abantu bubaha, ariko nkuko John R. Stott yabyanditse,

Gake cyane niba byaranigeze kubaho mu mateka yayo maremare isi ntiyigeze igira uku kugomera ubutegetsi ... Igisa naho ari gishya uyu munsi wa none, icyakora, ni umunzani wo kugoma kw’isi n’intekerezo zigushyigikira. Nta gushidikanya ko iki kinyejana cya 20 cyabayemo uguhinduka gukomeye ... Ubutegetsi bwinshi bwemewe (umuryango, ishuli, kaminuza, Igihugu, Itorero, Bibiliya, Papa, Imana) burasugurwa. Ikintu cyose kinezeza ibiriho, ni ukuvuga, uburenganzira buriho cyangwa imbaraga zikomeye, kirasuzumwa neza maze kikarwanywa.71

Kwibaza ibyo abantu bavuga, iyo dukoresheje Ijambo ry’Imana nk’umugereka wacu, si ko ari bibi iteka ndetse bibwirizwa na Luka mu Byakozwe 17:11. Ariko iyo tutitonze, dushobora gufatwa umunsi umwe ntitugire icyo twumva cyangwa ngo dusobanukirwe ibibwirizwa n’inyigisho z’Ijambo ry’Imana. Tubifata nk’aho byaba ari igitekerezo cy’umuntu kandi dushobora gutangazwa no kwuzura ibitekerezo byacu ubwacu. Stott arakomeza,

Buri muntu afite ibitekerezo bye n’ibyo yemera, kandi akabifata nk’aho ari byiza nk’iby’umubwiriza. Ese akeka ko ari nde, niko abantu babaza - bucece iyo badasakuje - ku buryo yakumva ko anshyiriraho amategeko?72

Ariko ikibazo ni mbese Ubutumwa (bwo mu gitabo, kuri cassette, cyangwa bwo ku meza y’umubwiriza) burimo ukuri kwo mu Byanditswe? Bushingiye se ku Byanditswe kandi burimo ubusobanuro bukurikije ikiboneamvugo, igice, no guhuza n’Ibyanditswe, cyangwa se umubwiriza cyangwa umwigisha akoresha Ijambo ry’Imana mu buryo butari bwo Ese yumva atsindwa n’uko asoma mu Ijambo ry’Imana ibitekerezo bishyigikira ibyo we yifitiye muri gahunda ye?

      Ishusho ya gatatu: itara, umucyo

    Imirongo:

Zaburi 19:14 ‘Amagambo yo mu kanwa kanjye n’iby’umutima wanjye wibwira bishimwe mu maso yawe, Uwiteka, gitare cyanjye, mucunguzi wanjye.’

Zaburi 119:105 ‘Ijambo ryawe n’itabaza ry’ibirenge byanjye, n’ umucy’ umurikir’ inzira yanjye.’.

Zaburi 119:130 ‘Guhishurirw’ amagambo yawe kuzan’ umucyo; guh’abasw’ubwenge.’

Imigani 6:23 ‘Kukw’ itegeko ar’ itabaza, amategek’ar’umucyo; kand’ibihano byo guhugura ar’inzira y’ubugingo.’.

    Amahame akubiyemo:

      Akamaro k’itara ni ububasha bwaryo bwo gutanga umucyo. Mu Byanditswe, umucyo rikoreshwa kandi rifite ubusobanuro butatu:

(1) Gukoreshwa mu kumurika: Uku gukoreshwa kwibanda ku gikorwa cy’umucyo. Umucyo utanga urumuri Umucyo umurikira mu bugingo bwacu ngo wirukane umwijima, kumurikira inzira cyangwa ingendo zacu intambwe ku yindi. Umucyo utuma tudasitara no kugwa mu bintu bishobora kutwica. Umucyo umeze utyo urakingira.

(2) Gukoreshwa mu by’ubwenge: Gukoreshwa gushyigikira ukuri kukamenya amakosa n’ibishuka bikayobya. Ni mu mucyo w’Ijambo ry’Imana dushobora kumenyera no kwirinda iby’imihango n’inyigisho z’ibinyoma byo mu isi iyobowe kandi iyobejwe na Satani. Umunyamakuru yigeze kubaza umunyamaguru niba azi ingorane ebyeri zikomeye kurusha izindi mu isi izo ari zo. Yaramusubije ati, ‘simbizi, nta n’icyo bimbwiye’. Umunyamakuru yarambwiye ati, ‘ni byo koko, ese wabimenya ute?’.

Ibyo tutazi ku Ijambo ry’Imana ntibishobora kutugirira nabi gusa, ahubwo uko igihe gihita bizatugirira nabi. Kuki? Kuko mu mateka abantu bagiye bagushwa n’ibinyoma. Imihango igeraho ikemerwa nk’ukuri. Bivuge kenshi kandi aho bikwiriye abantu bazageraho batangire kubyizera - wabyemera utabyemera! Iyi mihango ituruka he? Ituruka mu kutwoza ubwonko dukura mu migenzo idukikije ya buri munsi kimwe no kwisobanura (amagambo meza y’ibinyoma dukunda kwibeshyaho ubwacu kugira ngo dukore ibyo twishakiye).

Reka mbabwire imihango mike :

  • Umuhango w’ uko Imana ishimishwa n’iby’idini byacu - ko ibyo tugomba gukora ari ukuza ku rusengero rimwe mu cyumweru, kuririmba indirimbo z’Imana nkeya, kugaragara ko twishimye, no kwerekana ko twishimiye ibyo umubwiriza yigishije. Ariko nk’uwacengewe n’Ijambo ry’Imana abwira Abafarisayo, Umwami Yesu yasubiye mu magambo ya Yesaya aravuga ati, ‘Ubu bwoko bunshimisha iminwa yabo, Ariko imitima yabo indi kure; Bansengera ubusa, kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu’ (Mariko 7:6-7).
  • Umuhango w’uko dushobora kwirengagiza Ijambo ry’Imana maze tukaba amahoro. Ariko Ijambo ry’Imana riravuga riti, ‘Uyu munsi nimwumva ijyi ryayo, ntimwinangire imitima, nkuko mwayinangiye mu gihe cyo kurakaza’ (Abaheburayo 3:7-8a). Umwanditsi atwereka ko nitutumvira Umwuka w’Imana buri munsi, tuzayoborwa kandi twinangire bu bw’icyaha.
  • Umuhango ko gushukwa kugaragara, gushukwa n’ikibi k’umwanya kandi kw’ imbaraga zacu ziba mu byo dukora muri uwo mwanya - iyo ukuri ari uko kunesha gushingiye ku gukura mu kwizera, imyifatire, imirere, n’uko tugenda byagiye bikura uko ibyumweru, amezi, n’imyaka byashiraga.
  • Umuhango w’uko kuri kubera ko twumva inkuba ariko ntiduhite tubona umujinya w’Imana, bituma dukomeza kugendera mu cyaha tukirengagiza iby’ ibanze by’Umwuka.

Reba igitekerezo gikurikira:

Kubera ko bashakaga gutura iburasirazuba bwa Yorodani aho bashobora kuragira amashyo yabo, Mose yaburiye ubwoko bwa Rubeni na Gadi ku byerekeye kunanirwa gufasha indi miryango y’iryo shyanga kwirukana abari bahatuye,

Kubara 32:23 ‘Ariko ni mutagenza mutyo, muzaba mucumuye k’Uwiteka, kandi mumenye neza yukw’icyaha cyanyu kizabatoteza.’

Mu Bagalatiya Pawulo yaranditse ati,

‘Ntimuyobe: Imana ntinegurizw’izuru; kukw’iby’umuntu abiba, ari by’azasarura. 8 Ubibir’umubiri we, mur’uwo mubiri azasaruramo kubora, arik’ububir’Umwuka, mur’uwo Mwuka azasaruramw’ubugingo buhoraho.’ (Abagalatiya 6:7-8).

Mu Umubwiriza 8:11-12 dusoma aya magambo,

‘Kuko iteka ry’umurimo mubi rituzura vuba, ni cyo gitum’imitima y’abantu ishishikarira gukor’ibibi. 12 Nubw’umunyabyah’acumura kar’ijana, arikw’akaramba, nzi rwose yukw’abubah’Imana bar’imbere yayo ari bo bazamererwa neza:’

(3) Gukoreshwa mu by’umuco: Muri uku gukoreshwa tubona ko imbuto z’umucyo ari ugukiranuka. Muri Yesaya Imana itwibutsa ko inzira zacu atari inzira zayo - kandi ni ukubera ko ibitekerezo byacu atari byo bitekerezo byayo. Gukiranuka n’imico myiza ntibishobora kubaho mu cyuka aho Imana itazwi mu kuri kubera ko yo ubwayo ari ukuri, ni umucyo w’Ibyanditswe bitubatura.

    Ingorane duhura na zo:

Nta tara rigira umumaro ridacanywe kandi ngo ryerekezwe mu nzira y’umuntu cyangwa ku byo mu bugingo bw’umuntu (reba Matayo 5:14 n’ikurikira). Kubera abandi umucyo bitangirira ku kubaho mu mucyo w’Imana (Ijambo ryayo) ubwacu. Tugomba kumenya gukoresha itara ryacu. Ntiriba itara ryacu by’ukuri tutararyiga ngo tunemere kurikoresha. Isi yuzuye umwijima, ariko itara ry’Ijambo ry’Imana - Ukuri kw’Imana - ryirukana umwijima w’isi. Birigisha kumenya imbuzi n’amategeko ya Pawulo byo mu Befeso 5 aho atubwira ko bitworohera kugendera mu mwijima nubwo turi abana b’umucyo. Bisaba ibikorwa no kwitangira Ijambo ry’Imana mbere y’uko ubugingo bwacu buza mu mucyo w’Ibyanditswe.

Yeremiya 10:23 ‘Uwiteka, nzi kw’inzira y’umuntu itaba muri we; ntibiri mu munt’ugenda kwitunganiriz’intambwe ze.’

Mu Bafilipi 1:10 ijambo abataryarya ni Ikigiriki eilikrines. Mu gihe inkomoko z’iri jambo ishidikanywaho, bamwe bavuga ko igizwe na heile, imirasire y’izuba, na krino, guca imanza. Bisobanura ngo guca imanza cyangwa kurebera ku mucyo kandi yerekana igishobora guhagarara kidatsinzwe mu mucyo w’izuba. Ryerekeye umuntu ufite ubugingo by’inyangamugayo kandi butaryarya. Mu bihe byashize iri jambo ryakoreshwaga ku baguzi ku byerekeye ibyacururizwaga mu isoko. Amaduka ya kera yabaga yijimye ku buryo byashobokaga guhisha ububi bw’ibyacuruzwaga cyangwa bigasigwa irangi cyangwa ubushishi. Kubera aka kamenyero abaguzi bashoboraga gusohora icyo bashakaga kugura bakabijyana ku mucyo w’izuba ngo barebe ko igicuruzwa nta nenge gifite, ngo barebe ko ari eilikrines. Nshuti, iki ni cyo twese dukeneye. Dukeneye buri munsi, buri cyumweru kwisuzumira ku mirasire y’izuba ry’Ijambo Ryera ry’Imana.

Abafilipi 1:10 ‘Mubon’uko murobanur’ibinyuranye, kandi mubon’uko mub’abataryarya n’inyanga-mugayo, kugeza ku munsi wa Kristo,’

      Ishusho ya kane: indorerwamo

    Imirongo :

2 Abakorinto 3:18 ‘Ariko twebwe twese, ubwo tureb’ubwiza bw’Umwami, tubureba nko mu ndorerwamo, mu maso hacu hadatwikiriye, duhindurirwa gusa na we, tugahabwa ubwiza burut’ubundi kuba bwiza, nk’ubw’Umwami w’ Umwuka’.

Yakobo 1:22-25 ‘ Ariko rero mujye mukor’iby’iryo Jambo atar’ugupfa kuryumva gusa, mwishuka; 23 kuk’uwumv’Ijambo gusa, ntakore ibyaryo, ameze nk’umuntu urebeye mu maso he mu ndorerwamo. 24 Amaze kwireba, akagenda, uwo mwanya akiyibagirwa ukwasa. 25 Ariko uwitegereza mu mategeko atunganye rwose atera umudendezo, agakomeza kugira umwete wayo, atari uwumva gusa akibagirwa, ahubwo ariyumvira, ni we uzahabwa umugisha mu byo akora’.

    Amahame akubiyemo

Indorerwamo ni ikintu cyerekana uko umuntu asa. Itwereka ishusho yacu. Iby’ amahirwe, uretse iyo ikozwe nabi, cyangwa ukundi, indorerwamo ntibeshya. Bibiliya ni indorerwamo itunganye - yerekana ukuri - ukuri kw’ uko turi. Ifoto y’amabara ishobora gukorwa ku buryo ihisha ubusembwa, isununu, iminkanyari, inkovu, ariko indorerwamo itwereka uko turi neza. Ariko iby’amahirwe, Bibiliya, nk’indorerwamo, ifite intego ebyeri cyangwa ibyo itwereka bibiri.

Iyo umuhungu muto ahagararanye na se imbere y’indorerwamo, aribona ubwe akabona na se aba ashaka gusa nawe igihe azakura. Imwereka icyitegerezo cy’uko aba ashaka buzaba. Ijambo ry’ Imana rimeze rityo. Ntiritwereka gusa abo turibo n’icyo turi cyo, ahubwo ritwereka n’Umwami Yesu - icyitegererezo n’intego byacu. Ariko biba gusa iyo twize kumutumbirira mu ndorerwamo y’Ijambo rye kandi tukagendera mu Mwuka.

    Ingorane duhura nazo :

Kimwe n’andi mashusho y’Ijambo ry’Imana, indorerwamo igomba gukoreshwa neza bitari ibyo ntacyo yatwungura. Mu kudakoresha cyangwa gukoresha nabi indorerwamo, nta cyo twunguka ku by’iyo mpano itangaje y’Imana yo kuduhindura no kudukiza. Binyibukije ukuntu umugore wanjye mwiza ahagarara buri gitondo imbere y’indorewamo. Mu by’ukuri, mutekereze uko abantu benshi basa baramutse batitaye ku byo babonye mu ndorerwamo buri gitondo mbere y’uko biyuhagira, boza amenyo, gutunganya imisatsi.

Icyibandwaho muri Yakobo 1:19-25 ni uko tutagomba kwiha kuba abizera bo hejuru bireba nko mu bikino mu ndorerwamo y’Ijambo ry’Imana. Biratworohera cyane kubikora mu buryo bw’imirimo itegetswe n’idini nko kujya mu rusengero no mu ishuri ryo ku cyumweru cyangwa kumara iminota icumi mu gitabo cy’amasengesho. Muri iki gice, Yakobo avuga ku byo kugira kwizera gufite ibikorwa ku buryo ikigerwaho ari ugukizwa mu by’Umwuka no kwerekana mu bikorwa gukiranuka mu bugingo buhinduwe.

Reba Yakobo 2:21 aho Yakobo abaza ikibazo ati ‘Mbese sogokuruza Aburahamu ntiyatsindishirijwe n’imirimo, ubwo yatangaga Isaka umwana we ngo atambwe ku gicaniro? ’Yakobo ntabwo avuguruza Pawulo. Igihe Pawulo avuga ibyo gutsindishirizwa kubwo kwizera avuga ibyo gutsindishirizwa imbere y’Imana, Yakobo we yandika ibyo gutsindishirizwa imbere y’abantu, gihamya y’ibikorwa no kwerekana ubusabane nyakuri n’Imana aho kuba iby’idini gusa.

Ijambo ry’Ikigiriki ‘Yatsindishirijwe’ ni dikaivo. Iri jambo rifite ubusobanuro bubiri bw’ingenzi. (a) Rishobora gusobanura “gutangaza, kugira umuntu ukiranuka cyangwa gufata umuntu nk’umukiranutsi.” Muri ubu buryo risobanura gutangaza ko umuntu nta kimuhama, guhanagurwaho icyaha. Pawulo akoresha dikaioo cyangwa igitekerezo cyo gutsindishiriza muri ubu buryo. Kubera umurimo wa Kristo no kubwo kwizera umuntu ku giti cye, ibyaha byacu birababarirwa, igihano cy’icyaha gikurwaho, maze tukitwa abakiranutsi muri Kristo. (b) Ariko dikaioo ishobora na none gusobanura kwerekana cyangwa gutanga cyangwa guhamya ko umuntu ari umukiranutsi.73 Ubu ni uburyo Yakobo akoreshamo iryo jambo. Hamwe n’ibiri mu mutima, soma Yakobo 1:19-21.

Ruhamwa aha ni ugushira mu muntu imico y’Imana, gukiranuka cyangwa ubugingo buhinduwe bikorwa binyuze mu kwizera ubugingo bwacu buhinduwe muri Kristo. Nk’abantu bahinduwe bashya bafite kwizera Kristo, ubugingo bwacu bugomba guhinduka.

Yakobo 2:1 ‘Bene data, kwizera kwanyu mwizer’Umwami wanyu Yesu Kristo w’icyubahiro ntikube uko kurobanur’abantu ku butoni.

Yakobo 1:18 ‘ Yatubyarishij’ijambo ry’ukuri, nk’uko yabigambiriye, kugira ngo tube nk’umuganura w’ibiremwa byayo’.

Ariko niba kwizera Kristo muzima kwacu ari ukwakira ubugingo bwe mu bwacu mu buryo bw’ubugingo buhindutse bwerekanwa gutsindishirizwa kwacu, ubugingo bushya bugomba kuzanwa mu bumwe nyakuri n’Ijambo ry’ubugingo, ryo nk’imbuto iterwa, riramera, rikazana imizi, rigakura, rikabyara (indi shusho), bigatanga gukizwa mu buryo bw’Umwuka. Iyi ni yo njyana y’umurongo wa 21.

Muri Yakobo 1:22-25, Yakobo atubwira ko tudakoresheje Ijambo ry’Imana twitonze kugira ngo tugere ku gakiza kacu no guhinduka mu by’Umwuka, tuba twibeshya ubwacu kandi tunyuranya n’intego n’umugambi by’Imana.

‘Mwiyerekane’ muri Bibiliya yitwa NASB, ni inshinga y’Ikigiriki itondaguwe mu buryo bw’itegeko, ginomai. Isobanura ‘muhinduke’ kandi yerekeye ibyo kwiga gushyira mu bikorwa Ijambo ry’Imana buri gihe. Bibiliya yitwa KJB yanditswe itya ‘Ariko rero, mujye mukora iby’iryo jambo, atari ugupfa kuryumva gusa, ...’ ‘Mukora’ ni poietes kandi yerekeye ku bikorwa bitanga umusaruro bikurikije igishushanyo cyatanzwe.

‘Atari ugupfa kuryumva gusa’ bisobanura ngo ‘atari abumva bonyine’. ‘Bonyine’ cyangwa ‘gusa’ ni Ikigiriki monos risobanura ngo ‘kuba wenyine’. Kwiga Bibiliya n’imirimo y’idini bigomba gushyirwa hamwe no kurishyira mu bikorwa no gukiranurwa hamwe n’umurimo w’Imana biti ihi se byaba kwishuka.

‘Mwishuka’. ‘Kwishuka’ ni paralogizomai riva kuri para, ‘hamwe no’ cyangwa ‘kubwo, byahise’, hongeyeho na logizomai, ‘gutekereza, kubara’. Yakobo aburira abantu kudatekereza mu buryo bunyuranye n’ukuri n’intego yako noneho bakishuka.

Mbese twishuka dute? Twishuka ubwacu iyo dutekereza ikintu kitari ukuri (reba umurongo wa 26). Muri ubu buryo tunyuranya n’ukuri tugahusha intego yako. Ibyanditswe bigenewe kuduhindura ngo duse na Kristo. Niba ibi bitaba, turushaho kwishuka dukomezwa kubeshywa no kuba ibikinisho by’amayere ya Satani n’ibihendo by’isi kubera ko twanga kwumvira Ijambo ry’Imana (reba umurongo wa 27). Niba tudacengera Ijambo ry’ Imana ngo ritubere indorerwamo, tuzacengerwa n’iby’isi mu buryo tudasobanukiwe. None intego y’Imana ni iyihe?

  • Gusoma no kumva Ijambo ry’ Imana bishobora kujyana ku …
  • Gutekereza ku Ijambo ry’Imana, kwitegereza neza bishobora gutuma tubona ishusho yacu ubwacu n’iy’Imana (guhishurwa kw’Imana).
  • Igisubizo (igisubizo gikwiriye Imana) gishobora kujyana ku…
  • Guhinduka (guhinduka no gutanga imbuto bituruka ku gushyira mu bikorwa Ijambo ry’ Imana).

Ariko

  • Uguhishurwa kutagira igisubizo gikwiriye (gutekereza ku Ijambo ry’Imana no kurishyira mu bikorwa) bijyana ku …
  • Ukugoma guterwa no kudasobanukirwa, kwishuka, kwibwira ibitari byo, kutagira icyo witaho, kugambana n’ibindi.

Cyangwa tukaba imbere y’amahitamo:

Idini rya gatigisimu, idini ryigisha ibyo gufata mu mutwe gusa (Yesaya 29:13). Ibi ni ugupfa gufata mu mutwe amategeko n’amabwiriza cyangwa inyigisho n’amahame by’idini. Igira inyigisho imwe ihoraho cyangwa gusubiramo ibintu utanabitekerejeho cyangwa se ngo ubishyire mu bikorwa. Ibi bijyana kuri:

Akamenyero k’idini, kwinjira mu bintu ariko ari nta by’Umwuka nyakuri. Kugendera mu migenzo y’idini no gufata mu mutwe ibyo uvuga n’intekerezo, ariko nta by’ Umwuka cyangwa kubishyikira wowe ubwawe - kutumva no kudakora. Ibi bijyana kuri:

Kutera imbuto. Abakristo batera imbuto kandi bashobora guhanwa n’Imana. Guterwa no gupfa ku by’Umwuka by’umwizera w’umunyedini, nk’Abafarisayo bo mu bihe cya Kristo - Imva zogeje zera.

Babaga bera inyuma, ariko imbere baraboze ndetse barapfuye. Iri jambo rikoreshwa no ku bakristo ba kamere baba barakijijwe, ariko ntibabe batewe ku muzabibu (Yohana 15) bityo ntibabashe bwera imbuto.

      Ishusho ya gatanu: imvura, shelegi, amazi

    Imirongo:

Yesaya 55:10-11 ‘Nkuk’imvura na shelegi bimanuka bivuye mw’ijuru ntibisubireyo, ahubwo bigatosa ubutaka bukameza imbuto, bugatosa n’ingundu, bugaha umubibyi imbuto, n’ushaka kurya bukamuh’umutsima; 11 ni kw’Ijambo ryanjye riva mu kanwa kanjye rizamera; ntirizagaruk’ubusa, ahubwo rizasohoz’ibyo nshaka, rizashobora gukor’icyo naritumye.’

Yeremiya 17:5-8 ‘Uku ni k’Uwiteka avuga, ati: Havumw’umuntu wiringira undi muntu, akishim’amaboko ye, mu mutima we akimur’Uwiteka. 6 Azab’ameze nk’inkokore yo mu butayu, kand’icyiza ni kiza, ntazakibona, ahubw’azatura ku gasi ko mu butayu, mu gihugu cy’ubukuna kidatuwemo. 7 Hahirw’umuntu wizer’Uwiteka, Uwiteka akamuber’ibyiringiro. 8 Kukw’azahwana n’igiti cyatewe hafi y’amazi, gishorer’imizi mu mugezi, ntikizatiny’amapfa n’acana, ahubw’ikibabi cyacyo kizahoran’itoto; ntikizita ku mwaka wacanyemw’amapfa, kandi ntikizareka kwer’imbuto zacyo.’

Abefeso 5:26 ‘Ngw’aryeze, amaze kuryogesh’amazi n’Ijambo rye,’

    Amahame akubiyemo

(1) Ishusho yo kwoza: Ijambo ‘aryanganyaho amahage’ muri Yohana 15:2 ni Ikigiriki, kathairo, risobanura ngo, ‘kwoza’. Rikoreshwa mu gukuraho amashami atagira umumaro (ibisambo ku kawa). Soma Matayo 15:1-20 na 12:33-35. Usobanukiwe icyo bishushanya? Abafarisayo bitaga ku by’inyuma bategekwa n’idini, ariko imbere babaga banduye kubera ko basuzuguraga amazi y’Ijambo ry’Imana yashoboraga kuboza imitima yabo akabuzuza ibyiza.

Zaburi 119:9 ‘Umusor’azez’inzira y’ate? Azayejesha kuyitondera nkukw’ijambo ryawe ritegeka.’

Yohana 15:2-3 ‘Ishami ryose ryo muri jye riter’imbuto, arikuraho; iryer’imbuto ryose aryanganyahw’amahage yaryo, ngo rirusheho kwer’imbuto. 3 None mumaze kwezwa n’ijambo nababwiye.’

Ibyanditswe bitwikurura ibibi biba muri twe bikadushishikariza guhinduka. Ariko biduha n’imbaraga zidufasha guhinduka tubonera mu kuri kuduhishurirwa muri Kristo, bityo, kweza ubugingo bwacu ho icyaha n’ibyanduza by’iyi si.

(2) Ishusho yo guhindurwa bashya: Nk’ikinyobwa gikonje cy’amazi ku munsi ushyushye, Ijambo ry’Imana rihindura mushya umuntu w’imbere.

2 Abakorinto 4:16-18 ‘Ni cyo gituma tudacogora; kandi nubw’umuntu wacu w’inyum’asaza, umuntu wacu w’imbere ahor’ahinduka mushya uko bukeye; 17 kuko kubabazwa kwacu kw’igihwayihwayi kw’akanya ka none kwiyongeranya kuturemer’ubwiza bw’iteka ryose bukomeye. 18 Natwe ntitureba ku biboneka, ahubwo tureba ku bitaboneka: kukw’ibibonek’ar’iby’igihe gito, nahw’ibitaboneka bikab’iby’iteka ryose.’

(3) Ishusho yo kwera Imbuto: Tutari mu Ijambo ry’Imana, dusa n’umuntu uzerera mu kitagira amazi, mu butayu, wazanywemo ingufu n’imbaraga z’Umwuka, wumishijwe n’ubushyuhe bw’ubugingo nk’uko ahura n’ibiruhanya byabwo no kuba atishingikiriza ku Mana. Tudafite Ijambo ry’Imana ngo rituyobore, riduhindure bashya, kandi ritubwirize, nta kabuza tuzamarira imbaraga zacu mu bitagira umumaro byo mu isi.

Dushobora kwunguka byinshi mu by’isi n’ubutunzi bwayo, cyangwa se kumara ubugingo bwacu dukurikirana iby’isi, ariko, inzira twafata iyo ari yo yose, iyo Ijambo ry’Imana atari isoko y’ubugingo bwacu, twonona ubugingo bwacu mu by’imigambi y’Imana. Ariko niba Ijambo ry’Imana ari isoko y’amazi y’ubugingo bwacu, tuzaba nk’umuntu wizera Uwiteka tubona muri Yeremiya 17:5-8 na Zaburi 1:2-3.

Yeremiya 17:5-8 ‘Uku ni k’Uwiteka avuga, ati: Havumw’umuntu wiringira undi muntu, akishim’amaboko ye, mu mutima we akimur’Uwiteka. 6 Azab’ameze nk’inkokore yo mu butayu, kand’icyiza ni kiza, ntazakibona, ahubw’azatura ku gasi ko mu butayu, mu gihugu cy’ubukuna kidatuwemo. 7 Hahirw’umuntu wizer’Uwiteka, Uwiteka akamuber’ibyiringiro. 8 Kukw’azahwana n’igiti cyatewe hafi y’amazi, gishorer’imizi mu mugezi, ntikizatiny’amapfa n’acana, ahubw’ikibabi cyacyo kizahoran’itoto; ntikizita ku mwaka wacanyem’amapfa, kandi ntikizareka kwer’imbuto zacyo.’

Zaburi 1:2-3 ‘Ahubw’amatageko y’Uwiteka ni yo yishimira kand’amategeko ye ni yo yibwira ku manywa na nijoro, 3 Uw’azahwana n’igiti cyatewe hafi y’umugezi, cyer’imbuto zacy’igihe cyayo, ibibabi byacyo ntibyuma. Icy’azakora cyose kizamubera cyiza.’

    Ingorane duhura na zo:

Dukunda kuba nk’umuntu uri mu butayu akabona ukurabagirana agakeka ko icyaha ari ikintu cyo kumumara inyota. Mu buryo nk’ubwo, akenshi abantu bakurikirana ibyo bakeka ko byabaha ibyishimo no kumererwa neza, n’ibinezeza n’ubutunzi byo muri iyi si. Ariko ni ukurabagirana gusa. Ni ibihendo bishyirwaho na Satani abantu bizera kubera ko bidashinze imizi neza mu isoko y’Ijambo ry’Imana. Abo bashatse kwiyoborera ubugingo bizera imbaraga zabo ubwabo kandi byatumye biha akato ubwabo, nk’uko byari biri, bicira mu mburabuturo y’ibisubizo by’umuntu n’ibihendo bye. Ntibize kumenya gutandukanya ibyishimo nyakuri n’ibya nyirarureshywa.

Umuntu ashobora gusambana agashimisha igitsina, ariko nta na busa ngo agire umunezero nyakuri. Kandi nk’uko biri mu by’ubusambanyi, ni ko ari ukuri muri buri buryo bwo gusambana mu by’Umwuka aho abantu basambana n’iby’isi bakima Imana amatwi n’imitima byabo. Mbese uri igiti cyatewe hafi y’amazi y’ubugingo? Cyangwa se uri nk’ibyatsi bibi bidakomeye kuburyo uhuhwa n’imiyaga y’ibinaniza n’ibishuko?

      Ishusho ya gatandatu: ibyo kurya, umutsima

    Imirongo :

Yobu 23:12 ‘Ntabwo nasubiy’inyuma ngo mve mu mategeko yategetse; Ndets’amagambo yo mu kanwa kayo yamberey’ubutunzi bundutir’ibyo kurya binkwiriye.’

Yeremiya 15:16 ‘Amagambo yawe amaze kuboneka, ndayarya maz’amber’umunezero n’ibyishimo byo mu mutima wanjye: kuko nitiriw’izina ryawe, Uwiteka, Mana nyir’ingabo.’

Ezekiyeli 2:8 ‘Ariko weho, mwana w’umuntu umv’icyo nkubwira; we kub’umugome nk’iyo nzu y’abagome; bumbur’akanwa kawe, maz’icyo nguha, ukirye.’

Ezekiyeli 3:1-3 ‘Maz’arambwir’ati: Mwana w’umuntu, icy’ubonye ukirye, ury’uwo muzingo, maz’ugende, ubwir’inzu y’Isirayeli. 2 Nuko mbumbur’akanwa, angaburir’uwo muzingo. 3 Arambwir’ati: Mwana w’umuntu, haz’inda yawe, n’amara yawe uyuzuzemw’uyu muzingo nguhaye. Nuko mperako ndawurya; mu kanwa undyohera nk’ubuki.’

    Amahame akubiyemo :

(1) Gushyigikirwa, imbaraga, kwihangana: Nk’uko umuntu akenera ibiryo by’umubiri ngo bitunge ubuzima n’ubugingo bye kandi bimuhe imbaraga, ni ko n’Imana yaturemeye kugira ngo ubugingo bwacu bw’Umwuka bugaburirwe ibyo kurya by’Umwuka byo mu Ijambo ry’Imana. Iyi mirongo ibiri ikurikira irabihamya.

Yobu 23:12 “Ntabwo nasubiy’inyuma ngo mve mu mategeko yategetse; Ndets’amagambo yo mu kanwa kayo yamberey’ubutunzi bundutir’ibyo kurya binkwiriye.” Mu gusubiza ibirego bya Elifazi, Yobu yavuze ko yakurikiye inzira z’Imana yiringirwa. Ate? Kubera ubumwe bwe n’Ijambo ry’Imana. Kuri We rimbera nk’ibyo kurya bikwiriye ubugingo.

Yeremiya 15:16 “Amagambo yawe amaze kuboneka, ndayarya maz’amber’umunezero n’ibyishimo byo mu mutima wanjye: kuko nitiriw’izina ryawe, Uwiteka, Mana nyir’ingabo.” Yeremiya yahawe imbaraga mu gihe yarimo atotezwa n’ishyanga kubera ko, mu gihe ishyanga ryari ryarimuye Ijambo ry’Imana, Yeremiya we yaryakiriye nk’ibyo kurya kandi araryishimira nk’ibitunga umutima we.

Iyi mirongo yombi yerekana ko ari ngombwa ko ubugingo bugaburirwa ibyo kurya byo mu Ijambo ry’Imana kugira ngo bubashe gutanguranwa intego iri imbere yacu - umugambi n’intego by’Imana kuri buri wese muri twe mu binaniza byo muri ubu bugingo.

Muri iyi shusho y’Ijambo ry’Imana nk’ibyo kurya bidukwiriye, iyi mirongo yerekana akamaro k’Ijambo ry’Imana mu kudushishikaza, kudutera inkunga n’imbaraga, no kuduha ubushobozi bw’umurimo w’Imana. Gutungwa n’Ijambo, kubera ko rituma dutegera ugutwi ijwi ry’Imana, riduha umutwaro, ubushake, n’inkunga ikenewe ku murimo w’Imana ntitwite ku bwoba bwacu cyangwa ingorane duhura na zo. Ibyanditswe bitwegereza umutima w’Imana.

Reba umugereka wa mbere ku byerekeye Ezekiyeli 2:8; 3:1-3, 14.

Iyo tudatungwa n’Ijambo ry’Imana ngo turyemerere kwuzura imitima yacu n’ubwenge bwacu, dushobora, (a) kudakora umurimo w’Imana cyangwa se, (b) tuzawukora tubitewe n’impamvu zitari zo kandi akenshi iyo nta gitekerezo cy’umugambi w’Imana nta n’ibyishimo mu Mwami bibaho.

Kimwe mu bintu bitubuza gusubiza Imana, Ijambo ryayo, n’umurimo Imana ishaka ko buri wese akora nk’uko ikorera kandi ikayobora ubugingo bwacu, ni ukutugira abaja b’ ‘ubugingo bwiza’. Umugani w’umubibyi, ubutaka n’imbuto urabyerekana muri Mariko 4:18-19.

Mariko 4:14-20 ‘Umubibyi ni ubib’Ijambo ry’Imana. 15 Izo mu nzira, ahw’iryo Jambo ribibwa, abo ni bo bamara kumva, uwo mwanya Satani akaza, agakuramw’iryo Jambo ryabibwe muri bo. 16 N’izibibwe ku kara na bo nuko, iyo bumvis’iryo Jambo, uwo mwanya baryemera banezerewe, 17 ariko kuko batagir’imizi muri bo, bakomer’umwanya muto; iyo habayehw’amakuba cyangwa kurenganywa bazir’iryo Jambo, uwo mwanya birabagusha. 18 Abandi bagereranywa n’izibibwe mu mahwa; abo nibo bumvir’iryo Jambo. 19 Maz’amaganya y’iyi si, n’ibihendo by’ubutunzi, n’irari ryo kwifuz’ibindi, iyo bibinjiye mu mitima, binig’iryo Jambo, ntiryere. 20 Kand’abagereranywa na za zindi zabibwe mu butaka bwiza, abo nibo bumv’iryo Jambo bakaryemera; nibo ber’imbuto, umwe mirongw’itatu, undi mirongw’itandatu, und’ijana, bityo bityo.

(2) Kuba ibice by’ubugingo bitihagije: Iyi shusho y’Ijambo ry’Imana nk’umutsima udukwiriye yagenwe n’Imana mu kwerekana no kwigisha kudahaza no kutagira umumaro kw’ibyiswe ibice by’umubiri, cyangwa ndetse n’ibyo ubugingo bukeneye bisanzwe by’umubiri. Itwigisha ko umuntu adashobora (ndetse ntiyanabiteganirijwe) gutungwa n’umutsima gusa. Umutsima werekana ibya ngombwa ubu bugingo bukenera ibyo umuntu agerageza ngo abone umunezero, kumererwa neza, n’imbaraga.

Gutegeka 8:3 ‘Nuko yagucishije bugufi, ikundira ko wicwa n’inzara, ikugaburira manu war’utazi, na basekuruza banyu batigeze kumenya; kugira ngw’ikumenyeshe yuk’umuntu adatungwa n’umutsima gusa, ahubwo yukw’amagambo yos’ava mu kanwa k’Uwiteka ari yo amutunga.’

‘Yagucishije bugufi, ikundira ko wicwa n’inzara’. Imana yayoboye Abisrayeli mu butayu aho batari bafite ikindi atari ukwiringira cyangwa bakayivovotera. Mu butayu ntibashoboraga guhinga ibyo kubatunga: bagombaga kwishingikiriza ku Uwiteka gusa. Ibi byari ugucishwa bugufi no kwigishwa. Ariko Imana yari ifite umugambi wihariye - ‘kugira ngo ikumenyeshe (na twe kandi) yuko umuntu adatungwa n’umutsima gusa, ...’ Ibi byashakaga kuvuga ko ibyo kurya byabo, imyenda yabo, ikintu cyose (umurongo wa 4) cyaturukaga ku mategeko n’amateka y’Imana n’imigisha yayo isumba byose.

Imana iravuga gusa ibyo dukeneye. Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo n’Imana ituma uwo mutsima uboneka. Ariko si ibyo gusa.

Ibi birimo na none umugambi w’Imana ku Bisrayeli nk’ishyanga. Ijambo ry’Imana rituruka mu kanwa k’Imana ntirica amateka gusa nko gutanga iby’umubiri ukeneye mu bugingo, ahubwo birimo n’umugambi wayo ku Bisrayeli ngo babere ishyanga ry’abatambyi andi mahanga yo mu isi. Ibuka, kubera ibinyoma n’ibihendo bya Satani guhera mu busitani bwa Edeni, amahanga yari yarimuye Imana. Yashakaga kubaho atunzwe n’umutsima gusa, atishingikirije ku Mana. Yashakaga gukora nk’aho Imana itigeze ibaho (Itangiriro 3:11). Ibi ni byo byateye Imana guhamagara Aburahamu ikamukura muri Uri muri we akaba ari ho hagombaga kuva ubwoko bw’Abisrayeli bagombaga na bo kuba: (a) Abahagarariye Imana mu isi, (b) Abakurikiza Ijambo ry’Imana, na ( c) umugende w’Umucunguzi (Kuva 19:5, 6; Gutegeka 4:4-8; Abaroma 9:4-5).

Kimwe mu bidushishikaza by’impamvu bikomeye ni ukubaho tuzi umugambi w’Imana, tukamenya ko ubugingo bufite agaciro kandi bukaba burenze ibyo tubona ndetse duhoramo umunsi ku wundi. Kugira ngo ubugingo bugire agaciro, abantu bagomba kubona umugambi n’ukuboko by’Imana mu bugingo bwabo. Ubugingo butagira ibyo ni ubugingo butagira umumaro, nk’uko igitabo cy’Umubwiriza kibyerekana neza.

Umuntu yishingikiriza Imana n’Ijambo ryayo - ku gituruka mu kanwa kayo, twishingikiriza ku mategeko yayo, amasezerano yayo, n’imigambi yayo, atari ku mutsima wacu wa buri munsi gusa, ahubwo mu buryo bukwiriye ubugingo. Kubera ko ibyo ari uko bimeze ntitwagombye kuba twishingikiriza ku Mwami mu gutungwa n’Ijambo rye? Ijambo ry’Imana ni isoko yo kwizera kwacu n’igituma tubana n’Umwami n’umutima We.

Abaroma 10:17 ‘Dore, kwizera guheshwa no kumva, no kumva kukazanwa n’Ijambo rya Kristo.’

Ntitwaremewe gusa kuba ubugingo no kwishimira imigisha y’ubugingo tutishingikirije ku Mana, cyangwa se ngo twishingikirize kuri yo gusa. Twaremewe kubaho dukurikije imigambi y’Imana, kubaho muri We no ku Bwe. Ikindi kintu gitandukanye n’iki ni imburamumaro. Ni ishusho y’akanyamaswa kitwa Gerbille mu mugani w’ikinyabiziga - gihora kigenda ariko ntikigire aho kijya. Kugira ngo tugarure iyi shusho mu buryo burushijeho kwemeza abantu, reka turebe indi mirongo mike

Ahantu ibivugwa mu Kubara 11 byabereye hitwaga Tabera, ‘imva z’abifuje’. Kwifuza ibyo muri ubu bugingo bijyana ku rupfu rutunguranye rw’abantu benshi. Ariko icy’ingenzi kurushaho, abantu bifuzaga kwongera kubona ibyo muri Egiputa n’ibyabo byashize byo mu isi aho gutumbira ku kugera muri Kanani n’umugambi w’Imana ku ishyanga ryose. Ukwivovota kwo mu murongo wa kane kwatangiriye mu bantu basanzwe, abari bazanye n’Abisrayeli bava mu Egiputa. Ariko nk’uko umurongo wa cumi ubyerekana, ibi byabaye nk’umusemburo, nuko bikwira mu mahema yose.

Abanyamerika hamwe n’ibyo kurya byinshi n’ibyo guhitamo byinshi bafite, bashobora gushukura no kwifatanya no kwivovota kw’Abisrayeli, ariko yaba Imana cyangwa Mose nta wigeze yifatanya na bo (reba imirongo ya 1, 10). Reba ukuntu uku kwivovota no kwifuza ibyo bibukaga byashize, abantu babaga bari kugomera imigambi y’Imana: (a) Kuzana Abisrayeli muri Kanani ngo basohoze imigambi yayo yo kubagira ubwoko bw’abatambyi, no (b) kwiga isomo ryo mu Gutegeka 8:3 _ kugira ngo babashe kwiga kubaho mu byishimo byo kuyoborwa n’Uwiteka, imigambi yera ye, no mu byo yabakoreraga (reba 11:20).

Zaburi 106:14-15 ‘Ahubwo bifuriza cyane mu butayu, Bageragerez’Imana ahatagir’abantu. 15 Ibah’ibyo bayisabye; Ariko, imitima yab’iyishyiramo konda.’

Luka 12:23 ‘Kuk’ubugingo burut’ibyo kurya, n’umubir’urut’imyambaro.’

(3) Ihame ryo gusonza: Nk’uko Gutegeka 8:3 no Kubara 11:4 n’ikurikira bitwereka, akenshi Imana yemera ko duhura n’ibitugerageza n’ibirimo ubusa no gusonzera ibyo kurya by’iyi si mbere y’uko dusonzera ukuri kwayo no kuyoborwa na Yo.

Kubara 11:4-6 ‘Abanyamahanga y’ikivange, bari hagati y’Abisrayeli batangira kwifuza, Abisrayeli na bo bongera kurira, baravuga bati: Ni nd’uzaduh’inyama zo kurya? 5 Twibutse ya mafi twarirag’ubusa tukiri mw’Egiputa, n’amadegede, n’amapapali, n’ubutunguru bw’ibibabi by’ibibati n’ubutunguru bw’ibijumba, n’udutungurusumu. 6 Ariko none turumye, nta cyo dufite, nta kindi tureba kitari manu.’

(4) Amahame yo gukanja no kumira: Dukeneye gukanjakanja Ijambo ry’Imana no kurimira buhoro buhoro. Ibi ntibivuga kuryiga gusa, ahubwo kuritekerezaho twitonze dufite umugambi wo kurishyira mu bikorwa. Dukeneye kwibaza ibibazo nk’ibi: Ibi bivuga iki? Bivuga iki kuri jye? Byahindura ubugingo bwanjye gute?

    Ingorane duhura na zo:

Satani, inzoka ya kera yashutse Eva (nk’inzoka mu byatsi ni ko ari) akora ijoro n’amanywa mu gushuka abantu bagategereza ko bashobora gutungwa n’umutsima gusa, umuntu ashobora kubona adafite Imana n’Ijambo ryayo. Ibi ni iby’isi - gushaka kubaho nta Mana mu bwirasi bwo kwishingikiriza kuri twe ubwacu n’ibihendo byo muri ubu bugingo.

Gutegeka 8:11-20 ‘Wirinde ntuzibagirwe Uwiteka Imana yawe, ng’utitonder’ibyo yategetse n’amateka yayo n’amategeko yayo, ngutegek’uyu munsi. 12 N’umara kurya, ugahaga, ukamara kubak’amazu meza, ukayabamo, 13 inka zawe n’imikumbi yawe n’ifeza zawe n’izahabu zawe n’iby’ufite byose bikaba bigwiriye; 14 maz’uzirinde, umutima wawe we kwishyira hejuru, ngo wibagirw’Uwiteka Imana yawe, yagukuye mu gihugu cy’Egiputa, mu nzu y’uburetwa, 15 ikakuyobor’inzir’ica muri bwa butayu bunini butey’ubwoba, burimw’inzoka z’ubusagwe butwika na skorupiyo n’ubutaka bugwengeye butarimw’amazi, ikagukurir’amazi mu gitare kirushaho gukomera, 16 ikakugaburira manu mu butayu, iyo basekuruza wanyu batigeze kumenya; kugira ngw’igucishe bugufi, ikugerageze, ibon’ukw’izakugirira neza kw’iherezo ryawe. 17 Uzirinde, we kwibwir’uti: Imbaraga zanjye n’amaboko yanjye ni byo byampeshej’ubu butunzi. 18 Ahubw’uzibuk’Uwiteka Imana yawe, kukw’ari y’iguh’imbaraga zikuronkesh’ubutunzi; kugira ngw’ikomez’isezerano, yasezeranishij’indahiro na ba sekuruza wanyu, nkukw’irikomeza mur’iki gihe. 19 Ni wibagirw’Uwiteka Imana yawe, ugahindukirir’izindi mana, ukazikorera, ukikubita has’imbere yazo, uyu munsi ndaguhamiriza yuk’utazabura kurimbuka. 20 Nk’amahang’Uwiteka arimbur’imbere yanyu, ni ko muzarimbuka, kuko muzaba mutumviy’Uwiteka Imana yanyu.’

Umunsi wa none, kuri byinshi, igihugu cyacu cyibagiwe Imana. Cyavuye mu bibujijwe byo mu Ijambo ry’Imana gihindukirira iby’isi bitera kubaho mu bihendo by’ubu bugingo n’ibitagira umumaro byo mu isi. Ibiri amambu, ibi by’isi ntibigirwa n’abatizera gusa, ahubwo kimwe n’Abisrayeli ba kera, byuzuye imitima y’abakristo benshi. Kubera ibi, Abisrayeli bananiwe gukorera Imana nk’ishyanga ry’abatambyi b’amahanga, kandi nk’Abisrayeli, abakristo bananirwa umurimo wabo wo kugeza agakiza ku barimbuka. Ibikurikira ni ibibazo bimwe by’ingenzi dukwiriye gutekerezaho :

  • Mbese dusonzeye ibintu byo muri iyi si kurusha ibyo kurya by’Umwuka biva mu Ijambo ry’Imana?
  • Tugira ibyo kurya ki bitunga umubiri buri munsi, ariko ntitugire igihe cy’ibyo kurya by’Umwuka biva mu Ijambo ry’Imana?
  • Tugira ibiki byo kumva amakuru, ariko ntitugire ibyo kumva Bibiliya?
  • Tugira se ibiki by’imikino yo kuri televiziyo dukunda, ariko ntitugire ibihe byo kwiga Bibiliya mu buryo buhoraho?
  • Ipfa ryacu rimeze rite? Iyo inzogera iduhamagarira ibyo kurya ivuze, akaba ari igihe cyo guterana ngo tugaburirwe inyama zo mu Ijambo ry’Imana, mbese twumva dushaka kuza gushyira ibirenge byacu imbere y’ameza yo kwiga Bibiliya? Cyangwa se twangiza ipfa ryacu ry’Ijambo ry’Imana n’ibyo kurya bitagira umumaro byo muri iyi si?

      Ishusho ya karindwi: zahabu na feza

    Imirongo:

Zaburi 19:10 ‘Bikwiriye kwifuzwa kurut’izahabu, naho yab’izahabu nziza nyinshi: Biryoherera kurut’ubuki n’umushongi w’ibinyag’utonyanga.’

Zaburi 119:72 ‘Amategeko yo mu kanwa kawe n’ay’igiciro kuri jye Kirut’icy’ibic’ibihumbi by’ifeza n’izahabu.’

Zaburi 119:127 ‘Ni cyo gituma nkund’ibyo wategetse, Nkabirutish’izahabu, n’aho yaba izahabu nziza.’

Imigani 8:10-11 ‘Aho gushak’ifeza mutor’ibyo nigisha; Mushak’ubwenge kuburutish’izahabu nziza. 11 Kuk’ubwenge burut’amabuye ya marijani; kandi mu bintu byifuzwa byose nta gihwanye na bwo.’

Imigani 8:19 ‘Imbuto zanjye zirut’izahabu, n’ukuri zirut’izahabu nziza; Kand’indamu yanjy’irut’ifeza y’indobanure.’

    Amahame akubiyemo :

Nta gice na kimwe muri ibi byo hejuru aha tubona Ibyanditswe byiswe zahabu cyangwa feza, ariko kubera kugereranya n’izahabu cyangwa feza, aya mabuye y’agaciro ni indi shusho twagereranya n’Ijambo ry’Imana.

(1) Agaciro gahebuje karemanywe na yo: Bibiri mu bicuruzwa byagiraga agaciro byo mu Burasirazuba bwo hagati bwo hambere byari zahabu na feza. Kugereranya Ijambo ry’Imana na rimwe muri ayo mabuye y’agaciro n’indi shusho yerekana agaciro gahebuje kaba mu Ijambo ry’Imana. Ijambo ry’Imana - nka zahabu na feza- rifite agaciro karenze isi. Ayo mabuye yombi ni meza afite n’agaciro karemanywe nayo- cyane cyane zahabu. Mu gihe ibindi bintu bishobora guta agaciro, Ijambo ry’Imana, kimwe na zahabu, rigira agaciro aho ari ho hose n’igihe icyo ari cyo cyose. Mu by’ukuri, icyo Bibiliya yibandaho ni uko Ibyanditswe bifite agaciro kurusha zahabu, ndetse na zahabu yatunganijwe.

Kuki rifite agaciro kangana gatyo? Umunyezaburi yaranditse ati, ‘Amategeko yo mu kanwa kawe ni ay’igiciro kuri jye kiruta icy’ibihe ibihumbi by’ifeza n’izahabu’ (Zaburi 119:72). Muri Zaburi 19:1-6 umunyezaburi avuga ku by’ubwiza bwo guhishurwa kw’Imana mu kurema n’ukuntu ukurema guhishura iby’Imana kugatangaza ubwiza bwe. Ariko arakomeza mu mirongo 7-14 akavuga ibyo guhishurwa kw’Imana kutari uko mu Byanditswe, Ibyanditswe mu miterere na kamere yabyo - icyo Bibiliya ari cyo n’icyo ikora. Kubera ibiriranga n’ibikorwa by’Ijambo ry’Imana, hagati muri ibyo umunyezaburi, yaratangaye ati, ‘Bikwiriye kwifuzwa kuruta izahabu, n’aho yaba izahabu nziza nyinshi’.

Ibyanditswe bifite agaciro gahebuje ku bugingo kuko ari Ijambo ryo mu kanwa k’Imana ubwayo. Ni ugihishurwa kw’Imana nzima. Ni iridahinyuka, ntirikuka, ni iry’ukuri, ryarageragejwe, kandi ni iryo kwiringirwa. Ni Ijambo Ryera ry’Imana kandi ririmo amagambo y’ubugingo.

Ariko hari ibirenze ibyo iyi shusho igaragaza. Iyi shusho mu kugereranya Ibyandistwe n’izahabu bitwigisha ko Bibiliya, kurusha na zahabu, ifite agaciro ko gucungura n’ak’ibiguzi zahabu na feza bidashobora kugira.

(2) Agaciro kabasha gucungura cyangwa ubushobozi bwo kugura: Kubera ko zahabu ifite agaciro, ifite ubushobozi bwo kugura. Ushobora kubona ibintu, amasambu, amazu, imyenda, ibikoresho, imikako y’agaciro, ibikoresho byo mu nzu, imbaraga, no kwinezeza utanze zahabu. Ariko hari ibyo amafaranga cyangwa zahabu bitabasha kugura. Igifite akamaro kurusha ibindi, amafaranga cyangwa zahabu ntabasha kukigura.

Kubw’ibyo dukeneye zahabu y’ubundi bwoko, zahabu y’ukuri kw’Ijambo ry’Imana. Mu by’ukuri, kwita kuri zahabu yo muri iyi si n’ibyo ishobora kugura bizatubuza zahabu y’Ijambo ry’Imana n’imigisha y’Imana.

Ni mu Ijambo ry’Imana tubona Ubutumwa Bwiza bwo gucungurwa kwacu kwamaze kwishyurwa, hadakoreshejwe izahabu cyangwa ifeza byo muri iyi si, ahubwo hakoreshejwe amaraso y’igiciro ya Yesu. Amafaranga ntashobora kugura agakiza k’igihano cy’ibyaha cyangwa se gukizwa imbaraga z’ibyaha, kwizera ubuntu bw’Imana muri Kristo ni byo byonyine bishobora kubikora. Kandi ni Ijambo ry’Imana - rifite agaciro kurusha zahabu yangirika - rizana kwizera.

1 Peteo 1:18-19 ‘Kuko muzi yukw’ibyo mwacungujwe ngo muve mu ngeso zanyu zitagira umumaro mwatojwe na basekuruza wanyu, atar’ibyangirika nk’ifeza cyngw’izahabu, 19 ahubwo mwacungujw’amaraso y’igiciro cyinshi, nk’ay’umwana w’intam’utagir’inenge cyangw’ibara, ni yo ya Kristo,’

Byongeye, nk’igice cy’agakiza gatangwa n’Ijambo ry’Imana, ni ku bw’Ijambo ry’Imana dushobora gucunguza uburyo umwete tugashobora kubona ibintu isi idashobora kuduha nk’umutekano, umunezero nyakuri, kubabarirwa ibyaha, kubaturwa icyaha, umugambi ukwiriye w’ubugingo bwo kwishyira ukizana. Ubwenge bw’Ijambo ry’Imana buriho kuri bose. Butegereje kwakirwa, ariko abo bonyine babukunda kandi babushaka bazabubona. Imigani 8:17 haravuga ngo, ‘Nkunda abankunda, kandi abanshakana umwete barambona.’ Abo bonyine bamenya agaciro ka Bibiliya, ni bo bazajya gucukura bashaka zahabu na feza byo mu Ijambo ry’Imana bazashobora kwongera ubutunzi bwabo bwo kumenya guhitamo iby’Umwuka n’ububasha mu bugingo.

Imigani 2:4-12 ‘Ukabushaka nk’ifeza, Ubugenzura nk’ugenzur’ubutunzi buhishwe; 5 Ni bw’uzamenya kubah’Uwiteka icy’ari cyo, ukabona kumeny’Imana. 6 Uwiteka ni w’utang’ubwenge; Mu kanwa ke havamo kumenya no kujijuka; 7 Abikir’abakiranutsi agakiza; Abagendan’umurava, ababer’ingabo, 8 Kugira ngw’arind’amayira y’imanza zitabera, Kand’atunganye inzira z’abera be. 9 Nibw’uzamenya gukiranuka n’imanza zitabera No gutungana, ndetse n’inzira zose zitunganye. 10 Nuk’ubwenge buzinjira mu mutima wawe, Kandi kumenya kuzanezez’ubugingo bwawe; 11 Amakeng’azakuber’umurinzi; Kujijuka kuzagukiza; 12 Kugira ngo bigukure mu nzira y’ibibi, No mu bantu bavug’iby’ubugoryi.’

Iyi shusho y’Ijambo ry’Imana nka zahabu, ndetse rifite agaciro kurusha zahabu, ikeneye ikindi gikorwa ku ruhande rwacu - gusuzuma ibyo twita iby’agaciro n’ibyo duha umwanya w’ibanze.

(3) Kwongera gusuzuma ibyo twita iby’agaciro: Dukora iki iyo tubonye ikintu cy’agaciro? Soma witonze Matayo 13:44-46. Iyi shusho y’agaciro ka Bibiliya nk’izahabu n’ifeza itwigisha kureba no gusuzuma neza ibyo twita iby’agaciro n’ibyo duha umwanya w’ibanze mu bugingo. Idushishikariza kwibaza ibibazo byo mu mitima.

  • Ni iki mpa agaciro kurusha ibindi? Niba mvuga ko ari Imana, Bibiliya, umuryango wanjye n’ibindi, mbese ibikorwa byanjye n’uko ukoresha igihe cyanjye birabyerekana.
  • Mbese nkurikirana iki kandi ntegereje iki ku byo twita ubuzima bwiza?
  • Dutegereje iki muri iyi si? Ese tuyitegerejemo byinshi? Mbese dushyira ibyiringiro byacu mu zahabu yo mu isi aho kuba muri zahabu yo mu Ijambo ry’Imana ritwigisha iby’Umwami rikamutwegereza?

Yesaya 55:1-3 ‘Yemw’abafit’inyota, nimuze ku mazi, kandi n’udafit’ifeza na we naze; nimuze mugure murye; nimuze mugure vino n’amata, mudatanz’ifeza cyangw’ibindi biguzi. 2 N’iki gituma mutang’ifeza mukagur’ibitar’ibyo kurya nyakuri? N’iki gituma mukorer’ibidahaza? Mugir’umwete wo kunyumvira, mubone kury’ibyiza, ubugingo bwanyu bukishimir’umubyibuho. 3 Muteg’amatwi, muz’aho ndi, munyumve, ubugingo bwanyu bubone kubaho; nanjye nzasezerana namw’isezerano rihoraho, ni ryo mbabazi zidahwema Dawidi yasezeranijwe.’

Iki gice cyo mu Isezerano rya Kera muri Yesaya 55:1-3 kidufitiye ubutumwa bwihariye. Bukora ibintu bitatu: Icya mbere, butanga gutumira kwihariye Imana iha abantu bose. Icya kabiri, budushishikariza gusuzuma twitonze ahantu dushyira ibyiringiro byacu, n’ibyo duha agaciro n’ibyo dukurikirana. Icya nyuma, buduhamagarira gucengera Ijambo ry’Imana ngo dushake iby’agaciro nyakuri ku bugingo. (Reba Umugereka wa 2 ku bivugwa Yesaya 55:1-3).

      Ishusho ya munani: umuriro

    Imirongo:

Yeremiya 23:29 ‘Kand’Uwiteka arabaz’ati: Mbes’Ijambo ryanjye ntirimeze nk’umuriro? Cyangwa nk’inyundo imenagur’urutare?’

Yeremiya 20:9 ‘Kand’iyo mvuze nti, Sinzamuvuga, haba no guterurira mw’izina rye, mu mutima wanjye hamera nk’aho harimw’umurir’ugurumana, ukingiraniwe mu magufka yanjye, simbashe kwiyumanganya, ngo nyabike.’

    Amahame akubiyemo:

Umuriro ukoreshwa mu gushyushya, kwongera ikigero cy’ubushyuhe no gukomeza ibyuma, mu buryo bwo gushongesha amabuye y’agaciro nka zahabu na feza, gutwika ibikenyeri utegura umurima wo guhingwa, gutwika ibitagira umumaro bigomba kurimburwa, ngo gutekesha ibiryo ngo biryohe kandi bibashe kuribwa. Iyo Imana igereranya Ijambo ryayo n’umuriro, n’iki iba ishaka kuvuga? Ni iki ishaka ko twiga muri iyi shusho? Umuriro ni ishusho ya :

(1) Ubushyuhe: Imana yageneye Ijambo ryayo kuyishyuhiriza imitima yacu; guhindura imitima ikonje cyangwa akazuyazi ngo ibe imitima ishyuhiye Imana, ishyuhijwe n’ukuri kwayo, iby’agaciro byayo, imigambi yayo, n’ibyo yitaho hamwe n’urukundo rwayo rusumba byose, n’ubuntu bwayo no kutuyobora.

(2) Kwoza: Ijambo ry’Imana ritwika kandi rikoza ibitari byiza cyangwa ibitagira umumaro mu bugingo bwacu kimwe n’uko ituma dutunganya ibyacu by’agaciro, iby’ibanze, imigambi, imyifatire, intekerezo n’ikigero cy’ukuri n’ikinyoma (Yeremiya 20:9).

(3) Guca imanza: Mu Byanditswe, umuriro ukunze kuvugwa hamwe no guca imanza. Ijambo ry’Imana ricira imanza ubugingo bwacu ariko iyo tudaciriye imanza ubugingo bwacu dukoresheje Ijambo ry’Imana, tuzacirwa imanza nta kabuza n’Umwami mu kuduhana bya kibyeyi kimwe no ku Ntebe y’Imana (Bema) ya Kristo hamwe no guhabwa cyangwa kudahabwa ingororano. (Ku byerekeye inyigisho kuri Bema, reba igice cya mbere, isomo rya karindwi).

1 Abakorinto 11:28-32 ‘Nuk’umuntu yinire yisuzume, abone kurya kur’uwo mutsima no kunywera kur’icyo gikombe: 29 kuk’upfa kurya akanywa atitaye ku mubiri w’Umwami, ab’aririye, kand’ab’anywereye kwishyiraho gucirwahw’iteka: 30 ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagir’intege, abandi bakarwaragura, abandi benshi bakaba barasinziriye. 31 Ariko twakwisuzuma, ntitwagibwaho n’urubanza. 32 Nyamara, iyo duciriw’urubanza n’Umwami wacu, duhanirwa na we kugira ngo tutazacirirwahw’iteka hamwe n’ab’isi.’

1 Abakorinto 3:13-15 ‘umurimo w’umuntu wes’uzerekanwa. Urya munsi ni w’uzawerekana, kuk’uzahishuzw’umuriro, akab’ari wo kand’uzageragez’umurimo w’umuntu wese. 14 Umurimo w’umuntu, uwo yubatse kur’urwo rufatiro, n’ugumaho, azahabw’ingororano; 15 arik’umurimo w’umuntu n’ushya, azabur’inyungu, nyamar’ubwe azakizwa, ariko nk’ukuwe mu muriro.’

‘Mbese Ijambo ryanjye ntirimeze nk’umuriro?’ (Yeremiya 23:29) ni ko Uwiteka avuga? Ikivugwa muri Yeremiya 23 ni iby’abahanuzi b’ibinyoma banze guhagarara mu nama z’Imana ngo bumve amagambo y’Imana, bagatangariza ubwoko bw’Imana ukuri kwayo (23:18, 21-22). Ahubwo, bavuze ibyo bibwira mu bwenge bwabo. Barwanije imbuzi za Yeremiya bakavuga ko hazabaho amahoro n’uburumbuke kandi ko nta bucakara bw’i Babuloni buzahabo. Imana rero, ivuga ko Ijambo ryayo rizababera nk’umuriro, rifite ubushobozi n’imbaraga kandi ni ryo rizaba intango yo kurimbuka kwabo. Kimwe n’uko umuriro ukongora ibishakashaka, ni ko Ijambo ry’Imana rizakongora abahanuzi b’ibinyoma.

Ingorane duhura na zo: Na twe akenshi ntiducira imanza ubugingo bwacu dukoresheje Ijambo ry’Imana. Tunanirwa kureka Ijambo ry’Imana ngo ritwike ibikenyeri byo mu ntekerezo zacu, gahunda zacu, intego zacu. Ni tutareka ngo Ijambo ry’Imana rikore umurimo waryo, tuzagira ingaruka.

      Ishusho ya cyenda: inyundo

    Imirongo:

Yeremiya 23:29 ‘Kand’Uwiteka arabaz’ati: Mbes’ijambo ryanjye ntirimeze nk’umuriro? Cyangwa nk’inyundo imenagur’urutare?’

2 Abakorinto 10:3-5 ‘Nubwo tugenda dufit’umubiri w’umuntu, ntiturwana mu buryo bw’abantu, 4 kukw’intwaro z’intambara yac’atar’iz’abantu, ahubw’imbere y’Imana zigir’imbaraga zo guseny’ibihome no kubikubita hasi, 5 dukubita has’impaka n’ikintu cyose cyishyiriye hejuru kurwanya kumeny’Imana, dufata mpir’ibitekerezwa mu mitima byose ngo tubigomorere Kristo.’

Ibyakozwe 20:32 ‘Kandi none mbaragij’Imana n’ijambo ry’ubuntu bwayo ribasha kububaka no kubahan’ibiragwa n’abejejwe bose.’

    Amahame akubiyemo :

Turetse ibyo guhonda urutoki rw’umuntu, twese tuzi ko inyundo ifite umumaro w’ingenzi w’uburyo bubiri: Kwubaka no Gusenya. Ariko iyo Imana igereranya Ijambo ryayo n’inyundo, iba ishaka kuvuga iki muri iyo shusho? Na none mu gice cya Yeremiya, ingorane ni imwe nk’iyo haruguru aha, ingorane y’abahanuzi b’ibinyoma bakoraga bakurikije ibyo bibwiraga mu mitima yabo Ibi byavugaga ko barwanyaga Ijambo ry’Imana binyuze mu bahanuzi bayo nyakuri, bakiringira ibyiyumviro byabo ubwabo, kandi ibi byashoboraga kubageza ku kurimbuka kwabo. Ntibubakaga ubugingo bwabo ku kuri kwiringirwa kandi kudakuka kw’Ijambo ry’Imana. None ayo mahame ni ayahe?

(1) Kwubaka, kugereka ibuye ku rindi: Ijambo ry’Imana ryonyine, hamwe n’umurimo w’Umwuka Wera, rifite imbaraga zo kutwubaka muri Kristo no kudukuza mu by’Umwuka no kutajegajega (reba Ibyakozwe 20:32). Tugomba iteka kuba twubaka kandi tuzamura inzego z’ukuri kw’Imana mu mitima n’ubwenge byacu biti ihi se tuzaba twubaka inzego za kamere n’iby’isi by’ibinyoma kandi birimbura byo mu ntekerezo z’umuntu. Izo ntekerezo za kimuntu kandi z’ubwirasi zose ubwa mbere zirikuza zikarwanya kumenya Imana. Mbere na mbere zirwanya Imana n’umuntu. Zitambamira ubushobozi bwacu bwo kuba abo Imana yatugeneye kuba nk’abantu bayo. Ibigeretse kuri ibi, intekerezo z’umuntu, ibyo umuntu yibwira mu mutima we, bijyana iteka ku kurimbuka. Zidusiga mu bushake bw’imyuka, imiraba n’imiyaga yo mu isi kimwe neza n’umuntu wubaka inzu ye ku musenyi aho kuyubaka ku rutare ari rwo Jambo ry’Imana.

(2) Gusenga, gushwanyagura: Kenshi, ndetse muri rusange, mbere y’uko twubaka tubanza gukora umurimo wo gusenya. Tugomba gushwanyagura ibishaje, ibyo umuntu yibwira, bihagarara ahagomba kwubakwa ibishya.

    Ingorane duhura na zo:

‘Igihome’ rimwe na rimwe kiba cyubakanye ubwirasi burwanya kumenya Imana n’ibyo uko kumenya kumariye umuntu n’inkurikizi zako, imigisha, n’uruhare rw’umuntu. Ni ikintu icyo ari cyo cyose gitambamira ubukristo nyakuri. Ibi birimo ikintu cyose birwanya gushyira mu bikorwa ibyo kumenya Imana n’inkurikizi zabyo mu bugingo bw’umuntu. Ibi birimo uburyo bwose bwo kwikunda, iby’abantu, iby’idini, iby’amarangamutima, iby’isi, iby’amadini adasanzwe, iby’ubutunzi bw’iby’isi, n’ibindi. Ariko bishobora no kubamo imyifatire mibi inanirwa kwishingikiriza amasezerano, amahame n’imigambi yo mu Ijambo ry’Imana.

Mu yandi magambo, ibihome ni ibitekerezo, imyifatire, n’ibishushanyo bibera intambamyi ibyo Ibyanditswe bikora mu bugingo bw’umuntu no kuduhishurira Imana. Binyuze mu masengesho no kwiga by’ukuri Ijambo ry’Imana, dushobora kugera ku bintu bibiri: (a) kurimbura imyifatire, ibyiyumviro no gutekereza kunyuranije n’ibitekerezo by’Ibyanditswe, na (b) mu mwanya waryo, twaba twubaka ibitekerezo by’Imana nk’urufatiro n’urwego rukomeye rwo gutekereza kwacu no kubaho kwacu.

      Ishusho ya cumi: imbuto

    Imirongo:

Mariko 4:14 ‘Umubibyi n’ubib’ijambo ry’Imana.’

Mariko 4:26-28 ‘Aronger’arababwir’ati: Ubwami bw’Imana bugereranwa n’umuntu ubibye imbuto mu butaka, 27 akagenda, agasinzira, akabyuka nijoro no ku manywa, n’imbuto ziramera zigakura, ataz’uko zikuze. 28 Ubutaka bwimez’ubwabwo, ubwa mbere habanza kub’utwatsi, maze hanyuma zikab’imigengararo, hagaheruka amahundo afit’imbuto.’

Abakolosayi 1:5-7 ‘Kubw’ibyiringiro by’ibyo mwabikiwe mw’ijuru, ibyo mwumvise kera mw’ijambo ry’ukuri k’Ubutumwa Bwiza 6 bwabagezeho namwe, nk’uko bwageze no mw’isi yose, buker’imbuto bugakura, nk’uko no muri mwe bwazeze, uhereye wa munsi mwumviyemo mukameny’ubuntu bw’Imana by’ukuri: 7 nk’uko mwigishijwe na Epafura, umugaragu mugenzi wacu dukunda, wababerey’umukoz’ukiranuka wa Kristo wo kubagaburir’ibye,’

    Amahame akubiyemo :

(1) Gukenera gutegurwa: Gutegurira umutima w’umuntu Ijambo ry’Imana.

(2) Intego yo kwera imbuto: Ububasha bwo kwerera Imana imbuto z’Umwuka.

(3) Ibyo gukora nko mu buryo bwikora: Ububasha bwo gukora ibintu bigasa n’ibyikora.

Muri Mariko 4:28, ijambo ‘ubwabwo’ ni ubusobanuro bw’Ikigiriki automatos riturukwaho n’ijambo rutomatiki. Risobanurwa, ‘icyikoresha, icyikora, ikitagira inkunga ituruka hanze, na none ikitayoborwa n’ibiturutse hanze’. Iri jambo ahandi rikoreshwa honyine mu Isezerano Rishya ni mu Byakozwe 12:10. Aho umuryango wa kasho ya Petero warikinguye, mu buryo bwikoze, nta muntu ubigizemo uruhare.

Ikivugwa aha ni uko isi, cyangwa se imbuto yatewe mu isi, ibyara izindi mbuto mu buryo bwikoze. Ibikora ityo kuko biri muri kamere yayo nk’uko Imana yayiremeye kugenza ityo. Hatariho imbuto y’ubugingo, ibindi byose bikenerwa, ubutaka, izuba, imvura, no guhinga byaba imfabusa. Ibindi byose birafatanya, ariko ihame ry’ubugingo, imbaraga zo kwera izindi mbuto, riba mu mbuto.

Uyu mugani uvuga iby’imbaraga z Ijambo ry’Imana n’uko Imana itera kwera imbuto no gusarura mu bugingo bw’abantu. Ijambo ry’Imana, iyo ritewe mu mitima y’abantu, ryera imbuto. Ubutaka bukeneye guhingwa, n’imbuto ikeneye kuhirwa, ariko hatariho Ijambo ry’Imana, nta cyashoboka. Igikenewe cy’ingirakamaro ni Ijambo ry’Imana rizima kandi ryuzuye imbaraga, imbaraga z’Imana zitanga agakiza.

Abaroma 1:16 ‘Ereg’Ubutumwa Bwiza ntibunkoz’ isoni: kukw’ar’imbaraga y’Imana ihesh’uwizera wese gukizwa, uhereye ku Muyuda, ukageza ku Mugiriki:’

Iyo duhamiriza abandi n’Imana ishobora gukoresha ubugingo bwacu kandi akenshi ni ko ibigenza mu gutegura ubutaka bw’imitima y’abandi ngo yakire imbuto y’Ijambo ry’Imana, ariko icy’ ibanze ni Ijambo ry’ Imana abantu bagomba kumva, Ubutumwa bwiza bwa Kristo.

Mu bugingo bwacu, Imana ishobora gukoresha ibintu byinshi ngo iduhe imigisha mu by’Umwuka no mu gufasha gukura kwacu - kuririmba, gukomeza, n’urukundo no guterana n’abandi bizera. Ariko icy’ibanze, ni Ijambo ry’Imana ryonyine ritewe kandi rigahingirwa mu mutima no mu bwenge rishobora gutera guhinduka mu by’Umwuka kwera imbuto by’ukuri kandi byuzuye.

Dukeneye buri wese kwibaza ibibazo bimwe na bimwe: mbese imyifatire yanjye imbere y’umugambi w’Imana n’ubushake bwayo ku bugingo bwanjye, ku bintu bingeraho, ku bw’umurimo Imana imfitiye ubu n’igihe kizaza, imeze ite? Mbese ndakonje, nta shyaka mfite, nshaka se guhunga? Mbuze ibinshishikaza, imbaraga, nshimishwa n’ibyo Imana ifitiye ubugingo bwanjye? Niba ari ko biri, itanura ry’Umwuka ryanjye rikeneye gukoranywa no kwongerwamo amakara yaka y’Ijambo ry’Imana binyuze mu kugira igihe cy’Ijambo ry’Imana buri munsi.

Mbese mbuze gushikama? Mbese nkunze gucika intege iyo mpuye n’ibinaniza? Mbese ubugingo bwanjye no gusobanukirwa iby’Ijambo ry’Imana n’ibyo Imana ishakira mu bugingo bwanjye byatwawe n’imyifatire mibi, intekerezo umuntu yishyiramo, ibyaranze umuntu mu bihe byashize, imigenzo y’abantu, cyangwa se uko ibintu byakorwaga kera? Na none rero nkeneye gutangira gahunda yo gusenya mbere yo kwubaka.

Ni gisubizo ki mpa Ijambo ry’Imana? Mbese ndi butaka ki? Mbese meze nk’inzira yatsindagiwe cyangwa nk’urutare rutagira ubutaka? Mbese meze nk’akarima k’ubutaka kuzuye ibyatsi bibi bibuza gukura kw’imbuto y’ukuri kw’Ijambo ry’Imana?

Niba ari uko bimeze, nkeneye gutegura ubutaka bw’umutima wanjye. None nabikora nte? Reka ngire ibyo mbagezaho:

(1) Mujye muterana - tugomba kujya tuza kwiga Ijambo ry’Imana twamaze kwihana icyaha kizwi cyose.

1 Petero 2:1-2 ‘Nuko mwiyambur’igomwa ryose n’uburiganya bwose n’uburyarya n’ishyari no gusebanya kose, 2 mumere nk’impinja zivutse vuba, mwifuz’amata yUmwuk’adafunguye, kugira ngw’abakuze, abageze ku gakiza:’

Yakobo 1:21 ‘Ubwo bimeze bityo, mwiyambur’imyanda yose n’ububi busaze, mwakiran’ubugwanez’ijambo ryatewe muri mwe, ribasha gukiz’ubugingo bwanyu.’

(2) Mujye musenga, mwishingikirize, kandi mutegereze Imana ngo itwigishe kandi idusobanurire ukuri kwayo - dukeneye kuba nk’umunyezaburi wasenze ati, ‘Hwejesha amaso yanjye kugira ngo ndebe ibitangaza byo mu mategeko yawe’ (Zaburi 119:18).

(3) Mube abantu bahambutse, bashobora kwigishwa, ariko na none bafite intego - mureke Ijambo ry’Imana ryivugire ubwaryo nk’uko ibyo muri iki gice bivuga ngo ribashe kutwigisha ukuri. Naho ubundi, bitewe n’ibyo twanyuzemo cyangwa intekerezo byacu kwemera iki gice kandi iherezo ryaba amakosa gusa.

(4) Mukunde kwiga - mwige kandi mushyire mu bikorwa ubwanyu amahame y’uburyo bwo kwiga Bibiliya.

1 Timoteyo 2:15 ‘Nyamar’abagore bazakizwa mw’ibyara, ni bakomeza kwizera, bakagir’urukundo no kwera, bakirinda.’

(5) Mugire umwete - mu gushyira mu bikorwa no gucira imanza ubugingo bwacu dukoresheje Ijambo ry’Imana ku bwo kwizera.’

      Ishusho ya cumi n’imwe : ubuki, ibinyagu

    Imirongo :

Zaburi 19:10 ‘Bikwiriye kwifuzwa kurut’izahabu, naho yab’izahabu nziza nyinshi: Biryoherera kurut’ubuki n’umushongi w’ibinyag’utonyanga.’

Zaburi 119:103 ‘Amagambo yaw’aryoherey’ubu bugeni mu nkanka zanjye! Arush’ubuki kuryoherera mu kanwa kanjye.’

Zaburi 81:16 ‘Yabagaburir’amasak’ahunze: kandi naguhaz’ubuhura bwo mu mbigo.’

Imigani 24:13 ‘Mwana wanjye, jy’ury’ubuki kuko buryoha; kand’ingabo zabwo ziryoher’akanwa kawe.’

Ezekiyeli 3:1-3 ‘Maz’arambwir’ati: Mwana w’umuntu, icy’ubonye ukirye, ury’uwo muzingo, maz’ugende, ubwir’inzu y’Israyeli. 2 Nuko mbumbur’akanwa, angaburir’uwo muzingo. 3 Arambgir’ati: Mwana w’umuntu, haz’inda yawe, n’amara yawe uyuzuzemw’uyu muzingo nguhaye. Nuko mperako ndawurya; mu kanwa undyohera nk’ubuki.’

    Amahame akubiyemo :

(1) Ubuki bushushanya Bibiliya nk’umwe mu migisha ikomeye y’Imana n’isoko y’uburyohe n’ibyishimo mu bugingo

Imirongo mirongo itanu n’umunani muri Bibiliya irimo ijambo ‘ubuki’. Imwe muri iyi mirongo yerekeye ikinyobwa bakora bashyuhije umutobe w’imizabibu witwa dibs kandi uyu bishoboka kuba ari wo witwaga ubuki ahenshi muri Bibiliya.74 Ubuki bwari ‘bwuzuye’ igihugu ni ubw’iki kinyobwa. Nubwo Abanyegiputa bagiraga amarumbo y’inzuki mu mitiba, ibi Abayuda ntibabigize kugeza igihe cy’Abaromani. Impamvu imwe, icyakora, byaba ari uko iby’igihugu gitemba ubuki bwari ubuki bw’inzuki zo mu mashyamba aho kuba ubw’icyo kinyobwa. Ubuki bwashoboraga kuboneka mu biti bifukuye imbere (1 Samweli 14:25-27), mu myobo yo mu rutare (Zaburi 18:16; Gutegeka 32:13), no mu bisigazwa by’inyamaswa (Abacamanza 14:8-9).

Ubuki cyari ikimenyetso cy’imigisha, cyangwa uburumbuke, agaciro, ubukire, kandi bwabonwaga nka bimwe mu by’ibanze by’ubugingo. Bwaryoshyaga ibyo kurya ndetse bwakoreshwaga nk’ibyo kurya ubwabwo. Mu kwerekana agaciro n’imigisha by’igihugu Uwiteka yari ahaye Abisirayeli, yakivuze kenshi ko ari igihugu gitemba amata n’ubuki.

(2) Kimwe n’ubuki, Bibiliya ikomoka ku Mana yonyine

Nubwo abahanga bakoze ubushakashatsi bukomeye, umuntu w’iki gihe ntarabasha kugera ku buryo bwo gukora igisa n’ubuki. Imana yonyine ni yo ishobora gukora ubuki mu buryo bukomeye ikoresheje inzuki ziduhira n’ibinyagu. Abahanga mu by’ibyo kurya bemeranya ko Imana mu buhanga bwayo yakoze ubuki mu buryo bwihariye nka kimwe mu byo kurya bya kamere kandi byuzuye. Burimo buri ntunga-mubiri za ngombwa ku buzima bwiza. Mu buryo nk’ubwo Imana ishobora gukora no kurinda Ijambo ryayo ryuzuye, ari ryo Bibiliya Yera. Ni igitabo kidasanzwe umuntu adashobora kwandika ikikiruta cyangwa ngo acyigane, akiyungurure, agire icyo akuraho , cyangwa ngo agire icyo yongeraho. Ni ibyo kurya bitunganye, by’Umwuka birimo buri vitamini n’intungamubiri by’Umwuka dukeneye muri ubu bugingo ku byerekeye uko tugendana n’Imana.75

(3) Nk’ubuki, Bibiliya yatangiwe kudufasha

Igihe Imana yaremye isi yagiranye n’inzuki amasezerano yo gukora ubuki. Ni zo zonyine zifite uburenganzira bwo gukora ubuki no kubushakira isoko mu isi. Si inyoni, inyamaswa nini, cyangwa udusimba duto, ni inzuki. Mu by’ubuhanga, inzuki ntizikora mu by’ukuri ubuki. Zo ni nk’amato atwara amazi yo mu ndabyo zikayajyana mu gice cyo mu muzinga cyitwa ibinyagu. Uburyo amazi y’indabo ahinduka ubuki ni amayobera ku mwana w’umuntu. Nubwo ibibugize biva mu mazi y’indabyo, inzuki nta cyo zongera cyangwa ngo zikuremo, icyo zikora ni ukuvana amazi mu ndabyo zikayajyana mu binyagu Ibara, uburyohe, n’impumuro by’ubuki icyakora biterwa n’ubwoko bw’indabyo inzuki zikuramo amazi menshi. Mu buryo nk’ubwo, abantu banditse Ibyanditswe bari imigende gusa yo guhishurwa gutunganye bitabujije ko hagaragaramo uburyo bwabo busanzwe bwo kwandika n’uko bateye. Ibyibandwaho, guhitamo amagambo, n’uburyo bwabo bwo kwandika biterwa n’ibyo buri mwanditsi yanyuzemo, amashuri yize, n’ubumenyi.

      Kimwe n’inzuki, abanditsi b’abantu bari abakozi b’Imana bo kwandika, gutara, no kurinda Bibiliya. Aba bantu banditse Ibyanditswe Byera, uko biri kose, bayobowe n’Imana ntibigeze batatira guhishurwa kwuzuye Imana yatangaga ibakoresheje.

Ugusa kw’amayobera y’Imana y’ubuki kuratangaje. Abahanga mu by’ubuhinzi bapimye ubuki buturuka mu bihingwa biterwa imiti basanga itagaragara na gato muri ubwo buki.76

(4) Kimwe n’ubuki, Ijambo ry’Imana no guhishurwa riduha byarasobanuwe neza

Inzuki ntizisarura buri rurabyo zibonye rwose. Mu by’ukuri, zihitamo ubwoko bw’uburabyo zuzurisha ibyo zitwaramo. Zizi guhitamo, zikundira uburyohe bumwe na bumwe. Iyo zibonye ibizimishisha, zirafunga zigatwara. Ku ngendo miliyoni ebyiri inzuki zitara amazi y’uburabyo yo gukora garama 454 z’ubuki! Zitondera kurundanya ibyo zataye ahantu hamwe mu kinyagu. Ubuki iteka buba bumeze neza kandi bushobora kuribwa n’ushaka kwihuta. Tekereza ko kurya akayiko kamwe k’icyayi k’ubuki ari ukunyunyuza ingufu z’ubugingo bwose bw’inzuki amagana. Imana ntisanzwe. Ntiyaduhaye ikinyagu cyose. Yaduhitiyemo, iduhishurira gusa ibya ngombwa byo gukomeza agakiza kacu muri Kristo no gukurira muri We. Yohana, asoza Ubutumwa Bwiza bwe, abivuga neza:

‘Ariko hariho n’ibindi byinshi Yesu yakoze; byakwandikwa byose, ngira ngo ibitabo byakwandikwa ntibyakwirwa mu isi.’

Umunsi umwe ntuhagije gusoma no kunyuza amaso mu bitabo byo mu nzu z’ibitabo nini yo mu ijuru. Ariko kuri ubu, Imana ubwayo yampitiyemo yitonze igitabo kimwe gihagije. Kimwe n’ubuki, Ijambo ryayo ribikwa neza ahantu hamwe, Ibyanditswe, bishobora guhita biribwa ngo bitange ingufu z’Umwuka z’ako kanya. Kurya ni akanya gato mu masengesho yo muri Bibiliya; ni ugusogongera ku guhishurwa kuryohereye kw’Imana ko ku Mwuka, twazaniwe n’ukuboko kwahiswemo kw’abanditsi b’abantu. Gufata Bibiliya imwe mu ntoki ni igikorwa cyo kwakira ingufu nziza z’abantu ibihumbi batanze ubugingo bwabo ngo irindwe uko imyaka yagiye ikurikirana.77

(5) Kimwe n’ubuki, Ijambo ry’Imana riraryoha, rirakurura, kandi ridutumirira kuza kurya, ariko bigira umumaro gusa iyo ririwe n’umuntu ku giti cye kandi rigakoreshwa ku byihariye by’ubugingo bw’umuntu (Zaburi 19:9-10)

Mu bihe byo mu Isezerano Rishya iyo umwana w’umuhungu yajyaga ku ishuri ubwa mbere, yajyaga mu isinagogi hacyijimye kumva inkuru z’uko Mose yahawe amategeko. Hanyuma akajyanwa mu nzu y’umwarimu akarirayo ibya mu gitondo, aho yahabwaga za gato n’inyuguti z’amategeko yanditse kuri zo. Mu ishuri, umuhungu yahabwaga urubaho rwanditseho imirongo yo muri Bibiliya. Urwo rubaho rwabaga rusizeho ubuki. Yagombaga kwandika inyuguti kuri ubwo buki n’ikaramu ye, kandi byari bimenyerewe kurigata ku mutwe w’ikaramu uko yakomezaga kwandika. Igitekerezo kwari ukugira ngo amenye ko yagiye ku ishuri ngo azabasha kumira Ibyanditswe. Ubu buryo bwo kwiga bwasaga n’aho bwari bushingiye ku mico ya kera Dawidi avuga muri Zaburi.78

      Ahari uyu muco wari ugenewe kwerekana uko Ijambo ry’Imana ryongera uburyohe ku bugingo nk’uko rihishura Imana n’ubuntu bwayo. Umunyezaburi adushishikariza gusogongera ngo tumenye y’uko Uwiteka agira neza muri Zaburi 34:8. Nihe twasogongera ku kugira neza kw’Imana atari mu Ijambo ryayo? Mu buryo nk’ubwo, akoresheje kugereranya n’amata, Petero aduhatira kwifuza amata adafunguye yo mu Ijambo ry’Imana, hanyuma, nko kudushishikaza yongeraho ati, ‘niba mwarasogongeye mukamenya yuko Umwami wacu agira neza.’

    Ingorane duhura na zo :

(1) Imigani 5:3, “Kuko iminwa y’umugore w’inzaduka itonyanga ubuki, kandi akanwa ke karusha amavuta koroha,” hatwibutsa ko Satani n’isi bafite ibyigano bikoreshwa nk’ubuki ngo bituyobye inzira y’Umwami bitujyane mu byaha. Bityo, dukeneye iteka kwihatira kwitondera Ijambo ry’Imana (reba Imigani 5:1-2).

(2) Imigani 27:7, “Uwijuse akandagira mu buki, ariko inda ishonje ikirura cyose kiraryoherera,” mu buryo bumwe naho hatuburira ko, kimwe n’uko iyo duhaze tubura ipfa, ni ko dushobora guhaga iby’isi bikadutera kutararikira iby’Imana.

(3) Imigani 25:16, “Mbese ubonye ubuki? Uryeho ubuguhagije; nturenze urugero kugira ngo utaburuka.” Ibi byerekeye Ijambo ry’Imana gusa iyo tutaritekerezaho neza ngo turishyire mu bikorwa mu bugingo bwacu.

Uko tugomba kwifata imbere ya Bibiliya
(Uko tugomba kuyibona)

      Dukwiriye kuyibona nk’ihagije kandi ifite ubutware

Bibiliya ni yo ituyobora mu byo kwizera n’ibyo dukora kandi irahagije mu kudufasha guhangana n’ingorane zo muri ubu bugingo ziterwa n’imyuka n’amarangamutima.

1 Abatesalonike 2:13 ‘Icyo dushimir’Imana ubudasiba, n’uk’ubwo twabahagij’Ijambo ry’Ubutumwa Bwiza, ari ryo jambo ry’Imana, mutaryemeye nk’ahw’ar’ijambo ry’abantu, ahubwo mwaryemeye nk’Ijambo ry’Imana, nk’uko riri koko, kandi rigakorera no muri mw’abizera;’

Yakobo 1:21 ‘Ubwo bimeze bityo, mwiyambur’imyanda yose n’ububi busaze, mwakiran’ubugwanez’ijambo ryatewe muri mwe, ribasha gukiz’ubugingo bwanyu.’

1 Petero 2:2 ‘mumere nk’ impinja zivutse vuba, mwifuz’ amata y’ Umwuk’ adafunguye, kugira ngw’ abakuze, abageze ku gakiza:’

2 Petero 1:3-4 ‘Kukw’imbabaraga z’ubumana bwayo zatugabiy’ibintu byose bizan’ubugingo no kubah’Imana, tubiheshejwe no kumeya nez’uwahamagarishij’ubwiza bwe n’ingeso ze nziza. 4 Ibyo ni byo byatumy’aduh’ibyo yasezeranije by’igiciro cyinshi, bikomeye cyane, kugira ngo bibatere gufatanya na kamere y’Imana mumaze guhunga no gukira kononekara kwazanywe mw’isi no kwifuza.’

2 Petero 1:19-21 ‘Nyamara rero dufitiy’Ijambo ryahanuwe, rirushaho gukomera, kandi muzaba mukoze neza, nimuryitaho, kuko rimeze nk’itabaza rimurikir’ahacuz’umwijima, rigakesh’ijoro, rikagez’ahw’inyenyeri yo mu ruturuturu izabandurira mu mitima yanyu. 20 Ariko mubanze kumenya yukw’ari nta buhanuzi bwo mu Byanditswe bubasha gusobanurw’uk’umuntu wese yishakiye, 21 kukw’ari nta buhanuzi bwazanywe n’ubushake bw’umuntu, ahubw’abantu b’Imana bavug’ibyavaga ku Mana, bashorewe n’Umwuka Wera.’

Icyakora, hari izindi nkomoko z’ubutware abantu bakoresha zihindura ubusa ubutware bw’Ibyanditswe mu bugingo bwabo. Zimwe muri izi ni imico y’abantu (harimo n’amateka), iby’inzego z’ubutegetsi bwashyizweho n’abantu, ibyo gutekereza cyangwa kwisobanura, iby’amayobera, iby’amarangamutima, iby’ibyo abantu babonye mu mibereho, ibyerekeranye n’urukundo ruruta ibindi, ibya filozofiya, iby’ibyo mu mutwe, iby’amashyirahamwe y’abafana (reba Mariko 7:6-13; Abakolosayi 2:16-23; 1 Abakorinto 3:3-5).

      Dukwiriye kwirinda izindi nkomoko z’ubutware

    Imigenzo y’abantu

Icya mbere dukwiriye gutandukanya imigenzo ya Bibiliya n’imigenzo y’abantu. Imigenzo ya Bibiliya ni ibyagiye bihererekanywa mu nyigisho n’inyandiko by’intumwa n’abahanuzi kandi ibi birumvikana, bifite ubutware kubera ko byahumetswe no guhishurwa kuva ku Mana. Imigenzo y’abantu, icyakora, igizwe n’inyigisho zisanzwe z’abantu. Nta butware ifite kandi ntigomba na rimwe gusumbishwa cyangwa guhindura ubusa Ijambo ry’Imana. Tubona ubu bwoko bwombi bw’imigenzo muri iyi mirongo ikurikira.

2 Abatesalonike 3:6 ‘Nuko, bene Data, turabategeka mw’izina ry’Umwami wacu Yesu Kristo, kuzibukira mwene Data wese ugenda yica gahunda, cyangwa udakurikiza amabwiriza mwahawe na twe.’

Abakolosayi 2:8 ‘Mwirinde, hatagir’umunt’ubanyagish’ubwenge bw’abantu n’ibihendo by’ubusa, bikurikiz’imihango y’abantu, iyo bahawe na ba sekuruza hw’akarande kandi bigakurikiz’imigenzereze ya mbere y’iby’isi bidakurikiza Kristo.’

Ahari intambara no kutumvikana, Ibyanditswe ni byo bigomba gukiranura. Ariko akenshi Imigenzo y’Itorero cyangwa y’idini, imigenzo y’umuryango, n’ubwoko bwose bw’imigenzo yo muri iyi si bihabwa umwanya w’ibanze mbere ya Bibiliya Yera. Incuro nyinshi Ibyanditswe birasuzugurwa gusa. Abantu akenshi basuzugura Bibiliya mu gihe baha imigenzo yabo agaciro nk’aho ifite urufatiro ku Ijambo ry’Imana ndetse nk’aho ari Ibyanditswe Byera kandi atari byo. Igihe cyose ibi bibaye, tuba duhinduye ubusa Ijambo ry’Imana.

Matayo 15:1-6 ‘Nukw’Abafarisayo n’Abanditsi bavuy’i Yerusalemu baz’aho Yesu ari, baramubaza bati: 2 N’iki gitum’abigishwa bawe bataziririz’imigenzo y’aba kera ntibajabik’intoke mu mazi bagiye kurya? 3 Na w’arabasubiz’ati: Namwe n’iki gituma mucumurir’itegeko ry’Imana imigenzo yanyu? 4 Kukw’Imana yavuz’iti: wubahe so na nyoko; kand’iti: ututse se cyangwa nyina, bamwice. 5 Ariko mwebweho muravuga muti, umuntu wes’ubwira se cyangwa nyina ati, icyo najyaga kugufashisha nagituy’Imana; umez’atyo ntahatwa kwubaha se cyangwa nyina. 6 Nukw’Ijambo ry’Imana mwarihinduy’ubusa, ngo mukomeze imigenzo yanyu.’

Imigenzo yose si ko ari mibi cyangwa ngo ibe ivuguruza Ijambo ry’Imana. Icyo dukeneye ni ugutandukanya imigenzo y’abantu n’ukuri kwa Bibiliya mu gusuzumira ibyo twizera n’ibyo dukora mu mucyo w’Ibyanditswe. Dukeneye gusuzuma amoko yose y’imigenzo y’abantu, si imwe gusa, imbere y’umucyo w’ubutware bwahumetswe n’Imana, ari bwo Bibiliya.

Ingero zimwe cyangwa inkomoko zimwe z’imigenzo ni izi:

(1) Inama z’itorero: Ubusobanuro bw’inyigisho z’amahame ya gikristo ntibwabereyeho igihe kimwe cyangwa mu buryo bumwe. Rimwe na rimwe umucyo washoboraga kumurikira inyigisho y’amahame imwe hanyuma indi uko ibibazo byagendaga bivuka kubera udutsiko cyangwa inyigisho zadukaga. Kugira ngo herekanwe icyo Bibiliya yigisha kuri ibyo bibazo bitandukanye, inama zateranywaga n’abayobozi b’Itorero zigasuzuma kandi zikemeza icyo Itorero rigomba kwizera ku nyigisho z’amahame zitandukanye. Ingero z’inama nk’izo ni Inama z’i Nice (318), Constantinople (381), Chalcedoine (451), na Sinodi y’i Toledo (589). Ibyemezo nk’ibyo bigomba gusuzumirwa mu mucyo w’Ijambo ry’Imana. Akenshi ibyemezo byabo byabaga bihuje n’inyigisho y’Ijambo ry’Imana. Icy’ingenzi ni uko tuyoborwa n’Ijambo ry’Imana - si izo nama.

(2) Papa: Ibyo tuvuga aha ni ibyagiye bishyirwaho n’aba Papa batandukanye uko imyaka yahitaga hanyuma bigahererekanywa igisekuru ku kindi nk’amategeko y’Ubutumwa Bwiza. Amahame cyangwa inyigisho za Papa (cyangwa n’undi muntu wese) ntibigomba na rimwe kutuyobora - Bibiliya yonyine ni yo igomba kutuyobora.

(3) Ndemera (credo) z’amadini kimwe n’inyandiko-mvugo y’inyigisho y’amahame itorero runaka rigenderaho: Ibi bikunze kuba amagambo cyangwa amahame, amadini cyangwa amatorero runaka agira ibyo yizera mu nyigisho z’amahame. Ibi bigenewe kwerekana ibyo Bibiliya yigisha, ariko kubera ko Bibiliya ari yo yonyine yahumetswe n’Imana, ndemera ko izi nama zitagomba na rimwe gufatwa nk’izisimbura Bibiliya cyangwa se izingana na yo.

(4) Gahunda cyangwa inzego z’itorero: mu bikorwa izi akenshi zihinduka imigenzo ifatwa nk’aho yanditswe ku mabuye nk’amategeko cumi. Kugerageza guhindura gahunda cyangwa uko ibintu bikurikiranywa ni kimwe no guhinyura kwizera. Akenshi izi gahunda zihinduka nk’inka zera’ z’ingirakamaro kurusha ikindi kintu cyose. Twumva amagambo nka, ‘si uko ibintu bigomba gukorwa. Ntitwigeze tubikora dutyo mbere.’ Ndibuka numva umudiyakoni warakariye umupasitoro ku cyumweru mu gitondo bari hafi kujya kwicara imbere mu rusengero mu iteraniro rya saa tanu. Bari bafite umuvugabutumwa w’umushyitsi, maze igihe Pasitoro yinjiriye mu muryango adasanzwe yinjiriramo, umudiyakoni abwira Pasitoro ko atagomba kwinjirira muri uwo muryango. Ahari yakekaga ko bishobora gushitura abantu bari bategereje ko bababona binjiriye mu wundi muryango. Umudiyakoni avugira mu matama ati, ‘Ibi ntibisanzwe, ibi ntibisanzwe.’ Turaseka, ariko ibintu nk’ibi bibaho incuro ibihumbi zitandukanye - zimwe muri zo zibamo ibintu birushijeho gukara.

(5) Talmud, Mishna: Inyandiko z’Abayuda zikubiyemo imigenzo imwe ya kiyuda.

(6) Amahame ya politiki cyangwa mu by’ubuhanga nka Evolisiyo: Evolisiyo (yigisha ko umuntu yavuye mu nyamaswa) si ikindi nk’amahame y’umwana w’umuntu ashingiye ku busobanuro bw’ab’isi bw’ibisigazwa bya kera no kurwanya kumenya Imana kwabo. Ariko Evolisiyo yaje kuba umugenzo wacengeye isi yacu hatitaweho ingero ziyivuguruza. Bityo, iha umuntu uburyo bwe bwo gusobanura ibice bya mbere by’Igitabo cy’Intangiriro.

(7) Amategeko-shingiro y’itorero: Amategeko shingiro y’Itorero afite umwanya wayo, cyane cyane iyo yakozwe hakurikijwe Ijambo ry’Imana nk’iriyobora ubutware. Ariko ashobora guhinduka nk’ikoti rifunganye agatambamira intego, ibikorwa, n’umurimo bya Bibiliya iyo ahawe ubutware bumwe n’ubwa Bibiliya. Urugero, reka tuvuge ko amategeko yihariye cyangwa shingiro y’Itorero avuga ko rigomba kugira umubare runaka w’abakuru b’Itorero. Bigenda bite iyo mu Itorero hataboneka abagabo bangana batyo bujuje ibivugwa muri 1 Timoteyo 3 na Tito 1? Mbese Itorero rikurikiza Ijambo ry’Imana rigategereza ko Imana izabyutsa abagabo bujuje ibya ngombwa bo kuyikorera? Cyangwa se ryirengagiza Ijambo ry’Imana rigatoranya umubare uvugwa mu mategeko yaryo rititaye ku myifatire yabo? Igisubizo kirumvikana, ariko nzi amatorero yirengagije Ijambo ry’Imana agakurikiza amategeko yayo.

(8) Amateka y’itorero: Dushobora kwiga byinshi mu mateka, kandi ntitugomba kubyirengagiza. Amateka y’Itorero n’intekerezo z’abize Ijambo ry’Imana mbere yacu bigaragaza umurimo w’Imana mu bantu bayo mu myaka yahise. Tutitaye ku gaciro, icyakora, ibyo abantu b’Imana batekereje kandi bigishije mu bihe byashize ntabwo byahumetswe n’Imana. Ntitugomba gusuzugura ijwi ryabo, ariko na none ntitugomba kuroha ubutware kuri twe kuko Bibiliya ari yo yonyine yahumetswe n’Imana. Iyi ngingo y’iby’amateka rimwe na rimwe ihinduka nk’agakingirizo ko kurwanisha inyigisho z’amahame hadakurikijwe ukuntu izo nyigisho ziba zihuje n’ubusobanuro nyabwo bw’Ibyanditswe Byera. Agakingirizo kamera nka gutya:

Niba hari ikintu cyigishijwe n’Itorero rya mbere, ni icy’ukuri. Niba inyigisho ari iya vuba, ukuri kwuzuye kwayo nibura gushobora gushidikanywaho iyo kutari ibinyoma...

Kuba iya kera cyangwa iya vuba kw’inyigisho n’umubare w’abantu bayirwanya cyangwa bayishyigikiye bituma biba byiza kuyiga, ariko nta na kimwe muri byo cyemeza cyangwa kirwanya ukuri kw’iyo nyigisho.

Iby’ubushya bw’inyigisho byashyizwe ku nyigisho z’abakoze ivugurura ry’Itorero (Reformateurs). John Calvin yasubije muri aya magambo:

‘Mbere na mbere kuzita nshya bakorera Imana nabi, kuko Ijambo Ryera ryayo ritagomba kwitwa inzaduka ... Kuba ryaramaze igihe kirekire ritazwi byatewe n’ububi bwo kutera k’Umwana w’umuntu. None mu gihe ubugwaneza bw’Imana buritugaruriye ibyo uko ari irya kera bigomba kwemerwa nibura nk’ubuvumbuzi.’79

(9) Imibare: Mu magambo ari hejuru aha, Ryrie aduhamagarira kwitondera akandi gakingirizo n’ubundi bwoko bw’ubutware bishobora guhindura ubusa ubutware bwa Bibiliya. Gasa n’agakingirizo k’iby’amateka. Kameze gatya :

Kuba igitekerezo ari icya kera ntibituma kiba ukuri gusa ahubwo umubare w’abantu bagishyigikiye kera cyangwa bagishyigikiye ubu ukigira ukuri. Iyo babaye benshi biba byiza kuko bigitera kuba ukuri gufatika.80

      Ryrie yerekana amakosa y’aka gakingirizo :

Birumvikana ko umwotsi ari wo uhishe aka gakingirizo kandi bijugunywe hejuru wayoyoka. Kuba ikintu cyarigishijwe mu kinyejana cya mbere si byo bikigira ukuri (keretse cyarigishijwe hakurikijwe Ibyanditswe), kandi kuba ikintu kitarigishijwe si byo bituma kitaba ukuri uretse, uko byumvikana, iyo nyigisho idakurikije Ibyanditswe. Ibyo guhindurwa bashya n’umubatizo byigishijwe mu binyejana bya mbere, ariko ni ibinyoma. Abenshi mu Itorero bizera umubatizo utari uw’amazi menshi. Ibi se bivuga ko amazi menshi ari ibinyoma? Abenshi mu itorero ntibemera ko Itorero rizazamurwa mbere y’Ubwami bwa Kristo bw’imyaka igihumbi. Ibi se bituma iyi nyigisho y’amahame itabayo? 81

(10) Amashyirahamwe y’abagira icyo bapfana: Iyi ngingo ni uko akenshi abantu bemera ibyo ababwiriza bakunda bavuze kurusha Ijambo ry’Imana ubwaryo. Luka atwibutsa ko icyo dukeneye ari ugushaka mu Byanditswe iminsi yose kugira ngo tumenye ko ibyo twigishwa ari iby’ukuri koko (Ibyakozwe 17:11).

1 Abakorinto 1:11-14 ‘Kuko, bene Data, nabwiw’ ibyanyu n’abo kwa Kilowe, yuko habonets’intonganya muri mwe. 12 Icyo mvuze ngiki, n’uk’umuntu wese muri mwe avug’ati: Jyeweho nd’uwa Pawulo, und’akavug’ati: Ariko jyeweho nd’uwa Apolo; undi naw’ati: jyeweho nd’uwa Kefa; und’ati: Jyeweho nd’uwa Kristo. 13 Mbese Kristo yagabanijwemw’ibice? Pawulo ni we wababambiwe? Cyangwa mwabatijwe mw’izina rya Pawulo? 14 Nshimir’Imana yukw’ari nta n’umwe nabatije muri mwe, keretse Krispo na Gayo;’

1 Abakorinto 3:1-9 ‘Bene Data, sinabashije kuvugana namwe nk’uvugana n’ab’umwuka, ahubwo navuganye namwe nk’uvugana n’aba kamere, cyangw’abana b’impinja bo muri Kristo. 2 Nabaramij’amata, sinabagaburiy’ibyo kurya bikomeye: kuko mwari mutarabibasha. Kandi na none ntimurabibasha, 3 kuko mukir’aba kamere. Ubwo muri mwe harimw’ishyari, n’amahane, mbese ntimubay’aba kamere koko, ntimugenza nk’abantu? 4 Ubw’umunt’umw’avug’ati: Jyeweho nd’uwa Pawulo; und’akavug’ati: Jyeweho nd’uwa Apolo; ntibigaragaza ko mur’aba kamere? 5 Mbese ye, Apolo n’iki? Kandi Pawulo n’iki? S’abagaragu batumye mwizera, nk’ukw’Imana yabahay’umurimo? 6 Ni jye watey’imbuto, Apolo na w’arazuhira, arikw’Imana ni yo yazikujije. 7 Nuk’utera, nta cy’ab’ari cyo, cyangw’uwuhira, kerets’Imana ikuza. 8 Utera n’uwuhira barahwanye, kand’umuntu wes’azahembwa nk’uko yakoz’umurimo we: 9 kuko twemb’Imana ari yo dukorera; namwe mukab’umurima w’Imana, n’inzu yayo.’

    Ibi na byo bifata isura zitandukanye.

(1) Ibitekerezo cyangwa gusuzuma ibitekerezo: Ibi byerekeye:

Ihame rivuga ko gukoresha ibitekerezo, aho kwemera ibyasuzumwe, ubutware cyangwa guhishurwa kw’Umwuka, ni rwo rufatiro rwonyine rwemewe rw’igikorwa cyangwa ukwizera, kandi ibyo bitekerezo ni byo soko y’ibanze y’ubumenyi n’ukuri k’Umwuka.82

Nk’uko bigaragarira muri ubu busobanuro, ibitekerezo by’umuntu bimuhindukira ibimutwara cyangwa ibiyobora ibyo yizera cyangwa atekereza. Ibitekerezo by’umuntu ni byo gipimo. Niba ukuri gushobora kubaho kugomba kubonerwa mu bitekerezo by’umuntu honyine; ukwizera kuvanwamo kuko nta wagutekerezaho cyangwa kuba iby’ubuhanga.

(2) Ibyasuzumwe: Iki ni igitekerezo cy’uko gusuzuma no kugerageza, cyane cyane kugerageza ibitekerezo, ni yo soko yonyine yemewe yo kumenya.

(3) Iby’ubuhanga n’iby’uko abantu batekereza (Psychologie): ‘Ibyo kugeragezanya ubuhanga ni:

..... inyigisho ya filozofiya ivuga ko ubumenyi bwose buturuka ku igeragezwa, byaba igeragezwa ry’ubwenge cyangwa ry’ibitekerezo. Bityo ivuguruza ibyo abizera ibitekerezo byonyine bizera ukubaho kw’ibitekerezo bivukanwa. Inyigisho y’amahame y’ibanze y’uburyo bwa gihanga, ibyo kugerageza bijyana n’ubuhanga mu kugerageza byadutse mu kinyejana cya 17. Byabaye umugenzo muri filozofiya y’Abongereza, nko mu byakozwe na LOCKE, HUME, na George BERKELEY. Abahanga hafi ya bose bashyigikiye ibyo kubanza kugerageza ibintu bemera impamo y’ukuri guherwaho mu kugerageza ibintu (amahame yo mu mibare), John Stuart MILL hamwe n’abandi bavuze ko ibi ari ibikorwa muri rusange bahereye ku igeragezwa.83

Uko bigaragara, ibintu nk’ibi bituma igeragezwa riba, cyangwa ibyo umuntu yiga cyangwa abona - mu gukorakora ku kintu, mu gusogongera, mu kunukirwa, kureba n’ibindi, bituma igeregezwa riba icyo baheraho cyangwa ikiyobora ibyo umuntu yizera cyangwa yemera nk’ukuri. Na none, ibintu nk’ibi bitura k’uko umuntu yumva ibintu, gufite aho kugarukira, kandi guterwa n’ubushobozi bw’umuntu bwo kwitegereza. Ibi ni iby’inyigisho z’ubumenyi bw’imibanire y’abantu. Bifite umwanya wabyo mu bantu, ariko Imana ihoraho, y’ubwenge bwose kandi izi ibintu byose yaduhaye Ijambo ryayo Ryera kandi ni ryo rigomba gukomeza kutuyobora kuko ari ryo Imana ivugiramo.

(4) Ibyo umuntu aba yaranyuzemo by’idini, iby’ubwiru: Ubu ni uburyo buyobora abantu aho icyo umuntu aheraho ku byo yemera by’idini biba bishingiye ku kuntu abyumva gusa, amarangamutima, cyangwa se iby’idini umuntu aba yarahuye na byo.

Hashize imyaka myinshi igihe idini y’Abapentekoti yatangiraga ku nkombe y’uburengerazuba bw’Amerika umwe mu bayitangije, Padiri Dennis Bennett, yabwirije kuri Ezekiyeli 37 mu iteraniro ry’Ihuliro ry’Abacuruzi ry’Ubutumwa Bwiza Bwuzuye mu mugi witwa Portland, muri Leta ya Oregon muri Amerika. Yabwiye abantu ati, ‘hari ubusobanuro bwinshi kuri iki gice, ariko nizera ko iki gice ari ubuhanuzi by’iri shyirahamwe ryitwa glosalalia movement. Iri ni iyerekwa ryo kwaduka kw’impano y’indimi muri iyi minsi turimo. Ariko kubera ubusobanuro bwa Ezekiyeli 37 butandukanye ku bantu benshi; kubera ko nta mwumvikano ku cyo Ezekiyeli 37 isobanura, ngiye kubabwira ibyo niboneye maze tubone ikintu gifatika twashingiraho intekerezo zacu’.84 (gutsindagira ayo magambo ni ukwanjye).

Ayo yari amagambo ya Bennett. Amagambo ye - uko ateye isoni kwose - ntabwo atangaje mu bihe turimo by’abavuga ko bakurikiza Ubutumwa Bwiza. Umuntu agira ibyo yabonye maze akirengagiza ibyo Ijambo ry’Imana rivuga, ibyo yabonye akaba ari byo aha ubutware bwo kumuyobora. Bajora ukuri cyangwa bagasobanura Bibiliya bakurikije Ijambo ry’Imana. Mwibuke amagambo ya Petero muri 2 Petero 1:16-19.

2 Petero 1:16-19 ‘Burya ntitwakurikij’imigani yahimbwe n’ubwenge, ubwo twabamenyeshag’imbaraga z’Umwami wacu Yesu Kristo no kuzaza kwe; ahubwo twiboneye n’amaso yac’icyubahiro cye gikomeye. 17 Kuko yahawe n’Imana Data wa twes’ishimwe n’icyubahiro, ubw’ijwi ryavugiraga mu bwiza bukomeye cyane, rimubwira riti: Nguy’Umwana wanjye nkunda nkamwishimira. 18 Iryo jwi twaryumvise rivugira mu ijuru, ubwo twari kumwe na we kuri wa musozi wera. 19 Nyamara rero dufite Ijambo ryahanuwe, rirushaho gukomera, kandi muzaba mukoze neza ni muryitaho, kuko rimeze nk’itabaza rimurikir’ahacuz’ umwijima, rigakesh’ijoro, rikageza ahw’inyenyeri yo mu ruturuturu izabandurira mu mitima yanyu.’

(5) Ibyo umuntu yabonye mu bikorwa: Abantu benshi muri ibi bihe bishingikiriza ku byo batekereza ko bigishijwe n’ibyo babonye mu bikorwa aho kwishingikiriza kuri Bibiliya. None byagenda bite niba ibyo umuntu azi yabonye binyuranye n’Ibyanditswe! Bamwe bashyira hejuru ibyo babonye bakabinganyisha n’Ibyanditswe cyangwa ndetse bakabishyira hejuru y’Ibyanditswe. Niba ukurikiza inyigisho y’Ibyanditswe mu kurera abana bawe hanyuma umwe akakugomera, mbese ugeraho ukava mu buyobozi bw’Ibyanditswe ugakurikiza intekerezo zikomeye zo mu isi ya none? Cyangwa se, mu kwemera kamere idakuka y’Ibyanditswe byahumetswe n’Imana, usuzuma ugusobanukirwa no gushyira Bibiliya mu bikorwa kwawe ku byerekeye uko urera abana, cyangwa ushaka kandi ugasuzuma ibindi bintu bigiramo uruhare? Mbese ikibazo kiri ku Byanditswe cyangwa ku gusobanukirwa kwanjye n’uko Ibyanditswe bishyirwa mu bikorwa?

(6) Ibyo umuntu w’imbere: Aha na none, ubutware si ubwa Bibiliya ahubwo ni ubw’uko ibintu bimeze. Muri ubu buryo ubutware cyangwa icyo bashingiraho ni uko tugomba gukora ikintu dukunda kurusha ibindi. Ariko se icyo ni iki? Muri ubu buryo, nta kituyobora kidasubirwaho ku cyo dukunda, ni ibitekerezo bigufi ndetse akenshi kwikunda kw’umuntu gusa.

      Twagombye kuyibonana urukundo, agaciro, n’icyubahiro

Twagombye kurebana Bibiliya urukundo, agaciro, n’icyubahiro bijyana ku kwifuza n’umuhati wo kuyimenya no kuyishyira mu bikorwa.

Zaburi 119:72 ‘Amategeko yo mu kanwa kawe ni ay’igiciro kuri jye kiruta icy’ibihe ibihumbi by’ifeza n’izahabu.’

Zaburi 119:140 ‘Ijambo ryawe ryaravugutiwe cyane; Ni cyo gitum’umugaragu wawe ndikunda.’

Yesaya 66:2 “Kuko ibyo byose ukuboko kwanjye ari ko kwabiremye, bikabaho byose, ni ko Uwiteka avuga; ariko uwo nitaho ni umukene ufite umutima umenetse, agahindishwa umushitsi n’Ijambo ryanjye.”

2 Timoteyo 2:15 ‘Ujy’ugir’umwete wo kwishyir’Imana nk’ushimwa, umukozi udakwiriye kugir’ipfunwe, ukwiriranya nez’Ijambo ry’ukuri.’

Amahame mu gukoresha Bibiliya

      Umuntu akeneye kubyarwa bundi bushya

Abantu bakeneye guhindurwa bashya mu by’Umwuka kugira ngo basobanukirwe kandi bagirane ubumwe n’ukuri k’Umwuka kw’Ibyanditswe. 1 Abakorinto 2:14 havuga ko umuntu wa kamere (ni ukuvuga utarahindurwa mushya) adashobora kwemera (kwakira) iby’Umwuka w’Imana; kuko ari ubupfu kuri we, kandi akaba atabasha kubimenya, kuko bisobanurwa mu buryo bw’Umwuka.

Gusobanukirwa ukuri kw’Ijambo ry’Imana mu by’Umwuka bisaba umurimo wo kumurikirwa n’Umwuka Wera. Mbere y’agakiza, Umwuka w’Imana akorera gushoboza utizera gusobanukirwa iby’agakiza no kuzana abantu ku kwizera Kristo.

Yohana 16:8-11 ‘Ubw’azaza, azatsind’ab’isi, abemez’iby’icyaha n’ibyo gukiranuka, n’iby’amateka; 9 iby’icyaha, kuko batanyizeye; 10 n’ibyo gukiranuka, kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona: 11 n’iby’amateka, kuk’umutware w’ab’iyi si aciriwehw’iteka.’

2 Abatesalonike 2:13-14 ‘Kukw’Adamu ariwe wabanje kuremwa, nyuma hagakurikiraho Eva. 14 Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubw’umugore ni we wayobejwe rwose ahinduk’umunyabicumuro.’

      Mbere y’agakiza, icyakora, n’ubushobozi bushya mu by’Umwuka agakiza gatanga, umuntu udakijijwe ntashobora gufungura Bibiliya ngo asobanukirwe kandi yumve n’ukuri na guke. Ku muntu udakijijwe, ni ubupfu. Ibi ntibivuga ko udakijijwe adashobora kukoresha Bibiliya mu buryo bw’ibyo kwitwara neza nk’amategeko y’uko abantu bakwiye kwitwara. Abenshi bakora ibi. Bakoresha ibice bimwe byo muri Bibiliya nk’Amategeko Icumi cyangwa amategeko Yesu yavugiye ku musozi kugira ngo berekane gukiranuka kwabo cyangwa ngo bumve bahagaze badatsinzwe imbere y’Imana, ariko babura ukuri nk’umuntu wayobye no gukiranuka kuzanwa no kwizera Imana konyine. Abafarisayo bakoraga ibi neza neza. Bari abayobozi bahumirije bayobora impumyi kandi ntibari basobanukiwe ukuri kw’Ibyanditswe n’uko bari bakeneye Umucunguzi ubabazwa.

Matayo 15:12-13 ‘Maz’abigishwa baramwegera baramubaza bati: Uzi yuko Abafarisayo barakajwe no kumv’ayo magambo? 13 Arabasubiz’ati: igiti cyose Data wo mw’ijur’adateye kizarandurwa.’

Abaroma 10:1-4 ‘Bene Data, iby’umutima wanjye wifuza, ni byo nsabir’Abisirayeli ku Mana, no kugira ngo bakizwe. 2 Ndabahamya yuko bafit’ishyaka ry’Imana, ariko ritava mu bwenge; kuk’ubwo bari batazi gukiranuka kw’Imana ukw’ari ko, bagerageje kwihangira gukiranuka kwab’ubwabo bituma basuzugura gukiranuka kw’Imana: 4 kuko Kristo ari w’amategekw’asohoraho, kandi ni w’uhesh’uwizera wese gukiranuka.’

Yohana 16:8-11 ‘Ubw’azaza, azatsind’ab’isi, abemez’iby’icyaha n’ibyo gukiranuka, n’iby’amateka; 9 iby’icyaha, kuko batanyizeye; 10 n’ibyo gukiranuka, kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona: 11 n’iby’amateka, kuk’umutware w’ab’iyi si aciriwehw’iteka.’

Yohani 16:8-11 hatwigisha ko umurimo w’Umwuka wo kumurikira utizera ugenewe mbere na mbere kuneshesha ubuhumyi bw’umuntu utarahindurwa ku kuri kwa ngombwa kw’agakiza kazanwa no kwizera Kristo n’umurimo We. Iyo umuntu yiringiye Kristo, icyakora, ahindurwa mushya, agahabwa ubugingo bushya, maze ubuhumyi bw’Umwuka bavukanye bukavanwaho. Ibi bisa n’aho ari byo intumwa Pawulo yari afite ku mutima mu Befeso 1:17-18,

‘Kugira ngw’Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ariyo Data wa twese w’icyubahiro ibah’Umwuka w’ubwenge no guhishurirwa bitume muyimenya; 18 ngw’amaso y’imitima yany’abon’ukw’ahweza, mumeny’ibyo mwiringizwa n’Iyabahamagaye; mumenye n’ubutunzi bw’ubgiza bw’iby’azarag’abera;’

Mu murongo wa 17, Pawulo asabira abizera b’Abefeso kugira umutima w’ubwenge no guhishurwa mu kumenya Umwami. Umurongo wa 18 uduha (a) impamvu itera Pawulo gusabira gusobanukirwa kwabo, “ngo amaso y’imitima yabo abone uko ahweza binyuze mu guhindurwa mu by’Umwuka kugira ngo bamenye kandi basobanukirwe neza ukuri kw’Imana,” cyangwa (b) Pawulo yavugaga ku ngaruka z’isengesho rye ryo mu murongo wa 17 – “imitima ihwejeshejwe ngo ishobore gusobanukirwa.” Mu buryo bwombi yabasabiye kubera ko ari ibyaremwe mu Mwuka bishya muri Kristo (2 Abakorinto 5:17) bishobora gusobanukirwa ukuri k’Umwuka. Iki gice mu Kigiriki cyanditswe gitya, “amaso y’imitima yanyu ahwejeshejwe, kugira ngo mubashe kumenya ...” ‘Ahwejeshejwe’ byerekana igikorwa cyarangiye mu gihe cyashize gifite ingaruka mu gihe cy’ubu. Ikigiriki aha cyibanda ku kurangira kw’igikorwa, ku ngaruka, cyangwa byombi. Mu gitekerezo cya mbere cyavuzwe haruguru aha, icyibandwaho ni uguhindurwa mushya mu by’Umwuka, mu gitekerezo cya kabiri, icyibandwaho ni ingaruka intumwa Pawulo yavuzeho mu isengesho zitaraba.

      Umuntu akeneye kuba mu bumwe

Umwuka w’Ukuri ni inyito yihariye y’Umwuka ku bw’umurimo We wo kutwigisha Ijambo ry’Ukuri (Yohana 4:24; 15:5; 1 Abakorinto 2:15-3:3; Abefeso 3:16-19).

Kumurika k’Umwuka mu Ijambo ry’Ukuri ni umurimo w’Umwuka w’Ukuri iteka. Umwizera wabyawe ubwa kabiri, n’ubwo ubu ari muzima mu buryo bw’Umwuka, kandi akaba afite ubushobozi bw’Umwuka bushya, aracyakeneye kuyoborwa n’Umwuka niba agomba kugira umurimo wo kwigisha w’Umwuka. Abigishwa bari abantu bahinduwe bashya, ariko bari bagikeneye umurimo wo guturwamo n’uwo kuyoborwa n’Umwuka. Kristo yarababwiye ati, “Ndacyafite ibyo kubabwira byinshi, ariko ubu ntimubasha kubyihanganira.” Uwo Mwuka w’Ukuri naza azabayobora mu kuri kwose: kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva ni ibyo azavuga: kandi azababwira ibyenda kubaho’ (Yohana 16:12-13).

Gereranya na none amagambo ya Pawulo n’ibyo Abefeso b’abizera mu Befeso 3:16-19 :

‘Ngo abahe, nkuko ubutunzi bw’ubwiza bwe buri, gukomezwa cyane mu mitima yanyu kubw’Umwuka we; 17 kandi ngo Kristo ahore mu mitima yanyu kubwo kwizera, kugira ngo, ubwo mumaze gushorera imizi mu rukundo, mukaba mushikamye, 18 ngo muhabw’imbaraga no kumenyera hamwe n’abera bos’ubugari n’uburebure bw’umurambararo, n’uburebure bw’igihagararo, n’uburebure bw’ikijyepfo ubw’ari bwo, 19 mumenye n’urukundo rwa Kristo rurut’uko rumenywa ngo mwuzuzwe kugeza ku kwuzura kw’Imana.’

Kubera ko icyaha kizwi no kutagira icyo umuntu yitaho mu by’Umwuka biteza agahinda Umwuka kandi bikazimya imbaraga Ze, biragaragara ko umukristo wa kamere (uwo muri we Umwuka aba atejwe agahinda kandi azimijwe) adashobora gusobanukirwa ibikomeye byo mu Ijambo ry’Imana cyangwa ngo agire ukuri na kumwe ko mu Ijambo abona muri twe. ‘Ubujiji butangaje bw’abakristo benshi bwerekeye ku bintu byo mu Ijambo ry’Imana buterwa na kamere yabo no kudashaka imigisha y’ubugingo bwuzuye Umwuka.’85

      Intumwa Pawulo n’umwanditsi w’Abaheburayo banditse kuri ibi (1 Abakorinto 2:14-3:3; Abaheburayo 5:11-14).

      Umuntu akeneye gusoma, kwiga no gutekereza hamwe n’imyifatire ikwiriye

(1) Dukeneye kuba abategereza

Zaburi 119:148 ‘Amaso yanjy’abanziriz’ibicuku, Kugira ngo nibwir’Ijambo ryawe.’

(2) Dukeneye kuba abigishwa

Zaburi 119:33 ‘Uwiteka, ujy’unyigish’inzira y’amategeko wandikishije: kugira ngo nyitondere kugeza ku mperuka.’

Ibyakozwe 17:11 ‘Arikw’abo bo bari beza kurut’ab’i Tesalonike, kuko bakiranye Ijambo ry’Imana umutima ukunze, bashaka mu Byanditswe iminsi yose, kugira ngo bamenye yuko ibyo bababwiye ar’iby’ukuri koko.’

(3) Dukeneye kuba abanyamasengesho kandi bishingikiriza ku Mana

Zaburi 119:18 ‘Hwejesh’amaso yanjye, Kugira ngo ndeb’ibitangaza byo mu mategeko yawe.’

(4) Dukeneye kuba abizera

Abaheburayo 11:3 ‘Kwizera ni kwo kutumenyesha yuko isi yaremwe n’Ijambo ry’Imana, ni cyo cyatumy’ibiboneka bitaremwa mu bigaragara.’

      Umuntu akeneye gufata Ijambo ry’Imana uko bikwiriye

Nk’abahanga mu gufata Ijambo ry’Imana uko bikwiye, dukeneye kugira uburyo bwo kwiga no gusobanura budushoboza gukura mu byo dusomye uko bivuga nyakuri. Ibi bishobora gukenera uburyo butuma Ibyanditswe bigira ubutware kandi tukareka akaba ari byo bivuga ubwabyo.

2 Timoteyo 2:15 “Ujye ugira umwete wo kwishyira Imana nk’ushimwa, umukozi udakwiriye kugira ipfunwe, ukwiriranya neza Ijambo ry’ukuri.”

2 Petero 3: 16 ‘Ndetse no mu nzandiko ze zose yavuze ibyerekeye ibyo: icyakora zirimo bimwe biruhije gusobanukirwa, iby’abaswa bahindagurika bagoreka, nk’uko bagir’Ibyanditswe bindi bakizanira kurimbuka.’

Dukunda gusoma ibyo twitekerereza n’ibyo twibwira mu Byanditswe. Ibi bivuga ko dukeneye kwiga Bibiliya, dutekereza duhereye ku cyihariye, amagambo arambuye yo mu gice dusoma, tukagera ku bya rusange, bihuje n’ubusobanuro bw’icyo gice.

Mu busobanuro duha Ibyanditswe tugomba kubonamo icyo igice kivuga, si ukugihimbira. Luteri yaranditse ati, ‘Umwigisha mwiza si uha ubusobanuro Ibyanditswe, ahubwo ni ubukura mu Byanditswe. Gusobanura ni ukuzana hejuru ubusobanuro bw’igice; gusobanura nabi ni ugusoma ibyo twitekerereza muri icyo gice. Gusobanura duhereye ku cyihariye ni ukureka Ibyanditswe bikivugira ubwabyo.86

Uburyo buteza imbere ibyo gusobanura duhereye ku cyihariye cyangwa ubusobanuro bwiza ni bwo busobanuro bukwiriye. Dukeneye mu masengesho no kwishingikiriza Imana gusuzuma no kwitegereza igice muri buri kantu, mu bivugwa, iby’umuco n’amateka, ubusobanuro busanzwe bw’amagambo, ikibonezamvugo, n’injyana ya Bibiliya, hanyuma duhereye kuri buri kantu twabonye, tugashaka mu masengesho gusobanura igice nk’uko ubusobanuro bwacyo buri. Hamwe n’ubwo busobanuro mu mutima, dushobora noneho gushyiraho amahame ashingiye kuri Bibiliya (reba amashusho aho iri somo rirangiriye).

      Umuntu akeneye kwiga Bibiliya afite igitekerezo cyo kuyishyira mu bikorwa no kuyishyira mu mibereho ye

Guhishurwa kw’Ijambo ry’Imana gukeneye igisubizo cyo gufata ko imico yaryo ari iy’Ijambo Ryera ry’Imana ku muntu. Intego yo kwiga Bibiliya yose igomba iteka kuba gushyira mu bikorwa twitonze ukuri kw’Imana kubwo kwizera, ni ukuvuga kwumva by’ukuri ijwi ry’Imana mu Byanditswe. Gukura gukomera mu by’Umwuka - intego nyakuri yo kumenya Ukuri kw’Imana - ntibishoboka tudashyize Bibiliya mu bikorwa no mu bugingo bwacu ngo dukomeze ubucuti bwacu n’Imana, tugire kwiyemeza aho biri ngomwa, duteze imbere kwizera no kwumvira kuzanwa no kwizera kandi twerekane mu bugingo bwacu imico ya Kristo (reba 2 Timoteyo 3:16-17; Abakolosayi 1:9-12; Lika 8:21; 11:28).

Imigani 20:27 ‘Umwuka w’umuntu n’urumuri yahawe n’Uwiteka; rusesengur’ibihishwe mu mutima.’

Zaburi 139:23-24 ‘Mana, ndondora, umeny’umutima wanjye: Mvugutira, umeny’ibyo ntekereza: 24 Urebe yuko harihw’inzira y’ibibi indimo, unshorerere mu nzira y’iteka ryose.’

Zaburi 119:59 ‘Njya ntekerez’inzira zanjye, ngahindurir’ibirenge byanjye ku byo wahamije.’

Yakobo 1:22-27 ‘Ariko rero mujye mukor’iby’iryo Jambo atar’ ugupfa kuryumva gusa, mwishuka; 23 kuk’ uwumv’ Ijambo gusa, ntakor’ ibyaryo, ameze nk’ umuntu urebeye mu maso he mu ndorerwamo. 24 Amaze kwireba, akagenda, uwo mwanya akiyibagirwa ukwasa. 25 Arik’ uwitegereza mu mategekw’atunganye rwose ater’umudendezo, agakomeza kugir’umwete wayo, atar’uwumva gus’akibagirwa, ahubw’ariyumvira, niw’uzahabw’umugisha muby’akora. 26 Umuntu ni yibwira kw’ar’umunyadini, ntageng’ururimi rwe, ahubw’akishuka mu mutima, idini ry’uwo muntu riba ar’ubusa. 27 Idini ritunganye kandi ritanduy’imbere y’Imana Data wa twese ni iri: ni ugusur’imfubyi n’abapfakazi mu mibabaro yabo, no kwirinda kutanduzwa n’iby’isi’.

Tugomba kwibuka iteka ko intego yacu mu kwiga Ibyanditswe ari ukubishyira mu bikorwa twumvira Imana nzima, icyakora, ariko aha hari ibigomba kwitonderwa. Zuck, ufite igice cyiza cyane ku byo gushyira Ijambo ry’Imana mu bikorwa ubu, yaranditse ati:

Abakristo bakunda gukora ikosa rimwe cyangwa abiri mu gushyira Bibiliya mu bikorwa. Rimwe bayitaho buke cyane, ubundi bakayitaho bikabije.

Mu ikosa rya mbere bamwe bakeka ko ubusobanuro buhagije, ko kwiga Bibiliya biba byuzuye iyo igice cyasobanuwe. Mu ikosa rya kabiri, abandi basa n’abashaka kuyishyira mu bikorwa batarayisobanukirwa neza kandi byuzuye. Koko rero, kuyishyira mu bikorwa tutarayisobanukirwa bidutera kubikora uko bidakwiriye.

Kwirengagiza gushyira mu bikorwa Ibyanditswe bituma Bibiliya nk’isomo ryo mu ishuri riba rikeneye gusobanurwa gusa nta kwita cyangwa tukita buke ku kamaro n’ingaruka igira ku bugingo bwacu. Ni amakosa gufata Ibyanditswe nk’igitabo kivamo amakuru gusa, nk’igitabo tugomba kureba gusa kubera ubumenyi tuba dukeneye kuvanamo.87

Ibyiyongera ku kumenya Imana bya gicuti no kuyikunda kurushaho, ntitukibagirwe ko indi ntego y’ingenzi yo kwiga Ijambo ryahumetswe ry’Imana, nk’uko Pawulo abidushishikariza muri 2 Timoteyo 3:16-17, ari ukuba abantu b’Imana bashyitse, bafite ibibakwiriye byose, ngo bakore imirimo myiza yose. Nk’ubwoko bwite bw’Imana, tugomba kuba abantu bagira ishyaka ry’imirimo myiza (Tito 2:14).

Mu gihe amasomo yo mu ishuri ari ingenzi mu kwiga neza Ijambo ry’Imana, ni na none igikorwa cy’Umwuka, kubera ko Umwuka w’Ukuri ari We Mwigisha wacu w’ibanze utwemeza kandi akadushoboza guhuza ubugingo bwacu n’ukuri kw’Ibyanditswe. Ku bitekerezo bimwe mu gutegura umutima kumva Ijambo ry’Imana reba Umugereka wa 3.

Imana ibahe imigisha mu nyigisho yanyu y’Ijambo ryayo ryera cyane kandi ry’imbaraga.

‘Kandi none mbaragij’Imana n’Ijambo ry’ubuntu bwayo ribasha kububaka no kubahan’ibiragwa n’abejejwe bose.’(Ibyakozwe 20:32)


66 Evidence That Demands a Verdict, by Josh McDowell, Lewis Sperry Chafer’s Systematic Theology, Vol. 1, and When Skeptics Ask, by Norman L. Geisler and Ronald M. Brooks, pp. 141-161.

67 Norman L. Geisler and Ronald M. Brooks, When Skeptics Ask, Victor Books, Wheaton, 1990, p. 143.

68 Charles C. Ryrie, Basic Theology, Victor Books, Wheaton, 1986, p. 67.

69 Fritz Rienecker, A Linguistic Key To The Greek New Testament, edited by Cleon L. Rogers, Jr., Regency, Grand Rapids, 1976, p. 647.

70 Ryrie , Basic Theology, p. 69.

71 John R. Stott, Between Two Worlds, Eerdmans, Grand Rapids, 1982, p. 51.

72 John R. Stott, Between Two Worlds, p. 52.

73 Abbot-Smith, A Manual Greek Lexicon of the New Testament, T. & T. Clark, Edinburgh, 1937, p. 116.

74 Ralph Gower, The New Manners and Customs of Bible Times, Moody Press, Chicago, 1987, p. 108.

75 Emmett Cooper, “Sweeter Than Honey,” Kindred Spirit, Dallas Seminary, Autumn, 1991, p. 14.

76 Cooper, “Sweeter Than Honey,” Kindred Spirit, p. 15.

77 Cooper, “Sweeter Than Honey,” Kindred Spirit, p. 15.

78 Gower, p. 86.

79 Charles C. Ryrie, So Great Salvation, Victor Books, Wheaton, 1989, pp. 32-33. Quoting John Calvin, “Prefatory Address to King Francis,” Institutes of Christian Religion, p. 3.

80 Ryrie, So Great Salvation, pp. 32-33.

81 Ryrie, So Great Salvation, pp. 32-33.

82 The American Heritage Dictionary and Electronic Thesaurus, Houghton Mifflin, 1986, 1987.

83 The Concise Columbia Encyclopedia, Columbia University Press, 1989, 1991.

84 Inyigisho zikurikira kuva kuri byaturuste mu gitabo cya Dr. Earl Radmacher cyitwa “Controversial Spiritual Gifts”.

85 John F. Walvoord, The Holy Spirit, Dunham, Grand Rapids, 1958, pp. 220-221.

86 Bernard Ramm, Protestant Biblical Interpretation, W. A. Wilde, Boston, 1956, p. 119.

87 Roy B. Zuck, Basic Bible Interpretation, Victor Books, Wheaton, 1991, p. 279.

Related Topics: Basics for Christians

Report Inappropriate Ad