MENU

Where the world comes to study the Bible

Ibyiringiro By’uko Imana Yateganirije Icyaha

Intangiriro

Hazavuka ibibazo byinshi byerekeye ingorane z'icyaha mu bugingo bw'umwizera. Kuki nkomeza gucumura? Mbikoraho iki? Mbabarirwa nte? Mbasha nte kunesha imigendere yanjye ya mbere? Umwizera afite imbere ye ikibazo cyo guhitamo nkuko mu Baroma 7:15-18 n'icy'intambara nk'iyo mu Bagalatiya 5:17. Uko bigaragara, ibi bivuga ko abakristo mu bwihebe bakeneye kuyoborwa no guhumurizwa biva mu Ijambo ry'Imana kuri iki kibazo.

Abaroma 7:15-18 "Sinzi ibyo nkora; kuko ibyo nshaka, atari byo nkora; ahubwo ibyo nanga, akaba ari byo nkora. 16 Ariko ubwo nkora ibyo ndashaka, nemera ko amategeko ari meza. 17 Nuko rero noneho si jye uba nkibikora, ahubwo ni icyaha kimbamo. 18 Nzi yuko muri jye, ibyo ni ukuvuga muri kamere yanjye, nta cyiza kimbamo: kuko mpora nifuza gukora icyiza, ariko kugikora nta ko;"

Abagalatiya 5:17 "Kuko kamere irarikira ibyo Umwuka yanga, kandi Umwuka yifuza ibyo kamere yanga: kuko ibyo bihabanye, ni cyo gituma ibyo mushaka gukora atari byo mukora."

Ubusobanuro bw'icyaha

Icyaha ni ukuva muri kimwe mu bipimo by'Imana. Ni ukunanirwa gukurikiza amategeko y'Imana, haba mu bikorwa, imico, cyangwa imimerere. Ni ikintu cyose mu muntu kiterekana cyangwa kinyuranye na kamere yera y'Imana. 7

Amoko y'ibyaha

Imirongo y'ingenzi:

Imigani 6:16-19 "Hariho ibintu bitandatu, ndetse birindwi, Uwiteka yanga, bimubera ikizira, ni ibi: 17 Amaso y'ubwibone, ururimi rubeshya, amaboko avusha amaraso y'utariho urubanza, 18 Umutima ugambirira ibibi, amaguru yihutira kugira urugomo, 19 Umugabo w'indarikwa uvuga ibinyoma, n'uteranya abavandimwe."

Abefeso 5:19-22 "Mubwirane Zaburi n'indirimbo n'ibihimbano by'Umwuka, muririmba, mucurangira Umwami wacu mu mitima yanyu. 20 Mujye mushima Imana, Data wa twese, ku bw'ibintu byose, mubiyishimira mu izina ry'Umwami wacu Yesu Kristo: 21 kandi mugandukirane ku bwo kwubaha Kristo."

Ku byo kworoshya no gufasha mu gusobanukirwa kamere y'icyaha, dushobora gushyira icyaha mu moko ane:

      Kutakira ubuntu bw'Imana

Kutakira ubuntu bw'Imana bisobanura kutiyegurira Imana n'ubuntu bwayo itanga, no gushaka kubaho ku bwacu. Bikubiyemo ibintu nko kutita ku Ijambo ry'Imana, kudaterana n'abandi ku bwo guhumurizwa mu Mwuka, no kudasenga ngo twereke Imana ibyo dukennye.

Abaheburayo 12:15 "Mwirinde hatagira umuntu ugwa akava mu buntu bw'Imana, kandi hatagira umuzi wo gusharira umera, ukabahagarika imitima, abenshi bagahumana."

Yesaya 50:11 "Yemwe abacana mwese, mukikize imuri impande zose, nimugendere mu mucyo w'umuriro wanyu no mu w'imuri mukongeje. Ibyo mbageneye ni ibi, muzaryamana umubabaro."

Yeremiya 2:13 "Kuko abantu banjye bakoze ibyaha bibiri: baranyimuye, kandi ari jye soko y'amazi y'ubugingo; kandi bikorogoshoreye ibitega mu rutare, ndetse ni ibitega bitobotse, bitabasha gukomeza amazi."

Yeremiya 17:5 "Uku ni ko Uwiteka avuga, ati: Havumwe umuntu wiringira undi muntu, akishima amaboko ye, mu mutima we akimura Uwiteka."

Irya mbere, kutakira ubuntu bw'Imana bivuga gushaka gukora iby'ubugingo n'ubushobozi n'ingamba byacu aho gukoresha imbaraga zitangwa n'Imana.

Abaheburayo 4:16 "Nuko rero twegere intebe y'ubuntu tudatinya, kugira ngo tubabarirwe tubone ubuntu bwo kudutabara mu gihe gikwiriye."

Abaheburayo 10:25 "Twe kwirengagiza guteranira hamwe, nk'uko bamwe bajya bagira, ahubwo duhugurane, kandi uko mubonye urya munsi wegera, mube ari ko murushaho kugenza mutyo."

Abagalatiya 5:5 "Naho twebwe, ku bw'Umwuka, dutegereje kuzakiranuka, twiringiye ko tuzabiheshwa no kwizera."

Abagalatiya 5:16 "Ndavuga nti: Muyoborwe n'Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira."

Abefeso 6:10-18 "Ibisigaye, mukomerere mu Mwami no mu mbaraga z'ubushobozi bwe bwinshi. 11 Mwambare intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe guhagarara mudatsinzwe n'uburiganya bwa Satani. 12 Kuko tudakirana n'abafite amaraso n'umubiri; ahubwo dukirana n'abatware n'abafite ubushobozi n'abategeka iyi si y'umwijima, n'imyuka mibi y'ahantu ho mw'ijuru. 13 Nuko rero, mutware intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe gukomera ku munsi mubi, kandi murangije byose,mubashe guhagarara mudatsinzwe. 14 Muhagarare mushikamye, mukenyeye ukuri, mwambaye gukiranuka nk'icyuma gikingira igituza: 15 mukwese inkweto, nizo butumwa bwiza bw'amahoro bubiteguza: 16 kandi ikigeretse kuri ibyo byose, mutware kwizera nk'ingabo; ni ko muzashoboza kuzimisha imyambi ya wa Mubi yose yaka umuriro. 17 Mwakire agakiza, kabe ingofero; mwakire n'inkota y'Umwuka, niyo Jambo ry'Imana; 18 mushengeshe Umwuka iteka mu buryo bwose bwo gusenga no kwinginga: kandi kubw'ibyo mugumye rwose kuba maso, musabire abera bose."

      Ibitekerezo bibi cyangwa imyifatire nkora-cyaha

Ibi byaha birimo imyifatire nko gusharira, kwangana, kwiganyira, ishyari, kurarikira, kwifuza, kutishima, n'urwango.

Abagalatiya 5: 19-21 "Dore imirimo ya kamere iragaragara, ni iyi; gusambana, no gukora ibiteye isoni, n'iby'isoni nke, no gusenga ibishushanyo, no kurigira, no kwangana, no gutongana, n'ishyari, n'umujinya, n’amahane, no kwitandukanya, no kwirema ibice, no kugomanwa, no gusinda, n'ibiganiro bibi, n'ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare, nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw'Imana."

Matayo: 15:19 "Kuko mu mutima w'umuntu ariho haturuka ibitekerezo bibi, kwica, gusambana, guheheta, kwiba, kubeshyera abandi, n'ibitutsi."

      Ibyaha by'ururimi

Ibyaha by'ururimi birimo kubeshya, kubeshyera abandi, kuryarya, ibiganiro bibi, gusebanya, gukwiza urwango muri bene data, n'amagambo y'uburakari.

Imigani: 6:17-19 "Amaso y'ubwibone, ururimi rubeshya, amaboko avusha amaraso y'utariho urubanza, 18 Umutima ugambirira ibibi, Amaguru yihutira kugira urugomo, 19 Umugabo w'indarikwa uvuga ibinyoma, N'uteranya abavandimwe."

Matayo 15:19 "Kuko mu mutima w'umuntu ariho haturuka ibitekerezo bibi, kwica, gusambana, guheheta, kwiba, kubeshyera abandi, n'ibitutsi."

Abefeso 5:4 "Cyangwa ibiteye isoni, cyangwa amagambo y'ubupfu, cyangwa amashyengo mabi, kuko ibyo bidakwiriye; ahubwo mushime Imana."

Abefeso 4:29 "Ijambo ryose riteye isoni ntirigaturuke mu kanwa kanyu, ahubwo uko mubonye uburyo, mujye muvuga iryiza ryose ryo gukomeza abandi, kugira ngo riheshe abaryumva umugisha."

      Ibyaha byibonekeza

Ibyaha byibonekeza birimo gusambana, guheheta, kwiba, guhuguza, kwica, no kwiyandarika.

Matayo 15:19 "Kuko mu mutima w'umuntu ariho haturuka ibitekerezo bibi, kwica, gusambana, guheheta, kwiba, kubeshyera abandi n'ibitutsi."

Abagaratia 5:19-20 "Dore imirimo ya kamere iragaragara; ni iyi: gusambana, no gukora ibiteye isoni, n'iby'isoni nke, 20 gusenga ibishushanyo, no kuroga, no kwangana, no gutongana, n'ishyari, n'umujinya, n'amahane, no kwitandukanya, no kwirema ibice."

Uko dutekereza kuri aya moko uko ari ane, ni ngombwa kubireba dukurikije impamvu n'ingaruka z’icyaha Umwami yavuze kuri ibi mu bice bikurikira:

Matayo 12:34-37 "Mwa bana b'inshira mwe, mwabasha mute kuvuga amagambo meza, muri babi? Ibyuzuye mu mutima, nibyo akanwa kavuga. 35 Umuntu mwiza atanga ibyiza abikuye mu butunzi bwe bwiza, n'umuntu mubi atanga ibibi abikuye mu butunzi bwe bubi. 36 Kandi ndababwira yuko ijambo ry'imfa-busa ryose abantu bavuga bazaribazwa ku munsi w'amateka. 37 Amagambo yawe ni yo azagutsindishiriza, kandi n'amagambo yawe ni yo azagutsindisha."

Matayo 15:18-19 "Ariko ibiva mu kanwa biba bivuye mu mutima, nibyo bihumanya umuntu. 19 Kuko mu mutima w'umuntu ariho haturuka ibitekerezo bibi, kwica, gusambana, guheheta, kwiba, kubeshyera abandi, n'ibitutsi."

Ibyuzuye umutima bisesekara ku munwa. Muri Bibiliya, umutima ushobora kugereranywa n'intekerezo, amaranga-mutima, cyangwa ubwende, intekerezo, gukorwa ku mutima. Iyo dutekereje ibibi bitajyanye n'intekerezo za Kristo, tuvuga ari byo dukurikije. Ibyaha by'ururimi ni imbuto z'ibyaha byo mu mutima cyangwa imyifatire nkora-cyaha. Iyo twuzuye ibitekerezo bibi byo kwifuza, cyangwa ishyari, cyangwa uburakari, cyangwa ubwoba, bidutera kuryarya abandi, kwiyemera cyangwa kwivuga ibigwi, gushyira abandi hasi tubajora cyangwa kunegura, cyangwa se kuvuga mu buryo budahuje no kwizera, urukundo n'ibyiringiro.

N'ibitekerezo bibi rero bifite inkomoko cyangwa imizi. Bitondekanije muri Matayo 15:19 hamwe no kwica, gusambana, guheheta, kwiba, kubeshyera abandi, n'ibitutsi n'ibyaha by'"intekerezo mbi." Mu by'ukuri ibi byaha bindi biva mu bitekerezo bibi, ariko ibitekerezo bibi byo biva he? Menya ko muri Matayo 12:34-35 Umwami agereranya ibyuzuye umutima n'ubukire. Ubukire ni bwiza cyangwa bubi. Ubukire ni ikintu duha agaciro, ariko se kuki tubuha agaciro? Kubera ibyo dutekereza buzatumarira nko kugura ibyo twifuza cyangwa dukeneye.

Ndatekereza ko ibitekerezo bibi biva mu byiringiro bipfuye cyangwa ibibeshyo by'ibyo twizera. Iyo twifuza tukararikira ibyo abandi batunze, urugero, dutsindwa no gutekereza no kwizera ko dukeneye amahoro n'ibyishimo.

Iyo dutekereje dutyo, tuba twizeye uburiganya bwa Satani n'ubw'isi ko ibyishimo bizanwa n'ubwinshi bw'ibyo dutunze byaba kumenyekana, ibinezeza, umwanya, imbaraga, impano, cyangwa ibintu.

Gushyira ibi mu bikorwa mu buryo bworoshye bivuga ko, kugira ngo duhangane n'icyaha mu bugingo bwacu tugomba kwiga kurebera icyaha hejuru tukareba ku mizi yacyo biti ihi se ntituzigera tugira guhinduka kw'iteka gutangirira mu kwizera ko mu bugingo bwacu imbere. Ibyiyongereyeho bivugwa mo biri hepfo aha.

Ibyateganirijwe kubabarirwa ibyaha

Imirongo y'ingenzi:

1 Yohana 1:8-10 "Ni tuvuga yuko ari nta cyaha dufite, tuba twishutse, ukuri kukaba kutari muri twe. 9 Ariko nitwatura ibyaha byacu, niyo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu, no kutwezaho gukiranirwa kose. 10 Ni tuvuga yuko ari nta cyaha twakoze, tuba tuyise umunyabinyoma, kandi n'ijambo ryayo ntiriba riri muri twe."

Abaroma 8:31-34 "None ubwo bimeze bityo, tuvuge iki? Ubwo Imana iri mu ruhande rwacu, umubisha wacu ni nde? 32 Mbese ubwo itimanye Umwana wayo, ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n'ibindi byose? 33 Ni nde uzarega intore z'Imana? Ni Imana, kandi ari yo izitsindishiriza? 34 Ni nde uzaziciraho iteka? Ni Kristo Yesu, kandi ari we wazipfiriye; ndetse akaba yarazutse, ari iburyo bw'Imana, adusabira?"

Yohana 13:1-10 "Umunsi wa Pasika utarasohora, Yesu amenya yuko igihe cye gisohoye cyo kuva mu isi agasubira kuri Se. Urukundo yakunze abe bari mw'isi, nirwo yakomeje kubakunda kugeza imperuka. 2 Bakirya ibyo kurya bya n'ijoro, Satani yari yamaze koshya umutima wa Yuda Iskaryota mwene Simoni ngo amugambanire, 3 Yesu amenye ko Se amweguriye byose, kandi ko yavuye ku Mana, kandi ko asubira kuri yo; 4 ahaguruka aho yariraga, yiyambura umwitero, yenda igitambaro, aragikenyeza. 5 Aherako asuka amazi ku mbehe, atangira koza ibirenge by'abigishwa no kubihanaguza igitambaro akenyeje. 6 Nuko yegera Simoni Petero, nawe aramubaza ati: Data-buja, ni wowe unyoza ibirenge? 7 Yesu aramusubiza ati: Ibyo nkora ubu, ntubizi, ariko uzabimenya hanyuma. 8 Petero aramubwira ati: Reka! ntabwo nzemera na hato ko unyoza ibirenge. Yesu aramusubiza ati: Ni nta koza, ntacyo tuzaba duhuriyeho. 9 Simoni Petero aramubwira ati: Data-buja, noneho ntunyoze ibirenge byonyine, ahubwo unyuhagire n'amaboko, umese n'umutwe. 10 Yesu aramubwira ati: Uwuhagiwe nta kindi agomba keretse koga ibirenge, ngo abe aboneye rwose: namwe muraboneye, ariko si mwese."

Zaburi 32:1-5 "Hahirwa uwababariwe ibicumuro bye, ibyaha bye bigatwikirwa. 2 Hahirwa umuntu, Uwiteka atabaraho gukiranirwa, Umutima we ntubemo uburiganya. 3 Ngicecetse, amagufka yanjye ashajishwa no kuniha kwanjye umunsi ukira. 4 Kuko ukuboko kwawe ku manywa na n'ijoro kwandemereraga, Ibyuya byanjye bigahinduka nk'amapfa yo mu cyi. 5 Nakwemereye ibyaha byanjye, sinatwikiriye gukiranirwa kwanjye, Naravuze nti, Ndaturira Uwiteka ibicumuro byanjye: Nawe unkuraho urubanza rw'ibyaha byanjye."

Zaburi 51:1-13 "Mana, umbabarire ku bw'imbabazi zawe: Ku bw'imbabazi zawe nyinshi usibanganye ibicumuro byanjye. 2 Unyuhagire rwose gukiranirwa kwanjye, Unyeze unkureho ibyaha byanjye. 3 Kuko nzi ibicumuro byanjye, Ibyaha byanjye biri imbere yanjye iteka. 4 Ni wowe, ni wowe ubwawe, nacumuyeho, Nakoze icyangwa n'amaso yawe: Byabereye bityo kugira ngo uboneke k'ukiranuka n'uvuga, Kandi uboneke k'uboneye n'uca urubanza. 5 Dore, naremanywe gukiranirwa, Mu byaha ni mwo mama yambyariye. 6 Dore, ushaka ukuri ko mu mutima, Mu mutima hataboneka uzahamenyesha ubwenge. 7 Unyezeshe ezobu, ndera: Unyuhagire, ndaba umweru ndushe urubura. 8 Unyumvishe umunezero n'ibyishimo, Kugira ngo amagufa wavunnye yishime. 9 Hisha amaso yawe ibyaha byanjye Usibanganye ibyo nakiraniwe byose. 10 Mana, undememo umutima wera: Unsubizemo umutima ukomeye. 11 Ntunte kure yo mu maso yawe, Ntunkureho Umwuka wawe Wera. 12 Unsubizemo kunezezwa n'agakiza kawe; Unkomereshe umutima wemera. 13 Nibwo nzigisha inzira yawe abacumura, Abanyabyaha baguhindukirire."

Agakiza muri Kristo kaduha uburyo bwo guhangana n'icyaha mu buryo bunesha, ariko ntikadusonera ku ngorane z'icyaha no gushukwa na cyo. Imyifatire yacu n'ibyo twiyemeza ni (a) ukudakora icyaha (1 Yohana 2:1), no (b) kutagumya gukora icyaha ngo ubuntu busage (Abaroma 6:1 n'ikurikira). Kuba turi abantu, icyakora, tuzakomeza kujya ducumura tukiri muri ubu bugingo.

Ibi bivugwa neza muri 1 Yohana 1:8-2:2.

"Nituvuga yuko ari nta cyaha dufite, tuba twishutse, ukuri kukaba kutari muri twe. 9 Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu, no kutwezeho gukiranirwa kose. 10 Ni tuvuga yuko ari nta cyaha twakoze, tuba tuyise umunyabinyoma, kandi n'ijambo ryayo ntiriba riri muri twe. 2:1 Bana banjye bato, mbandikiriye ibyo, kugira ngo mudakora icyaha. Icyakora, ni hagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, ni we Yesu Kristo ukiranuka. 2 Uwo niwe mpongano y'ibyaha byacu, nyamara si ibyaha byacu gusa, ahubwo ni iby'abari mw'isi bose."

1 Yohana 2:1 "Bana banjye bato, mbandikiye ibyo, kugira ngo mudakora icyaha. Icyakora, ni hagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, niwe Yesu Kristo ukiranuka."

Abaroma 6:1-8 "Nuko tuvuge iki? Tugume gukora ibyaha ngo ubuntu busage? 2 Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute? 3 Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, kubw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe , kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari na ko natwe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, niko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6 Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha: kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8 Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tuzabanaho na we."

None se, ni muti ki Imana itanga iyo ducumuye? Igice kizwi na bose cyo mu Isezerano Rishya ni 1 Yohana 1:8-2:1

Isezerano ryo kubabarirwa ibyaha
binyuze mu kwatura

Muri 1Yohana 1:8-10 hatwerekeza ku ngingo eshatu zikurikira zo kwihana: (a) Kwatura ko dutsindwa n'icyaha; (b) Kwatura ibyaha byihariye; (c) Kwatura imikorere y’icyaha. Izi ngingo uko ari eshatu ni zo tugiye kuvugaho.

Kubera ko ijambo nyamukuru aha ari kwatura, iri jambo risobanura iki? Ijambo ry'Ikigiriki ryo kwatura muri 1 Yohana 1:9 ni homologeo. Risobanurwa ngo "kuvuga ururimi rumwe", "kwikiriza, kwemera, kumvikana". Rituruka kuri homologos, “guhuza ibitekerezo.” Tugomba kumvikana n'Imana n'Ijambo ryayo ku byerekeye icyaha no kucyemera imbere y'Imana. Reka mbabwire ibintu bibiri birebana n’ubusobanuro bw’iri jambo:

(1) Kwatura ni ibyacu kureba by'ukuri icyaha uko kiri, ko kitwangiriza kikangiriza n'abandi, kigasuzuguza Imana, kikaba ari kibi n'uko kiri uko ntigikeneye gusa imbabazi z'Imana ngo dukomeze kugirana ubumwe nayo, ahubwo ni ukukirandura mu bugingo bwacu ku bw'imbaraga z'ubuntu bw'Imana. Ntidukwiriye gusuzugura icyaha. Tugomba kwanga icyaha nk'uko Imana icyanga.

Imigani 28:13-14 "Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza; Ariko ubyatura akabireka, azababarirwa. 14 Hahirwa umuntu uhorana kubaha; Ariko uwinangira umutima azagwa mu byago."

(2) Kwatura ni ukutibabarira ubwacu ku bw'icyaha n'icyo Imana yita icyaha mu Ijambo ryayo. Dukunda akenshi kwanga kwemera ukuri kw'icyaha cyacu. Dukunda gutanga impamvu z'icyaha, kugihakana, cyangwa kugishyira ku bandi nk'uko Adamu na Eva babigenje igihe Imana yababajije mu Itangiriro 3:7-13.

Iyi myifatire ya kera iboneka neza mu mabango ane kuri atanu atangijwe n'amagambo "nituvuga" muri 1 Yohana 1:6-10. Menya ko hari ibintu bitatu muri 1 Yohana 1:8-10 tugomba kwemera. Bibiri bivugwa mu buryo bwo kwibeshya ngo, "nituvuga", (imirongo 8 na 10 ) ariko ibitandukanye n'ibyo ni ukwatura ukuri k'uko ibyaha byacu biri.

      Kwatura ko dutsinzwe n'icyaha (1 Yohana 1:8)

Yohana yandikirye abizera muri 1 Yohana ibyerekeranye n'ubumwe n'Umwami. Ijambo ry'Ikigiriki koinonia, risobanura "kwifatanya, gusangira, ubumwe, ubusabane." Mu kugendana n'Umwami mu kwizera, abizera basangira ubugingo bwe kandi bagendera mu mico ye no guhindurirwa gusa nawe. Muri 1 Yohana 2:1, 7 na 12, Yohana ahamagarana urukundo abasoma ibye ati, "bana banjye bato", "bakundwa" cyangwa "bana bato". Ntashidikanya ko bazi Umwami, kandi ko ibyaha byabo byababariwe, ahubwo ahangayikishijwe n'ubumwe no kugendana iteka kwabo n'Umwami.

Abizera bashobora kuvuga ko bafitanye ubumwe n'Imana (1 Yohana 1:6), ariko mu by'ukuri bagenda mu mwijima kubera kutemera guhangana n'icyaha. Yohana yandika yerekana igikwiriye gukomeza ubumwe no kwerekana gihamya y'ubumwe bw'ukuri.

Zaburi 57:5 "Mana, wishyire hejuru y'ijuru, Icyubahiro cyawe kibe hejuru y'isi yose."

Zaburi 58:3"Abanyabyaha batandukanywa n'Imana uhereye ku kuvuka kwabo: Iyo bavutse, uwo mwanya bariyobagiza bakabeshya."

Hariho icyakora itandukaniro hagati y'ubumwe, kuba umwana w'Imana ku bwo kuvuka ubwa kabiri mu kwizera Kristo, n'ubusabane, kugendana gicuti n'Umwami mu kwizera Kubera ububi bw'inyigisho z'ibinyoma zikomeza kwinjira mu mateka, bamwe bavuga ko bafitanye ubumwe n'Imana kandi ko batagira icyaha. Ibi bivuga ko ntacyo bishinja cyangwa ko nta bubasha bw'icyaha buba muri bo. Icyaha ni icyaha kandi cyerekana umurage w'icyaha cyangwa kwiyitaho.8 Yohana avuga ko abantu nk'abo bibeshya ubwabo, mu kuri ntibashobora kubeshya ubazi neza.

Ibitandukanye n'ibyo ni ukwatura no kwemera ko tugifite kamere y'icyaha iba muri twe. Kuvuka bundi bushya kuduha kamere nshya, ariko, ibitandukanye n'ibyo bamwe bigisha, ntabwo gukuraho burundu kamere ya kera y'icyaha iba muri twe. Imbaraga z’icyaha zirashegeshwa, ariko kamere yacyo iba igihari. Gusobanukirwa iri hame no kwemera ukuri kwaryo bidufasha kuba menge mu buryo duhangana na cyo mu kwizera umugambi w'Imana n'ubuntu twateganirijwe. Ntidushobora guhangana n'umwanzi tutazi ko ariho.

Abaroma 6:4-11"Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari na ko natwe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, niko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6 Kandi tumenye iki, y'uko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha: Kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8 Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tuzabanaho na we, 9 kuko tuzi yuko Kristo, amaze kuzuka atagipfa; urupfu rukaba rutakimufiteho urutabi. 10 Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11 Abe ariko namwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu."

Abaroma 7:14-21 "Tuzi yuko amategeko ari ay'Umwuka: ariko njyewe ndi uwa kamere, ndetse naguriwe gutegekwa n'ibyaha. Sinzi ibyo nkora; kuko ibyo nshaka, atari byo nkora; ahubwo ibyo nanga, akaba ari byo nkora. 16 Ariko ubwo nkora ibyo ndashaka, nemera ko amategeko ari meza. 17 Nuko rero noneho si njye uba nkibikora, ahubwo ni icyaha kimbamo. 18 Nzi yuko muri njye, ibyo ni ukuvuga muri kamere yanjye, nta cyiza kimbamo: kuko mpora nifuza gukora icyiza, ariko kugikora nta ko; 19 kuko icyiza nshaka atari cyo nkora, ahubwo ikibi nanga akaba aricyo nkora. 20 Ariko ubwo nkora ibyo nanga , si njye uba nkibikora, ahubwo ni icyaha kimbamo. 21 Nuko rero, mbona yuko amategeko anyifuriza gukora ibyiza , nyamara ibibi bikaba ari byo bintanga imbere."

Abagalatiya 5:17-21 "Kuko kamere irarikira ibyo Umwuka yanga, kandi Umwuka yifuza ibyo kamere yanga: kuko ibyo bihabanye, nicyo gituma ibyo mushaka gukora atari byo mukora. 18 Ariko niba muyoborwa n'Umwuka, ntimuba mugitwarwa n'amategeko. 19 Dore imirimo ya kamere iragaragara; ni iyi: gusambana, no gukora ibiteye isoni, n'iby'isoni nke, 20 no gusenga ibishushanyo, no kuroga, no kwangana, no gutongana, n'ishyari, n'umujinya, n'amahane, no kwitandukanya, no kwirema ibice, 21 no kugomanwa, no gusinda, n'ibiganiro bibi, n'ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare, nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa Ubwami bw'Imana."

      Kwatura ibyaha byihariye (1 Yohana 1:9)

Iyo tuzi ko kamere y'icyaha ikiri muri twe, twitegura kurushaho kuba menge ku bushobozi bw'ibyaha byihariye tugakenera kubyaturira Imana no guhangana na byo. Yohana aravuga ati, "Ariko nitwatura ibyaha byacu, Ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose" (1 Yohana 1:9)

"Ibyaha” mu murongo wa 9 riri mu bwinshi kandi mu Kigiriki rifite imbanzirizajambo. Mu murongo wa 8 ijambo “icyaha” riri mu buke nta mbanzirizajambo. Yohana arandika iby'icyaha runaka n'ibyaha byihariye Imana itwereka. Ntitugomba gusaba Umwami kutubabarira ibyaha gusa. Isengesho nk'iryo rikora ibintu bitatu:

(1)Ribumbira hamwe ibyaha byacu nta kureba ukuri kw'icyaha runaka mu bugingo bwacu.

(2) Riba uburyo bwo guhisha ibyaha byacu no kubyiyibagiza.

(3) Ritubera inzitizi zo guhangana n'ibyaha byihariye no kugera ku kibitera binyuze mu kwizera amahame y'Ibyanditswe Byera.

"Kwatura" iri mu ndagihe ikomeza mu Kigiriki. Ibi ni byo bita indagihe yisubiramo. Yerekeye igikorwa gikomeza kandi cyisubiramo nk'icy'inkorora itavuvuka. Mu buryo bwisubiramo,tumenye icyaha, bityo tukaba tugomba muri uwo mwanya kucyatura no gushakira mu murimo w'Umwuka w'Imana n'amahame y'Ijambo ryayo imbaraga zo kunesha icyaha twishingikirije imbabazi z'Imana.

Isezerano ni uko Imana ari iyo kwizerwa kandi ikiranukira (idaca urwa kibera) kutubabarira no kutwezaho gukiranirwa kwose. Nitwatura ibyaha byacu mu kuri tutibabarira, Imana ni iyo kwizerwa buri gihe iratubabarira. Itugarura mu bumwe na yo. Icyaha kizwi gishavuza Umwuka (Abefeso 4:30) kandi kizimya imbaraga ze (1 Abatesalonike 5:19). Icyaha kizwi ni uburyo bwo kutiyegurira kuyoborwa n'Imana, gikuraho ubumwe, kikabera inzitizi kugendera mu Mwami kwacu (reba Yesaya 59:1-2)

Abefeso 4:30 "Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w'Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa"

1 Abatesalonike 5:19 "Ntimukazimye Umwuka w'Imana,"

Yesaya 59:1-2 "Dore ukuboko kw'Uwiteka ntikwaheze ngo ananirwe gukiza; n'ugutwi kwe ntikwapfuye ngo ananirwe kwumva. 2 Ahubwo gukiranirwa kwanyu ni ko kwabatandukanije n'Imana yanyu, n'ibyaha byanyu ni byo biyitera kubima amaso, ikanga no kumva."

Icyakora, nubwo Imana itunganye kandi yera, ifite ububasha bwo kutubabarira no kudusubiza mu bumwe na yo kubera umurimo wuzuye wa Kristo, Umuvugizi wacu, iyo twatuye ibyaha.

1 Yohana 2:1-2 "Bana banjye bato, mbandikiriye ibyo, kugira ngo mudakora icyaha. Icyakora, ni hagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, ni we Yesu Kristo ukiranuka. 2 Uwo ni we mpongano y'ibyaha byacu, nyamara si ibyaha byacu gusa, ahubwo ni iby'abari mw'isi bose."

Ibyaha byonyine dushobora kwatura ni ibyo tuzi, ariko nk'uko muri 1 Yohana 1:8 na 10 havuga, kuva tukiri muri ubu bugingo ntidushobora kuba indakemwa cyangwa ngo tubeho nta cyaha. Tuzahorana ibyo tugomba guhindura. Mu yandi magambo, tuzahorana ibyaha tutazi. Isezerano ni uko, uko twatura ibyaha byacu tuzi kandi tugashaka by'ukuri kugendana n'Umwami, ntatubabarira ibyaha twatura gusa ahubwo atwozaho ibyaha byose (n’ibyo tutazi) maze ubumwe bugakomeza.

Kutweza bishobora kuvuga guhindura kuzanwa no kwatura kuko biduhesha guhangana n'icyaha no gushaka ubumwe n'imbaraga z'Imana.

Zaburi 32:5 "Nakwemereye ibyaha byanjye, sinatwikiriye gukiranirwa kwanjye, naravuze nti, ndaturira Uwiteka ibicumuro byanjye: na we unkuraho urubanza rw'ibyaha byanjye. Sela."

      Kwatura mu buryo rusange (1 Yohana 1:10)

Kugendera mu bumwe n'Imana ni ukugendera mu mucyo (1 Yohana 1:7), kandi ibi bivuga kugendera mu mucyo w'Ijambo ry'Imana. Bibiliya ni nk'inkota n'umucyo umurikira imigendere yacu (reba Abaheburayo 4:12; Zaburi 119:105, 130). Aya magambo yombi (inkota n'umucyo) yerekana ububasha bwa Bibiliya bwo kugaragaza no gutangaza icyaha n'uburyo bunyuranye dukosereza Umwami n'abantu.

Abaheburayo 4:12 "Kuko Ijambo ry'Imana ari rizima, rifite imbaraga, kandi rikagira ubugi buruta ubw'inkota zose, rigahinguranya, ndetse kugeza ubwo rigabanya ubugingo n'umwuka, rikagabanya ingingo n'umusokoro, kandi rikabangukira kugenzura ibyo umutima wibwira, ukagambirira."

Zaburi 119:105 "Ijambo ryawe ni itabaza ry'ibirenge byanjye, ni umucyo umurikira inzira yanjye."

Zaburi 119:130 "Guhishurirwa amagambo yawe kuzana umucyo, guha abaswa ubwenge."

2 Timoyeyo 3:16 "Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n'Imana, kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka."

Abefeso 5:8-17 "Kuko kera mwari umwijima, none mukaba muri umucyo mu Mwami wacu. Nuko mugende nk'abana b'umucyo, 9 kuko imbuto z'umucyo ari ingeso nziza zose no gukiranuka n'ukuri. 10 Mushakashake uko mwamenya ibyo Umwuka ashima. 11 Ntimukifatanye n'imirimo y'ab'umwijima itagira umumaro ahubwo muyihane, 12 kuko ibikorwa na bo rwihishwa biteye isoni no kubivuga. 13 Ariko byose, iyo bitangajwe n'umucyo, na byo ubwabyo bihinduka umucyo, kuko ikimurikiwe n'umucyo cyose gihinduka umucyo. 14 Ni cyo gituma bivugwa ngo: usinziriye we, kanguka uzuke, Kristo abone uko akumurikira. 15 Nuko mwirinde cyane uko mugenda, mutagenda nk'abatagira ubwenge, ahubwo mugende nk'abanyabwenge, 16 mucunguze uburyo umwete, kuko iminsi ari mibi. 17 Nuko ntimukabe abapfu, ahubwo mumenye icyo Umwami wacu ashaka."

Bamwe, icyakora, bavuga ko batakoze icyaha. Ibi ni uguhakana ko batigeze bakora icyaha cyangwa kuvuga ko bahagaritse gukora icyaha runaka mu bugingo bwabo, ni ukuvuga, guhora bakora icyaha. Duhereye ku gihe cy'inshinga yo muri 1 Yohana 1:10 (itondaguye mu gihe cyashize kandi ikaba yerekeye igikorwa n'ingaruka zihoraho mu ndagihe ubirebeye k'uvuga) ibi bya nyuma ni byo bivugwa. Ingaruka z'ibintu nk'ibyo ni ugupfukirana umurimo wemeza (abantu ibyaha) w'Ijambo n'Umwuka w'Imana.

Intego yo kwatura

Imirongo y'ingenzi:

1 Yohana 2:1 "Bana banjye bato, mbandikiye ibyo, kugira ngo mudakora icyaha. Icyakora, ni hagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, niwe Yesu Kristo ukiranuka."

Imigani 28:13-14 "Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza; Ariko ubyatura akabireka, azababarirwa. 14 Hahirwa umuntu uhorana kubaha; Ariko uwinangira umutima azagwa mu byago."

Muri 1 Yohana 2:1 herekana intego Yohana yari afite mu mutwe. Nk'uko byavuzwe haruguru, kwatura bidufasha guhagarika icyaha. Hagenewe kudufasha guhangana n'icyaha no gushaka ubumwe n'imbaraga z'Imana. Impamvu yo kwatura ntigomba kuba urwitwazo, ni ukuvuga ngo, "Nshobora gukora icyaha uko nshatse kuko nshobora kucyihana iteka." Kwitwara gutyo gutera ibintu byinshi bibi:

(1) Gutera gusuzugura icyaha kukabuza kubona ubushobozi bubi bwacyo n'ingaruka ziteye ubwoba ku bwiza bw'Imana, ku buhamya bwacu, kuduhenebereza ubwacu, ku mibanire yacu n'abandi, no ku ngororano z'iteka.

(2) Gutera kubura impamvu yo kwatura. Twatura icyaha ngo duhagarike ububi bwacyo no kugarura ubusabane n'imbaraga z'Imana mu bugingo bw'umuntu. Icyaha gitera agahinda kandi kikazimya imbaraga z'Umwuka; kwatura kutugarurira ubusabane n'Imana bityo tukongera kugendera mu kwizera n'imbaraga zayo.

(3) Gutera kwirengagiza intego y'Imana yo kuduhindura mw'ishusho y'Umwana wayo. Ibyishimo n'amahoro by'ukuri ntibiboneka mu mibereho y'icyaha, biboneka gusa mu kumenya Kristo n'ubumwe na We.

(4) Gutera kwirengagiza cyangwa kwiyibagiza ibihano by'Imana.

Abaheburayo 12:5-11 "Kandi mwibagiwe kwa guhugura kubabwira nk'abana ngo: Mwana wanjye, ntugasuzugure igihano Uwiteka ahana, kandi ntugwe isari, nagucyaha. 6 Kuko uwo Uwiteka akunze, ari we ahana, kandi akubita ibiboko abo yemera bose ko ari abana be. 7 Ni mwihanganira ibihano, muba mugaragaje ko muri abana b'Imana. Mbese ni mwana ki udahanwa na se? 8 Ariko niba mudahanwa nk'abandi bose, noneho muba muri ibibyarwa, mutari abana nyakuri. 9 Ko dufite ba data batubyaye ku mubiri, bakaduhana, na twe tukabubaha: ntidukwiriye cyane kugandukira Se w'Imyuka tugahoraho? 10 Kuko ba bandi baduhanaga iminsi mike nk'uko byari bibabereye byiza, naho uwo aduhanira kugira ngo bitubere byiza, dusangire kwera kwe. 11 Nta gihano kinezeza ugihanwa, ahubwo kimutera umubabaro, ariko rero hanyuma cyera imbuto zo gukiranuka guhesha amahoro abamenyerejwe na cyo."

Zaburi 32:1-5 "Hahirwa uwababariwe ibicumuro bye, ibyaha bye bigatwikirwa. 2 Hahirwa umuntu Uwiteka atabaraho gukiranirwa, umutima we ntubemo uburiganya. 3 Ngicecetse, amagufka yanjye ashajishwa no kuniha kwanjye umunsi ukira. 4 Kuko ukuboko kwawe ku manywa na nijoro kwandemereraga, ibyuya byanjye bigahinduka nk'amapfa yo mu cyi. Sela. 5 Nakwemereye ibyaha byanjye, sinatwikiriye gukiranirwa kwanjye, naravuze nti, ndaturira Uwiteka ibicumuro byanjye: na we unkuraho urubanza rw'ibyaha byanjye. Sela."

Icyiru cy'ibyaha byacu

Imirongo y’ingenzi:

1 Yohana 2:1-2 "Bana banjye bato, mbandikiriye ibyo, kugira ngo mudakora icyaha. Icyakora, ni hagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, ni we Yesu Kristo ukiranuka. 2 Uwo niwe mpongano y'ibyaha byacu, nyamara si ibyaha byacu gusa, ahubwo ni iby'abari mw'isi bose."

Abaroma 8:31-34 "None ubwo bimeze bityo, tuvuge iki? Ubwo Imana iri mu ruhande rwacu, umubisha wacu ni nde? 32 Mbese ubwo itimanye Umwana wayo, ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n'ibindi byose? 33 Ni nde uzarega intore z'Imana? Ni Imana, kandi ari yo izitsindishiriza? 34 Ni nde uzaziciraho iteka? Ni Kristo Yesu, kandi ari we wazipfiriye; ndetse akaba yarazutse, ari i buryo bw'Imana, adusabira?"

Intego y'inyigisho zo muri 1 Yohana ni ukugira ngo tudacumura; nyamara ukuri ni uko tugicumura. Iyo ducumuye, dufite Yesu Kristo ari we gisubizo kizira inenge kuri twe, uri iburyo bwa Se. Kuba ari igisubizo kizira inenge byerekanwa n'ubusobanuro butatu:

      Kristo ni umuvugizi wacu

Iri jambo ry'Ikigiriki parakletos risobanura "uwunganira umuburanyi." Nubwo igitekerezo cy' "umwunganizi" cyangwa "uburanira undi" cyari kidasanzwe 9, aha ni cyo gisobanuro, cyane cyane nk'uko Pawulo abyigisha mu Baroma 8:34. Nk'umuvugizi wacu cyangwa utuburanira, iyo turezwe na Satani (Ibyahishuwe 12:10), atangaza imbabazi twagiriwe no gukiranuka duhagararamo imbere y'Imana tubitewe n'uko we ubwe yapfuye mu cyimbo cyacu agahanishwa igihano cyari gikwiriye ibyaha byacu (Abaroma 8:34). Muri Luka 22:31-32 naho havuga uburyo uko kutuvuganira kwe gukora.

Abaroma 8:34 "Ni nde uzaziciraho iteka? Ni Kristo Yesu, kandi ari we wazipfiriye; ndetse akaba yarazutse, ari i buryo bw'Imana, adusabira?"

Ibyahishuwe 12:10 "Numva ijwi rirenga rivugira mu ijuru riti: noneho agakiza karasohoye, gasohoranye n'ubushobozi n'ubwami bw'Imana yacu n'ubutware bwa Kristo wayo: kuko umurezi wa bene Data ajugunywe hasi, wahoraga abarega ku manywa na nijoro imbere y'Imana yacu."

Luka 22:31-32 "Kandi Umwami Yesu aravuga ati: Simoni, Simoni, dore Satani yabasabye kugira ngo abagosore nk'amasaka; 32 ariko weho ndakwingingiye ngo ukwizera kwawe kudacogora, nawe numara guhinduka, ukomeze bagenzi bawe."

      Kristo arakiranuka

Ibi byerekana uko Kristo ari Imana-Muntu (Imana y'ukuri itagabanutseho, umuntu utagira icyaha) kuburyo bwo gufata umwanya wacu nk'inshungu yacu ku musaraba no kutuvuganira nk'umuvugizi wacu udusabira, n'umufasha wacu.

      Kristo ubwe ni we cyiru cy'ibyaha byacu

Niba hari uwizera wibaza icyo yakwishingikirizaho ngo abone imbabazi z'Imana cyangwa agatekereza ko icyaha ari kibi cyane ngo Imana ikibabarire, igisubizo kiri muri aya magambo akurikira:

Yesu Kristo ni igitambo gikuraho ibyaha by’abakristo kimwe n’ ibyaha by'isi yose. Mu kuvuga ibi,Yohana yasobanuraga neza uko Kristo yapfiriye buri wese (reba 2 Abakorinto 5:14-15, 19; Abaheburayo 2:9). Ibi ntibivuga ko buri wese azakizwa. Bivuga ahubwo ko uwo ari we wese wumva Ubutumwa Bwiza ashobora gukizwa abishatse (Ibyahishuwe 22:17). Icyo Yohana yerekana ni ukwibutsa abasoma ibye iby'ubwiza buhebuje by' "igitambo gikuraho ibyaha" cya Kristo kugira ngo abizeze ko kubavugira bihuje neza no kwera kw'Imana." 10

Ibyateguriwe kudukiza ibyaha

Imirongo y'ingenzi:

1 Abakorinto 10:13 "Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari rusange mu bantu; kandi Imana ni iyo kwizerwa, kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n'ikibagerageza izabacira akanzu, kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira."

Zaburi 32:6-7 "Ni cyo gituma umukunzi wawe wese akwiriye kugusengera igihe wabonerwamo: Ni ukuri umwuzure w'amazi y'isanzure ntuzamugeraho. 7 Ni wowe bwihisho bwanjye, uzandinda amakuba n'ibyago, uzangotesha impundu zishima agakiza. Sela."

Abaroma 6:1-14 "Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ngo ubuntu busage? 2 Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute? 3 Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari ko na twe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6 Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha: 7 kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8 Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tuzabanaho na we, 9 kuko tuzi yuko Kristo, amaze kuzuka, atagipfa; urupfu rukaba rutakimufiteho urutabi. 10 Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11 Abe ari ko na mwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu. 12 Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira. 13 Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa: ahubwo mwitange, mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka. 14 Ibyaha ntibikabategeke, kuko mudatwarwa n'amategeko, ahubwo mutwarwa n'ubuntu."

Reba Abagalatiya 5:16-26; Abefeso 5:15-20; Abakolosayi 3:1-16.

Kubera ko ubushake n'intego by'Imana ari uko tudakora icyaha, twagira dute ngo tuneshe icyaha? Aha turimo kuvuga ibyerekeye ibyo kunesha kw'Imana kw'ikigeragezo n'imibereho y'icyaha cyangwa ubugingo buneshwa n'icyaha umukristo ashobora kugira igihe cyose. Kubera ibigeragezo byinshi, abizera bashobora kwibaza uko bashobora gutsinda ibigeragezo. Cyangwa kubera kuneshwa kenshi, bashobora kwibaza niba koko bashobora guca ingeso yabananiye mu bugingo bwabo bwose. Ku bw'ubuntu bw'Imana, ubumwe bw'umwizera na Kristo, ndetse n’imbaraga z’Umwuka wa Kristo, igisubizo ni “yego.”

1 Abakorinto 10:13 ni igice gikwiriye mu gusubiza ibi bibazo no kuduha isezerano ritangaje. Hatwigisha ibintu bitatu by’ingenzi byerekeye gushukwa hamwe n’ibyo Imana yaduteganirije.

      Ibigeragezo ni rusange

Mu magambo ngo, "nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari rusange mu bantu, "Pawulo nta bwo avuga ko ubwo twese duhura n'ibigeragezo dukwiriye kubyijugunyamo. Erega turi abantu buntu. Uyu murongo si urwitwazo rwo kwishyira mu bigeragezo. Rimwe na rimwe abantu bagira ibyaha byabo urwitwazo bavuga ngo, ni ko nteye. Kubera ko ari ko nteye, sinshobora kubireka. Imana iriho ishaka uburyo twahindura uko duteye kandi uko guhinduka ni twe gufitiye akamaro. Ihorana ku mutima ko twagira imibereho myiza!

Mbere na mbere, Intumwa iratwemeza ko kugeragezwa atari ukwacu gusa. Ntituri twenyine mu ntambara turwana n'icyaha. Abandi bahuye n'ibimeze bityo maze batabarwa n'Imana. Ibigeragezo byacu byose ni rusange mu bantu, ubwo rero ntidushobora kwihisha inyuma y'uko ibyacu bitandukanye ngo tubigire urwitwazo rw'ibyaha byacu ngo birihariye. Hari uguhumurizwa gukomeye mu kumenya ko n'abandi bahuye n'ibimeze nk'ibyacu ndetse wenda bikaze birushaho, amaze bakabyihanganira kubera imbaraga no kwiringirwa by'Imana.

Abaheburayo 11:2-12 "Icyatumye aba kera bahamywa neza ni uko bari bagufite. 3 Kwizera ni ko kutumenyesha yuko isi yaremwe n'Ijambo ry'Imana, ni cyo cyatumye ibiboneka bitaremwa mu bigaragara. 4 Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kaini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi, ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga, nubwo yapfuye. 5 Kwizera ni ko kwatumye Enoki yimurirwa mu ijuru ngo adapfa, kandi ntiyaboneka kuko Imana yamwimuye; kuko yahamijwe atarimurwa yuko yanejeje Imana, 6 ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza: kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka. 7 Kwizera ni ko kwatumye Noa atinya Imana, amaze kuburirwa na yo iby'ibitaraboneka, akabaza inkuge yo gukiza abo mu nzu ye, ni yo yacishije iteka ry'abari mu isi, aragwa gukiranuka kuzanwa no kwizera. 8 Kwizera ni ko kwatumye Aburahamu yumvira Imana imuhamagariye kujya aho yari agiye kuragwa: nuko agenda, atazi iyo ajya. 9 Kwizera ni ko kwatumye aba umusuhuke mu gihugu yasezeranijwe, akaba nk'umushyitsi muri cyo, akabana mu mahema na Isaka na Yakobo, abaraganywe na we ibyo byasezeranijwe; 10 kuko yategerazaga umudugudu wubatswe ku mfatiro, uwo Imana yubatse, ikawurema. 11 Kwizera ni ko kwatumye Sara abashishwa gusama inda, nubwo yari acuze, kuko yatekereje ko Iyasezeranije ari iyo kwizerwa. 12 Ni na cyo cyatumye umuntu umwe (kandi yari ameze nk'intumbi) akomokwaho n'abangana n'inyenyeri zo ku ijuru kuba nyinshi, kandi bangana n'umusenyi uri mu kibaya cy'inyanja kutabarika."

Nuko rero, icya mbere Pawulo yatuburiye ni uko ibigeragezo ari rusange. Maze, ashingiye ku kwiringirwa kw'Imana, atwereka ibindi bintu bibiri dukwiriye kumenya kubyerekeye Umwami mu bigeragezo ibyo ari byo byose.

      Imana igenga ibijyana n'ibigeragezo

Imana ntizadukundira kugeragezwa ibiruta ibyo dushobora kwihanganira (1 Abakorinto 10:13-14). Izi aho intege-nke zacu ziba, aho gukomera kwacu kugarukira, n'ibyo twihariye mu bugingo bwacu bwa buri gihe. Iturinda ibigeragezo byose tutabasha. Iyo ikigeragezo kije dushobora kutakibasha, atari uko tutagishoboye, ahubwo ari ukubera ko tuvuga ngo ntitwagishobora. Biterwa n’uko dusuzugura imigisha yacu cyangwa kubera ko tutitonze mu migendere yacu n'Imana ya buri munsi.

1 Abakorinto 10:13-14 "Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari rusange mu bantu; kandi Imana ni iyo kwizerwa, kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n'ikibagerageza izabacira akanzu, kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira. 14 Nuko rero, bakundwa, nimuzibukire kuramya ibishushanyo."

Ibi nanone bivuga ko iyo ibigeragezo bije, uretse gusuzugura ubushobozi Imana iduha: (a) twabishobora ku bw'ubuntu bw'Imana kandi (b) Umwami, nubwo atatugerageresha icyaha, yemera ko kitugeraho ku bw'imigambi ye. Imana igabanya ibigeragezo yemerera kugera mu bugingo bwacu.

Yakobo 1:13 "Umuntu niyoshywa gukora ibyaha, ye kuvuga ati: Imana ni yo inyoheje; kuko bidashoboka ko Imana yoshywa n'ibibi, cyangwa ngo na yo igire uwo ibyohesha."

Ibi ntibivuga ko dukwiye gushyira Umwami iruhande ngo twibagirwe ibitureba byerekeranye n'ibigeragezo. Urugero, tubwirwa mu Byanditswe Byera:

(1) Guhunga ibigeragezo bimwe. Reba igisubizo cya Yosefu igihe yageragejwe n'umugore wa Potifari mu Itangiriro 39:1-12.

1 Timoyeyo 6:11 "Ariko wehoho, muntu w'Imana, ujye uhunga ibyo: ahubwo ukurikize gukiranuka, kubaha Imana, kwizera, urukundo, kwihangana, n'ubugwaneza."

2 Timoyeyo 2:22 "Nuko uhunge irari rya gisore, ahubwo ukurikize gukiranuka no kwizera n'urukundo n'amahoro, ufatanije n'abambaza Umwami wacu bafite imitima iboneye."

(2) Gusengera Ibigeragezo.

Matayo 6:13 "Ntuduhane mu bitwoshya, ahubwo udukize Umubi; (kuko ubwami n'ubushobozi n'icyubahiro ari ibyawe, none n'iteka ryose. Amen)."

(3) Ko tutagomba kugerageza Umwami. Tugerageza Umwami mu kutizera, mu kutiringira imbaraga n'ubufasha bye, no kutagira icyo twitaho, kutarindwa, cyangwa kutitonda.

Gutegeka 6:16 "Ntimukagerageze Uwiteka Imana yanyu, nk'uko mwayigeragereje i Masa."

Matayo 4:6 "Aramubwira ati: niba uri Umwana w'Imana; ijugunye hasi; kuko handitse ngo: izagutegekera abamarayika bayo, bakuramire mu maboko yabo, ngo udakubita ikirenge ku ibuye."

(4) Ni iby'ubwenge iteka kwirinda ibigeragezo bitari ngombwa. Ntitugomba na rimwe gutekereza Umwami uko atari cyangwa kumugerageza dukina n'umuriro. Iyo tubikoze, turashya.

Imigani 5:8 "Cisha inzira yawe kure y'uwo mugore; kandi ntiwegere umuryango w'inzu ye;"

Imigani 7:6-20 "Nari mpagaze ku tubumbano tw'idirishya ry'inzu yanjye; ndunguruka; 7 Nuko ndeba mu baswa, nitegereje mu basore, mbona umusore utagira umutima; 8 Anyura mu nzira ikikiye ikibero cy'inzu ya malaya; nuko ayembayemba, ajya ku nzu ye, 9 Ari mu kabwibwi, bugorobye, ageza mu mwijima w'igicuku. 10 Maze umugore amusanganira, yambaye imyambaro y'abamalaya, kandi afite umutima w'ubucakura; 11 Ni umugore usamara, kandi ntiyifata; ibirenge bye ntibiregama mu nzu ye. 12 Rimwe aba ari mu mayira, ubundi aba ari mu maguriro; kandi ategera mu mahuriro y'inzira yose. 13 Nuko aramufata, aramusoma, avugana na we adafite imbebya, ati: 14 Mfite ibitambo by'uko ndi amahoro; uyu munsi nahiguye imihigo yanjye. 15 Ni cyo gitumye nza kugusanganira, nshaka cyane kureba mu maso hawe; none ndakubonye. 16 Uburiri bwanjye nabushasheho ibidarafu byoroshye, bidozeho amabara y'ubudodo bwo mu Egiputa. 17 Uburiri bwanjye nabuminjagiyeho ibihumura neza, ishangi n'umusagavu na mudarasini. 18 Ngwino dusohoze urukundo rwacu tugeze mu gitondo, twinezeze mu by'urukundo; 19 Kuko umugabo wanjye atari imuhira; yazindukiye mu rugendo rwa kure. 20 Yajyanye uruhago rw'impiya; kandi azagaruka mu mboneko z'ukwezi gutaha."

      Imana iteganya aho guhungira ibigeragezo

1 Abakorinto 10:13 "Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari urusange mu bantu; kandi Imana ni iyo kwizerwa, kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n'ikibagerageza izabacira akanzu, kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira."

Ijambo "hamwe" ni iry'ingenzi muri iri sezerano. Ibi bitwigisha ko iyo tugendana n'Umwami twiringira ibyo yaduteganirije, ni ukuvuga, kutamutekereza uko atari (kumufata uko tubonye), cyangwa kumugerageza, ko ibigeragezo n'aho kubihungira bijyana iteka. Nta kigeragezo kitagira aho guhungirwa, uretse iyo ntacyo twitayeho.

Mumenye na none ko umurongo uvuga uti "akanzu" si "ubuhungiro." Ndakeka ko iyi ari imbuzi ku byo gushaka ibisubizo by'ibigeragezo bitari ibyo muri Bibiliya. Akanzu kerekeye k'uburyo bw'Imana bwo guhangana n'ibibazo by'ubugingo nk'uko bivugwa mu Ijambo ry'Imana.

Zaburi 119:45 "Kandi nzagendana umudendezo kuko njya ndondora amategeko wigishije."

Zaburi 119:133 "Ujye utunganya intambwe zanjye mu Ijambo ryawe; gukiranirwa kose kwe kuntegeka."

Zaburi 119:165 "Abakunda amategeko yawe bagira amahoro menshi; nta kigusha bafite."

Imigani 3:5-6 "Wiringire Uwiteka n'umutima wawe wose, we kwishingikiriza ku buhanga bwawe; 6 Uhore umwemera mu migendere yawe yose, na we azajya akuyobora inzira unyuramo."

Imigani 14:12 "Hariho inzira itunganiye umuntu, ariko iherezo ryayo ni inzira z'urupfu."

Ijambo "akanzu" mu Kigiriki ni ekbasin risobanurwa ngo "uburyo bwo guhunga." Rikoreshejwe kabiri gusa mu Isezerano Rishya, hano no mu Baheburayo 13:7. Mu Baheburayo risobanurwa ngo "ingingo, imbuto, ingaruka." No mu bindi byanditswe bitari Bibiliya ni ko risobanurwa. Bifite ubusobanuro bw'ingirakamaro. Mu gice cyo mu Baheburayo rikoreshejwe nk'ingaruka y'uburyo bw'ubugingo. Iyo ngaruka ni imico y'Imana - ingaruka yo kugendana n'Imana - imbuto z'abantu bamara igihe mu Ijambo ry'Imana bagendana n'Umwami mu kwizera.

Ahari ibi bitwigisha ikintu ku busobanuro bwa ekbasin muri 1 Abakorinto 10:13. Uburyo bwacu bwo gutabarwa cyangwa uburyo bw’akanzu buva mu bigeragezo si ingaruka z'ikintu kimwe cyangwa se gutabarwa kwihuse nk’uko umuntu avavanurwa mu muriro. Nubwo rimwe na rimwe ibyo bibaho, iryo si ryo sezerano hano cyangwa se ngo ibe ari yo njyana. Ibi bivugwa mu ijambo rya nyuma, "kwihangana." Si ukudukura cyangwa kutwarura mu bigeragezo Imana idusezeranya, ahubwo ni ubushobozi bwo kubyihanganira. Ni ubushobozi bwo guhangana n'ibigeragezo nta gucumura.

Muri make, ibi bitwigisha ibintu bibiri ku birebana n'ibigeragezo byacu:

(1) "Akanzu" ubwako ni imbuto z'ikindi kintu. Ni ingaruka zo gukomera ku mahame yo mu Ijambo ry'Imana buri munsi. Uko dukura kandi uko turushaho kwegera Umwami mu mibereho yacu ni ko turushaho kugira ubushobozi bwo guhangana n'ibigeragezo.

(2) "Akanzu" gasobanura ubushobozi bwo guhangana n'ibigeragezo, si ukubivanaho byanze bikunze, nubwo ubushobozi bwo guhangana n'ibigeragezo akenshi bivuga ubushobozi bwo kwirinda ibigeragezo. Kandi iyo tutabishoboye, tuba tugomba kubihunga.

Ibi na none bishyigikiwe n'ibango rya nyuma ry'uyu murongo risobanura icyo ekbasin, "akanzu" bivuga "kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira." Bibiliya nyinshi zanditswe mu buryo butandukanye zisobanura ibi nk'ibango ry'umugambi cyangwa ingaruka. Mu yandi magambo, Imana itanga akanzu kugira ngo dushobore kwihanganira ibigeragezo tutaneshwa. Ahari uburyo burushijeho kuba bwiza bwo gusobanukirwa iri bango ni ubusobanuro butubwira icyo akanzu ari cyo, "ububasha bwo kwihangana." 11

Abanditse Bibiliya yitwa NEB bashobora kuba bari bafite ibi mu mutwe igihe basobanuraga ibi ngo, "uko mubasha kucyihanganira." Twashobora kurisobanura tuti "akanzu, kubashisha kwihanga.na" Icya nyuma, "akanzu" ni imbuto, ingaruka zo kugendana n'Umwami ari na byo bubasha bwo kwihanganira cyangwa guhangana n'ibigeragezo.

Imana ku bw'ubuntu bwayo binyuze mu kuduha ubusabane na yo, itanga ububasha bwo guhangana n'ibigeragezo kandi ni uruhare rwacu kubyakira mu bugingo bwacu.

Incamake y'akanzu k'Imana

(1) Kugendera mu kwishingikiriza ku mbaraga z'Umwuka Wera.

Abagalatiya 5:16 "Ndavuga nti muyoborwe n'Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira."

Abaroma 8:2-10 "Kuko itegeko ry'Umwuka w'ubugingo bwo muri Kristo Yesu ryambatuye ububata bw'itegeko ry'ibyaha n'urupfu, 3 kuko ibyo amategeko yananiwe gukora ku bw'intege-nke za kamere yacu, Imana yabishohoje ubwo yatumaga Umwana wayo afite ishusho ya kamere y'ibyaha, kuba igitambo cy'ibyaha, icira ibyaha bya kamere ho iteka; 4 kugira ngo gukiranuka kw'amategeko gusohozwe muri twe, abadakurikiza ibya kamere y'umubiri, ahubwo bakurikiza iby'Umwuka. 5 Abakurikiza ibya kamere y'umubiri, bita ku by'umubiri; naho abakurikiza iby'Umwuka, bakita ku by'Umwuka. 6 Umutima wa kamere utera urupfu, ariko umutima w'Umwuka uzana ubugingo n'amahoro: 7 kuko umutima wa kamere ari umwanzi w'Imana, kuko utumvira amategeko y'Imana, ndetse ntushobora kuyumvira. 8 Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana. 9 Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab'Umwuka, niba Umwuka w'Imana uba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo, ntaba ari uwe. 10 Niba Kristo aba muri mwe, nubwo umubiri uba upfuye uzize ibyaha, Umwuka uba ari muzima ku bwo gukiranuka."

(2) Kubaho mu Ijambo ry'Imana.

Zaburi 119:9 "Umusore azeza inzira ye ate? Azayejesha kuyitondera nk'uko Ijambo ryawe ritegeka."

2 Timoyeyo 2:16-17 "Ariko amagambo y'amanjwe, atari ay'Imana, uyazibukire, kuko abayavuga bazarushaho gushayisha, 17 kandi ijambo ryabo rizaryana nk'igisebe cy'umufunzo. Muri abo ni Humenayo na Fileto,"

Abaheburayo 3:7-12 "Nuko rero nk'uko Umwuka Wera avuga ati: Uyu munsi nimwumva ijwi ryayo, 8 Ntimwinangire imitima, nk'uko mwayinangiye mu gihe cyo kurakaza, ku munsi wo kugerageza mu butayu, 9 Aho basekuruza wanyu bangerageje bantata, bakabona imirimo yanjye imyaka mirongo ine. 10 Ni cyo cyatumye ngirira umujinya ab'icyo gihe, nkavuga nti: imitima yabo ihora iyoba, kandi ntibarakamenya inzira zanjye; 11 Nuko ndahirana umujinya wanjye nti: ntibazinjira mu buruhukiro bwanjye. 12 Nuko bene Data, mwirinde, hatagira uwo muri mwe ugira umutima mubi utizera, umutera kwimura Imana ihoraho."

Abaheburayo 4:12 "Kuko Ijambo ry'Imana ari rizima, rifite imbaraga, kandi rikagira ubugi buruta ubw'inkota zose, rigahinguranya, ndetse kugeza ubwo rigabanya ubugingo n'umwuka, rikagabanya ingingo n'umusokoro, kandi rikabangukira kugenzura ibyo umutima wibwira,ukagambirira."

(3) Gusobanukirwa no kwishingikiriza umwanya dufite muri Kristo.

Abaroma 6:1-14 "Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ng'ubuntu busage? 2 Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute? 3 Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari ko na twe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6 Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha: 7 kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8 Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tuzabanaho na we, 9 kuko tuzi yuko Kristo, amaze kuzuka, atagipfa; urupfu rukaba rutakimufiteho urutabi. 10 Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11 Abe ari ko na mwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu. 12 Noneho ntimukimika ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira. 13 Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa: ahubwo mwitange, mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka. 14 Ibyaha ntibikabategeke, kuko mudatwarwa n'amategeko, ahubwo mutwarwa n'ubuntu."

(4) Guhunga ibigeragezo: Ihame ryo guhunga ibigeragezo bitari ngombwa.

1 Abakorinto 10:14 "Nuko rero, bakundwa, nimuzibukire kuramya ibishushanyo."

1 Timoyeyo 6:11 "Ariko wehoho, muntu w'Imana, ujye uhunga ibyo: ahubwo ukurikize gukiranuka, kubaha Imana, kwizera, urukundo,kwihangana, n'ubugwaneza."

2 Timoyeyo 2:22 "Nuko uhunge irari rya gisore, ahubwo ukurikiza gukiranuka no kwizera n'urukundo n'amahoro, ufatanije n'abambaza Umwami wacu bafite imitima iboneye."

Imigani 7:6-15 "Nari mpagaze ku tubumbano tw'idirishya ry'inzu yanjye; ndunguruka; 7 Nuko ndeba mu baswa, nitegereje mu basore, mbona umusore utagira umutima; 8 Anyura mu nzira ikikiye ikibero cy'inzu ya malaya; nuko ayembayemba, ajya ku nzu ye, 9 Ari mu kabwibwi, bugorobye, ageza mu mwijima w'igicuku. 10 Maze umugore amusanganira, yambaye imyambaro y'abamalaya, kandi afite umutima w'ubucakura; 11 Ni umugore usamara, kandi ntiyifata; ibirenge bye ntibiregama mu nzu ye. 12 Rimwe aba ari mu mayira, ubundi aba ari mu maguriro; kandi ategera mu mahuriro y'inzira yose. 13 Nuko aramufata, aramusoma, avugana na we adafite imbebya, ati: 14 Mfite ibitambo by'uko ndi amahoro; uyu munsi nahiguye imihigo yanjye. 15 Ni cyo gitumye nza kugusanganira, nshaka cyane kureba mu maso hawe; none ndakubonye.

(5) Gusengera mu kuri no mu kwizera.

Matayo 6:13 "Ntuduhane mu bitwoshya, ahubwo udukize Umubi; (kuko ubwami n'ubushobozi n'icyubahiro ari ibyawe, none n'iteka ryose. Amen)."

Abefeso 6:18 "Mushengeshe Umwuka iteka mu buryo bwose bwo gusenga no kwinginga: kandi ku bw'ibyo mugumye rwose kuba maso, musabira abera bose."

Zaburi 119:33-38 "Uwiteka, ujye unyigisha inzira y'amategeko wandikishije: Kugira ngo nyitondere kugeza ku mperuka. 34 Umpe ubwenge, kugira ngo nitondere amategeko yawe; Nyitondereshe umutima wose. 35 Unshishe mu nzira y'ibyo wategetse, kuko ari byo nishimira. 36 Uhindure umutima wanjye ku byo wahamije, Ariko si ku ndamu mbi. 37 Ukebukishe amaso yanjye, ye kureba ibitagira umumaro; Unzurire mu nzira zawe. 38 Ukomereze umugaragu wawe Ijambo ryawe, Ryasezeranijwe abakubaha."

(6) Kwigarurira buri gitekerezo - kwitegereza no kuyobora ibitekerezo byacu mu mucyo w'Ibyanditswe Byera.

2 Abakorinto 10:3 "Nubwo tugenda dufite umubiri w'umuntu ntiturwana mu buryo bw'abantu."

Abafilipi 4:8 "Ibisigaye, bene Data, iby'ukuri byose, ibyo kubahwa byose, ibyo gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby'igikundiro byose, n'ibishimwa byose, nihaba hariho ingeso nziza, kandi hakabaho ishimwe, abe aribyo mwibwira."

(7) Kugenda ushishoza, udasinziriye, uri menge.

1 Petero 1:13 "Nuko mukenyere mu mitima yanyu, mwirinde ibisindisha, mwiringire rwose impano y'ubuntu muzazanirwa, ubwo Yesu Kristo azahishurwa."

1 Petero 4:7 "Iherezo rya byose riri bugufi: nuko, mugire ubwenge, mwirinde ibishindisha, mubone uko mugire umwete wo gusenga."

1 Petero 5:8 "Mwirinde ibisindisha, mube maso; kuko umurezi wanyu Satani azerera nk'intare yivuga, ashaka uwo aconshomera."

(8) Kubaho mu kwizera

2 Abakorinto 5:7 “Kuko tuba tugenda tuyoborwa no kwizera, tutayoborwa n’ibyo tureba”

Abagalatiya 5:5 "Naho twebwe, kubw'Umwuka, dutegereje kuzakiranuka, twiringiye ko tuzabiheshwa no kwizera."

Abaheburayo 4:1-2 "Nuko rero, ubwo isezerano rwo kwinjira mu buruhukiro bwayo rikiriho, dutinye kugira ngo ahari hatagira uwo muri mwe wasa nk'aho atarishyikira. 2 Kuko natwe twabwiwe ubutumwa bwiza nka ba bandi, nyamara ijambo bumvise ntiryabagiriye umumaro, kuko abaryumvise bataryakiranye umutima wizera."

Abaheburayo: 11:1-6 "Kwizera ni ukumenya rwose ibyiringirwa, udashidikanya ko bitazaba, kandi niko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby'ukuri. 2 Icyatumye aba kera bahamywa neza n'uko bari bagufite. 3 Kwizera ni ko kutumenyesha y'uko isi yaremwe n'Ijambo ry'Imana, ni cyo cyatumye ibiboneka bitaremwe mu bigaragara. 4 Kwizera ni ko kwatumye Abeli aha Imana igitambo kiruta icya Kaini kuba cyiza, ni na ko kwamuhaye guhamywa ko ari umukiranutsi, ubwo Imana yahamyaga ko amaturo ye ari meza, kandi ni ko kwatumye na none akivuga, nubwo yapfuye. 5 Kwizera ni ko kwatumye Enoki yimurirwa mu Ijuru ngo adapfa, kandi ntiyaboneka kuko Imana yamwimuye; kuko yahamijwe atarimurwa yuko yanejeje Imana, 6 ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza: kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka."

(9) Kwisunga amateraniro meza.

Abaheburayo 10: 24-25 "Kandi tujye tuzirikanana ubwacu, kugira ngo duterane ishyaka ryo gukundana n'iry'imirimo myiza. Twe kwirengagiza guteranira hamwe, nk'uko bamwe bajya bagira, ahubwo duhugurane, kandi uko mubonye urya munsi wegera, mube ariko murushaho kugenza mutyo."

1 Abakorinto 15:33-34 "Ntimuyobe; kwifatanya n'ababi byonona ingeso nziza. 34 Nimuhugukire gukiranuka, nk'uko bibakwiriye, ntimukongere gukora ibyaha; kuko bamwe batamenya Imana. Ibyo mbivugiye kubakoza isoni."

Zaburi 119:63 "Mbana n'abakubaha bose, n'abitondera amategeko wigishije."

(10) Kugira umutima nk'uwari muri Kristo: Kugira ibyo turebaho, iby'igiciro, iby'ibanze n'ibyo dukurikira byiza.

Matayo 6:21-23 "Kuko aho ubutunzi bwawe buri, ari ho n'umutima wawe uzaba. 22 Itabaza ry'umubiri ni ijisho. Ijisho ryawe nirireba neza, umubiri wawe wose uba ufite umucyo; 23 ariko niriba ribi, umubiri wawe wose uba ufite umwijima. Nuko umucyo ukurimo nuba umwijima, mbega uwo mwijima uko uba ari mwinshi!"

2 Abakorinto 10:5 "Dukubita hasi impaka n'ikintu cyose cyishyiriye hejuru kurwanya kumenya Imana, dufata mpiri ibitekerezwa mu mitima byose, ngo tubigomorere Kristo."

1 Timoyeyo 6:6-12 "Icyakora koko kubaha Imana, iyo gufatanije no kugira umutima unyuzwe kuvamo inyungu nyinshi: 7 kuko ari ntacyo twazanye mw'isi, kandi ntacyo tuzabasha kuyivanamo. 8 Ariko ubwo dufite ibyo kurya n'imyambaro biduhagije, tunyurwe na byo; 9 kuko abifuza kuba abatunzi bagwa mu moshya no mu mutego no mw'irari ryinshi ry'ubupfu ryangiza, rikaroha abantu mu bibahenebereza bikabarimbuza. Kuko gukunda impiya ari umuzi w'ibibi byose. Hariho abantu bamwe bazirarikiye, barayoba, bava mu byo kwizera, bihandisha imibabaro myinshi. 11 Ariko wehoho, muntu w'Imana, ujye uhunga ibyo: ahubwo ukurikize gukiranuka, kubaha Imana, kwizera, urukundo, kwihangana, n'ubugwaneza. 12 Ujye urwana intambara nziza yo kwizera, usingire ubugingo buhoraho, ubwo wahamagariwe, ukabwaturira kwatura kwiza imbere y'abahamya benshi."

(11) Gutekereza ku ngaruka: Icyaha kigira iteka ibihembo byacyo - dusarura ibyo tubiba.

Abagalatiya 6:6-7 "Uwigishwa Ijambo ry'Imana agabane n'uwigisha ibyiza byose. 7 Ntimuyobe: Imana ntinegurizwa izuru; kuko ibyo umuntu abiba, ari byo azasarura."

Ingaruka zimwe z'icyaha ni: gutakaza ubusabane n'Imana, igihano cy'Imana, gutakaza ibyo kugira umurimo urumbutse, ubumwe burimbuwe, gutakaza ingororano, n'ikiruta ibindi, gusuzugura Umwami.


7 Charles C. Ryrie, Basic Theology, Victor Books, Wheaton, 1986, p.212.

8 J.R.W. Stott, The Epistles of John, An Introduction and Commentary, Eerdmans, Grand Rapids, 1964, pp.76-77.

9 William F. Arndt and F. Wilbur Gingrich, A Greek-English Lexicon of the New Testament and Other Early Christian Literature. Cambridge, University Press, 1960, p.623.

10 Zane Hodges, “1 John,” The Bible Knowledge Commentary, the New Testament Edition, Editors, John F. Walvoord and Roy B. Zuck, Victor Books, Wheaton, 1983, p.887.

11 A. T. Robertson, A Grammar of the Greek New Testsment in the Light of Historical Research, Broadman Press, Nashville, 1934, p.1087; James Hope Moulton, A Grammar of the New Testament Greek, Vol.1, T.&T Clark, Edinburgh, Third Ed., 1967, p.167.

Related Topics: Basics for Christians

Report Inappropriate Ad