MENU

Where the world comes to study the Bible

Ubugingo Bwitangira Amasengesho

Intangiriro

Muri hutihuti yacu yo muri iyi si ishingiye kandi yishingikiriza ku muntu ipimira gutsinda ku byo dukora, gukora ibintu binini, cyangwa uko ibyo dukora bingana, kubona twenyine igihe cyo kwiherera n’Imana kugira ngo tubashe gukura mu by’Umwuka ni iby’ingenzi dutakaza. Abenshi babibona nk’ibitari iby’ingenzi, nk’ikintu gikorwa n’abadafite ikindi bakora. Ikibazo abantu bakunze kwibaza ni ukuvuga ngo mbese bimaze iki kugira igihe cyo kwiherera n’Imana wenyine ?

Twita ku bigirira abandi akamaro cyane ku buryo dusanga bikomeye cyane kureba ku gihe mu buryo butari urutonde ry’ibyo tugomba gukora, ibyo twakoze n’ibyo twagezeho. Abandi babona igihe cyo kubana n’Imana wenyine nk’ibidashoboka. Hari imbaraga zisa n’izikurura zijyana hanze muri iyi si yacu yateye imbere zidushyira mu mirimo cyangwa ubucuruzi bya serwakira. Ariko birashoboka ko ikiruta ibindi ari uko isi yacu yaroshywe mu byo kutihangana. Eugene Peterson yasobanukiwe neza iby’uko kutihangana maze arandika ati:

Ikigaragaza isi kimwe nashoboye kubona nk’icyangiza abakristo ni ukwibwira ngo ikintu cy’ingirakamarogishobora kubonwa mu kanya gato. Tuvuga ko niba ikintu gishobora gukorwa, kigomba gukorwa vuba kandi neza. Kwita ku bintu kwacu kwatwawe na masegonda 30 yo kwamamaza ibicuruzwa. Ukuri kwacu kwatwawe na bene bya bitabo bigira amapaje make (30).

Hariho isoko nini y’ubumenyi mu by’idini muri iyi si yacu; nta benshi bishimira ko kuba inyangamugayo bigerwaho habanje kubaho kwihangana, abenshi ntibashaka kwiga igihe kirekire bimwe abakristo ba mbere bitaga ukwera.

Buri wese ari muri hutihuti. Abantu nigishije kuramya, abo nagiriye inama, abo nasuye, nasengeye, nabwirije, kandi nigishije, bashaka inzira z’ubusamo... Ntibihanganira gutegereza imbuto ... Ubugingo bw’umukristo ntibushobora gukomera mu bintu nk’ibi no mu buryo nk’ubu.91

Umwami Dawidi yari azi ko akeneye igihe cya buri munsi cyo kwihererana n’Imana wenyine, kandi nubwo yahuraga n’ibigeragezo n’ibirushya byamukururiraga mu zindi nzira, yahize ko nta kintu cyamubuza kwiherera n’Imana buri munsi - cyane cyane mu gitondo cya kare atangiye umunsi we. Muri Zaburi 5:3 Dawidi yarahize ati, ‘Uwiteka, mu gitondo uzajya wumva ijwi ryanjye: Mu gitondo nzajya nerekeza gusenga kwanjye kuri wowe, mbe maso, ntegereje.’

Nta gushidikanya ni uku kwiherera n’Uwiteka kwa gicuti igitondo ku kindi kwatumye kwizera kwa Dawidi gukura maze kumugira umuntu umeze nk’uko umutima w’Imana ushaka. Uko gutegereza kwa mu gitondo, nk’uko dushobora kubyita, gufite ingororano yihariye yo kumenya Imana kurushaho no guhindurwa tugasa na Kristo. Ni ukuri Umwami yari afite iibi ku mutima, nibura ho agace, igihe yavugaga muri Matayo 6:6 ati ‘Wehoho n’usenga, ujye winjira mu nzu, ubanz’uking’urugi, uherek’usenge So mwihereranye: nuko So ureb’ibyiherereye azakugororera.’

Ingororano zo kwiherera wenyine n’Imana ntizihita zigaragara bityo mu kutihangana kwacu twirukira ibintu birushaho kugaragara ko bishoboka. Ariko ibi ni ukwishuka na none. Ingaruka mbi zo kutagira igihe cyo kwihererana n’Imana buri munsi ntizihita zigaragara. Si kimwe no kugwa uvuye ku gisenge cy’inzu aho imbaraga z’isi zikurura ibiyegereye (gravite ou pesanteur) zigukururira ku butaka.

Umubwiriza 8:11-12 ‘Kukw’iteka ry’umurimo mubi rituzura vuba, ni cyo gitum’imitima y’abantu ishishikarira gukor’ibibi. 12 Nubw’umunyabyah’acumura kar’ijana, arikw’akaramba, nzi rwose yukw’abubah’Imana bar’imbere yayo ari bo bazamererwa neza:’

Ingaruka zo kutegera Imana ni kimwe no kubora kw’ikintu. Uko igihe gishira dutangira kumva umunuko wo kubora kw’iby’Umwuka n’imyifatire. Igitangaje, ukubora kw’iby’Umwuka guherekezwa no kwinangira kw’imitima yacu bishobora kuduhuma amaso y’ubwenge ntitubashe kubona ko umutima wacu urimo ubora.

Abaheburayo 3:7-8 ‘Nuko rero, nk’uk’Umwuka Wera avug’ati: uyu munsi nimwumv’ijwi ryayo, 8 Ntimwinangire imitima, nk’uko mwayinangiye mu gihe cyo kurakaza, ku munsi wo kugerageza mu butayu:’

Abaheburayo 3:12-13 ‘Nuko bene Data, mwirinde, hatagir’uwo muri mw’ugir’umutima mub’utizera, umutera kwimura Imana ihoraho. 13 Ahubwo muhuguran’iminsi yose bicyitw’uyu munsi, hatagir’uwo muri mw’unangirw’umutima n’ibihendo by’ibyaha.’

Mariko 6:51-52 ‘Aratambuka, ajya mu bwato barimo: umuyag’uratuza. Barumirwa cyane, 52 kuko batari basobanukiwe n’ibya ya mitsima, kand’imitima yabo yar’ikinangiwe :’

Tutagize igihe cyo kwiherera n’Imana icy’ibanze, andi masaha tugenera gahunda zacu zihora zuzuye yakoreshwa nabi. Dukunze kwibagirwa ibihe byo kwiherera kubera imirimo yacu, gufashanya, imiryango yacu, byose bigaragara ko ari iby’ingenzi. Gukora bisa n’ibigaragara ko ari byo bikwiriye gukorwa aho gusenga cyangwa gutekereza ku Ijambo ry’Imana. Ariko ibyo kwimenyereza mu buryo bw’Umwuka, gusenga no gutekereza ku Ijambo ry’Imana ntibivuga kutagira icyo umuntu akora cyangwa kuba umunebwe. Ni ukwimenyereza gukomeye kwa ngombwa ku bugingo bw’Umwuka.

Nta gushidikanya ko kwihererana wenyine n’Imana bitoroshye kandi bitera urujijo umuntu wo muri ibi bihe ubibona nk’ibikomeye cyane - kwiherera ni uburyo bw’Imana bwo kugira ngo tujye mbere. Satani nk’uko bigaragara ashimishwa no kudushuka ku byo kwihererana n’Imana maze agakora ataruhuka ngo abikomeze. Kandi kuba bikomeye bitwereka ukuntu dukeneye cyane igihe cyo kwihererana n’Imana. Dukeneye kwumva no kwifatanya n’Ijambo Imana yabwiye Eliya umuhanuzi igihe yamubwiraga kwihisha ku kagezi kitwa Keriti (1 Abami 17:3).

Kubona igihe cyo kwihererana n’Imana bikenewe n’abakristo bose - abagore n’ababyeyi, abagabo, abana, abanyeshuri - buri wese. Kuki? Kubera ko ari kubwo kwihererana n’Imana dushobora kugira no kugumana umutima w’Umwuka no kugumana iby’Umwuka bikwiriye ku buryo Imana iba hagati y’ibyo dukora byose kandi akaba ari Yo iyobora ubugingo bwacu.

Ni muri ubwo buryo bubiri bwo kwimenyereza tuzabasha kuvuga muri iri somo ko Imana ivugana na twe, na twe tukavugana na Yo. Aha ni ho kwizera kwacu gukurira mu Wo twizera, mu buryo tumwiringira aho kwiyiringira ubwacu.

Kubwo kwiherera kwa buri munsi cyangwa kwa buri cyumweru tubashishwa kwinjira Ijambo ry’Imana naryo rikatwinjira ngo ritwemeze, ridutera inkunga, ritwubake, ridukomeza, ritugenge kandi riduhe ubugingo bufite disipulini kubw’imbaraga z’Umwuka.

Uburyo bubiri bwo kwimenyereza

Kwimenyereza buri munsi byerekeye ku kamenyero ka buri munsi ko gusoma Ijambo ry’Imana no kwegera intebe y’imbabazi buri munsi. Kwimenyereza buri cyumweru byerekeye ku kamenyero ka buri cyumweru (buri gihe) ko guteranira hamwe n’abandi bizera kubwo gusabana, kuririmba, gufashanya, gusenga, no kwigira hamwe Ijambo ry’Imana. N’ubwo uko kwiga Ijambo ry’Imana kuvugwa mu buryo bwa buri cyumweru, intumbero y’ibanze iri ku bugingo bwitangira amasengesho ya buri munsi.

Kwiherera kwa buri munsi na buri cyumweru ni kimwe mu bifasha abizera kurushaho kumenya Imana yabo, kubana no kuruhukira mu bugingo bwabo bushya muri Kristo, kandi ngo bagire guhinduka nyakuri mu by’Umwuka no gukizwa ububi bw’icyaha bushaka kugenga ubugingo bwacu. Kwiherera kwa buri munsi bifasha gukura mu byo kwiha Imana mu masengesho n’ubushobozi bwo gufata, kugira ibyacu, kwizera, no gushyira mu bikorwa ibyanditswe, Ijambo ry’Imana ku bantu bayo. Nta kwiherera buri munsi na buri cyumweru byumviswe kandi bikorwa neza, haba amahoro make, no guhinduka mu by’Umwuka guke binyuze mu bumwe bukomeye bwo kwizera Imana nzima.

Urugero, Abaroma 8:2-4a havuga iby’ubugingo bushya bw’umukristo muri Kristo hamwe n’ubushobozi bushya bw’ubugingo bubatuwe abizera babona kubw’ubugingo buyobowe n’Umwuka. Icyakora ibi si ibintu by’amayobera gusa, ibintu byikora bigira gutya bikaza ku mukristo mu kanya gato akimara kwizera Kristo. Bityo Abaroma 8:4b havuga iby’ubwo bushobozi buhindura ubugingo bushya bwo kugenda nk’uko (kwigana kandi uyoborwa n’) Umwuka ashaka. Hanyuma umurongo wa 5 werekana uko kugenda ko mu by’Umwuka hakurikijwe Umwuka mu ntumbero y’ubwenge bw’umuntu. Abaroma 8:5 hasomwa hatya:

‘Abakurikiz’ibya kamere y’umubiri, bita ku by’umubiri; nahw’abakurikiz’iby’Umwuka bakita ku by’Umwuka.’

Nk’Umwuka w’ukuri, Umwuka Wera ni We utwigisha kandi akamurikira imitima yacu mu Ijambo ry’Imana (Abefeso 1:15-20; 3:16-19). Iby’Umwuka nyakuri, kugendera mu kuyoborwa n’Umwuka w’ukuri, bitanga kumurikirwa, gusobanukirwa mu by’Umwuka no gutekereza ku Mana n’umuntu n’agaciro nyakuri n’iby’ibanze mu bugingo. Ariko na byo ni ukuri ko gutekereza ku Ijambo ry’Imana no gutekereza kuboneye ari iby’ingenzi ku by’Umwuka nyakuri cyangwa ku byo kugendera mu kuyoborwa n’Umwuka.

Umwuka Wera ntakorera mu cyuka, kitari uko Imana ibona ibintu. Ijambo ry’Imana n’Umwuka bakorera hamwe ku buryo, iyo tudafashe igihe ngo twiherere n’Imana twenyine mu kutwihishurira kwayo muri Bibiliya, ibintu bibiri bishobora kubaho: (a) Dushobora kuzimya umuriro w’Umwuka kandi tukamuteza agahinda, na (b) nk’abakorera mu cyuka, dushobora gushaka kwiga imyitwarire y’iyi si idukikije n’uko ibona ibintu.

Abaroma 8:6 hongera ku byo twari dusanzwe tuzi. Hasomwa hatya: ‘Umutima wa kamere utera urupfu.’ Umutima wa kamere ugerageza kubaho utishingikirije ku Mana; ni umutima w’uko umuntu abona ibintu, uko umuntu abona ibisubizo by’ubugingo, n’iby’imbaraga z’ubushake bw’umuntu. Inkurikizi ni urupfu. Urupfu bivuga gutandukanywa no kubura ubugingo, ariko igice usomamo gupfa ni cyo cyerekana ko ari rupfu ki cyangwa gutandukanywa ki. Intumwa aha yandikiraga abakristo bari i Roma, kandi ukurikije igice yavugaga ku by’ubugingo bwa kamere, gushavuzwa no kubura amahoro, ubugingo buneshwa na kamere y’icyaha. Bikomeje, ubwo bugingo bwahindukiramo urupfu umubiri nk’igihano cy’Umwami.

Abefeso 5:14 ‘Nicyo gituma bivugwa ngo: Usinziriye we, kanguk’uzuke, Kristo abon’ukw’amurikira!’

Abaroma 8:13 ‘Kuko niba mukurikiz’ibya kamere y’umubiri, muzapfa; ariko ni mwicish’Umwuka ingeso za kamere, muzarama.’

Abaheburayo 12:9-13 Ko dufite ba data batubyaye ku mubiri, bakaduhana, natwe tukabubaha: ntidukwiriye kurushaho cyane kugandukira Se w’imyuka tugahoraho? 10 Kuko ba bandi baduhanag’iminsi mike nk’uko byari bibabereye byiza, nah’uwo aduhanira kugira ngo bitubere byiza, dusangire kwera kwe. 11 Nta gihano kinezez’ukigihanwa, ahubwo kimuter’umubabaro, ariko rero hanyuma cyer’imbuto zo gukiranuka zihesh’amahoro abamenyesherejwe na cyo. 12 Nuko mumanike amaboko atentebutse, mugoror’amav’aremaye: 13 kandi muharurir’ibirenge byany’inzira zigororotse, kugira ngw’ikirenge gicumbagira kidakuka rwose, ahubwo gikire.’

1 Abakorinto 11:28-32 ‘Nuk’umuntu yinire yisuzume, abone kurya kur’uwo mutsima no kunywera kur’icyo gikombe: 29 kuk’upfa kurya, akanywa, atitaye ku mubiri w’Umwami, ab’aririye kand’ab’anywereye kwishyiraho gucirwahw’iteka: 30 ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagira intege-nke, abandi bakarwaragura, abandi benshi bakaba basinziriye. 31 Ariko twakwisuzuma, ntitwagibwaho n’urubanza. 32 Nyamara, iyo duciriw’urubanza n’Umwami wacu, duhanirwa na we kugira ngo tutazacirirwaho iteka hamwe n’ab’isi.’

Ibitandukanye, ‘umutima w’Umwuka’ ni umutima wishingikiriza ku Mana mu buryo bw’Umwuka, ukora nk’uko Imana ibona ibintu hamwe n’iby’agaciro byayo, intego zayo, n’iby’ibanze. Ingaruka ni ubugingo, amahoro, kunesha, ubusabane, ubugingo buyoborwa kandi bugengwa n’Umwuka Wera, no guhindurwa mu ishusho y’Imana.

Iyi myitozo mu by’Umwuka (kwiherera kwa buri munsi cyangwa buri cyumweru) ni ubuntu bw’Imana buyobora imitima yacu nk’uko Umwuka ashaka. Aha ni ahantu umutima wuzura ibintu bya Kristo kandi ukavugururwa n’Umwuka w’Imana nk’uko Ijambo ry’Imana ribitwereka ko tugomba kugendera mu bugingo bushya.

Iringaniza ry’ingenzi

Hari iringaniza ritoroshye rigomba kubaho iteka, inzira ntoya, cyangwa se twabura uburyo bwo gukizwa n’ubuntu nyuma tugahereza muri rimwe mu maherezo cyangwa se yombi.

Ibyo kwiherera buri munsi cyangwa buri cyumweru tubyita imyitozo mu by’Umwuka kubera ko ijambo umwitozo ryibanda ku ruhare rw’umwizera mu kwubaha Imana. Ariko ibi ntibivuga ko kubw’imyitozo y’imbaraga z’ubushake bw’umuntu cyangwa imbaraga z’umuntu dushobora kunesha kamere yacu y’icyaha n’inzira zayo ziruhanya. Ntidushobora ubwacu kwivana mu mico igenga ubugingo bwacu kubw’imbaraga zacu uko twashaka kubikora kose. Ikintu kimwe cyo, akenshi intego mu bintu nk’ibyo ni ukwikunda.

Nubwo abantu akenshi banesha imico imwe kubwo kwitanga, kwikunda gukomeza kubaho maze guhinduka nyakuri usa na Kristo ntikubeho. Abantu bakunda akenshi guhinduka kandi bashobora guhindukirira Imana ngo ibafashe, ariko niba badashaka kumenya Imana nyakuri no gukurira mu bumwe bwabo na Yo, baba bahindukiriye Imana nk’ikizimu.

Ukuri kw’ibanze kwa Bibiliya ni uko guhinduka mu by’Umwuka biterwa no kwubaha Imana nyakuri, no gukurira mu kwishingikiriza Imana no kugirana ubumwe na Yo muri Kristo.

Abakolosayi 2 havuga kuri bumwe mu buryo cyangwa amategeko y’abantu bakoresha akenshi mu gushaka uburyo bategeka icyaha cyangwa guhinduka. Mu gice 2:23 Pawulo avuga kuri bumwe muri ubwo buryo nk’idini ryikoze’ cyangwa ‘kuramya ubushake’. Iri ni ijambo ry’Ikigiriki ethelothreskia riva kuri thelema rivuga ‘ubushake’ na threskeia rivuga ‘idini cyangwa gusenga kwo hanze’. Ryerekeye ku bushake bwo gusenga, gufasha, gusenga kw’ubushake, cyangwa idini umuntu yishyiriraho ry’ibigomba gukorwa n’ibigomba kudakorwa abantu bakoresha ngo bahindure ubugingo bwabo.

Abakolosayi 2:20-23 ‘Nuko rero, niba mwarapfanye na Kristo, mukaba mwarapfuye ku migenzereze ya mbere y’iby’isi, n’iki gituma mwemera kuyobok’amategeko y’imihango nk’aho muk’ir’ab’isi, 21 (ngo: Ntugafateho, ntugasogongereho, ntugakoreho; 22 kand’ibyo byose biba bihez’iyo biriwe,) mugakurikiz’amategeko n’inyigisho by’abantu? 23 Ni kokw’ibyo bisa nahw’ar’iby’ubwenge, kugira ngw’abantu bihimbir’uburyo bwo gusenga, bigire nk’abicisha bugufi, bigomw’iby’umubiri. Nyamara nta mumaro bigira na hato, wo kurwany’irari ry’umubiri.’

Ariko intumwa itwereka muri iki gice ko uburyo nk’ubwo ntacyo bushobora kugeraho kubera impamvu ebyiri:

(1) Iya mbere, ntacyo bugeraho kubera ko uburyo bw’abantu bwose ari nta mumaro bugirira kamere y’icyaha y’umuntu iba yaracengeye mu bugingo bwe bwose. Umubiri ntushobora kunesha umubiri. Kwikunda ntigushobora kunesha kwikunda kubera ko kwikunda ari byo bikomeza kuba ari byo bigenga ubugingo.

(2) Iya kabiri, uburyo bw’idini ry’umuntu ntibukora kuko bubuze kwizera mu mwanya mushya w’umukristo n’ubugingo muri Kristo. Ahari Pawulo aranatuburira ko iyo tugerageje guhinduka n’imbaraga z’ubushake bwacu (kwikunda) bikatugeza mu ngorane nyirizina, kuba dukeneye kwizera no kwishingikiriza ku Mana n’ibyo yadukoreye muri Kristo. Gusenga ubushake nta kindi kugeraho atari ukuneshwa kubera ko kubuza kwizera mu mwanya dufite muri Kristo n’ubutunzi bwo mu ijuru dufite muri We. Ibi binyuranye no kwishingikiriza ku Mwami n’umurimo We w’ubuntu. Igihe cyose tuzaba dutekereza ko dushobora kwikiza ubwacu n’imbaraga z’ubushake bwacu, bizatera icyaha kiba muri twe gukura .

Reba ukuntu mu Bakolosayi 2:23 intumwa itwigisha ko idini nk’iryo ryikoze cyangwa gusenga ubushake ‘bigaragara nk’ubwenge’. Bizagaragara inyuma nko gutsinda ku rwego runaka, hamwe na hamwe kandi mu gihe gito, ariko hakazabaho ubusembwa bukabije, gucika, no kwangirika mu gukiranuka kwacu, kandi imibereho nyakuri y’ubugingo bwacu bw’imbere izerekana kuneshwa mu by’Umwuka.

Matayo 12:33-36 herekana ukundi kuri gushobora gushyirwa mu bikorwa.

‘Nimwite igiti cyiza n’imbuto zacyo muzite nziza, cyangwa nimwite igiti kibi n’imbuto zacyo muzite mbi; kukw’igiti kimenyekanishwa n’imbuto zacyo. 34 Mwa bana b’inshira mwe, mwabasha mute kuvug’amagambo meza, muri babi? Ibyuzuye mu mutima n’iby’akanwa kavuga. Umuntu mwiz’atang’ibyiza abikuye mu butunzi bwe bwiza, n’umuntu mubi atang’ibibi abikuye mu butunzi bwe bubi. 36 Kandi ndababwira y’ukw’ijambo ry’imfa-busa ryos’abantu bavuga bazaribazwa ku munsi w’amateka.’

Abafarisayo abo Yesu yabwiraga muri iki gice bari ab’idini y’inyuma bashakaga kuba beza ku bw’imbaraga z’ubushake bwabo n’imirimo y’idini. Kubera ko ubugingo bwabo bw’imbere butari buhinduwe n’ubuntu bw’Imana – kubwo guhindurwa bashya no kubwo gukomeza ubusabane n’Umwami - ntibyabashobokeraga kuvugisha ukuri ibintu byiza no kwitwara mu buryo bukiranuka. Vuba cyangwa kera, turetse uko bagaragara inyuma, umutima wabo nyakuri warashyiraga ukajya ahagaragara. Ibi ni ukuri kuri buri wese muri twe, n’ubwo duhindurwa bashya n’Umwuka w’Imana nk’abizera Kristo. Iyo umuntu wacu w’imbere adaterwa imbaraga buri munsi kubw’ubugingo bwa gicuti-magara n’Imana, umutima nyakuri w’umuntu ugeraho ukajya ahagaragara.

Si uko dushaka kuba dutyo; nta mugambi cyangwa icyifuzo dufite cyo guha urwaho ubwanzi bwacu, tukagaragaza uburakari, cyangwa tukitwara mu buryo bwo kwibabarira, kwisobanura, kwiyemera, cyangwa tugakorera mu bwoba. Ariko, uko tugenda mu bugingo, tugahura n’ingorane zitandukanye n’abantu batandukanye, umutima wacu nyakuri uzageraho wiyerekane.

Nubwo twagerageza kubihisha, kubiniga n’ububasha bwacu, ukuri kuzagaragara kubera ibyo tuvuga cyangwa dukora, cyangwa se ibyo umubiri wacu uvuga. Imbaraga z’ubushake n’ibyifuzo byiza nta bushobozi bifite bwo kurwanya kamere y’icyaha. Umutima wonyine, ubugingo bw’Umwuka butunganiye Imana, bumwe butunze ukuri kw’Imana kandi bugukoresha mu myifatire y’iby’Umwuka, uwo mutima ni wo ushobora kwirinda mu bihe bitunguranye.

2 Abakorinto 10:3-5 ‘Nubwo tugenda dufit’umubiri w’umuntu, ntiturwana mu buryo bw’abantu, 4 kukw’intwaro z’intambara yac’atar’iz’abantu, ahubw’imbere y’Imana zigir’imbaraga zo guseny’ibihome no kubikubita hasi, 5 dukubita has’impaka n’ikintu cyose cyishyiriye hejuru kurwanya kumeny’Imana, dufata mpir’ibitekerezwa mu mitima byose, ngo tubigomorere Kristo.’

Kumenya ibi bituzana imbere y’ukuri kw’ingenzi. Ibirebana no gukiranuka nyakuri byose ni impano z’Imana: gukiranuka umuntu ahabwa, gukiranuka umuntu agira, ndetse nk’uko byumvikana, kwezwa nyakuri. Ni ngombwa ko dusobanukirwa ko gukiranuka tugira, kunesha kamere y’icyaha (‘kwiyambura imyenda ishaje’ no ‘kwambara imico y’Imana’), cyangwa se kunesha ubugingo bugengwa n’icyaha) ari umurimo w’Imana. Ni ukuri duhamagarirwa gushyira hamwe n’Imana kubwo kwizera n’igisubizo cy’ukuri ku buntu, ariko guhinduka gukenewe, guhinduka mu by’Umwuka, ni ubuntu butangwa kubw’ubugingo bushya muri Kristo n’imbaraga z’Umwuka.

Abaroma 5:17 ‘Kuk’ubw’igicumuro cy’umwe cyateye k’urupfu rwimikwa n’umwe, ni nakw’abahaw’ubuntu busesekaye n’impano yo gukiranuka bazarushaho kwimikanw’ubugingo n’umwe, ni we Yesu Kristo.’

Impano yo gukiranuka kuvugwa mu Baroma 5:17 ntibigomba kwitwa gukiranuka umuntu ahabwa gusa. Mu kwigisha teolojiya kwa Pawulo ntiharimo amacakubiri. Hamwe n’impano yo gukiranuka kw’Imana muri Kristo haza na none umurimo w’Imana ku bwacu kugira ngo yerekane gukiranuka muri twe ku buntu kubwo kwizera. Pawulo yongeraho ati, ‘bazarushaho kwimikanwa ubugingo n’umwe, ni We Yesu Kristo.’ Ryari kandi hehe? Mu bugingo, si nyuma y’ubu bugingo gusa, ahubwo ni ubu kubw’ubugingo bushya dufite muri Yesu Kristo.

Aha rero hari ukuri kw’ingenzi n’ahantu dushobora kunyerera tukava mu nzira ifunganye ijyana ku guhinduka mu by’Umwuka. Iyo dufashe uku kuri, uku gukiranuka kubw’ubuntu, ndetse no gukiranuka umuntu agira, dukunda kutagira icyo dukora (‘kureka no kurekera Imana’) cyangwa kwizera ko ntacyo dukwiriye gukora cyangwa dushobora gukora. Aha ni ho ibyo duhora dukora bya disipulini, mu by’Umwuka bigira akamaro. Imana yashyizeho izo disipulini mu by’Umwuka nk’uburyo bwo kwakira ubuntu bwayo cyangwa kubwakira mu bugingo bwacu ngo Imana ibashe kuduhindura. Izo disipulini zidushoboza kwishyira mu mwanya wo guhabwa imigisha no kwishyira mu maboko y’Imana.

Abagalatiya 6:7b hatwibutsa iby’itegeko ryo gusarura. ‘Kuko ibyo umuntu abiba ari byo azasarura.’ Dusarura hakurikije ibyo twabibye. Kimwe n’uko umuhinzi nta cyo akora ngo akuze ibihingwa atari ugutegura ubutaka no gutera imbuto, na twe tugomba gutegura ubutaka bw’imitima yacu no gutera imbuto y’Ijambo ry’Imana kugira ngo tuzasarure gukiranuka. Bityo mu buryo bwikora kubw’imbaraga z’Ijambo ry’Imana, imbuto irabyara (Mariko 4:26-29). Bityo ni uko biri ku byerekeye izo disipulini mu by’Umwuka. Ni uburyo Imana ikoresha mu gutegura ubutaka bw’imitima yacu, bwo guterera Umwuka, n’ubwo kwegurira ubugingo bwacu ibintu by’Umwuka. Hatariho izi disipulini, tubibira umubiri tugasarura umubiri, haba mu byo abantu bita byiza n’imirimo ipfuye y’idini cyangwa kwitwara kwa kamere y’icyaha cyangwa byombi.

Kimwe mu by’ingenzi byo kwubaha Imana ni ukugira umutima unyuzwe. Mutekereze gusa ukuntu ikibi kibaho kubera kugira umururumba cyangwa kutagira umutima unyuzwe. Pawulo yaranditse ati, ‘Icyakora koko kwubaha Imana, iyo gufatanije no kugira umutima unyuzwe, kuvamo inyungu nyinshi’ (1Timoteyo 6:6). ‘Kugira umutima unyuzwe’ ni ijambo ry’Ikigiriki autarkeia rivuga ‘wihagije’. Ariko iri jambo ryakunze gukoreshwa mu Isezerano Rishya, ryarimo kutita ku bintu bishimisha umuntu, bimuhesha agaciro, cyangwa umutekano. Ahubwo, ibi bintu tubibona mu Mana kubwo kwihaza kwa Kristo.

Abafilipi 4:10-13 ‘Nishimiye cyane mu Mwami wacu, kuko na none nubwo byatinze, mwongeye kunzirikana: icyakora, mwaranzirikanaga, ariko mwaburag’uburyo. 11 Ibyo si mbivugiye yuko nakenaga, kuk’uko ndi kose, nize kunyurwa n’ibyo mfite. 12 Nzi gucishwa bugufi, nzi no kugir’ibisaga: n’aho naba ndi hose, n’uko naba ndi kose, nigishijw’uburyo bwo kwihangana bwose, ar’ugushaka, ar’ugusonza, ar’ukugir’ibisaga, cyangwa gukena. 13 Nshobozwa byose na Kristo ump’imbaraga.’

Ku byerekeye kugira umutima unyuzwe, Spurgeon yaranditse ati:

Ntabwo dukeneye kubiba imikeri n’ibitovu; birikuza ku buryo buhagije, kubera ko bisanzwe ku isi: bityo, ntitugomba kwigisha abantu kwivovota; bivovota vuba bihagije ntawe ubibigishije. Ariko iby’ingenzi byo mu isi bigomba guhingwa. Niba dushaka kubona ingano, tugomba kuzihinga no kuzibiba; niba dushaka indabyo, tugomba kugira ubusitani bwazo; no kuzitaho. Ubwo rero, kugira umutima unyuzwe ni rumwe mu ndabyo zo mu ijuru, kandi niba dushaka kurugira, tugomba kurutera; ntiruzimeza ubwarwo; ni kamere nshya yonyine ishobora kurubyara, kandi ni bwo tugomba kuba maso ngo tubashe guhingira no gufata neza ubuntu Imana yabibye muri twe.92

Mu Itangiriro 12:1-13 tubona ko Aburamu yananiwe kuguma aho yagombaga guherwa imigisha hafi y’i Beteli aho yari yubatse uruhimbi rwo gusengeraho Imana. Igihe yatewe n’amapfa, yananiwe gukomeza gukoreshwa n’Uwiteka maze yimukira mu majyepfo ahagana mu Egiputa (hashushanya isi) ngo abona gukira amapfa. Aburamu yibagiwe imigisha y’Imana maze ahindukirira ibisubizo bye mu guhungira mu Egiputa kandi mu kubeshya ku byerekeye umugore we avuga ko ari mushiki we, ukuri kw’igice. Beteli bivuga ‘Inzu y’Imana’. Iyi hamwe n’uruhimbi Aburamu yari yarubatse aha, bitwibutsa ko dukeneye ibihe byo gusenga na disipulini mu by’Umwuka bituma Imana ibashisha imitima yacu gukomeza kuba kuri Yo bityo, bikaduha kunesha. Dushobora kuvuga ko Aburamu yaretse kwihererana n’Imana kwa buri munsi.

Nkuko Dawidi yatekereje ku murimo na kamere by’Imana nk’umwungeri we, yarasenze ati, ‘Untunganiriza ameza mu maso y’abanzi banjye’ (Zaburi 23). Tugomba kwirinda ntitubone izindi disipulini nk’ibyo tugomba n’ibyo tutagomba gukora. Ahubwo, nk’uko twakwifuza kubona ameza yo gushima yujujwe ibintu byiza byayo byose, ni ko tugomba kubona izo disipulini nk’igaburo ryera rishyizwe imbere yacu n’Umwami; aho dutumiwe kuza kwicara ngo turye kandi tugaburire imitima yacu ku Mana nzima n’ubuntu bwayo busaze.

Ibyahishuwe 3:20 ‘Dore mpagaze ku rugi, ndakomanga. Umuntu ni yumv’ijwi ryanjye, agakingur’urugi, nzinjir’iwe, dusangire.’

Ibyitonderwa tugomba guhoza ku mutima

(1) Izi disipulini ntizigomba gufatwa nk’aho ari uburyo budasanzwe bugenewe kuduhindura cyangwa se uburyo bwo guhabwa amanota n’Imana. Zifasha gusa mu gutegura ubutaka bw’imitima. Zidushyira ahantu Imana ishobora gukora gukiranuka kwayo ikoresheje Umwuka wayo, mu mucyo w’Ijambo ryayo no kwihaza kwaryo, no guhaza kwa Kristo. Ibi birimo gukora ibyo tugomba gukora ngo tureke ubuntu bw’Imana bukorere muri izo disipulini. Nk’uko Pawulo yashishikaje Timoteyo, ‘ahubwo witoze kwubaha Imana’ (1Timoteyo 4:7b). Cyangwa se nk’uko navuga mu yanjye magambo amagambo Pawulo yabwiye Abafilipi, “Mube ari ko musohoza agakiza kanyu, mutinya muhinda imishyitsi.” Kuko Imana ari Yo ibatera gukunda no gukora ibyo yishimira’ (Abafilipi 2:12b-13). Kwumvira izi disipulini ni uburyo bw’ubuntu kuko muri zo twiyegurira umurimo w’Imana.

(2) Izi disipulini z’iby’Umwuka si iz’aba pasitoro n’abarimu gusa, abamisiyoneri, abamonaki, cyangwa se abantu bakekwa nk’abakomeye mu by’Umwuka bonyine. Ni iz’abizera bose: abantu basanzwe, abakozi, imiryango, abana n’abandi, kandi iz’abizera bose mu nzego zose zo gukura mu by’Umwuka.

(3) Mu gihe izi disipulini zirimo ibikorwa buri munsi, tugomba kwirinda ko ziba ibipfa gukorwa buri gihe gusa, by’akamenyero gusa, iby’agahato, cyangwa uburyo bw’iby’amategeko twiyemeramo nk’Abafarisayo basenganaga kwirata muri Luka 18:11-12. Ahubwo, izi disipulini zigomba gufatwa nk’uburenganzira ku buntu butwegereza Imana kugira ngo naYo ibashe kutwegera. Intego ni ukurushaho kumenya Imana nzima ngo tugire ubugingo bwayo mu bwacu.

(4) Nubwo kwihererana n’Imana buri munsi na buri cyumweru birimo kugena igihe (hamwe cyangwa umuntu ukwe) ntibigomba kurangirira kuri uko kugena igihe. Mu by’ukuri, ibi bihe byagenewe kuzana izo disipulini n’ukuri kw’Imana mu bikorwa n’ibyo duhura na byo buri munsi. Bityo rero ntidukwiriye gupfa kujya ku rusengero rimwe mu cyumweru, cyangwa kugira ibyo twita, ‘kwihererana n’Imana’ hanyuma ngo tubyibagirwe ngo ni aho ‘icyumweru gitaha, Mana’ cyangwa se ‘n’aho mu gitondo, Mwami’.

(5) Icyifuzo cyo kugaburirwa ku meza y’Imana gishobora kugira uburyo bwacyo bwo kubimenyera ku buryo tubibuze twamererwa nabi bitubuza kubona ibibabaza by’isi. Iyo gukurikira Umukiza n’ubugingo bwacu bw’imbere bitubuza kubona isi n’ibyo abandi bakeneye, disipulini yacu mu by’Umwuka iba ihindutse ukuyoba. Ntitugomba kubona kwiherera kwacu n’Imana twenyine nk’uburyo bwo guhunga ibibabaza n’ibirushya by’iyi si mbi. Tuba dutera intambwe zo gukomeza ubugingo bwacu bw’imbere.

Ibyo kwiherera buri munsi

Ibyo kwiherera buri munsi byerekeye izo disipulini z’iby’Umwuka bya buri munsi n’ibyo dukora buri gihe bikenewe mu gukomeza no kugira ubusabane cyangwa se kugendana n’Umwami biduhindukiramo imbuto zo gukura, kwera imbuto, no guhinduka mu by’Umwuka cyangwa gusa na Kristo. Ibiri muri izi disipulini za buri munsi ni amasengesho, kwiga no gusoma Bibiliya, gufata mu mutwe ibice, gutekereza ku Ijambo ry’imana, no gupfa buri munsi ku bugingo bw’umuntu kubwo kwizera no kwitangira Kristo.

      Akamaro ko kwiherera buri munsi

Akamaro k’izi disipulini za buri munsi kazanywe mu Byanditswe n’ibintu byinshi:

Icya mbere, hariho gusubirwamo kw’amagambo nka ‘buri munsi’, ‘uyu munsi’, ‘umunsi n’ijoro’, mu buryo buvuga iby’amasengesho, kwiga Bibiliya, no gutekereza ku Ijambo ry’Imana n’ibindi. (Reba umugereka wa 6 ku by’ibice bivuga kuri ‘buri munsi’ n’amahame ajyana na byo).

Icya kabiri, gukenera izi disipulini buri munsi bigaragarira muri kamere y’uko turi abantu: turoroshye, dufite intege-nke, turi abanyabyaha, dukunda kujya mu bwirasi bwo kutagengwa n’Imana, kandi dufite kamere y’icyaha itugenga kandi ikatuyobora iyo izo mbaraga zitamenywe n’imbaraga za Yesu Kristo. Mwibuke indirimbo y’Imana ya kera ifite aya magambo ngo, ‘Nkunda kujarajara, ndabyumva, nkunda kureka Umwami unkunda.’ Tumeze nk’intama zikunda kuzerera no kwifatira inzira zacu.

Yesaya 53:6 ‘Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabay’intatane; Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese;’

Icya gatatu, Ijambo ry’Imana ritubwira ko turi mu bihe bibi, kandi ko umwanzi wacu, Umubi, agendagenda nk’intare yivuga ishaka uwo yaconshomera. Akora uko ashoboye kose ngo agabanyemo ibice gutekereza kw’abantu b’Imana. Agerageza kubayobya ku bo bari bo n’impamvu bariho. Abashyira mu bindi bintu. Ashaka ko bigenga, bagatekereza nk’ab’isi, gutekereza nk’uko umuntu wa kamere atekereza mu bitagira umumaro byo mu mutima we. Akura abantu mu Ijambo ry’Imana kugira ngo ubumwe bwabo n’Ijambo ry’Imana bube ubw’inyuma n’ubwo hanyuma.

Abefeso 5:15-16 ‘Nuko mwirinde cyan’uko mugenda, mutagenda nk’abatagira ubwenge, ahubwo mugende nk’abanyabwenge, 16 mucunguz’ubury’umwete, kuko iminsi ari mibi.’

1 Petero 5:8 ‘Mwirind’ibishindisha, mube maso; kuk’umurezi wanyu Satani azerera nk’intare yivuga, ashak’uw’aconshomera.’

Hari uwavuze ko umwanzi wacu akaze mu bintu bitatu: urusaku, kwihuta cyangwa guhubuka n’ikivunge. Satani afite ibintu aha agaciro mu by’umuco cyangwa iby’abantu bizera, ibihendo ashukisha akoresha itorero kugira ngo rigombe kuneshwa mu guhamagarwa n’umugambi byaryo. Buri cyose muri ibi birwanya gukuza no gukomeza ubugingo bwa Kristo mu kwiga no gutekereza ku Ijambo ry’Imana. Bigenewe kudukura mu Ijambo ry’Imana rya ngombwa ku kutubashisha kurwanya ibihendo bya Satani n’isi no kwumva no gusubiza umuhamagaro w’Imana ku bugingo bwacu. (Reba umugereka wa 7 ku mitego y’isi).

Icya kane, ikibonezamvugo cy’Ikigiriki cy’Isezerano Rishya cyerekana neza gukena kwacu. Ibice bimwe bikoresha indagihe y’igikorwa gihoraho mu inshinga ishishikariza abizera kuba maso. Ibindi bikoresha inshinga itondaguye muri aoriste (igihe kitaramba) itegeka irimo ibyo kugira umwete kubera ingorane zihoraho z’abanzi bacu. Byose hamwe bishimangira uko abakristo bagomba kuba menge, bakitondera uko bagenda n’uko bafata ubugingo buri mwanya w’umunsi (Reba Abefeso 5:15-16 na 1 Petero 5:8 haruguru aha).

Icya nyuma, no kugira ngo ibintu birusheho kugaragara ko byangirika, Ibyanditswe bitubwira ko, uko iminsi y’itorero igenda isatira ibihe bya nyuma, ibintu bizarushaho kuba bibi bivuga ko ububi bw’ibihe n’imbaraga z’abadayimoni bitazakomeza uku biri ubu, ahubwo bizagenda byiyongera. Bityo, uko wa munsi ukomeye wegereza hazagenda harushaho kubaho gukomera no kurushya ku bizera kimwe no ku kiremwa-muntu cyose (Reba na 2 Timoteyo 3:1-4:4).

1 Timoteyo 4:1-3 ‘Arik’Umwuka avuga yeruy’ati: Mu bihe bizaza bamwe bazagwa bave mu byizerwa bite ku myuk’iyobya n’inyigisho z’abadayimoni, 2 bayobejwe n’uburyarya bw’abigisha b’abanyabinyoma, bafit’inkovu z’ibyaha mu mitima yabo, nk’iz’ubushye, 3 babuza kurongorana, baziririz’ibyo kurya, Imana yaremeye kugira ngw’abizera batameny’ukuri babirye bashima:’

Uku kurushya kuzaza mu buryo bunyuranye bwo kurangaza, kunaniza, no kunesha abizera. Hazabaho guterwa n’abadayimoni kw’ubugingo n’imibiri by’abantu. Hazabaho ingorane zo gutsindwa kw’ubutegetsi mu rwego rw’igihugu n’urw’amahanga, ubukungu butameze neza, ubutegetsi bw’igihugu bwivanga muri byinshi, kubura umudendezo, kuvugana ku byo gusenya ibitwaro bya kirimbuzi, iby’amahoro mu isi, iby’ububanyi n’amahanga bw’abategetsi barwanya Imana buzadusiga aho tutakigira umudendezo. Hazakomeza kubaho kwica amategeko no kutagenzura abayica. Hazabaho, nk’uko tubona byiyongera ubu, ibyo kwica amategeko agenga abantu aho bazavuga ko umweru ari umukara, umukara ari umweru, ko ikibi ari icyiza, ko icyiza ari ikibi. Kandi hazabaho gukomeza no kwiyongera kwo kuyoba kw’umuntu no gushukwa no gushaka ibinezeza mu bugingo, mu madini umuntu yiremeye, ibyo kugirira nabi umubiri, iby’amaranga-mutima n’ibindi. Bityo hazabaho kwiyongera kw’ingorane ku bizera bazayobywa bakavanwa mu nzira, bakananizwa n’ibyo ku ruhande mu gukurikirana amahoro no kumererwa neza n’ibishimisha.

1 Abatesalonike 5:3 ‘Ubwo bazaba bavuga bati: N’amahoro, nta kibi kiriho; nibwo kurimbuka kuzabatungura, nk’ukw’ibise bitungur’umugor’utwite, kandi ntibazabasha kubikira na hato.’

Abafilipi 3:17-19 ‘Bene Data, muger’ikirenge mu cyanjye muhuj’imitima, kandi mwite ku bakurikiz’ingeso zacu, izo mudufitehw’icyitegerezo. 18 Hariho benshi bagenda ukundi, abo nabwiye kenshi, na none ndababwira ndira, yukw’ar’abanzi b’umusaraba wa Kristo; 19 amaherezo yabo n’ukurimbuka: imana yabo n’inda, biratan’ibitey’isoni byabo, bahoz’umutima ku by’isi.’

Abaroma 13:11-14 ‘Nuko mujye mugenza mutyo, kuko muzi yukw’igihe cyo gukanguka gisohoye rwose. Dor’agakiza kacu karatwegereye, kurut’igihe twizereye. 12 Ijoro rirakuze, bwenda gucya. Nuko twiyambur’imirimo y’umwijima, twambare intwaro z’umucyo, tutagir’ibiganiro bibi, tudasinda, tudasambana, tudakor’iby’isoni nke, tudatongana, kandi tutagir’ishyari. 14 Ahubwo mwambar’Umwami Yesu Kristo, kandi ntimuh’urwaho imibiri yanyu, ngw’ibon’ukw’ikor’ibyo yifuza.’

Birumvikana, Imana ntiyaturetse tutagira kivurira imbere y’abanzi bacu batatu: isi, umubiri, n’umwanzi (1 Yohana 2:14; 5:4-5). Icyakora, umwizera agomba we ubwe kwitanga ku bw’ubutunzi bwe mu by’Umwuka muri Kristo, intwaro ze z’Umwuka, izo Imana yamuhereye ubuntu. Bityo tubwirwa mu Befeso 6:10 gukomerera mu Mwami mu mbaraga z’ububasha bwe. Iri ni itegeko ryo kudukomeza iteka (indagihe ihoraho), umwanya ku wundi mu mbaraga, ububasha, n’ubushobozi Imana itanga. Uko gukomeza gufashirizwa muri za disipulini mu by’Umwuka z’ubugingo bwa buri munsi no guterana n’abandi buri cyumweru.

      Urugero rwacu

Kubera ko Umwami Yesu ari We watubanjirije akaba n’urugero dukurikiza mu bugingo bwa gikristo, dutegereza kumubona nk’uwo dukwiriye kwigana mu kwihererana n’Imana buri munsi kandi ibi ni byo tubona (reba Luka 5:15-16).

Abaheburayo 12:2 ‘Dutumbira Yesu wenyine, ni we Banze ryo kwizera kandi niw’ugusohoza rwose; yihanganiy’umusaraba kubw’ibyishimo byamushyizw’imbere, ntiyita kw’isoni zawo, yicar’i buryo bw’intebe y’Imana.’

1 Yohana 2:6 ‘Kuk’uvuga kw’ahora muri we, akwiriye na we kugenda nk’uko yagendaga.’

Luka 5: 15-16 ‘Nyamar’inkur’irushaho kwamamara, iteraniro ry’abantu benshi riteranira kumwumva no gukizw’indwara zabo: 16 ariko we abavamo yiherera mu butayu asenga’.

      Muri iki gice cya Luka kivuzwe haruguru aha, Kristo yari hagati mu murimo we no kuba ikirangirire kubera amagana yamuganaga ngo abafashe no kumwumva avuga (reba na Mariko1:29-39). Yari afite ibihe byinshi byo kuvuga, nk’uko benshi babigira ubu, ko yahoraga asenga kandi ko yagiraga ibihe byo kwihererana na Se. Ariko nubwo Umukiza yakoresheje akenshi ubumana bwe mu gukora ibitangaza bye, Yesu, nk’umuntu, ntiyakoze mu mbaraga ze ubwe cyangwa atishingikirije kuri Se. Buri ntambwe yateye yaterwaga no kwishingikiriza ku Mwuka Wera.

Yohana 14:10 ‘Ntiwizeye yuko ndi muri Data, na Data akaba ari muri jye? Amagambo mbabwira, si nyavuga ku bwanjye: ahubwo Data, uguma muri jye, ni w’ukor’imirimo ye.’

Luka 5:16 hatangira n’ijambo ‘ariko’, ni Ikigiriki de, akajambo kanyuranya cyangwa gakomeza igitekerezo. Aha ni akajambo kanyuranya umurongo wa 15 n’uwa 16 kakaduhamagarira kwitondera ikintu gikomeye. Icyo kintu ni iki. Nubwo yari afite ibihe binyuranye, nubwo yakenuye abakennye benshi ndetse akaba n’ikirangirire, nubwo yari atewe ibibazo no kwita ku bantu, Umwami Yesu ntiyigeze yiyibagiza iby’Umwuka by’ubugingo bwe na Se. Buri munsi kandi ku gihe yashakaga igihe cyo kwiherera ngo yuzurishe ubugingo bwe ubwa Se.

Amagambo ‘yakundaga kwiherera akenshi’ ni icyo abahanga mu kibonezamvugo cy’Ikigiriki bita ikibonezamvugo kigoramye. Ubu ni uburyo bw’ikibonezamvugo bwo gushimangira igitekerezo cy’igikorwa cyari umuco cyangwa akamenyero mu gihe cyashize. Ikivugwa aha ni uko, ibi byari akamenyero n’umuco w’Umwami Yesu. Yakundaga kwiheza ngo yiherere na Se. Birumvikana ko niba We, Imana-muntu itagira icyaha yari akeneye kandi aha ibi agaciro, none ni gute twe, jye na we nti tugomba kurushaho?

      Ibiri mu kwiheera buri munsi

    Igihe cy’Ijambo ry’Imana

Intego n’igitekerezo byo mu Byanditswe ni ukwumva ijwi ry’Imana twumvira buri munsi mu Ijambo ryayo. Dukeneye gusoma, kwiga, kwumva, gutekereza, no kwiga Ibyanditswe n’ukuri kwabyo, ariko kugira ngo ibi bigire icyo bikora kuri twe, tugomba gusoma Ijambo ry’Imana ubwacu buri munsi. Muri ubu buryo, kwiga Bibiliya bituba hafi, bikaba ibyo twiboneye aho kuba ibyo tubwirwa n’abandi gusa.

Ibyakozwe 17:11 ‘Arikw’abo bo bari beza kurut’ab’i Tesalonike, kuko bakirany’Ijambo ry’Imana umutim’ukunze, bashaka mu Byanditswe iminsi yose, kugira ngo bamenye yukw’ibyo bababwiye ar’iby’ukuri koko.’

Abaheburayo 3:13 ‘Ahubwo muhuguran’iminsi yose, bikitw’uyu munsi, hatagir’uwo muri mw’unangirw’umutima n’ibihendo by’ibyaha.’

Imigani 8:32-36 ‘Nuko rero, bana banjye, nimunyumvire; kuko hahirw’abakomez’inzira zanjye. 33 Mwumv’ibyo mbahugura, mugir’ubwenge, ntimubwange. 34 Hahirwa umunt’unyumvira, Akaba maso mu marembo yanjy’iminsi yose; 35 kuk’umbonye wese ab’abony’ubugingo, kandi azahabw’umugisha n’Uwiteka. 36 Arik’unshumuraho, aba yononny’ubugingo bwe; Abanyanga bose, baba bakunz’urupfu.’

Zaburi 119:2 ‘Hahirw’abitonder’ibyo yahamije, Bakamushakish’umutima wose.’

Zaburi 119:2 itwereka ibintu bibiri tutagomba kubura mu gihe tuvuga ibyo kwiherera buri munsi. Icya mbere, inshinga muri uyu murongo ziri mu gihe gisa n’icyashize kandi muri iki gice byerekana ikintu gikomeje uko ubugingo bugenda. Icya kabiri, umunyezaburi atanga imigisha ku bakurikiza (NASB) cyangwa ku bakomeza (KJV, NIV) ubuhamya bw’Ijambo ry’Imana. ‘Abitondera’ ni ijambo ry’Igiheburayo (nasar) rivuga ‘kwirinda, kuba maso’. Rikoreshwa ku byo kurinda akanwa k’umuntu (Imigani 13:3; Zaburi 141:3),ururimi rw’umuntu (Imigani 34:14), inzira z’umuntu (Imigani 16:17), n’umutima (Imigani 4:23), ariko na none, rikoreshwa ku byo kwirinda mu bwitonzi, kandi ibi bikunze kuvugwa ku byo gukomeza Isezerano ry’Imana cyangwa Ijambo ryayo (Gutegeka 33:9; Zaburi 78:7; 119:2.22 n’ibindi).93 Ariko icya gatatu, dushobora kureba umusitari wa kabiri w’uyu murongo, ‘Bamushakisha umutima wose.’ Intego ni ugushaka no kumeya Uwiteka. Iyi ni yo mpamvu ikomeye idutera kwumvira. Uko dusoma Ijambo ry’Imana buri munsi, twagombye kuba dushaka kureba no kumenya Imana mu Byanditswe.

Uburyo tugiriweho inama mu gusoma Ijambo ry’Imana buri munsi ni ubu:

(1) Kurikira gahunda yo gusoma buri munsi bizatuma unyura muri Bibiliya yose buri mwaka. Ingero zagufasha ni: Read Through the Bible in a year, cyanditswe na Yohn Kohlenberger, Moody Press. Urundi ni urwa The One Year Bible, cyanditswe na Tyndale House. Ibi biboneka mu moko ya Bibiliya hafi ya yose. Bibiliya zigisha zimwe na zimwe zigira urutonde nk’urwo. Urugero ni The Ryrie Study Bible.

(2) Ku bakunze kuba ku muhanda igihe kinini, uburyo bwiza bwo kumva Ijambo ry’Imana ni ukumva Ibyanditswe kuri caseti.

(3) Mara igihe mu kwiga no gusuzuma neza igice cy’Ibyanditswe. Gusoma n’ibitekerezo binyuranye, no kubaza ibibazo nka nde, iki, kuki, gute n’ibindi. Kwandika ibyo ubonye cyangwa uvumbuye. Gushyira ku rutonde amasezerano, amahame, amategeko, imbuzi, n’uko twabishyira mu bikorwa. Kuruta byose, kwitondera ibyo dushobora kwiga ku bwiza bw’Imana - ubugwaneza, ubuntu, urukundo, ubugiraneza n’ibindi.

(4) Muri ibi bihe, inyandiko zigisha neza Ibyanditswe (Ubusobanuro kuri Bibiliya, Inyigisho z’amahame, n’ibindi) ntibiboneka mu bitabo n’ibinyamakuru gusa, ahubwo no kuri Internet. Shaka abatsimbaraye ku bya kera, byumvikana, ahantu havuga ku Butumwa Bwiza nka Biblical Studies Foundation hanyuma wige ibihuje n’ibyo ukeneye. Ariko ibyo usoma byose, ujy’ugira Bibiliya yawe hafi kugira ngo usuzumane ibyo usoma Ijambo ry’Imana (reba Ibyakozwe 17:11).

(5) Gira uruhare mu murimo wo kwigisha Bibiliya utuma kubwiriza no kwigisha Ijambo ry’Imana biba ibanze kandi buri gihe ujye mu materaniro n’inyigisho za Bibiliya. Jya wandika igihe Ijambo ry’Imana ryigishwa hanyuma uze kubisubiramo ufunguye Bibiliya nk’igice cy’igihe umara usoma Ijambo ry’Imana buri munsi. Ibi bizagutegurira isomo rikurikira binagufashe kugira ibyo wumva kuba ibyawe.

    Gutekereza ku Ijambo ry’Imana

Zaburi 1:2 ‘Ahubw’amategeko y’Uwiteka niyo yishimira, kand’amategeko ye niyo yibwira ku manywa na n’ijoro,’

Zaburi 119:99 ‘Mfit’ubwenge burut’ubw’abigisha banjye bose; kukw’ibyo wahamije ari byo nibwira.’

Yosuwa 1:8 ‘Ibiri mur’iki gitabo cy’amategeko ntukarorere kubihamish’akanwa kawe; ahubwo, ujy’ubitekereza ku manywa na n’ijoro, kugira ngo ubone uko ukurikiza ibyanditswemo byose; nih’uzahirwa mu nzira zawe, ukabashishwa byose.’

Mu gitabo cye cyiza cyane ku byerekeye ubugingo bw’Umwuka, Pathways to Power, Unger yanditse aya magambo y’intangiriro ku gice cye ku byo gutekereza ku Ijambo ry’Imana:

Gutekereza ku Ijambo ry’Imana birihutira kugenda bibura mu buhanga bw’abakristo benshi. Uyu mwitozo wera wo gutekereza ku Ijambo ry’Imana, kuritapfuna nk’uko inyamaswa itapfuna ibyatsi byayo ngo yumve uburyohe bwabyo n’akamaro kabyo mu gutunga umubiri mu mutima n’ubugingo igafata igihe, bidakunze guhuza n’ibihe turimo by’amajyambere bisaba kwihuta. Muri iyi minsi, ibihe byo gusenga by’abakristo benshi ni ibyihuse, ubugingo bwabo ni ubwo kwirukanka. Ariko ukwera no kwihuta ntibijyana. Amasengesho n’ibidutwara igihe bindi nta na rimwe bijyana. Ubumenyi bw’Ijambo ry’Imana bushobora kuvuga rumwe n’ibi bihe byihuta ariko ntibyahura neza n’agaciro k’Ijambo ry’Imana. Kumenya neza iby’Umwuka biza mu buryo bwo gutekereza witonze ku kuri kw’Imana mu masengesho.94

Umwete w’umunyezaburi wa kera mu Ijambo ry’Imana ugomba kujya mu mutima wacu uyu munsi.

Zaburi 119:97 ‘Amategeko yawe nyakund’ubu bugeni! Ni yo nibwir’umuns’ukira.’

Zaburi 119:103"Amagambo yaw’araryoherey’ubu bugeni mu nkaka zanjye! Arush’ubuki kuryohera mu kanwa kanjye.’

      Kwiga Bibiliya wenyine hamwe no gufata mu mutwe Ibyanditswe bifataniriza hamwe no gutekereza ku Ijambo ry’Imana. Gutekereza ku Ijambo ry’Imana byagombye kuba igice cyo kwiga, gufata mu mutwe no gusenga.

Ijambo ryakunze gukoreshwa kenshi kuri ‘gutekereza ku Ijambo ry’Imana’ mu Isezerano rya Kera ni Igiheburayo nagah rivuga ngo ‘kuboroga, gususumira, gutuka, kuvuga, gutekereza witonze, gupima, no gutekereza.’ Bityo hari ibitekerezo bibiri bigaragara muri iri jambo, gutekereza no kuvuga. Igitekerezo cy’inkomoko ni icyo kwivugisha, kwongorera n’ijwi rito nk’uko bikorwa rimwe na rimwe iyo dutekereza twitonze no gupima icyo tuba tugiye kuvuga. Kubw’iki gitekerezo gereranya imirongo ikurikira:

Imigani 15:28 ‘Umutima w’umukiranuts’utekerez’icy’aribusubize; Arik’akanwa k’umunyabyaha gasesagur’ibigambo.’

Imigani 24:2 ‘Kukw’imitima yab’itekereza kurenganya, kand’ururimi rwabo ruvug’ibyo kugira nabi.’

Zaburi 2:1 ‘N’iki gitumy’abanyamahanga bagir’imidugararo? N’amoko yatekerereje iki iby’ubusa?’

Yosuwa 1:8 ‘Ibiri mur’iki gitabo cy’amategeko ntukarorere kubihamish’akanwa kawe; ahubwo, ujy’ubitekereza ku manywa na n’ijoro, kugira ng’ubon’uk’ukurikiza ibyanditswemo byose; nih’uzahirwa mu nzira zawe, ukabashishwa byose.’

Igitekerezo cy’ihame ry’ijambo ryakoreshejwe muri Zaburi 1:2 na Yosuwa 1:8 ni icy’ibyo kwitondera gutekereza ku Ijambo ry’Imana, ku by’inyigisho y’amahame, cyangwa ku gice cy’Ibyanditswe. Gutekereza ku Ijambo ry’Imana bijyana no kugira ukwawe kuri kw’Ibyanditswe ngo bituvugishe n’amahame yabyo ngo Ijambo ry’Imana rihindurwe rive kuri logos (Uguhishurwa kw’Imana) ribe rhema (Ijambo ryavuzwe ry’Imana), ryavuganye na twe mu buryo bwihariye. Gutekereza ku Ijambo ry’Imana rero birimo gucengera Ibyanditswe no kubishyira mu bikorwa ubwacu nk’uko Yakobo abidushishikariza:

Yakobo 1:22-25 ‘Ariko rero mujye mukor’iby’iryo Jambo, atar’ugupfa kuryumva gusa mwishuka; 23 kuk’uwumv’Ijambo gusa, ntakor’ibyaryo, ameze nk’umunt’urebeye mu maso he mu ndorerwamo. Iy’amaze kwireba, akagenda, uwo mwanya akiyibagirwa ukw’asa. Arik’uwitegereza mu mategekw’atunganye rwose ater’umudendezo, agakomeza kugir’umwete wayo, atar’uwumva gus’akibagirwa, ahubw’ar’uyumvira, ni w’uzahabwa umugisha mu by’akora.’

Kuki dutekereza? Mu gutekereza kw’abo mu Burasirazuba bw’isi, abantu batekereza kugira ngo basohore ibiri mu mitima yabo. Ariko gutekereza kwo muri Bibiliya gushingiye ku mahame yo kugurana cyangwa yo kuvugururwa. Tugomba gutekereza ariko atari ugupfa kubikora nta ntego, ahubwo ari uko kwoza ubwenge bw’ibitekerezo n’uburyo bw’umuntu kugira ngo babwuzuze n’Imana ubwayo n’ibitekerezo n’inzira zayo. Gutekereza gukorerwa kugurana ibyo umuntu yibwira n’ukuri kw’Imana.

Yesaya 55:8-9 ‘Erega, ibyo nibwira s’ibyo mwibwira, kand’inzira zanyu si zimwe n’izanjye; ni k’Uwiteka avuga. 9 Nk’uk’ijuru risumb’isi, nikw’inzira zanjye zisumba izanyu, n’ibyo nibwira bisumb’ibyo mwibwira.’

Zaburi 119:15 ‘Nzibwir’amategeko wigishije, kandi nzita ku nzira zawe.’

Imwe mu ntego z’ingenzi za disipulini za buri munsi ni ukuvugurura no gusimbura. Muri Luka 11:24-28 umuntu wari utewe na dayimoni yananiwe kugira umudendezo amaze kuvanwamo uwo dayimoni kubera kudasobanukirwa iby’ihame ryo gusimbura.

Nta n’umwe muri twe ushobora kunesha ibyaha abyanga gusa cyangwa se yivugurura bya kimuntu. Dushobora kunesha ibyaha byonyine tubashije kubisimbuza gukiranuka kw’Imana ku bw’umugambi wayo wo gucungura no kweza muri Kristo. Akamenyero ko gukora ibyaha ntigashobora gucika tutabishimbuje gukiranuka k’ubugingo bwa Yesu Kristo. Disipulini za buri munsi zidufasha mu kwakira ubugingo bwe kubwo kwizera. Mu Bafilipi tubwirwa gutekereza ku byo muri Bibiliya n’ibintu byiza.

Abafilipi 4:8-9 ‘Ibisigaye, bene Data, iby’ukuri byose, ibyo kubahwa byose, ibyo gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby’igikundiro byose, n’ibishimwa byose, niba harihw’ingeso nziza, kandi hakabahw’ishimwe, ab’ari byo mwibwira. 9 Ibyo nabigishije, ibyo nabwirije, ibyo mwanyumvanye, n’ibyo mwambonanye, ab’ari byo mukora. Ni bw’Imana itang’amahor’ izabana na mwe.’

      Reka turebe urugero. Iyo ushaka gusimbura umwuka uri mu icupa ubigira uryuzuza ikindi kintu. Gutekereza kugira umumaro gusa iyo kwuzuwe n’Imana n’ukuri kwayo.

Ni ryari tugomba gutekereza ku Ijambo ry’Imana? Hagomba kubaho ibihe byihariye, ibihe biri mu ngenga-bihe, igihe twiherera tugatekereza no gusuzuma Ijambo ry’Imana.

Zaburi 119:148 ‘Amaso yanjy’abanziriz’ibicuku, kugira ngo nibwir’Ijambo ryawe.’

Zaburi 63:6 ‘Uko nzakwibukira ku buriri bwanjye, Nkagutekereza mu bicuku by’ijoro.’

Ariko tugomba na none gutekereza ku Ijambo ry’Imana ubudasiba, amanywa n’ijoro, umunsi wose.

Zaburi 1:2 ‘Ahubw’amategeko y’Uwiteka ni yo yishimira, Kand’amategeko ye ni yo yibwira ku manywa na nijoro’

Yosuwa 1:8 ‘Ibiri muri iki gitabo cy’amategeko ntukarorere kubihamish’akanwa kawe, ahubw’ujy’ubitekereza ku manywa na nijoro, kugira gw’ubon’uk’ukurikiz’ibyanditsemo byose; nih’uzahirwa mu nzira zawe, ukabashishwa byose. ‘

Ku byerekeye ingororano zimwe zo gutekereza ku Ijambo ry’Imana reba imirongo ikurikira:

Zaburi 1:3 ‘Uw’azahwana n’igiti cyatewe hafi y’umugezi, Cyer’imbuto zacy’igihe cyacyo, Ibibabi byacyo ntibyuma. Icy’azakora cyose kizamubera cyiza’

1 Timoteyo 4:15-16 ‘Ibyo ujy’ubizirikana kand’ab’ariby’uhugukiramo, kugira ngo kujya mbere kwawe kugaragarire bose. 16 Wirinde ku bwawe no ku nyigisho wigisha. Ukomeze, kuko n’ugir’utyo uzikizanya n’abakwumva.’

Gutekereza gushobora kuruhura, kuvanaho ibiduhangayikisha, kandi bishobora kugabanya umurego w’uko amaraso atembera bivuga ubugingo bwiza kurushaho. Bishobora na none kuduha kurushaho gucengera Ijambo ry’Imana, ukuri kwa Bibiliya, umuntu ubwe, ibyo dukeneye nyakuri n’ibyo twifuza, ibyo abandi bakeneye n’ibyo imirimo yacu ikeneye.

Kubera ko tudashobora gutekereza mu buryo bwa Bibiliya mu cyuka, kandi kubera ko dushobora gukingurira imitima yacu guterwa na Satani, hari ibintu by’ingenzi tugomba gukora mu gutekereza:

(1) Ba mu Ijambo ry’Imana - Gutekereza mu buryo bwa Bibiliya tugomba kuba mu Ijambo ry’Imana, kwumva, gusoma, kwiga, gufata mu mutwe. Ibi bivuga ko tugomba kugira iby’ibanze, disipulini, ingenga-bihe zo kwiherera buri munsi na buri cyumweru. Birimo na none inzira n’uburyo dushobora gusohoresha ibyo dukeneye, nko kugura ibitabo, kugira uruhare muri gahunda yo gufata mu mutwe, gutwara caseti mu modoka n’ibindi.

(2) Kwifuza no gutegereza - Zaburi 1:2 havuga ku muntu utekereza, ‘ariko amategeko y’Uwiteka niyo yishimira’. Ibijya gusa n’ibyo ni ukumenya ibyo dukeneye. Muri Petero 2:2 haravuga hati ‘mumere nk’impinja zivutse vuba, mwifuz’amata y’Umwuka adafunguye, kugira ngo abakuze, abageze ku gakiza’.

(3) Itegurire intambara - Kubw’Ijambo ry’Imana no guturwamo n’Umwuka Wera dufite ibikoresho by’Umwuka dukoresha mu kurimbura ibihome by’ikibi cyo mu mutima, gutekereza kw’imbura-mumaro, kwibwira gufite imbaraga, kwisobanura, n’ibyiyumviro n’imyifatire bigoramye byo muri iyi si. Ariko Satani ntarekera aho mu kuturwanya, bityo rero tugomba kwitegura. Ibi bivuga kwitegura ngo turwanye Satani n’intwaro z’Umwuka (reba 2 Abakorinto 10:3-5; Abefeso 6:10 n’ikurikira).

Iyo dushyizwe imbere ibitekerezo bya kamere y’icyaha tugomba:

(1) Kumenya ibitekerezo bibi - Ijambo ry’Imana, kwigisha Bibiliya, no kwiga bitanga umugereka ku byerekeye ikibi.

(2) Kumenya kamere yabyo - Nta mumaro, birasenya, ni iby’ubusa.

(3) Byature niba warabihaye urwaho.

(4) Biyobore kandi ubisimbuze ibitekerezo by’Ijambo ry’Imana - Iyegereze ukuri kwa Bibiliya.

(5) Tekereza - tekereza kuri ibi bintu, ku Ijambo ry’Imana.

      Gufata mu mutwe ukuri kw’Ijambo ry’Imana

Imigani 6:20-22 ‘Mwana wanjye, komez’icyo So yagutegetse, Kandi we kurek’icyo nyoko yakwigishije; 21 uhor’ubikomeje ku mutima wawe; Ubyambare mu ijosi. 22 Nugenda bizakuyobora; N’ujya kuryama bizakurinda: Kandi nukanguka bizakubwiriza.’

Kuva 13:16 ‘Uwo muhang’uzabe nk’ikimenyetso gishyizwe ku kuboko kwawe kandi nk’ibishyizwe mu ruhanga rwawe hagati y’amaso yawe: kuk’Uwiteka yadukuje amaboko mw’Egiputa.’

Gutegeka 6:8 ‘Uyahambire ku kuboko kwawe, akuber’ikimenyetso, uyashyire mu ruhanga rwawe hagati y’amaso yawe.’

Kuva 13-16 no gutegeka 6:8 bigomba gufatwa mu buryo bushushanya bwo kwibuka ukuri kw’Imana kugira ngo kube kwiteguye gukoreshwa mu bibazo by’ubugingo. Ibimenyetso byo mu ruhanga byerekanaga ko ari ho hantu hatekereza, h’ubwenge. Ikimenyetso cyo ku kuboko cyari cyerekeye ku gushyira mu bikorwa inyigisho z’amahame ku by’ubugingo. Ukuboko na none kwerekana ibikorwa, gukora, no gufasha dufite ikibiduteye, ubuhanga n’ubushobozi Ijambo ry’Imana ritanga.

Abafarisayo b’igihe cya Kristo bafataga ibi mu buryo busanzwe maze bakambara ibimenyetso mu ruhanga, udusanduku duto tw’impu cyangwa udufuka turimo ibice bine by’Ibyanditswe (Kuva 13:1-10; 13:11-16; Gutegeka 4:4-9; 11:13-21). Ibi byabaga bibohewe mu mutwe no ku maboko kandi byambarwaga na bamwe nk’impigi zo kubarinda ibibi bitari mu bushake bw’Imana. Yesu Kristo yarabyamaganye cyane muri Matayo 23:5 kubera ko byari bibuze ibisobanuro byashushanyaga n’ibyo byagenewe mbere.

Kuri ibyo byambarwaga mu mpanga hakoreshwaga ijambo ry’Ikigiriki phulakterion bivuga ‘ibendera’ cyangwa ‘ahantu hakomeye. Iri jambo rituruka kuri phulax bivuga ‘kurinda’, bityo rivuga ‘uburyo bwose bwo kurinda’. Ariko kwambara ibimenyetso mu ruhanga byaje kujya bikoreshwa na bamwe nk’impigi. Ijambo ry’Imana si iryo gufatwa nk’umurimbo cyangwa impigi, ahubwo rigomba kubikwa mu mutima nko kurinda ibyiyumviro by’umuntu cyangwa by’isi, ibyo Satani akoresha, na kamere y’icyaha. Kristo na We yamaganye Abafarisayo mu kwerekana inyuma imigenzo yabo y’idini.

Bityo, kuva mu ntangiriro dufite imbuzi ikomeye yerekeye uburyo bwo gusenga kwaba gusengera hamwe (guterana buri cyumweru) cyangwa se umuntu ku giti cye (kwiherera buri munsi). Ibi ntibigomba guhinduka iby’idini gusa, iby’inyuma nk’ibintu bidasobanutse by’impigi zirwanya ikibi; cyangwa se ngo tubikorere gutangaza abandi (Matayo 23:5). Ahubwo, ni uburyo bwo gushyira Ijambo ry’Imana mu mitima yacu kugira ngo, niba byumviswe neza kandi bigafatwa mu mutwe, bishobora hanyuma gushyirwa mu bikorwa twitonze kandi mu buryo bukwiriye ngo tuzane buri gikekerezo n’igikorwa ngo bibashe kugengwa no kumvira Kristo.

2 Abakorinto 10:4-5 ‘Kukw’intwaro z’intambara yac’atar’iz’abantu, ahubw’imbere y’Imana zigira imbaraga zo guseny’ibihome no kubikubita hasi, 5 dukubita hasi mpaka n’ikintu cyose cyishyiriye hejuru kurwanya kumeny’Imana, dufata mpir’ibitekerezwa mu mitima byose, ngo tubigomorere Kristo.’

Mu Migani 3:1 itegeko riratangwa ‘mwana wanjye ntukibagirwe ibyigisho byanjye’. ‘Ibyigisho’ ni ijambo ry’Igiheburayo, TORAH, ijambo rikoreshwa ku Mategeko. Mu by’ukuri rivuga ‘ amategeko, amabwiriza’. Aha ryerekeye amahame y’inyigisho z’amahame yigishwa n’umubyeyi mu rugo, bishingiye nk’uko byumvikana, ku mategeko, Ibyanditswe byo mu Isezerano rya Kera. Umurongo wa 3 utubwira uko ibi bigomba gukorwa, ariko mbere na mbere hari ugusubiramo iby’uko dukeneye kugumana ukuri kw’Imana. ‘Imbabazi n’umurava bye kukuvaho’, ‘Imbabazi’ ni ijambo ry’Igiheburayo chesed, kandi muri iki gice, nta gushidikanya ryerekeye ku rukundo n’ubuntu byuzuye by’Imana n’imigisha Ye aha umuntu. Bityo na none ni itegeko ryo kutibagirwa Ijambo ry’Imana kuko ari ububiko bw’ubuntu n’ukuri.

Hanyuma, Salomo atwereka uburyo tugomba kwibuka:

‘Ubyambare mu ijosi’. Nubwo ururimi rutandukanye buhoro, ibi bisa no gufata mu mutwe Ijambo ry’Imana bivuga mu buryo bushushanya mu kuva 13:16 no Gutegeka 6:8. Ubuntu n’ukuri by’Imana bigomba kugumanwa, gufatwa mu mutwe ku buryo mu kubishyira mu bikorwa bihinduka umurimo w’ubwiza mu bugingo.

‘Ubyandike ku nkingi z’umutima wawe’. Ibi byongeweho kugira ngo icyo bishushanya kigaragare neza. Muri iki gice, ‘umutima’ werekeye ubwenge, kandi ‘kwandika’ byerekeye ku buryo bwo gufata mu mutwe bitera amabwiriza y’ubuntu n’ukuri mu bwenge.

Imigani 3:21-22 ‘Mwana wanjye komez’ubwenge nyakuri no kwitonda, Ntibiv’imbere y’amaso yawe. 22 Nuko bizaramish’ubugingo bwawe, Kandi bizaber’ijosi ryaw’umurimbo.’

Imigani 4:21 ‘Ntibiv’imbere y’amaso yawe, Ubikomeze mu mutima waw’imbere.’

Ngaho reba Imigani 6:20-23 :

’20 Mwana wanjye, komez’icyo So yagutegetse, Kandi we kurek’icyo nyoko yakwigishije; 21 Uhor’ubikomeje ku mutima wawe; Ubyambare mu ijosi. 22 Nugenda bizakuyobora; Nujya kuryama, bizakurinda: Kandi n’ukanguka bizakubwiriza. 23 Kukw’itegeko ar’itabaza; Amategek’ar’umucyo; Kand’ibihano byo guhugura ar’inzira y’ubugingo.’

Imigani 6:20 hatanga itegeko ryo kugumana no gushyira mu bikorwa Ijambo ry’Imana. Hanyuma umurongo wa 21 utwereka uburyo. ‘Ubyambare’ ni ijambo ry’Igiheburayo gashar rivuga ‘gufungira hamwe, kwishyira hamwe, guhambiranya hamwe, kuzirika ugakomeza’. ‘Umutima’ na none werekaye ku bwenge. Ijambo ry’Imana rigomba gufatwa mu mutwe, rizirikiye kandi rihambiriye mu bwenge ngo ritabasha kuvamo. Ariko rigomba guhambirwa ku buryo ukuri kuzirikanye n’ukuri. Ahari igitekerezo ni uko rigomba ryose guhurizwa hamwe kugira ngo, uko ukuri kw’Imana gufatwa mu mutwe kukabikwa mu bwenge, rikore urukuta rwo kurinda umwizera kimwe n’umurimbo w’ubuntu.

‘Gufungira hamwe’ (gashar) rikoreshwa muri ubu buryo muri Nehemiya 4:6 ‘...inkike yose ihurizwa hamwe...’ Uko Abantu bubakaga inkike bagenda bahuriza hamwe ibice byayo ngo bikingire umudugudu, ni ko abizera bagomba kwubaka imitima yabo n’ibitekerezo by’Imana bafata mu mutwe Ijambo ryayo. Bityo, bazubaka inkike yo kubakingira imbaraga z’ikibi.

‘Uhore’ ni ijambo ry’Igiheburayo tamid. Gukenera guhoraho byashoboraga kwerekanwa hakoreshejwe inshinga itondaguye mu gisa n’igihe cyashize, ariko kugira ngo byumvwe neza, iri jambo ryihariye ryongeweho. Ubu bugomba kuba uburyo bugomba gukomeza mu bugingo budahagaze.

‘Ubyambare mu ijosi’ na none ni uburyo bushushanya bwo gushyira mu bikorwa ibyafashwe mu mutwe ngo bikore umurimbo w’ubwiza bugaragaza imico myiza y’Imana.

Imigani 6:22 hatwereka inkurikizi rusange z’uburyo bwo gufata mu mutwe no gutekereza ku Ijambo ry’Imana. Ijambo ry’Imana riduha ubuyobozi n’uburinzi mu byo dukora tubizi n’ibyo dukora tutabizi by’ubugingo. Ukuri kw’Imana kutubera inshuti mu bihe byose - umuyobozi ku manywa n’udukomeza nijoro.

Imigani 6:23 herekana ikintu cyo muri kamere y’ukuri kw’Imana kandi herekana ikintu uko kuri gukora.

‘Itegeko’ riri mu buke kandi ryerekeye Bibiliya yose uko yakabaye, nk’amategeko y’Imana yo kugenga ubugingo bwacu. Ariko kumenya itegeko ry’Imana ni kimwe no gutwara itara rimurikira inzira zacu. ‘Ibyigisho’ ni ijambo ry’Igiheburayo torah kandi ryerekeye amoko y’inyigisho z’amahame zigomba gufatwa mu mutwe nk’umucyo umurikira ubugingo bwacu.

‘Ibihano byo guhugura’. ‘Ibihano’ ni ijambo rivuga ‘ingingo, guhana, gucyaha, kugorora’. ‘Guhugura’ aha bivuga ‘guhana, gukosora, kugorora, kwigisha’. Ariko rishobora no kuvuga ‘amabwiriza’ cyangwa ‘amahame n’amategeko y’amahame’ bigenewe guhana, kugorora, no kwigisha kugira ngo umuntu azanwe mu guhuza n’umugambi n’inzira by’Imana. Interuro ishobora kuvugwa ku bundi buryo, ‘igorora-yigisha rituruka ku mahame y’inyigisho z’amahame ni bwo buryo bw’ubugingo’. Bityo tugomba gufata mu mutwe imirongo y’Ibyandistwe, amoko y’amahame, kimwe n’amahame y’Ijambo ry’Imana. Ihame riri inyuma y’ibi ni uko umwizera yagombye mbere na mbere gusobanukirwa, kwiga, hanyuma akiyemeza gufata mu mutwe icyo ashoboye cyose cyo mu Ijambo ry’Imana.

Imigani 7:1-3 ‘Mwana wanjye, komez’amagambo yanjye, Kand’amategeko yanjye uyizirike. 2 Komez’amategeko yanjye, ukund’ubeho; N’ibyigisho byanjye ubirinde nk’imboni y’ijisho ryawe. 3 Ubihambire ku ntoke zawe; Ubyandike ku nkingi z’umutima wawe.’

Kwiyemeza gufata Ijambo ry’Imana mu mutwe biduha ubushobozi bwo kutwibutsa ukuri kwayo ngo dutekereze ku Ijambo ryayo, turishyire mu bikorwa, kandi turikoreshe. Kimwe n’uko kwumva atari ukwiga no gusobanukirwa; bityo gusobanukirwa si ugufata mu mutwe. Intumwa Petero iduhamagarira ngo twitondere ibi kandi yari abifite mu mutwe mu rwa 2 Petero 1:12-13. Bumwe muri ubu buryo bwo kwigisha kwari ugusubiramo kugira ngo abantu bashobore atari ukumenya gusa no kumva inyigisho z’amahame cyangwa umurongo w’Ibyanditswe, ahubwo kubwo gusubiramo babashe kuwufata mu mutwe no kuwibuka iteka.

2 Petero 1:12-13 ‘Nicyo gituma nanjy’iminsi yose ntazagir’ubwo nirengagiza kubibuts’ibyo, n’ubwo musanzwe mubizi mugakomera ku kuri kuri muri mw’ubu. 13 Kandi rero, ndibwira ko binkwiriye ko mbater’umwete mbibutsa, nkiri muri iyi ngando;’

Bityo, kubwo kwiherera buri munsi, ukuri kw’Ijambo ry’Imana, mu buryo bumwe cyangwa ubundi (imirongo y’Ibyanditswe, amahame, amoko n’ibindi) bihora bisubirwamo kandi bigafatwa mu mutwe. Hanyuma Umwuka Wera akabasha kugarura mu bwenge amahame y’Ijambo ry’Imana cyangwa ibice byerekeranye n’ibikenewe muri icyo gihe.

Yohana 14:26 ‘Arik’Umufasha niwe Mwuka Wera, uwo Data azatuma mw’izina ryanjye, niw’uzabigisha byose, abibuts’ibyo nababwiye byose.’

Nubwo gusobanura ibice ryari isezerano ryahawe abagombaga kwandika Isezerano Rishya, bishobora kwerekana uko Umwuka azana mu bwenge ukuri twiyemeje gufata mu mutwe ngo tugushyire mu bikorwa mu bugingo.

      Amasengesho

Vuba cyane intumwa zo mu itorero rya mbere zari zihangayikishijwe n’ibyo abantu bari bakeneye n’ibyifuzo byabo ko intumwa zabafasha byashoboraga gutuma bareka umurimo wabo w’ibanze (Ibyakozwe 6:1). Ibi byerekana imbaraga zijyana hanze zikunze kuza mu murimo n’ibishuko byo gushyira igihe n’imbaraga mu bintu byinshi byiza kandi bya ngombwa. Ariko intumwa zaranze ziramaramaza kugira ngo zikomeze kwitangira amasengesho n’umurimo w’Ijambo ry’Imana. Ntibirengagije ibikenewe, babonye abandi bashobora gukora umurimo uvugwa mu Byakozwe 6:1, ariko banze kuvanwa mu bikenewe kurusha ibindi - amasengesho no kwigisha Ijambo ry’Imana.

Ibyakozwe 6:1-4 ‘Nuko mur’icyo gihe abigishwa bakigwira, Abayuda ba Kigiriki batangira kwitotomber’Abaheburayo, kukw’abapfakazi babo bacikanwaga kw’igerero ry’iminsi yose. 2 Abo cumi na babiri bahamagar’abigishwa bose, bati: Ntibikwiriye ko turekera kwigish’Ijambo ry’Imana, kwicara ku meza tugabura. 3 Nuko, bene Data, mutoranye muri mwe abantu barindwi bashimwa, buzuy’Umwuka Wera n’ubwenge, tubashyire kur’uwo murimo. 4 Ariko twebweho tuzakomeza gusenga no kugabur’Ijambo ry’Imana.’

Byaravuzwe ko Maritini Luteri rimwe yavuze ati: ’Mfite byinshi byo gukora, sinshobora kubibasha ntamaze amasaha atatu buri munsi mu masengesho’. Kimwe na Maritini Luteri, aba bigishwa ba mbere bamenye ko ibanga ryo kuneshwa ari ukuneshwa gusenga wiherereye.

Mu Byakozwe 6:4 ijambo ‘tuzakomeza’ rivuga ‘gukomeza kujya, gukomeza igikorwa runaka’. Aha igikorwa ni ugusenga no kwiga no kwigisha Ijambo ry’Imana. Kandi usomye witonze Zaburi 119 itwigisha ko tudashobora no kwiga neza Ijambo ry’Imana tudasenga.

Ukeka ute ko izi ntumwa zaje kwemera no kwiyemeza ibyo gusenga? Igihe Umwami Yesu yari ku isi, aba bagabo ntibigeze babaza bati: ‘Mwami, twigishe kubwiriza’, cyangwa se ngo ‘twigishe uko twakwiga Ijambo ry’Imana’. Ahubwo barasabye bati, ‘Mwami, twigishe gusenga’ (Luka 11:1). Ikivugwa aha ni uko batari barigeze kubona undi muntu usenga nka Yesu n’umurava, no kwishingikiriza ku Mana, no kubyitaho nk’uko yasengaga iteka. Icyo batashoboye kumenya ubwo, ariko bakaza kukimenya hanyuma, ni uko yabigishaga n’ubugingo bwe n’umunwa we. Ubugingo bwa Kristo bwose bwari isomo ku gusenga no kwishingikiriza kuri Se mu masengesho ku kintu cyose yakoraga; amagambo yigishaga, ibitangaza yakoraga, ikintu cyose.

Uku gusaba kw’abigishwa kwakurikiwe kandi gusubizwa n’amabwiriza yihariye mu gusenga, n’ibindi bice byinshi byo mu Butumwa Bwiza byerekana inyigisho ya Kristo ku masengesho. Nta kintu, icyakora, ahari cyaba cyaragize akamaro nk’ubugingo bw’Umwami bwo kwishingikiriza kuri Se nk’uko bigaragara mu bugingo bwe bw’amasengesho.

Ni iki mu by’ukuri babonye mu bugingo bwa Kristo? Amasengesho ntiyari ikintu akora rimwe na rimwe. Yari imyifatire y’umwanya ku wundi, imyifatire y’umutima n’ubwenge. Kuri Yesu Kristo gusenga byari nko guhumeka. Ubugingo bwe butwigisha ko amasengesho abereye ubugingo bw’Umwuka uko guhumeka kubereye ubugingo bw’umubiri. Amasengesho ku mwizera yagombye kuba ikintu cyikora nko guhumeka nk’uko Pawulo aduhugurira ‘gusenga ubudasiba’ (1 Abatesalonike 5:17).

Biragaragara rero, amasengesho yacu ya buri munsi ntabwo ari ay’igihe runaka, ahubwo agomba kuba imyifatire yo gusenga ubudasiba, twiyegereza kandi tuvugana na Data wa twese wo mu ijuru.

Mbese abigishwa baje kubona bate ko babikeneye ngo babaze bati, ‘Mwami, twigishe gusenga’? Ni kubw’imyifatire no gutegereza no gusenga Umwami wacu yerekanye mu cyo yakoraga cyose. Mbere y’uko akora igitangaza cyo gutubura umutsima n’ifi, yarararamye areba hejuru ashimira Se. Mbere y’uko ategeka Lazaro kuzuka, yashimiye Se (Luka 10:21-22). Birazwi yari yarabonywe amara amasaha menshi asenga, akenshi mu gitondo cya kare, rimwe na rimwe ijoro ryose, kandi akenshi ariho akora umurimo We.

Kristo yerekaga abigishwa be urugero rw’ubugingo bwe ko buri gihe abantu bakwiriye gusenga ko nta na rimwe bagomba guhagarika umutima (Luka 18:1). Ijambo ‘iteka’ rivuga buri gihe, muri buri mwanya na buri ngorane, n’iyo ibintu bisa n’ibigenda uko tubyifuza, iyo tutabona ingorane iyo ariyo yose cyangwa se igikenewe, tuba tugikeneye gusenga. Ni nka ya ndirimbo y’Imana ya kera ngo, ‘Ndagushaka iteka’. Ni byo koko dukeneye iteka ubuntu bw’Imana budufasha.

Luka 18:1 ‘Abacir’umugani wo kubigisha ko bakwiriye guseng’iteka ntibarambirwe;‘

‘Bakwiriye’ ni ijambo ry’Ikigiriki dei ryerekana ibikenewe cyangwa ibya ngombwa byo kwitwara neza cyangwa by’Umwuka. ‘Kurambirwa’ ni Ikigiriki enkakeo riva kuri en, akabanziriza-jambo kavuga ‘mu’ na kakos, ‘kibi, gike, kitagira umumaro’, kandi bityo ‘gukora nabi cyangwa mu buryo bubi’. Ariko uko rikoreshwa, ryaje kuvuga, ‘gukorana ubwoba, kurambirwa, gusa n’ukora’. Iyo dusa n’abakora, turekera aho, ducika intege n’ibindi, dukora nabi nk’aho Imana yaba yarapfuye, ntacyo yitaho, idashoboye kutubashisha cyangwa kuduha ibyo dukeneye. Uyu murongo werekana ivuguruzanya ry’ibishobora gusimburana. Dushobora gusenga iteka cyangwa dusa n’abasenga, dukora nabi cyangwa n’ubwoba.

Kuki tudasenga uko twagombaga? Kuki gusenga kutatubera nko guhumeka nk’uko byari biri kuri Kristo?

Ahari ni ukubera ko, nk’uko umuntu umwe yabivuze, tubifata nk’ibizimya-muriro ‘dukoresha gusa mu gihe ibintu bikomeye!’ Kuki? Kuki tutishimira buri gihe uburenganzira n’imbaraga zo gusenga? Kuki tutari nk’umunyezaburi wavuze mu kwiyemeza kwitanga kwe ati, ‘Uwiteka, mu gitonda uzajya wumva ijwi ryanjye: Mu gitondo nzajya nerekeza gusenga kwanjye kuri wowe, mbe maso, ntegereje’? (Zaburi 5:3).

Zaburi 119:164 ‘Uko bukeye ngushimira karindwi Amateka yawe yo gukiranuka.’

Igice cy’igisubizo kiri mu kumenya ibyo dukeneye n’imyifatire yo gutegereza no kwizera - kwizera Imana kuzakorera mu bugingo bwacu kubw’amasengesho. Indi mpamvu yo kwihaza kwacu ni ukutareka Ijambo ry’Imana ngo ribwire imitima yacu (Zaburi 119:164). Gufata Ijambo ry’Imana buri munsi ntibituyobora mu buryo dusenga gusa, ahubwo byagombye kutubera agahimbaza-musyi ko gusenga no kuvugana n’Imana yacu. (Reba Umugereka wa 8 uko George Muller asobanura akamaro k’Ijambo ry’Imana mu bugingo bwe bw’amasengesho.

Akenshi mu masengesho yacu, twiherereye cyangwa turi hamwe n’abandi, dusa n’abarangiza umugenzo w’idini dukeka ko Imana ishaka kandi na twe tuzi ko ari ingirakamaro. Ariko tunanirwa gusengera ibyo dukeneye twiringiye, dusenga mu kwizera, tuzi kandi twizeye ko Imana isubiza amasengesho yacu. Ndakeka na none, ko abantu badasenga bategereje kubera batinya ko Imana ikora kandi ko bisaba ko duhindura akamenyero kacu, cyangwa se Imana ikadutuma ahantu ntituboneke.

Ibyo guterana buri cyumweru

Icya kabiri dukora iteka na cyo ni ngombwa mu kudukura muri ibyo bigenga ubugingo bwa buri munsi. Igitabo cya Nehemia kivuga ibyo kugaruka i Yerusalemu kwa gatatu kw’abizera basigaye nyuma y’imyaka 70 y’ubucakara. Ukugaruka kwa mbere n’ukwa kabiri bivugwa mu gitabo cya Ezira. Ukugaruka kwa gatatu kuvugwa mu gitabo cya Nehemia. Nehemia umuhanuzi yagarutse i Yerusalemu kwubaka inkike z’umudugudu. Ibi byagezweho mu buryo bw’igitangaza ku bw’ubuyobozi bwa Nehemia nk’uko byandistwe mu bice 7 bya mbere by’icyo gitabo. Ibice bya nyuma bivuga iby’ububyutse mu by’Umwuka mu gihugu (Nehemia 11-13), ariko, mbere yo kugira ngo ububyutse mu by’Umwuka bube, hagombye kubanza kubaho guhinduka bashya mu by’Umwuka ku mutima no kwihana.

Nehemiya 8:1-12 ‘Maz’abantu bose bateranir’icyarimwe ku karubanda kw’irembo ry’amazi, babwir’Ezira umwanditsi ngw’azan’igitabo cy’amategeko ya Mose, ay’Uwiteka yategets’Abisirayeli. 2 Nuko ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa karindwi, Ezira umutambyi azan’amategeko imbere y’iteraniro ry’abagabo n’abagore n’abantu bose bajijutse. 3 Ayo mategeko ayasomera ku karubanda kw’irembo ry’amazi, ahera mu gitondo kare ageza ku manywa y’ihangu, abagabo n’abagore n’abandi bantu bajijutse bari baraho; bose bari batez’amatwi ngo bumv’igitabo cy’amategeko. 4 Nukw’Ezira umwanditsi ahagarara ku ruhimbi rw’ibiti rwabarijw’uwo murimo; iruhande rwe mu kuboko kw’iburyo hahagarara Matitia na Shema na Anaya na Uria na Hilukia na Maaseya; ibumoso hahagarara Pedaya na Mishaeli na Malikia na Hashumu na Hashibadana na Zekari na Meshulamu. 5 Nukw’Ezir’aramburir’igitabo imbere y’abantu bose (kuko yarabisumbuye); maz’akirambuye, abantu bose barahaguruka. 6 Ezira ashim’Uwiteka Imana nkuru. Abantu bose barikiriza bati: Amen Amen; bateg’amaboko; maze bubik’imitwe baramy’Uwiteka, bubits’amaso yabo hasi. 7 Kandi Yoshua na Bani na Sherebia na Yamini na Akubu na Shabetai na Hodia na Maaseya na Kelita na Azaria na Yozabadi na Hanani na Pelaya n’Abalewi basobanurir’abant’amategeko, abantu bahagaz’aho. 8 Basoma mu gitabo amategeko y’Imana, gusoma kwumvikana, barasobanura kugira ngw’abantu bameny’ibyasomwaga. 9 Nehemia ariwe Umutirushata na Ezira Umutambyi n’umwanditsi n’Abalewi bigishag’abantu, babwir’abantu bose bati: uyu munsi n’umunsi werejw’Uwiteka Imana yanyu; ntimubabare kandi ntimurire; kukw’abantu bose bariraga uko bumvaga amagambo yo mu mategeko. 10 Maz’arababwir’ati: Nimugende, mury’inyama z’ibinure, munyw’ibiryohereye, mwohererez’amafungur’abadafit’icyo bahishiwe, kuko uyu munsi ar’umunsi werejw’Uwiteka wacu; kandi ntimugir’agahinda, kuko kwishiman’Uwiteka arizo ntege zanyu. 11 Nukw’Abalewi bahoz’abantu bose, bati: nimuceceke, kuk’uyu munsi ar’uwera, kandi ntimugir’agahinda. 12 Maz’abantu bose baragenda, bajya gufungura no guhan’amafunguro no kuganir’ibiganiro by’ibyishimo byinshi, kuko bameny’amagambo babwirijwe.’

Biratangaje kandi birigisha mu gice kiri haruguru aha ko tubona abantu babanza guterana ngo bumve Ijambo ry’Uwiteka risobanurwa kandi rivugwa na Ezira umwanditsi, umuntu wari warigishijwe cyane iby’Ibyanditswe mu Giheburayo by’Isezerano rya Kera (Ezira 7:6; Nehemia 8:1-8). Kuri uwo munsi wo gusoma no gusobanura Ijambo ry’Imana, abantu barabwirwaga bati ‘uyu munsi ni umunsi werejwe Uwiteka (watoranijwe, w’ingenzi) Imana yanyu; ntimubabare kandi ntimurire, kuko abantu bose bariraga, uko bumvaga amagambo yo mu mategeko’. Hanyuma ku murongo wa 10, ku byerekeranye n’uyu munsi no gusobanura no gusoma Ibyanditswe, babwirwaga kutagira agahinda, kuko kwishiman’Uwiteka ari zo ntego zabo.

‘Kwishiman’Uwiteka’ ni iki? Reka mbabwire ko ari ukubera ko abantu b’Imana babaga bateranye ngo bumve Ijambo ry’Imana risomwa kandi risobanurwa byatumaga bemera ibyaha bakihana, kandi bakabazana mu bumwe n’ubusabane nyakuri n’Uwiteka kubera ko ibi byongeraga ubumenyi bwabo kuri We n’ubugingo n’umugambi bye ku bw’ubugingo n’umugambi bye kubw’ubugingo bw’abizera. Ibi byitwa ‘kwishiman’Uwiteka’ kubera ko byateraga ibyishimo mu mutima w’Imana igihe abantu b’Imana bateranaga ngo bumve kandi basubize Ijambo ryayo.

Ni uku guterana kandi ngo bumve Ijambo ry’Imana gutera imbaraga no gutekana kw’abizera (8:10). Gutera guhindurwa bashya mu by’Umwuka bikenerwa ngo twumve inzira z’Imana (8:12b, 13); kwihana inzira zacu (9:1-3), guhimbariza Imana ubugingo n’ibikorwa byayo mu mateka (9:5 n’ikurikira), no kuvuguruzwa cyangwa guhindukira kwubaha Imana mu bugingo bw’umuntu (10:28-13:31).

Malaki 3:16 ni ikindi gice cyo mu Isezerano rya Kera kitubwira kuri ibi byo guterana iteka mu gusenga no gutekerereza hamwe ku Uwiteka n’iby’agakiza kacu.

Malaki 3:16 ‘Maz’abubahag’Uwiteka baraganiraga, Uwiteka agateg’amatwi, akwumva; nukw’igitabo kikandikirw’imbere ye cy’urwibutso rw’abubahag’Uwiteka, bakita kw’izina rye.’

Nk’uko iki gice kibyerekana, ababi n’ab’isi bahoza ku munwa iby’isi, iby’abantu n’ibyo barega Imana n’ukuri kwayo. Turi mu bihe bibi byuzuye ibitekerezo by’isi no kurwanya Imana, bityo abubaha Imana bagomba kuburirwa no kubwirizwa kwanga ibyo bumva kandi babona muri iyi si. Hagati mu kuneshwa mu by’Umwuka n’ububi bwose budukikije, abantu b’Imana bagomba kuza hamwe kwumva, kwiga, gutekereza no kwita ku Mana yabo (Abaroma 12:2).

Abaroma 12:2 ‘Kandi ntimwishushanye n’ab’iki gihe, ahubwo muhinduke rwose, mugiz’imitima mishya, kugira ngo mumenye nez’iby’Iman’ishaka, ni byo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose.’

Ntihashobora kubaho gutabarwa nyakuri n’akamaro mu migendere yacu n’Imana ibi bitariho. Guteranira gusabana umuntu n’undi mu masengesho, guhimbaza, no kwiga ni iby’ingenzi mu mibereho yubaha Imana no guhinduka mu by’Umwuka.

Uko kuri kubonwa mu Isezerano Rishya hamwe no gushimangira gukomeye. Mu Byakozwe 2:42 n’imirongo ikurikira tubona ko Itorero ryo mu Isezerano Rishya i Yerusalemu ryateranaga buri munsi mu gusabana mu gusenga, ku meza y’Umwami, no kwiga Ijambo ry’Imana. Ingaruka zabaye igitangaza mu byerekeye urukundo, ubumwe, kuvuga Ubutumwa, cyangwa abongerwaga ku torero n’Umwami.

Ibyakozwe 2:42 ‘Bahoraga bashishikariy’iby’intumwa zigishaga, bagasangir’ibyabo, no kumanyagur’umutsima, no gusenga.’

Ikindi gice dushobora kwigiramo ni 1 Abakorinto 15:33: ‘Ntimuyobe; kwifatanya n’ababi kwonona ingeso nziza’. Icya mbere, dufite itegeko. Rivuga ngo ‘murekeraho kuyoba’ cyangwa ngo ‘ntimuzigere mwemera kuyoba’. Ikivugwa ni iki, abantu barimo barayoba; bakeka ko abantu bagira inshuti, (cyangwa batabana nabo nk’umubiri w’abizera) ntacyo bahindura ku myifatire yabo cyangwa ku bugingo bwabo bw’Umwuka. Pawulo aratubwira ko gutekereza dutyo ari ubupfu. Ni ukuyoba, kuyobywa no kutamenya mu by’Umwuka, cyangwa kutagira icyo umuntu yitaho. Reba ihuriro muri iyi mirongo ikurikira:

1 Abakorinto 5:9 ‘Nabandikiye muri rwa rwandiko ko mutifatanya n’abasambanyi.’

1 Abakorinto 6:9-12 “Ntimuzi yukw’abakiranirwa batazaragw’ubwami bw’Imana? Ntimwishuke; abahehesi, cyangw’abaseng’ibishushanyo, cyangw’abasambanyi, cyangw’ibitingwa, cyangw’abagabo bendana, 10 cyangw’abajura, cyangw’abifuza, cyangw’abasinzi, cyangw’abatukana, cyangw’abanyazi; ben’abo ntibazaragw’ubwami bw’Imana. 11 Kandi bamwe muri mwe mwari nka bo: ariko mwaruhagiwe, mwarejejwe, mwatsindishirijwe n’Umwuka w’Imana yacu mu izina ry’Umwami wacu Yesu Kristo.”

1 Abakorinto 15:33 “Ntimuyobe; kwifatanya n’ababi kwonona ingeso nziza.”

Muri 1 Abakorinto 15:33, Pawulo asubiramo umugani w’Ikigiriki ku bwo kuyoborwa n’Imana kubera ko ari ukuri kandi ari ingenzi ku bugingo bw’umwizera, gukura kwe, no kunesha kwe muri ubu bugingo. Ihame ry’ibanze kandi ryumvikana ni _ abo tubana na bo, n’ibyo dukora muri ayo mashyirahamwe bigira ingaruka ku myitwarire yacu Iri ni itegeko ry’ubugingo bw’Umwuka.

Inshinga ‘konona’ ni icyo twita indagihe ivuga ibisanzwe. Yerekana ihame rusange ry’ubugingo, ku bihora ari ukuri. Iyi nshinga isobanura ‘konona, kwangiza, kurimbura’. ‘Ingeso’ ni ryo jambo ritangaje. Ni ijambo ry’Ikigiriki ethos rivuga ‘umuco, ibikoreshwa, akamenyero, uburyo’. Rikoreshwa hamwe n’akamenyero ko kwiyeza, kwitwara neza. Ihame rero ubu rirasobanutse - kwifatanya n’abantu babi, no kudaterana n’abizera kubwo gusabana mu bintu by’Ijambo ry’Imana, byica ubushobozi bwacu bwo guhinduka mu by’Umwuka.

Ariko reka turebe n’indi ngaruka. Ntabwo bihagije kwirinda abantu babi gusa, cyangwa kwanga kwishyira hamwe n’abadakunda ibintu by’Umwuka; cyangwa se ngo bibe bihagije gutangira kwifatanya n’abizera mu guterana gusanzwe cyangwa kudasanzwe mu kumva Ijambo ry’Imana. Umuntu akeneye gukora byombi, kwanga amashyirahamwe mabi ya kera ku byo gukomeza kubana na bo nka mbere (1 Petero 4:4), no kujya mu mashyirahamwe meza mashya, guterana iteka kubwo gusabana n’abizera.

Ahari igice gikomeye kurusha ibindi ku byo dukeneye byo guterana buri cyumweru n’abandi bizera ku byo gusabana no guterana inkunga mu by’Umwuka ni Abaheburayo 10:24-25:

‘Kandi tujye tuzirikan’ubwacu kugira ngo duteran’ishyaka ryo gukundana n’iry’imirimo myiza. 25 Twe kwirengagiza guteranira hamwe nk’uko bamwe bajya bagira, ahubwo duhugurane, kand’uko mubony’urya munsi wegera, mub’ari ko murushaho kugenza mutyo.’

Mu murongo wa 24 dusabwa kureba uko twaterana inkunga mu gukundana n’imirimo myiza. Mu Kigiriki haravuga ngo, ‘reka turebe uko twafatanya n’igitekerezo cyo guterana inkunga mu gukundana n’ibikorwa byiza.’ Ibi ubwa mbere ni impuguro ngo twitondere gufashanya ngo tugire guhaza kw’urukundo rwa Kristo kugira ngo duteze imbere urukundo n’imirimo myiza.

Hanyuma mu murongo wa 25 umwanditsi w’Abaheburayo aduha uburyo bwo kubikora. Uburyo ni ubw’ubwoko bubiri:

Ubwa mbere, mu ‘kutirengagiza guteranira hamwe, nk’uko bamwe bajya bagira’. Birumvikana neza. Uburyo bumwe bwo gufasha no gufashwa ni ukugira akamenyero ko guterana buri gihe kubwo gusabana n’abera (abizera Kristo).

Hari ikibazo cyumvikana, ni kangahe dukwiriye guterana? Bamwe bakeka ko rimwe mu cyumweru bihagije, abandi, rimwe cyangwa kabiri mu kwezi. Ariko itorero rya mbere ryateranaga buri munsi, hanyuma bakajya baterana nibura rimwe mu cyumweru ku wa mbere w’iminsi irindwi (1 Abakorinto 16:1-2).

Ariko ibi si byo iki gice kitubwira mu gice cya nyuma cy’uyu murongo, cy’umwanditsi yasize ngo gishimangirwe. Aravuga ati, ‘kandi uko mubona urya munsi (umunsi wo kugaruka kwa Kristo) wegera, abe ari ko murushaho kugenza mutyo’. Yoo! Niba dufite umutima wo kwumva Ijambo ry’Imana, iri riruzuye. Iki si ikintu cyemewe n’amategeko ngo tugombe kwiyerekana kenshi mu kwezi cyangwa mu cyumweru. Ibi byerekeye ibyo dukeneye no kumenya akamaro n’imigisha byo guteranira hamwe, ariko na none iby’ingorane zikura, kuyoba, gukururwa, n’ibiturangaza byo mu minsi ya nyuma uko tugenda turushaho kwegera kugaruka k’Umwami wacu.

None se umwanditsi yashatse kuvuga iki ati ‘uko mubona ...’ Mu Kigiriki, iryo bango riri mu buryo bw’ibyo umuntu abona, ryerekana ubwinshi bwabyo, ikigero cyabyo, cyangwa uko bingana. Igice aha kivuga ‘byinshi bingana na’. Ihame ni uko tutahawe umubare w’inshuro twakurikiza. Ibyerekana ibi ni uko tubona ibihe turimo n’akamaro ko guteranira hamwe n’ingaruka bigenewe kugira ku bugingo bwacu.

Byongeye, ntitugomba gupfa guterana nta ntego, cyangwa se gupfa guhura by’abana. Bityo igice cyongeraho kiti, ‘ariko mu guterana ishyaka’. Amagambo ‘guterana ishyaka’ ni parakaleo. Iri ni ijambo rivuga ibitekerezo byinshi binyuranye ariko bifitanye isano. Bivuga ‘guhamagara, kwinginga, guhugura, kuburira, gushimisha, gutera inkunga, gukomeza’.

Hadakurikijwe uburyo rikoreshwamo, bihamagarira umuntu guhitamo, cyangwa se gukora cyangwa kwerekeza ahantu runaka. Guhamagara gushobora kuba ibizashoboka mu gihe kizaza mu buryo kwo kwumvira Ijambo ry’Imana, gukurikira amabwiriza yaryo cyangwa gusubiza Umwami mu buryo bumwe (Abaroma 12:1). Cyangwa se guhamagara gushobora kuba ku byashobotse mu gihe cyashize mu buryo bwo kwizera Ijambo ry’Imana no gukomezwa cyangwa kwifatanya n’umuntu mu byamubayeho, nk’ibigeragezo cyangwa gupfusha umukunzi (1 Abatesalonike 4:13-18).

1 Abatesalonike 4:13-18 ‘Ariko bene Data, ntidushaka ko mutameny’iby’abasinziriye, mutababara nka ba bandi badafit’ibyiringiro. 14 Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye, akazuka, ab’ariko twizera yukw’Imana izazanana na Yesu abasinziriye muri we. 15 Iki ni cyo tubabwira, tukibwirijwe n’Ijambo ry’Umwami wacu, yuko twebw’abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hat’abasinziriye. 16 Kuk’Umwam’ubwe azaza, amanuts’ava mw’ijuru, aranguruy’ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya Malayik’ukomeye, n’impanda y’Imana; nukw’abapfiriye muri Kristo nibo bazabanza kuzuka: 17 maze natw’abazaba bakiriho basigaye, duhereko tujyananwe na bo tuzamuwe mu bicu, gusanganirir’Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose. 18 Nuko mumaranish’imibabaro kubwiran’ayo magambo.’

Iyo dushyize ibi mu bivugwa mu gitabo cy’Abaheburayo, imwe mu ntego z’ingenzi zo guteranira hamwe rero, ni ukwumva Ijambo ry’Imana ryigishwa kandi rikavuganwa ku gukomeza, ku guhugura, no kudutera inkunga mu kugendana n’Umwami kwacu. Kwigisha Ijambo ry’Imana hamwe no guterana inkunga bihinduka uburyo bwo guhugura no gukomeza guteza imbere urukundo n’imirimo myiza (reba n’Abaheburayo 3:7 n’ikurikira; 5:1-6:1).

Abaroma 15:4 ‘Ibyanditswe kera byose byandikiwe kutwigisha, kugira ngo kwihangana no guhumurizwa bitangwa na byo, biduhesh’ibyiringiro.’

Abaheburayo 13:7 ‘Mwibuk’ababayoboraga kera bakababwir’ijambo ry’Imana. Muzirikan’iherezo ry’ingeso zabo, mwigane kwizera kwabo.’

Ibivugwa aha birumvikana. Twese dukeneye igihe cyo kwiherera n’Imana. Dukeneye gucecekera imbere y’Imana ngo turusheho kumenya Imana; ngo tumenye by’ukuri ko ari Imana (Zaburi 46:10). Gukura mu kugendana n’Umwami kwacu no kugira guhinduka Bibiliya ivuga kuva imbere kukagaragarira inyuma, tugomba kuba abumva n’abakora iby’Ijambo ry’Imana mu kwiherera buri munsi no guterana buri cyumweru.

Ingorane zo kuba mu gihugu gikize cyane (Amerika) kandi cyita ku by’isi ni uko dushukwa cyane kandi ntitubashe gusobanukirwa ibyo dukeneye nyakuri. Ibyo dukeneye mu mibereho yacu y’iby’Umwuka bitandukanye cyane n’ibyo twibwira. Twasaye mu byo dukeneye kubera ko dufite byinshi mu mubiri wacu mu buryo bumwe, nibura, dusa n’abamerewe neza mu bugingo. Kandi koko, bamwe basa n’abameranye neza n’Imana. Ibi byateye umunyezaburi gusa n’unyerera igihe yandikaga Zaburi 73:1-3. Ariko nyuma, aje mu nzu y’Imana, ahantu ho gusengera (kimwe no kwiherera buri munsi cyangwa guterana buri cyumweru), yabonye uburyo yari yasaye, maze yandika amagambo meza mu mirongo yari isigaye y’iyo Zaburi.

Ibyanditswe bituburira ngo, ‘umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana’ (Gutegeka 8:3). Kandi Umwami wacu yaratuburiye ati: ‘Mwitonde kandi mwirinde kwifuza kose, kuko ubugingo bw’umuntu butava mu bwinshi bw’ibintu bye’, ‘kuko ubugingo buruta ibyo kurya, n’umubiri uruta imyambaro’, ‘Ahubwo mushake ubwami bwe, kuko ari ho ibyo muzabyongerwa’ (Luka 12:15, 23, 31).

Kwihererana n’Imana buri munsi no guterana buri cyumweru:
Uburyo bw’Imana bwo kuturinda

Iyo byumviswe kandi bigakoreshwa neza, ibyo kwiherera buri munsi no guterana buri cyumweru biba uburyo bw’Imana bwo kuturinda ingorane zimwe na zimwe:

(1) Ibyiringiro bitari mu mwanya wabyo. Biratworohera kwiringira ibitari ibyo kwiringirwa - abantu, ubutunzi, ubuzima bwiza, imbaraga, imyanya, ubukire, ibyo umuntu ashoboye, inshuti, kandi urutonde rurakomeza. Iyi ni imwe mu mbuzi Imana yahaye Abisirayeli igihe binjiraga mu gihugu. Ingorane z’imigisha y’umubiri wacu ni uko bishobora gutuma dusaya mu buryo bworoshye mu byo dukeneye.

Gutegeka 6:10-12 ‘Uwiteka Imana yawe nimara kukujyana mu gihugu yarahiye ba sekuruza wanyu Aburahamu na Isaka na Yakobo kw’izaguha ukagir’imidugudu minini, myiz’utubatse, 11 n’amazu yuzuy’ibyiza byos’utujuje, n’amariba yafukuwemw’amazi mutafukuye; n’inzabibu n’imyelayo utateye, ukarya, ugahaga; 12 uzirinde we kwibagirw’Uwiteka, wagukuye mu gihugu cy’Egiputa, mu nzu y’uburetwa.’

1 Timoteyo 6:17-19 ‘Wihanangiriz’abatunzi bo mu by’iki gihe, kugira ngo be kwibona, cyangwa kwiringir’ubutunzi butar’ubwo kwizigirwa, ahubwo biringir’Imana, iduha byos’itimana, ngo tubinezererwe; 18 kandi bakor’ibyiza, bab’abatunzi ku mirimo myiza, bab’abanyabuntu bakunda gutanga, 19 bibikir’ubutunzi buzab’urufatiro rwiza mu gihe kizaza, kugira ngo babon’uko basingir’ubugingo nyakuri.’

Luka 12:15-18 ‘Arababwir’ati: Mwitonde kandi mwirinde kwifuza kwose, kuk’ubugingo bw’umuntu butava mu bwinshi bw’ibintu bye. 16 Nukw’abacir’umugani, ati: Harih’umukungu wari ufit’imirima irumbuka cyane; nukw’aribaza mu mutima we, ati: ndagira nte, ko ndafit’aho mpunik’imyaka yanjye? 18 Aribwir’ati: ndabigenza ntya: ndaseny’urugarama rwanjye, nubak’urundi runini, ab’arimwo mpunik’imyaka yanjye n’ibintu byanjye;’

(2) Uburenganzira bukoreshwa nabi. Nubwo ubugingo bwacu bushya n’imigisha y’iby’Umwuka n’uburenganzira ari urufatiro rwo kunesha mu by’Umwuka, ntabwo bihagije. Bigomba kwakirwa kubwo kwizera no gukoreshwa buri munsi cyangwa se tuzahinduka abatumva imigisha y’Imana kandi bishobora kuza vuba (reba 1 Abakorinto 9:24-10:12).

Iminsi itatu inyuma y’uko Abisirayeli batabariwe n’Imana ibakiza ingabo za Farao ku bw’igitangaza cyo ku Nyanja Itukura bakaririmba indirimbo zisingiza ugucungurwa n’Imana, batangiye kwitotombera Mose bageze i Mara babonye amazi asharira yonyine yo kunywa. Ubundi, bamaze kubona ibyo bakoze, kandi bamaze kuririmba indirimbo zo gusingiza Imana mu kwamamaza Imana n’imbaraga zayo, bagombaga kuba baritwaye uko amagambo akukurikira asobanura: “Mwami, kubera ko nta n’umwe usa na We, urera mu cyubahiro cyawe, uteye ubwoba mu kugusingiza, ukora ibitangaza, turakwizera ko ubasha kuduha amazi no kuduha ibyo dukeneye”. Ariko mu minsi itatu gusa bakuye amaso yabo ku Mwami no kuri ibi bintu byabakuye mu kwizera.

Nyamara iyo natwe titonze niko bitubera. Igikenewe kuri twe ni ukumva buri munsi imbuzi z’intumwa: ‘Nuko rero uwibwira ko ahagaze, yirinde atagwa’ (1 Abakorinto 10:12).

(3) Iby’ibanze bitari mu mwanya wabyo. Mu gihugu cyacu (Amerika), ahari nta gice cy’ingenzi kurusha Matayo 6:19-34. Kuki? Kubera ko ubukungu bwacu ari ingenzi ku byerekeye ibyo dukoresha ubugingo bwacu. Ibyo umuntu agambirira (iby’isi kandi by’igihe gito cyangwa iby’ijuru kandi by’iteka) byerekana ubukungu bw’umuntu, kandi ubukungu bw’umuntu bwerekana kwitangira gusenga, iby’agaciro, n’iby’ibanze. Biratworohera kubeshywa mu kwitangira ibishira.

Urugero rugaragara rw’ibyaduha agaciro ni ukwitangira Ijambo ry’Imana nk’umugereka n’isoko by’ubugingo bwacu. Abayobozi ba gikristo bibanda aha. Bemera ibi ku munwa ariko bakabyanga mu byo bakora. Ni abo ‘gushyushya abantu bati mukore ibi’. Imyaka myinshi ishize, numvise kuri gahunda yo kuri radiyo ya buri munsi, Dogiteri Pawulo Meier, umukristo w’umuhanga mu bya pisikolojia (ubumenyi mu by’ibitekerezo) w’i Dallas muri Leta ya Texas avuga ko akeneye nibura amasaha abiri ku munsi yo gutekereza ku Ijambo ry’Imana. Ibyo duha agaciro n’ibyo twiyemeza ntibyerekana urukundo dukunda Imana gusa, ahubwo ni ukumenya ibyo dukeneye neza.

(4) Kutagira ukuri cyangwa uburyarya. Ntidushobora kubaho, kugira ubugingo, cyangwa kubuha abandi tudafite ubwacu! Ukuri k’ubumwe no kugendana n’Umukiza byerekana iteka ukuri k’uko turi mu byo dukora. Amasengesho Bibiliya yigisha si, ‘Mwami hindura umugore wanjye cyangwa umwana cyangwa inama y’itorero’ ahubwo ni ‘Mwami, mpindura. Ngira nk’Umwana wawe’.

Matayo 23:1-5 ‘Maze Yesu avugana n’iteraniro ry’abantu n’abigishwa be, ati: 2 Abanditsi n’Abafarisayo bicaye ku ntebe ya Mose. 3 Nuko rero, ibyo bababwira byose mubikore mubiziririze, arikw’imigenzo yabo mwe kuyikurikiza: kukw’ibyo bavuga atari byo bakora. 4 Bahambir’imitwar’iremerey’idaterurwa, bakayihekesh’abantu ku ntugu, arik’ubwabo ntibemere no kuba bayikozaho n’urutoki rwabo. 5 Ahubw’imirimo yabo yose bayikorera kugira ngw’abantu babarebe: n’impapuro bambara zanditsweho amagambo y’Imana barazagura bakonger’incunda z’imyenda yabo,’

Yesaya 29:13 ‘Umwami aravug’ati: kukw’aba bantu banyegera bakanyubahish’akanwa kabo n’iminwa yabo, arikw’imitima yabo bakayinshyira kure; no kwubaha banyubaha akab’ar’itegeko ry’abantu bigishijwe;’

Ndakeka ari Howard Hendricks wavuz ngo, ikibazo kinini si gusa, ‘mbese ubukristo ni ukuri? Hari ingero nyinshi mu mateka zerakana ko ari ukuri. Ikibazo cy’ibanze ni iki ngo ni iki kidasanzwe bikora mu bugingo bwanjye? Ibi ni byo ab’isi bareba mu bugingo bwacu nk’ibibugaragaza nyakuri’. Kwiherera buri munsi ni byo bishobora kudufasha kubana n’Umwami iyo dufashe imbuzi twabonye mbere muri iyi nyigisho no kuzegera nk’igihe cyo kujya gufungura ku meza y’Umwami aho kuba nk’agahato.

Dukwiriye kwitondera amagambo y’iyi ndirimbo y’Imana ya kera :

Fata igihe cyo kwiyeza, Vugana kenshi n’Umwami,
Ba muri We iteka, kandi utungwe n’Ijambo rye,
Fata igihe cyo kwiyeza, Isi irihuta
Mara igihe cyinshi, wiherereye na Yesu wenyine;
Fata igihe cyo kwiyeza, Reka akuyobore,
Kandi ntiwiruke mbere Ye, Mukurikire muri byose.


91 Eugene H. Peterson, A Long Obedience in the Same Direction, InterVarsity, Downers Grove, IL, 1980, pp. 11-12.

92 Charles Spurgeon, Morning and Evening, Morning, Feb. 16.

93 R. Laird Harris, Gleason L. Archer, Jr., Bruce K. Waltke, Theological Word Book of the Old Testament, Vol. 2, Moody Press, Chicago, 1980, p. 495.

94 Merrill F. Unger, Pathways to Power, Zondervan, Grand Rapids, 1953, p. 41.

Related Topics: Basics for Christians

Report Inappropriate Ad