MENU

Where the world comes to study the Bible

Ubugingo Bushingiye Kuri Kristo:

Inyigisho Ku Kuri K’umwanya Dufite Muri Kristo

Intangiriro

Urufatiro ni intango ikintu gihagararaho, kigafatiraho, cyangwa kigashyigikirwa. Urufatiro rukomeye ni ngombwa ngo umuntu ahangane n'imiraba yo muri ubu bugingo. Ni wubaka inzu yawe ku musenyi aho kuba ku rutare izahirikwa n'imiyaga yo muri ubu bugingo.

Nk'uko Umwami yigishije muri Matayo 7, ni ko ari ukuri ku bugingo bwo mu Mwuka wacu. Urufatiro rukwiriye rwonyine rw'ubugingo buhoraho n'ubugingo buturuka ku guhinduka kw'ukuri ku by'Umwuka; ni Kristo n'umurimo we n'ubutunzi mu by'Umwuka kubera umwanya dufite muri Kristo.

Iyi nyigisho iduha intangiriro ku kuri kw'umwanya dufite muri Kristo. Ukuri kw'umwanya dufite muri Kristo kwerekana abo turi bo muri Kristo nk'abizera. Kubera ko ivuga ku bo turi bo muri Kristo, igera no ku cyo turi cyo. Intumbero, icyakora, ni abo turi bo mu Mukiza mu kumwizera n'icyo ibyo bishobora gukora mu bugingo bwacu nk'abizera.

Tugomba kwumva ko urufunguzo rwa mbere mu kwuzura kwo kugira ubugingo Imana ishaka ari ukumenya icyo Imana yakoze ku bwacu. Uru ni urufatiro ku gisubizo cyacu. Byonyine uko dusobanukirwa no kuruhukira mu buryo Imana yakoreye muri Kristo ni ko dushobora gukorera muri Kristo. Mu buryo bw'agakiza kacu kose no mu byo gutanga tugomba kumenya no kumva ko Imana yakoze byose.

Tangira wereka [abantu] icyo bari cyo muri Kristo n'icyo Umuganga Ukomeye ari cyo maze bazabikoreshe mu bugingo bwabo ... Ni yo mpamvu kubwiriza ukuri kw'umwanya dufite muri Kristo byerekana akamaro k'ukuri kw'ubugingo. Mu nzandiko nkuru, inzandiko z'inyigisho nk'Abaroma n'Abefeso bikurikiranye bityo. Fata Abefeso n'ibice byacyo bitandatu. Ibice bitatu bya mbere bikubwira ibyo Kristo yakoze ku bwawe hanyuma bitatu bikurikiyeho bikakubwira ibyo ukwiriye gukora ku bwe.33

Gusobanukirwa ibyo Imana yakoze ku bwacu n'abo turi bo muri Kristo ni urufatiro rwo kugira ngo tugire impamvu idutera kugira ubugingo bwa gikristo, kandi impamvu y'ukuri ni urufunguzo rw'ingenzi mu guhindurwa mushya. Chafer yabyitaga "impamvu y'ukuri." Lawrence asubira mu magambo ya Chafer wavuze ati:

Ni iki kigutera gukora ibyiza? Ndakeka ko hejuru y'ikintu cyose cyo mu isi ushaka guha Imana icyubahiro ugira ubugingo bwiza. Ndizera ibyo, bene Data. Ntimukeneye kubinyemeza. Ariko impamvu yanyu ni iyihe? Ni kuki mushaka kubaho mu kuri? Ni ukugira ngo Imana ibemere cyangwa ni uko yabemeye? ... Mirongo cyenda n'icyenda ku ijana by'abantu bari mu madini y'Abaporoso uyu munsi ... bakeka ko umurimo wabo ari ukwikundisha ku Mana kandi ntibazi ko Imana ibakunda kuva igihe bizereye Kristo ... Yabahaye ikintu cyose cya ngombwa kandi icyo ni icyawe none ubwo wizeye. Nta na rimwe ugomba kwongera kugwa mu gukeka ko ukwiriye ubuntu bw'Imana ... Mbese ubaho uko ushoboye kubera ko wagizwe mwiza, cyangwa ubaho uko ushoboye wizera kwigira mwiza?34

Avuga kuri aya magambo ya Chafer, Lawrence yaranditse ati: "Uru ni rwo rufatiro mu kwumvira amategeko y'Imana: Kwumvira ni igisubizo cy'ibyo Imana yaduhaye mu byo kwera, si ukugerageza gukorera ku migisha y'Imana n'ibyo itanga" (reba Abaroma 8:32). 35

Dukunze kwumva muri iyi minsi icyo umuntu ari cyo, kwikuza, kwiyitaho. Abahanga benshi bize iby'uko umuntu atekereza bibanda ku byo umuntu amaze kubera intego yo gufasha abantu kwumva bishimye. Kwumva neza abo turi bo n'icyo tumaze ni ingingo z'ingenzi zo kudahindagurika mu marangamutima n'iby'Umwuka, kandi ni imbaraga ziyobora zimwe ziba mu bantu. Nk'abantu baremwe mu ishusho y'Imana, dufite buri wese agaciro, umumaro n'umugambi muri gahunda y'Imana. Kumenya icyo turi cyo Bibiliya irabyemera, ariko tukaba tugomba gufata intumbero n'umugambi by'ukuri.

Urugero, mu Baroma 12:3 tubwirwa gutekereza neza ku bo turi bo by'ukuri dukurikije ubuntu bw'Imana. Icyo twakoresha ngo tumenye abo turi bo, kugira ngo ubwo bumenyi buhindure impamvu n'ibitekerezo byacu, ni umutima uhinduwe n'ijambo (12:3).

Abaroma 12:1-3 "Nuko, bene Data, ndabinginga ku bw'imbabazi z'Imana, ngo mutange imibiri yanyu, ibe ibitambo bizima byera bishimwa n'Imana, ni ko kuyikorera kwanyu gukwiriye. 2 Kandi ntimwishushanye n'ab'iki gihe, ahubwo muhinduke rwose, mugize imitima mishya, kugira ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka, ni byo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose. 3 Ndababwira umuntu wese muri mwe, mbwirijwe n'ubuntu nahawe, mwe kwifata uko mutari, ahubwo mutekereze mwitonze, nk'uko Imana yagereye umuntu wese kwizera."

Intego n'impamvu byo kwimenya by'ukuri, aho kuba intego zo kwikunda, ni umurimo wo gukunda Kristo nta buryarya.

Abaroma 12:4-9 "Nk'uko mu mubiri umwe dufite ingingo nyinshi, kandi ingingo zose zikaba zidafite umurimo umwe, 5 natwe niko turi: kuko turi benshi, nyamara turi umubiri umwe muri Kristo, umuntu wese ni urugingo rwa mugenzi we. 6 Nuko kuko dufite impano zitandukanye, nk'uko ubuntu twahawe buri , niba twarahawe ubuhanuzi, duhanure uko kwizera kwacu kungana: 7 cyangwa niba twarahawe umurimo wo kugabura iby'Imana, tugire umwete wo kubigabura: cyangwa uwigisha, agire umwete wo kwigisha: 8 cyangwa uhugura, agire umwete wo guhugura: ugira ubuntu, abugire atikanyiza: utwara, atwarane umwete: ugira imbabazi, azigire anezerewe. 9 Urukundo rwanyu rwe kugira uburyarya. Mwange ibibi urunuka, muhorane n'ibyiza:"

Icyo umuntu ari cyo cy'ukuri kandi Bibiliya yemera gifite impande cyangwa ibice bibiri by'ingenzi. Kirimo imbaraga no kwicisha bugufi. Harimo gutekereza ku by'icyaha n'ibyishimo no kumva umuntu yarababariwe, no kumenya neza ko tudakwiriye ahubwo ko dukeneye Imana no gusobanukirwa uko Imana mu buntu bwayo yadukoreye ibyo muri Kristo.

Twe nk'abantu bafite intege-nke, ntidukeneye gusa kumenya icyo turi cyo nyakuri, ahubwo dukeneye n'imbaraga z'Imana n'ubushobozi bwayo ngo tuneshe kamere y'icyaha (umubiri) n'ibyo dukora bitugirira nabi twe n'abandi. Umwanya umukristo afite muri Kristo no gusa na Kristo mu rupfu rwe, guhambwa, no kuzuka bye ni urufatiro rwo kunesha kamere n'ububasha bushya bw'ubugingo.

Kugira ngo byemerwe, Umwuka w'Imana afite inshingano yo gukuza Kristo no guhuza ubugingo bwe n'ubwanjye muri we, ntazigera atanga imbaraga z'Umwuka cyangwa ngo azane guhinduka mu by'Umwuka kw'ukuri mu bugingo ubwo ari bwo bwose budashingiye ku bikorwa, icyubahiro, no kwihaza kwa Kristo nk'isoko n'urufatiro by'ubugingo bwose n'icyo busobanura. Ibyo si byo bitewe n'intego y'umurimo w'Umwuka nk'uko uvugwa mu Byanditswe.

Niba dushaka kugira ubugingo buhinduwe, tugomba gusobanukirwa abo turi bo muri Kristo ku bw'ubuntu bw'Imana n'uko ibyo bigira icyo bihindura mu migendere yacu mu bugingo. Gusobanukirwa ibice byose by'umwanya dufite n'ubumwe na Kristo (Abaroma 6) ni urufatiro rwo kugendera no kuyoborwa n'Umwuka w'Imana (Abaroma 8).

Umwuka Wera ntashobora gukorana cyangwa kubyara ikintu icyo ari cyo cyose cyo mu bugingo iyo urufatiro rw'ubusabane bw'ubuntu bw'Imana bwibagiranye. Ni gute se Umwuka Wera yashoboza ubugingo bwayobye kandi bw'amafuti mu ntego zabwo zose, uburyo bukoresha, n'impamvu? Ibyo atwungura, bikenewe, kandi bigirira akamro gusa abemera kandi bizera ko bagirwa beza rimwe risa ku bwo kwizera Kristo nk'Umukiza kandi ko ibyo bategekwa bishya atari ukwihindura abemerwa ahubwo ari ukugenda nk'uko uwo bemererwamo ashaka.36

Ijambo ry'imbuzi

Mu Bakolosayi 2:8, Intumwa Pawulo aduha ijambo ryo kutuburira kandi ijambo rikwiranye n'iyi nyigisho:

"Mwirinde, hatagira umuntu ubanyagisha ubwenge bw'abantu n'ibihendo by'ubusa, bikurikiza imihango y'abantu, iyo bahawe na basekuruza ho akarande, kandi bigakurikiza imigenzereze ya mbere y'iby'isi, bidakurikiza Kristo."

Satani ni se wo gushukana, kandi afashijwe n'isi ye tubamo no kutabona kwacu, ashaka (nk'uko yabigenje mu Itangiriro) kutugira abacakara nk'imbata ku byiringiro n'ingamba by'ibinyoma dukoresha dushaka kwigeza ku byo Imana yonyine ishobora gutanga. Mu buryo busekeje, dushaka gukoresha ingufu zacu ngo tugere ku byo dusanganwe muri Kristo. Ingaruka ni uko dutumbira akenshi ku ntego z'amafuti, nk'umwanya wo gutwarwa, zitugira abacakara zikatubuza kumenya urukundo rw'Imana mu bugingo bwacu, imbaraga zayo, ubwigenge, n'akamaro k'ubugingo buri muri Kristo. Izi ntego akenshi dukurikira zigira ibipimo twe (cyangwa abandi) twashyizeho nk'igihamya cy'ibyo twagezeho ndetse n'icyo tumaze.

Biragaragara, nta kibi cyo gukora uko dushoboye no gukora ibintu neza ku bw'ikuzo ry'Imana no ku bw'imigisha ku bandi no ku bwo kwinezeza kwacu. Icyakora, iyo ibi bibaye intumbero, dushobora kuba imbata zo gukora ibyiza birenze cyangwa kuneshwa. Reba zimwe mu ngorane zizanwa no gushaka gukora ku bipimo biha ngo bumve bishimagiza ubwabo:

  • Bashingira akamaro kabo ku buryo bwiza bakoramo ibyo bakora n'uko abandi babona neza ibyo bakoze.
  • Bakunda kunegura no gusuzugura abadakora ibintu neza.
  • Iyo baneguwe birabababaza cyane bagashaka kwisobanura kuko bashaka kwiha agaciro mu byo bakora. Abashaka gukora ibintu ku rugero rurenze bakunda gutwarwa n'uko bumva bameze n'ibyo baba bagezeho bikomeye.
  • Mu gukurikirana igipimo gitunganye, bakunda gushaka kuyobora uko barwanira kugira ibintu bitunganye bityo bakumva bamerewe neza.
  • Ibipimo bishyiriraho ubwabo bituruka ku bugingo bugendera ku mategeko. Bashyiraho amategeko na gahunda kuri buri kintu mu bugingo hanyuma bakibanda ku bushobozi bwabo mu gushishoza amategeko no gukurikiza gahunda.

Ibinyuranye n'ibi, intumbero y'umukristo igomba kuba kuri Kristo n'ubugingo bushya bwe muri Kristo, si ku mategeko twishyiriraho, gahunda, ibyo tugeraho n'ibindi, bidakurikije kamere yabo yaba iby'idini, kubana n'abantu, cyangwa iby'isi. Kristo aduha gahunda no kuyoborwa n'Umwuka n'ubushobozi mu bugingo, ariko Kristo ni we uba ingenzi, intumbero, impamvu, n'isoko y'ibyo dukora n'uko tubikora aho kuba impamvu z'ibyo dupfa gukora.

Ubusobanuro bw'ukuri ku mwanya dufite muri Kristo

Ukuri k'umwanya dufite muri Kristo ni inyigisho y'umwizera n'umwanya wo mu ijuru, w'Umwuka, n'uw'iteka afite muri Yesu Kristo umuhesha mu Mwuka kugirana ubumwe no gusa na Kristo n'umurimo we - w'igihe cyashize, icy'ubu, n'ikizaza. Uku kuri kugaragarira cyane cyane mu nzandiko za Pawulo , inshuro zirenze ijana, intumwa ikoresha amagambo nka "muri Kristo," "mu Mukunzi," "muri We," "hamwe na Kristo," n'andi. Aya magambo adutera kuyitaho, yibanda ku mwamya dufite muri Kristo n'imigisha myinshi abizera bose baherwa mu bumwe bwabo na Yesu Kristo. Intangiriro y'iyi migisha ni umurimo w'agakiza warangiriye mu Mwami Yesu Kristo ku musaraba.

Ibice byerekana amagambo "Muri Kristo"

1 Abakorinto 1:2 "Turabandikiye, mwebwe abo mu itorero ry'Imana ry'i Korinto, berejwe muri Kristo Yesu, kandi bahamagariwe kuba abera, hamwe n'abantu bose bambariza hose izina ry'Umwami wacu Yesu Kristo, ni we Mwami wacu n'uwabo."

1 Abakorinto 1:30-31 "Ni yo ibaha kuba muri Kristo Yesu, waduhindukiye ubwenge buva ku Mana, no gukiranuka, no kwezwa, no gucungurwa: 31 kugira ngo bibe nk'uko byanditswe ngo: Uwirata, yirate Uwiteka.

Abagalatiya 3:28 "None ntihakiriho Umuyuda, cg Umugiriki; ntihakiriho imbata cyangwa uw'umudendezo; ntihakiriho umugabo cyangwa umugore: kuko mwese muri umwe muri Kristo Yesu."

Abagalatiya 5:6 "Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze, cyangwa kudakebwa: ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo."

Abafilipi 3:9 "Kandi mboneke ko ndi muri we, ntafite gukiranuka kwanjye, ahubwo mfite ukuzanwa no kwizera Kristo, ari ko gukiranuka kuva ku Mana guheshwa no kwizera:"

Abakolosayi 2:6-12 "Nuko rero, nk'uko mwakiriye Kristo Yesu Umwami wacu, abe ari ko mugendera muri we, 7 mushoreye imizi muri we, kandi mwubatswe muri we, mukomejwe no kwizera nk'uko mwigishijwe, mufite ishimwe ryinshi risesekaye. 8 Mwirinde hatagira umuntu ubanyagisha ubwenge bw'abantu n'ibihendo by'ubusa, bikurikiza imihango y'abantu, iyo bahawe na ba sekuruza ho akarande, kandi bigakurikiza imigenzereze ya mbere y'iby'isi, bidakurikiza Kristo. 9 Nyamara muri we ni ho hari kuzura k'ubumana kose mu buryo bw'umubiri. 10 Kandi mwuzuriye muri we, ari we mutwe w'ubutware bwose n'ubushobozi bwose. Muri we ni na mwo mwakebewe gukebwa kutari ukw'intoke, ahubwo ni ugukebwa kuva kuri Kristo, ni ko kwiyambura umubiri w'ibyaha bya kamere. 12 Kuko mwahambanywe na we mu mubatizo, kandi ni mwo mwazuranywe na we, ku bwo kwizera imbaraga z'Imana yamuzuye mu bapfuye."

Abakolosayi 3:1-3 "Nuko rero, niba mwarazuranywe na Kristo, mujye mushaka ibiri hejuru, aho Kristo ari, yicaye i buryo bw'Imana. 2 Mujye muhoza umutima ku biri hejuru, atari ku biri mu isi: 3 kuko mwapfuye, kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishanywe na Kristo mu Mana."

2 Timoteyo 1:1, 9 "Pawulo, wagizwe intumwa ya Kristo Yesu, nk'uko Imana yabishatse, kandi nk'uko isezerano ry'ubugingo bubonerwa muri Kristo Yesu riri; 9 yadukijije ikaduhamagara guhamagara kwera, itabitewe n'imirimo yacu, ahubwo ibitewe n'uko yabigambiriye ubwayo no ku bw'ubuntu bwayo twaherewe muri Kristo Yesu uhereye kera kose."

Gereranya n'Abaroma 6:1-11; Abefeso 1:3-14; 2:4-10.

Amagambo: (Nde, ryari, hehe, gute)

Iyo abantu bakiriye Umwami Yesu Kristo (nde na ryari) mu kumwizera ubwabo nk'Umukiza (kumwiringira n'umurimo we ku musaraba ku bwa kamere yabo y'icyaha) bashyirwa mu bumwe n'Umukiza (hehe) binyuze mu mubatizo w'Umwuka Wera (gute) ku buryo basa mu Mwuka na Yesu Kristo n'umurimo we (ingaruka).

1 Abakorinto 12:12-13 "Nk'uko umubiri ari umwe, ukagira ingingo nyinshi, kandi nk'uko ingingo z'umubiri zose, n'ubwo ari nyinshi, ari umubiri umwe, ni ko na Kristo ari: 13 kuko mu Mwuka umwe twese ari mo twabatirijwe kuba umubiri umwe, naho twaba Abayuda cyangwa Abagiriki, naho twaba imbata cyangwa ab'umudendezo. Kandi twese twujujwe Umwuka umwe."

Abaroma 6:3-5 "Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari na ko na twe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe."

Abakolosayi 2:12 "Kuko mwahambanywe na we mu mubatizo, kandi ni mwo mwazuranywe na we, kubwo kwizera imbaraga z'Imana yamuzuye mu bapfuye."

Amagambo y'ingenzi ku kuri kw'umwanya dufite muri Kristo

      Ni urufatiro rwo gukura no guhinduka

Nk'uko twabivuze mu ntangiriro y'iri somo, gusobanukirwa ukuri kw'umwanya dufite muri Kristo ni urufatiro rwo gukura mu bugingo bwa gikristo. Iyo kwumviswe neza, kurinda ibyo umuntu cyangwa Satani asimbuza iby'ukuri mu by'Umwuka, maze kukaba urufatiro rwo kunesha mu Mwuka kamere y'icyaha cyangwa umubiri. Mu yandi magambo, ukuri ko mu Baroma 6 kwerekeranye n’umwanya dufite muri Kristo, ni ingenzi kimwe n’ukuri ko mu Baroma 7 na 8 kwerekeranye no kunesha imbaraga z'icyaha kiba muri twe. Dusanga amagambo asa n'ayo mu nzandiko Pawulo yandikiye Abagalatiya n'Abakolosayi.

Ukuri kw'umwanya dufite muri Kristo gusobanura ko dusangira mu byo Kristo ari byo byose mu bumuntu bwe kandi tugasangira mu byo yakoze kandi azakora, umurimo we. Bityo:

  • Nk'uko yapfuye ku cyaha, ni ko na twe tugomba gupfa ku cyaha.

Abaroma 6:3 "Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe?

  • Nk'uko yazutse akava mu bapfuye, ni ko na twe twazutse.

Abaroma 6:5 "Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe."

  • Nk'uko yicaye i buryo bw'Imana, ni ko na twe turi.

Abefeso 2:6 "Nuko ituzurana na we, itwicaranya na we mu ijuru mu buryo bw'Umwuka, turi muri Kristo Yesu,"

  • Nk'uko ari Umwana w'Imana, ni ko na twe turi.

Abagalatiya 3:26 "Mwese muri abana b'Imana, mubiheshejwe no kwizera Kristo Yesu:"

  • Nk'uko ari we bugingo buhoraho, ni ko na twe dufite ubugingo buhoraho.

Abaroma 6:23 "Kuko ibihembo by'ibyaha ari urupfu, ariko impano y'Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu."

  • Nk'uko ari Ukiranuka n'intungane, ni ko na twe dufite gukiranuka kwe.

Abafilipi 3:9 "Kandi mboneke ko ndi muri we, ntafite gukiranuka kwanjye, kuva ku mategeko, ahubwo mfite ukuzanwa no kwizera Kristo, ari ko gukiranuka kuva ku Mana guheshwa no kwizera:"

Reba igishushanyo cy'ukuri ku mwanya dufite muri Kristo.

      Kamere y'umwanya dufite muri Kristo

Umwanya wacu muri Kristo si ikintu umuntu abona, amarangamutima, cyangwa imigisha ya kabiri igomba gushakwa. Ni igikorwa cy'Umwuka kandi kibaho nk'umurimo w'ubuntu w'Imana iyo umuntu yizeye Umukiza, kandi ibi ni byo ku bizera bose bidakurikije uko babyumva cyangwa babisobanukiwe. Birumvikana, gusobanukirwa ukuri k'umwanya wacu muri Kristo ni ingenzi mu kugira ibyo twunguka by'uko turi muri Kristo. Ibi bigaragarira cyane mu Baroma 6:3-12 no mu Bakolosayi 2:6-12 havuzwe haruguru.

    Abaroma 6:3-12 "Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari ko na twe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6 Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha: 7 kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8 Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tuzabanaho na we, 9 kuko tuzi yuko Kristo, amaze kuzuka, atagipfa; urupfu rukaba rutamufiteho urutabi. 10 Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11 Abe ari ko na mwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu. 12 Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira."

      Umwanya w'umwizera uratunganye kandi uruzuye

Ibinyuranye no gukura mu by'Umwuka no gukomera mu mibereho ya gikristo, ukuri k'umwanya wacu si ikintu kigenda gikura. Uhereye igihe cyo gukizwa, twashyizwe muri Kristo n'Umwuka, abizera bahabwa imigisha yose y'Umwuka kandi baba buzuye. Nta cyo baba babuze, ariko baba bakeneye gukura mu gusobanukirwa ibyo bafite muri Kristo.

Abefeso 1:3 "Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ni yo na Se, ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y'Umwuka yo mu ijuru:"

Abakolosayi 2:10 "Kandi mwuzuriye muri we, ari we Mutwe w'ubutware bwose n'ubushobozi bwose."

Abaheburayo 5:11-14 "Tumufiteho byinshi byo kuvugwa, kandi biruhije gusobanurwa, kuko mwabaye ibihuri. 12 Kandi, n'ubwo mwari mukwiriye kuba abigisha ubu, kuko mumaze igihe kirekire mwiga, dore musigaye mukwiriye kwongera kwigishwa na mwe iby'ishingiro rya mbere ry'ibyavuzwe n'Imana: kandi mwahindutse abakwiriye kuramizwa amata, aho kugaburirwa ibyo kurya bikomeye: 13 kuko unywa amata aba ataraca akenge mu by'Ijambo ryo gukiranuka, kuko akiri uruhinja; 14 ariko ibyo kurya bikomeye ni iby'abakuru bafite ubwenge, kandi bamenyereye gutandukanya ikibi n'icyiza."

1 Petero 2:1-2 "Nuko mwiyambure igomwa ryose n'uburiganya bwose n'uburyarya n'ishyari no gusebanya kose, 2 mumere nk'impinja zivutse vuba, mwifuze amata y'Umwuka adafunguye, kugira ngo abakuze, abageze mu gakiza:"

2 Petero 3:18 "Ahubwo mukurire mu buntu bw'Imana no mu kumenya Yesu Kristo Umwami wacu n'Umukiza. Icyubahiro kibe icye none n'iteka ryose, Amen.

Ukuri kw'umwanya wacu gusobanura nibura ibintu bitatu bihagije ku mwizera wese:

  • Kristo aratubundikira uko twakabaye; dutwikirijwe ubugingo bwe.

Abakolosayi 3:3 "Kuko mwapfuye, kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishanywe na Kristo mu Mana."

  • Kristo aturinda ikintu cyose cyatumerera nabi cyangwa kigoramye.

Abaroma 8:32-39 "Mbese ubwo itimanye Umwana, wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n'ibindi byose? 33 Ni nde uzarega intore z'Imana? Ni Imana kandi ari yo izitsindishiriza? 34 Ni nde uzaziciraho iteka? Ni Kristo Yesu, kandi ari we wazipfiriye; ndetse akaba yarazutse, ari i buryo bw'Imana, adusabira? 35 Ni nde wadutandukanya n'urukundo rwa Kristo? Mbese ni amakuba, cyangwa ni ibyago, cyangwa ni ukurenganywa, cyangwa ni inzara, cyangwa ni ukwambara ubusa, cyangwa ni ukuba mu kaga, cyangwa ni inkota? 36 (Nk'uko byanditswe ngo: Turicwa umunsi ukira, bakuduhora, Twahwanijwe n'intama z'imbagwa). 37 Oya, ahubwo muri byose turushishwaho kunesha n'Uwadukunze: 38 kuko menye neza yuko n'aho rwaba urupfu, cyangwa ubugingo, cyangwa Abamarayika, cyangwa abategeka, cyangwa ibiriho, cyangwa ibizaba, cyangwa abafite ubushobozi, 39 cyangwa uburebure bw'igihagararo, cyangwa uburebure bw'ikijyepfo, cyangwa ikindi cyaremwe cyose, kitazabasha kudutandukanya n'urukundo rw'Imana ruri muri Kristo Yesu Umwami wacu."

  • Kristo aduha ibyo dukenera byose mu bugingo.

Abefeso 1:3 "Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ni yo na Se, ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y'Umwuka yo mu ijuru:"

Abafilipi 4:19 "Kandi Imana yanjye izabamara ubukene bwanyu bwose, nk'uko ubutunzi bw'ubwiza bwayo buri muri Kristo Yesu."

Raymond Ortland yaranditse ati:

Turi muri We nk'uko uruhinja ruba mu nda ya nyina - ndetse kurushaho.
Turi muri We nk'uko ikinyugunyugu kiba mu nzu yacyo - ndetse kurushaho.
Turi muri We nk'uko abajya munsi y'amazi baba bameze mu myambaro yabo - ndetse kurushaho.
Turi muri We nk’uko inyoni ziba mu kirere, cyangwa ifi mu nyanja - ndetse kurushaho. 37

      Umwanya umwizera afite muri Kristo ni uw'iteka kandi uhoraho

Agakiza ni umurimo w'ubuntu bw'Imana kandi gashingiye ku mumaro wa Kristo n'ibyo yakoze n'umurimo we wuzuye aho gushingira ku mirimo yacu. Ibyo ni ukuri, nta kintu twakora ngo tugatakaze. Byongeye mu Baroma 8:32-39 twavuze haruguru, hari isezerano ry'Umwami wacu.

Yohana 10:28-30 "Nziha ubugingo buhoraho, kandi ntizizarimbuka na hato iteka ryose, kandi ntawe uzazivuvunura mu kuboko kwanjye. 29 Data wazimpaye aruta bose, ntawe ubasha kuzivuvunura mu kuboko kwa Data. 30 Jyewe na Data turi umwe."

Uku kuri kugaragarira mu by'uko abizera ba kamere b'i Korinto bakibonwa nk'abatoranijwe, berejwe muri Kristo.

1 Abakorinto 1:2 "Turabandikiye mwebwe abo mu itorero ry'i Korinto, berejwe muri Kristo Yesu, kandi bahamagariwe kuba abera, hamwe n'abantu bose bambariza hose izina ry'Umwami wacu Yesu Kristo, ni we Mwami wabo n'uwacu."

"Berejwe muri Kristo" ryerekana igihe cyashize kireba ku gikorwa cyarangiye mu gihe cyashize hamwe n'ingaruka zikomeza mu gihe cy'ubu. Nubwo biyitaga ab'umubiri mu gice cya 3, intumwa yababonaga nk'abafite umwanya muri Kristo.

Ubutunzi bw`umwanya w'umwizera muri Yesu Kristo

      Kuri Kristo ubwe

Kuba muri Kristo dusangira ibi bikurikira:

  • Nk'uko akiranuka, abakristo nabo bafite gukiranuka kwa Kristo bahabwa na We.

2 Abakorinto 5:21 "Kuko utigeze kumenya icyaha, Imana yamuhinduye kuba icyaha ku bwacu, kugira ngo muri We duhinduke gukiranuka kw'Imana."

  • Nk'uko afite ubugingo buhoraho, ni ko abizera bose bafite ubugingo buhoraho.

Abaroma 6:23 "Kuko ibihembo by'ibyaha ari urupfu, ariko impano y'Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu."

  • Icyo yateguriwe gihoraho ni cyo abizera bose bateguriwe.

Abefeso 1:4-5 "Nk'uko yadutoranije muri We, isi itararemwa, kugira ngo tube abera, tutariho umugayo imbere yayo. 5 Kuko yagambiriye kera ku bw'urukundo rwayo, ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo, ku bw'ineza y'ubushake bwayo."

Abefeso 1:10-11 "Kugira ngo ibihe nibisohora, ibone uko iteraniriza ibintu byose muri Kristo, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri mu isi. 11 Ku bw'uwo na twe twarazwe umurage, tubitoranirijwe kera nk'uko Imana yabigambiriye, ikora byose nk'uko ibishaka mu mutima wayo:"

  • Nk'uko ari Umwana w'Imana, ni ko abizera bose ari abana n'abagize umuryango w'Imana ku bwo kwinjizwa no guhindurwa bashya, kuvuka bundi bushya.

Yohana 1:13 "Abo ntibabyawe n'amaraso, cyangwa n'ubushake bw'umubiri, cyangwa n'ubushake bw'umugabo; ahubwo baywe n'Imana."

Abefeso 1:5 "Kuko yagambiriye kera ku bw'urukundo rwayo, ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo, ku bw'ineza y'ubushake bwayo."

Abagalatiya 3:26 "Mwese muri abana b'Imana, mubiheshejwe no kwizera Kristo Yesu."

1 Yohana 3:2 "Bakundwa, ubu turi abana b'Imana, ariko uko tuzamera ntikurerekanwa. Icyakora, icyo tuzi ni uko, Yesu niyerekanwa, tuzasa na We, kuko tuzamureba uko ari."

  • Nk'uko ari Uwatoranijwe n'Imana, ni ko n'abizera bose batoranijwe. [Bamwe babona ibi nko gutoranywa rusange, abandi nko gutoranywa kwa buri muntu ukwe na rusange bihuje n'Ibyanditswe muri rusange].

Abefeso 1:4 "Nk'uko yadutoranije muri We, isi itararemwa, kugira ngo tube abera, tutariho umugayo imbere yayo."

  • Nk'uko ari umuragwa w'Imana, ni ko abizera bose ari abaragwa

Abefeso 1:11-14 "Ku bw'uwo na twe twarazwe umurage, tubitoranirijwe kera nk'uko Imana yabigambiriye, ikora byose nk'uko ibishaka mu mutima wayo: 12 ngo tube abo gushimisha ubwiza bwayo, twebwe abiringiye Kristo uhereye kera. 13 Ni we na mwe mwiringiye, mumaze kwumva Ijambo ry'ukuri, ni ryo Butumwa Bwiza bw'agakiza kanyu: kandi mumaze kwizera, ni we wabashyizeho ikimenyetso, ni cyo Mwuka Wera mwasezeranijwe, 14 uwo twahaweho ingwate yo kuzaragwa wa murage, kugeza ubwo ab'Imana yaronse izabacungura, ubwiza bwayo bushimwe."

  • Nk'uko ari Umutambyi mukuru, ni ko n'abizera bose ari abatambyi b'Imana.

1 Petero 1:5 "Mwebwe abarindwa n'imbaraga z'Imana ku bwo kwizera, murindirwa agakiza kiteguwe kuzahishurwa mu gihe cy'imperuka."

Ariko kuba muri Kristo, abizera na none basangira umurimo wo ku musaraba wa Kristo ucungura.

      Ku bw'umurimo wa Kristo

Kuba muri Kristo, dusangira mu murimo we w'igihe cyashize, icy'ubu, n'ikizaza:

  • Muri Kristo abizera bungwa n'Imana n'urupfu rwa Kristo rusimbura urwacu.

Abaroma 5:10 "Ubwo twunzwe n'Imana ku bw'urupfu rw'Umwana wayo wadupfiriye tukiri abanzi bayo, none ubwo tumaze kwungwa na yo, ntituzarushaho gukizwa ku bw'ubugingo bwe?"

  • Muri Kristo, abizera bafite amahoro mu Mana.

Abaroma 5:1 "Nuko rero, ubwo twatsindishirijwe no kwizera, dufite amahoro ku Mana ku bw'Umwami wacu Yesu Kristo,"

  • Muri Kristo, abizera bafite gukiranuka kwe bahabwa na We.

2 Abakorinto 5:21 "Kuko Utigeze kumenya icyaha, Imana yamuhinduye kuba icyaha ku bwacu, kugira ngo muri We duhinduke gukiranuka kw'Imana."

  • Muri Kristo, abizera baratsindishirizwa, bakitwa abakiranuka.

Abaroma 5:9 "Nkanswe none, ubwo tumaze gutsindishirizwa n'amaraso ye, ntituzarushaho gukizwa umujinya w'Imana na We?"

  • Muri Kristo, abizera bacungurwa n'amaraso ye.

Abefeso 1:7 "Ni we waduhesheje gucungurwa ku bw'amaraso ye, ni ko kubabarirwa ibicumuro byacu, nk'uko ubutunzi bw'ubuntu bwayo buri,"

  • Muri Kristo abizera bafite kubabarirwa ibyaha.

Abefeso 1:7 "Ni we waduhesheje gucungurwa ku bw'amaraso ye, ni ko kubabarirwa ibicumuro byacu, nk'uko ubutunzi bw'ubuntu bwayo buri,"

  • Muri Kristo, ibyo Imana isaba byo kwera kwayo byarubahirijwe. Imana yarahongerewe.

Abaroma 3:25 "Ni we Imana yashyizeho kuba impongano y'uwizera amaraso ye, kugira ngo yerekana gukiranuka kwayo kwayiteye kwirengagiza ibyaha byakozwe mbere y'icyo gihe, ubwo Imana yabyihanganiraga;"

  • Muri Kristo nta gucirwaho iteka.

Abaroma 8:1 "Nuko rero abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho:"

  • Muri Kristo, igihano cy'ibyaha cyarishyuwe, cyavanyweho.

Abakolosayi 2:14 "Igahanagura urwandiko rw'imihango rwaturegaga, ikarudukuzaho kurubamba ku musaraba."

  • Muri Kristo, abizera ntibakiriho urubanza cyangwa gucirwaho iteka ry'amategeko n'igihano cyaryo cyo gupfa.

Abaroma 7:4-6 "Nuko rero bene Data ni ko na mwe mwapfuye ku mategeko ku bw'umubiri wa Kristo, kugira ngo mubone uko muba ab'undi, ni we wa wundi wazutse, mubone no kwerera Imana imbuto. 5 Ubwo twari tukiri aba kamere, irari ry'ibibi, ryabyukijwe n'amategeko, ryakoreraga mu ngingo zacu, kugira ngo zere imbuto z'urupfu. 6 Ariko noneho ntitugitwarwa n'amategeko, kuko twapfuye ku mategeko yari atuboshye; ni cyo gituma turi imbata mu bubata bushya bw'Umwuka, butari bwa bundi bwa kera bw'inyuguti."

Abakolosayi 2:14 "Igahanagura urwandiko rw'imihango rwaturegaga, ikarudukuzaho kurubamba ku musaraba."

  • Muri Kristo, abizera baremerwa, bakakirwa mu muryango, bakagirwa abuzuye bahuriye mu muryango na gakondo by'Imana.

Abefeso 1:6 "Kugira ngo ubuntu bwayo butagira akagero bushimwe, ubwo yaduhereye mu Mukunzi wayo."

Abakolosayi 1:12 "Mushima Data wa twese waduhaye kuraganwa n'abera umurage wo mu mucyo."

Ibi byose bivuzwe haruguru aha byerekeye urupfu rwa Kristo rusimbura urwacu ku bw'igihano cy'icyaha nk'uko yapfuye mu cyimbo cyacu, akikorera igihano cyacu. Ariko urupfu rwa Kristo na none rurimo umurimo w'urubanza rw'ubwami bw'icyaha.

Kuko Kristo yapfuye ku bw'imbaraga z'icyaha ngo avaneho ubwami bwacyo. Yapfuye ku bw'icyaha, apfa ku cyaha n'ubwami bwacyo.

Abaroma 6:10-12 "Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11 Abe ari ko na mwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu. 12 Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira."

  • Muri Kristo, abizera bapfanye na Kristo mu rupfu rwe no guhambwa kwe.

Abaroma 6:3-4 "Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari nako na twe tugendera mu bugingo bushya."

  • Muri Kristo, ubumwe bw'uwizera na Adamu bwarashegeshwe kandi itabi rya kamere y'icyaha, nubwo rikiriho, ryaravunwe.

Abaroma 6:1-14 "Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ngo ubuntu busage? 2 Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute? 3 Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo, nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari nako na twe tugendera mu bugingo bushya. 5 Ubwo twateranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6 Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha: 7 kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8 Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tzabanaho na we, 9 kuko tuzi yuko Kristo, amaze kuzuka, atagipfa; urupfu rukaba rutamufiteho urutabi. 10 Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11 Abe ari ko na mwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu. 12 Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira. 13 Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu ku bw'intwaro zo gukiranirwa: ahubwo mwitange, mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka. 14 Ibyaha ntibikabategeke, kuko mudatwarwa n'amategeko, ahubwo mutwarwa n'ubuntu."

  • Muri Kristo, abizera bazuranywe na We mu muzuko We.

Abefeso 2:5-6 "Ku bw'urukundo rwinshi yadukunze, ubwo twari dupfuye tuzize ibicumuro byacu, (ubuntu ni bwo bwabakijije;) 6 nuko ituzurana na We, itwicaranya na We mu ijuru mu buryo bw'Umwuka, turi muri Kristo Yesu,"

  • Muri Kristo, abizera bazuranwe na We ngo bagendere mu bugingo bushya (reba Abaroma 6:8-12 haruguru aha).

Abakolosayi 2:12 "Kuko mwahambanywe na We mu mubatizo, kandi ni mwo mwazuranywe na We, ku bwo kwizera imbaraga z'Imana yamuzuye mu bapfuye."

  • Muri Kristo, abizera bicaranye na We mu ijuru i buryo bw'Imana.

Abefeso 2:6 "Nuko ituzurana na We, itwicaranya na We mu ijuru mu buryo bw'Umwuka, turi muri Kristo Yesu,"

  • Muri Kristo, abizera bafite kwegera Imana guhoraho, begerejwe bugufi n'Imana; bakurwa mu bwami bwa Satani n'imbaraga z'umwijima.

Abefeso 2:18 "Kuko ari We uduhesha, uko turi amahara-kubiri, kwegera Data wa twese turi mu Mwuka umwe."

Abefeso 3:12 "Ngo abahe, nk'uko ubutunzi bw'ubwiza bwe buri, gukomezwa cyane mu mitima yanyu ku bw'Umwuka We;"

  • Muri Kristo, abizera bafite Umutambyi Mukuru Ushoboye kandi Uhoraho, utuburanira, n'abavugizi babiri, Umwana w'Imana uri i buryo bwayo, n'Umwuka Wera utura muri twe (Abaroma 8:26-27, 34; 1 Yohana 2:2).
  • Muri Kristo, abizera bafite agaciro kihariye n'intango y'icyo turi cyo cy'ukuri nk'abana b'Imana. Kuba muri Kristo bituma umwizera aba umwana w'Imana ku bwo kubyarwa mu Mwuka no guhindurwa abana mu mategeko. Ibi bivuga ko abizera bari mu muryango wa cyami w'Umwami w'abami. Abizera ni abana b'Umwami Imana, ubwoko bwera bw'abatambyi b'ubwami, abahagarariye Umwami, n'abasangiye n'Umukiza. Twashobora dute kugira akamaro karushijeho no kugira impamvu yo kubaho iruta iyo?

1 Petero 2:5 "Namwe mwubakwe, nk'amabuye mazima, kugira ngo mube inzu y'Umwuka, n'ubwoko bw'abatambyi bwera, bwo gutamba ibitambo by'Umwuka, bishimwa n'Imana ku bwa Yesu Kristo."

1 Petero 2:10 "Kera ntimwari ubwoko, ariko none muri ubwoko bw'Imana: kera ntimurakababarirwa, ariko none mwarababariwe."

Abaheburayo 1:9 "Kuko wakunze gukiranuka, ukanga ubugome, ni cyo cyatumye Imana, ni yo Mana yawe, igusiga amavuta yo kwishima, ikakurutisha bagenzi bawe."

Abaheburayo 2:11-13 "Kuko Uweza n’abezwa bose bakomotse kuri Imwe; ni cyo gituma adakorwa n'isoni zo kubita bene Se, ati: 12 nzabwira bene Data izina ryawe, nkuririmbire ishimwe hagati y'iteraniro. 13 Kandi ati: nzaba ari yo niringiye; kandi ati: dore, ndi hano, jyewe n'abana Imana yampaye."

Gushyira mu bikorwa

Hari uburyo bwinshi dushobora gushyira mu bikorwa ukuri k'umwanya dufite muri Kristo, ukuri ko gusa na We. Reka mbahe uburyo bubiri gusa, uburyo bwa kabiri ari ubwa mbere busubiwemo bugakorwa neza.

      Ku byerekeye kwumvira

Ubwa mbere, bwerekeye kwumvira cyangwa kunesha imbaraga z'icyaha n'ibyifuzo by'umubiri. Amaze kuvuga iby'uko abizera basa na Kristo mu rupfu rwe, guhambwa kwe, no kuzuka kwe, intumwa Pawulo aravuga ati: "Abe ari ko na mwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu" (Abaroma 6:11). Bibiliya yitwa KJV yasobanuye ririya jambo "mwiyumvamo" nka "mwibare nka" kandi koko hano kwibara ni ryo rikwiye. Ijambo ry’Ikigirikini logizomai. Rivuga “kubara, gufata umuntu nka” nko kwongeranya imibare ngo ugere ku giteranyo cy’ukuri. Ubaze ibivugwa mu mirongo Ya 1-10, tugomba kumenya by’ukuri ko twapfuye ku mbaraga n’amategeko y’icyaha kandi tukaba turi bazima mu mbaraga za Kristo. Ibi bivuga ubushobozi bwo kwumvira Imana(Abaroma 6:12-18). Ubumwe bwacu na Kristo bugizwe n’ibintu bibiri: urupfu no kuzuka (ubugingo). Gusa na mwe mu rupfu rwe bijyana ku gusa na We mu bugingo buzutse.

  • Tugomba kumenya ibya ngombwa ngo duse na Kristo.
  • Tugomba kwiyumvamo ibyo bya ngombwa nk’iby’Umwuka ku bwo kwizera.
  • Mu kumenya no kwizera iyo nyito nshya yacu, tugomba kwiha Imana mu kwumvira.

Ibi bikorwa mu kugendera mu Mwuka uba muri twe ku bwo kwizera (Abaroma 8:1-13). Kuba ibikoresho byo gukiranuka nk'uko tubibona mu Baroma 6:13 bihwanye n'imbuto z'Umwuka zo mu Bagalatia 5:22-23.

Abagalatiya 5:16 "Ndavuga nti: muyoborwe n'Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira,"

Abaroma 6:13 "Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa: ahubwo mwitange, mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka."

Abagalatiya 5:22-23 "Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo, n'ibyishimo, n'amahoro, no kwihangana, no kugira neza, n'ingeso nziza, no gukiranuka, 23 no kugwa neza, no kwirinda: ibimeze bityo nta mategeko abihana."

Icyakora, mbere y'uko tugira ubugingo busa n'ubwa Kristo (urupfu n'ubugingo) binyuze muri uko kwibara nk'abapfuye ku cyaha kuko ari byo bikwiriye, akenshi dukunda gutsindwa no kugira intege-nke nk'izo mu Baroma 7:15-25, kutagira umumaro ko kugerageza kubaho dutwarwa n'amategeko tugakoresha imbaraga zacu bwite n'imigambi myiza. Kwizera imbaraga z'Imana zonyine bitangira by'ukuri iyo turoreye kwiringira imbaraga zacu.

      Ku byerekeye imyifatire y'umuntu

Robert S. McGee yaranditse ati:

"Mbega igihombo kugerageza guhindura imyifatire yacu tudasobanukirwa by’ukuri iby'ingenzi dukeneye bitera iyo myifatire! Ariko abantu amamiliyoni bamara ubugingo bwabo bashaka urukundo, kwemerwa n'ibyubahiro badasobanukiwe ibyo bakeneye bibitera. Tugomba gusobanukirwa ko inyota yo kugira umumaro itangwa n'Imana kandi ishobora kunezezwa na we wenyine. Agaciro kacu ntigaterwa n'ubushobozi bwacu bwo gukorera ukwemerwa kw'abantu gushira, ahubwo, isoko nyakuri yayo ni urukundo no kwemerwa n'Imana. Yaraturemye. Ni yo yonyine ishobora kumenya uko yaduha ibyo dukennye.38

Abizera bose bafite urufatiro rutunganye rw'inyito y'ukuri cyangwa icyo umuntu ari cyo cyiza, biterwa n'icyo bari cyo muri Kristo, kandi dore, biterwa n'agaciro Imana ishyira ku bugingo bwabo aho kuba agaciro bishyiraho cyangwa abandi bashyira ku bugingo bwabo. Igitekerezo cy'ingenzi ni icya nde? Icyawe na njye cyangwa icy'Imana? Dusobanukirwa neza ukuntu ari ubupfu kugira ubugingo bushingiye ku bitekerezo by'umuntu? Gereranya imirongo ikurikira:

1 Abakorinto 3:3-7 "Kuko mukiri aba kamere. Ubwo muri mwe harimo ishyari, n'amahane, mbese ntimubaye aba kamere koko, ntimugenza nk'abantu? 4 Ubwo umuntu umwe avuga ati: jyeweho ndi uwa Pawulo; undi akavuga ati: jyeweho ndi uwa Apolo; ntibigaragaza ko muri aba kamere? 5 Mbese ye, Apolo ni iki? Kandi Pawulo ni iki? Si abagaragu batumye mwizera, nk'uko Imana yabahaye umurimo? 6 Ni jye wateye imbuto, Apolo na we arazuhira, ariko Imana ni yo yazikujije. 7 Nuko utera, nta cyo aba ari cyo, cyangwa uwuhira, keretse Imana ikuza."

1 Abakorinto 4:1-5 "Nuko rero abantu bajye badutekereza ko turi abakozi ba Kristo, n'ibisonga byeguriwe ubwiru bw'Imana. 2 Kandi ibisonga bishakwaho kuba abanyamurava. 3 Ni cyo gituma kuri jye bitagira icyo bintwara rwose gucirwa urubanza na mwe cyangwa n'abanyarukiko b'abantu; kuko ndetse na njye ubwanjye nticira urubanza, 4 kuko ari nta cyo niyiziho; nyamra si cyo kinsindishiriza: ahubwo Umwami ni We unshira urubanza."

2 Abakorinto 10:12 "Kuko tudatinyuka kwibarana cyangwa kwigereranya na ba bandi biyogeza: ubwo abo biringaniza ubwabo, kandi bigereranya ubwabo, nta bwenge bagira."

Ibintu bitatu by'ingenzi abantu bakenera kugira ngo bagire umugambi cyangwa agaciro ni ukwemerwa, kugira uwo turi nyirawe, n'ububasha, kandi buri cyose muri ibi kiboneka muri Kristo. Ubugingo bwacu rero bugomba guturuka ahatari muri twe, ku isoko ihishwe y'ubugingo - Umukiza wazutse n'ubumwe butunganye muri We.

(1) Turemewe muri Kristo hamwe no kwegera Imana ku buntu.

Abefeso 1:6 "Kugira ngo ubuntu bwayo butagira akagero bushimwe, ubwo yaduhereye mu Mukunzi wayo."

Abefeso 2:18 "Kuko ari We uduhesha, uko turi amahara-kubiri, kwegera Data wa twese turi mu Mwuka umwe."

Abefeso 3:12 "Muri We ni mwo duherwa ubushizi bw'amanga, ngo twegere Imana dushize ubwoba, tubiheshejwe n'uko tumwizeye."

Abaroma 14:3 "Urya byose ye guhinyura utabirya; kandi utabirya ye gucira ubirya urubanza, kuko Imana yamwemeye."

(2) Turi abo mu muryango w'Imana bahinduwe abana bayo.

    Yohana 1:12 "Icyakora abamwemeye bose, bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana."

1 Abakorinto 3:23 "Namwe muri aba Kristo; Kristo na We ni uw'Imana."

Abagalatiya 3:26-29 "Mwese muri abana b'Imana mubiheshejwe no kwizera Yesu Krsito: 27 Kuko mwese abababatirijwe muri Kristo muba mwambaye Kristo. 28 None ntihakiriho Umuyuda cyangwa Umugiriki; ntihakiriho uw'imbata cyangwa uw'umudendezo; ntihakiriho umugabo cyangwa umugore: kuko mwese muri umwe muri Kristo Yesu. 29 Ubwo muri aba Kristo, muri urubyaro rw'Aburahamu, muri n'abaragwa nk'uko byasezeranijwe."

(3) Dufite ububasha, ubushobozi muri Kristo bwo kuba no gukora ibyo Imana yaduhamagariye.

Abafilipi 2:12-13 "Nuko, abo nkunda, nk'uko iteka ryose mwajyaga mwumvira, uretse igihe mpari gusa, ahubwo cyane cyane ntahari, mube ari ko musohoza agakiza kanyu, mutinya muhinda imishitsi. 13 Kuko Imana ari yo ibatera gukunda no gukora ibyo yishimira."

Ubumwe bwacu muri Kristo (umwanya dufite muri We) ni umuhamagaro wo gushingira kuri Kristo no kuyoborwa na We mu bitekerezo byacu. Ku byo gushyira mu bikorwa icyo ibi bivuga ku byerekeye abo turi bo, gereranya ibishushanyo bibiri by'icyo twiyita biri ku mpera z'iri somo.

Duhereye ku bivugwa mu Byanditswe hakoreshejwe amagambo nka, "muri Kristo," cyangwa ijambo risa n'iryo, biragaragara neza impamvu Pawulo yavuze ko muri Kristo twahawe imigisha yose y'Umwuka kandi ko ku bw'ibyo "twuzuye muri We."

Abefeso 1:3"Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ni yo na Se, ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y'umwuka yo mu ijuru:"

Abakolosayi 2:10 "Kandi mwuzuriye muri we, ari we Mutwe w'ubutware bwose n'ubushobozi bwose."

Umusozo

Kubera ko abizera buzuye muri Kristo, nta cyo babasha gukora ngo bagere ku gakiza, cyangwa ngo bagumane agakiza (reba Tito 3:5; Abefeso 2:8-9; Abaroma 8:32-39). Twakijijwe ku bw'ibyo Umukiza yakoze si ku bw'ibyo twakoze.

Bityo rero, nta kintu abizera bakongera ku murimo wa Kristo cyangwa ku bugingo bushya bwabo muri Kristo ngo bagendane n'Imana kandi ngo babeho mu Mwuka. Igikenewe ni ukwibara nk'abapfanye na Kristo, kwishingikiriza kuri ubu bugingo bushya bw'Umwuka n'izi mbaraga zitangaje dufite ku bw'ubuntu mu Mwami Yesu Kristo (reba Abakolosayi 2:1-23; Abagalatiya 3:1 n'ikurikira; 5:1 n'ikurikira).

Igitabo cy'Abakolosayi kiburira abizera kubyerekeye ibyiringiro byuzuye by'umwanya bafite muri Kristo. Bityo Abaheburayo n'Abagalatiya biburira kudatwarwa n'amategeko cyangwa imirimo no kutava mu kwiringira umurimo wuzuye wa Kristo nk'urufatiro rw'ubugingo bw'umuntu. Kwiringira ikindi kintu kitari ubuntu bwuzuye bw'Imana kuri twe muri Yesu Kristo ni ukutizera umwanya dufite muri Kristo n'imfabusa ku mibereho yacu.

Nk'ingaruka z'ubumwe na Kristo, ubugingo bw'umwizera buhishwa iteka mu Mana binyuze mu bumwe no gusa na Yesu Kristo.

Abakolosayi 3:1-3 "Nuko rero, niba mwarazuranywe na Kristo, mujye mushaka ibiri hejuru, aho Kristo ari, yicaye i buryo bw'Imana. 2 Mujye muhoza umutima ku biri hejuru, atari ku biri mu isi: 3 kuko mwapfuye, kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishanywe na Kristo mu Mana."

Hari ibitekerezo bibiri muri iyi mirongo:

(1) Amahoro: Abizera bafite amahoro inshuro ebyiri ku bwa Kristo mu Mana.

Yohana 10:28-29 "Nziha ubugingo buhoraho, kandi ntizizarimbuka na hato iteka ryose, kandi ntawe uzazivuvunura mu kuboko kwanjye. 29 Data wazimpaye aruta bose, ntawe ubasha kuzivuvunura mu kuboko kwa Data."

(2) Ibanga: Ubugingo bw'abizera bugaburirwa kandi butungwa n'ubutunzi buhishe ubwo isi itamenya kandi itabasha gutanga.

Mu gusoza, reka nsubire ku byavuzwe mu ntangiriro y'iri somo. Umwuka w'Imana, uwo umurimo We ari ugukuza Kristo no guhuza ubugingo bwe n'ubwanjye na We, ntazatanga imbaraga z'Umwuka cyangwa ngo ahindure ubugingo butishingikirije ku byo Kristo yakoze, icyubahiro cye, no kuba ahagije nk'isoko n'urufatiro by'ubugingo bwose n'icyo busobanuye. Ibyo ntakubyibazaho.

Niba dushaka kugira ubugingo buhinduwe, tugomba gusobanukirwa no kwibara nk'abo turi bo muri Kristo n'uko ibyo bihindura imigendere yacu muri ubu bugingo. Mu Baroma 6, hadusobanurira ibyerekeye umwanya dufite n'ubumwe muri Kristo. Naho mu Baroma 7 na 8, hatwigisha imbaraga z'icyaha kiba muri twe no kugendera mu kuyoborwa n'Umwuka w'Imana.


33 Lewis Sperry Chafer, “The Believer’s Responsibility,” transcription of a class lecture, Dallas Theological Seminary, 1948, taken from class notes by William D. Lawrence, Dallas Theological Seminary, 1993, p. 13-3.

34 Chafer, “The Believer’s Responsibility,”, p. 13-3.

35 Chafer, “The Believer’s Responsibility,”, p. 13-3.

36 Lewis Sperry Chafer, Systematic Theology, Vol. VI, Pneumatology, Dallas Seminary Press, Dallas, Texas, 1984, p. 164.

37 Raymond C. Ortland, Circle of Strength, Victor Books, Wheaton, 1978, p. 5.

38 Robert S. McGee, The Search for Significance, Rapha Publishing, p. 15.

Related Topics: Basics for Christians

Report Inappropriate Ad