Iri somo ku guhindura abantu abigishwa ryateguwe na Hampton Keathley IV. Nshimishijwe cyane n'inkunga y'umuhungu wanjye no gukoresha iri somo muri iki gitabo. Hampton yarangirije muri Dallas Theological Seminary, kandi ibyiyongereye ku kwandika mu binyamakuru by'ivugabutumwa ni Umuyobozi mu bya tekiniki wa Biblical Studies Foundation.
Mu bibazo itorero ryahaye abagabo, abagabo babajijwe niba bahitamo kuba abajyanama cyangwa kuba abigishwa. Igihe ibisubizo byaje, abagabo benshi bashakaga kuba abigishwa, bake ni bo bashakaga kwitangira kuba abajyanama. Abantu benshi batinya gufata umurimo wo kugira abandi inama cyangwa kubahindura abigishwa. Kuki?
Impamvu imwe hashobora kubaho gutinya guhindura abantu abigishwa ni ukubera ko, iyo umuntu yitanze ku bwende, bisa n'aho aba avuze ko afite byose. Ntawe ugira byose, kandi niba ukeka ko ufite byose, ahari ukeneye kwigishwa aho kuba umwigisha.
Ariko niba tugendana n'Imana igihe kirekire, twumva inyigisho z'ukuri igihe kirekire, tuziga ubwacu igihe kirekire, noneho dukwiriye gukomeza kurushaho kujya mbere kurusha umuntu mushya mu gakiza. Niba twarabayeho imyaka myinshi kurusha umuntu runaka, tugomba kugira ibyo twabonye byinshi dushobora gukoresha nk'ingero z'ukuntu ukuri kwa Bibiliya kwagize umumaro mu bugingo bwacu. Bityo, kuba umuntu yatangiye kwigisha abandi, ntibivuga ko yumva ari umunya-Mwuka kurusha mugenzi we begeranye. Mu by'ukuri, nizera ko umukristo mushya, wiringirwa ku kumenya guke afite, azabona ingororano nyinshi kurusha umunyabwenge udashyira mu bikorwa ibyo azi.
Guhindura abantu abigishwa bifata igihe.
Abantu bamwe banga kwiyerekana kubera ko batinya kwangwa.
Indi mpamvu abantu batinya kuba abigisha ni ukubera ko batazi ibyo bakwiriye gukora. Mbese nakwigisha umwigishwa iki? Twavuga iki turi kumwe? Nakurikiza gahunda yihe?
Tugiye kureba ku buryo bwo guhindura abantu abigishwa maze dushyireho gahunda y'ibikorwa ikurikizwa.
Ibikurikira ni urutonde n'icyifuzo cy'ingingo, ariko buri mwigishwa ateye ukwe, hamwe n'ibyo akeneye yihariye, uko yabayeho, n'ibindi. Niba yarahoze ari mu idini rya ba Mormon cyangwa Umuhamya wa Yehova nk'urugero, wagombye kumwigisha ku bya Kristo mu magambo arambuye. Niba afitanye ingorane n'uwo bashakanye, twagombye kwibanda kuri ibyo bimuri imbere.
Na none, bimwe mu bice bikoreshwa mu gusobanura ukuri kwo muri Bibiliya muri iri somo ni ibice by'umumaro kuri njye. Wagombye gukoresha ibindi byagufashije kuko wabasha kubisobanura mu buryo bwumvikana kurushaho.
Iyo dukuye uruhinja rwavutse ku bitaro turuzanye mu rugo, ntidupfa kurwicaza ngo tuvuge tuti, “Urakaza neza mu muryango, Yohana. Urisanga. Amalanje(imyambaro y’umwana) ari mu cyumba cyo hejuru, aho tubika ni hano, urufunguzo rufungura ibikombe ruri mu kabati. Nta kurya nyuma ya saa yine z'ijoro. Nugira ikibazo hari abantu benshi muri uyu muryango bazishimira kugufasha ntuzatinye rero kubaza icyo ushaka.”
Ahari uraseka ukavuga ngo ibi biteye isoni, ariko ibi ni byo biba ku Bakristo bashya. Umuntu arakizwa agatangira kujya ku rusengero ariko ntagira umwitaho by'umwihariko. Bidufata imyaka 18 kurera abana bacu, ariko ntitumara n'amezi atandatu mu gufasha umukristo mushya gutangira gusobanukirwa iby'Umwuka. Nk'ingaruka, abantu benshi babaye abakristo imyaka myinshi, ariko ntibigeze bakura. Abaheburayo 5:12 herekeye kuri ibi.
Nuko rero, abizera bashya bakeneye umuntu ubayobora akabafasha gukura. Nk'uruhinja rwavutse, bakeneye kwitabwaho mu buryo bwihariye.
Hari ibiyaga binini bibiri muri Isirayeli. Inyanja ya Galilaya n’Inyanja y’Umunyu. Inyanja ya Galilaya ifite imigezi myinshi itembera muri yo kandi umugezi wa Yorodani uva muri yo ugana amajyepfo. Inyanja ya Galilaya ni nziza, ifite ubuzima bwinshi muri yo. Ku rundi ruhande, inyanja y'Umunyu ifite gusa imigezi itembera muri yo. Nta gitemba kiyivamo. Nk'ingaruka ubutare bwuzuye muri yo none nta kintu gishobora kugira ubugingo mu mazi yayo. Ntibayitira ubusa Inyanja yapfuye.
Abakristo benshi bicara mu matorero ubugingo bwabo bwose bumva Ijambo ry’Imana ryigishwa. Biga amahame ya Bibiliya. Bagira ubugingo kandi bakigira mu byo bahura na byo, ariko bo ntibaha abandi ku bumenyi bwabo n'ibyo babonye ngo nabo bibafashe. Bo barunguka mu bumenyi no mu byo bahura na byo, ariko ntibareka ngo bifashe n' abandi.
Iyo twicara mu ntebe zo mu itorero ubugingo bwacu bwose, ntiduhe abandi ku bumenyi no ku byo twabonye, duhinduka nk'inyanja y'umunyu.
2 Abakorinto 1:3-4 haravuga hati:
Hashimwe Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ni Yo na Se, ari na Yo Data wa twese w'imbabazi, n'Imana nyiri ihumure ryose; iduhumuriza mu makuba yacu yose, kugira ngo na twe tubone uko duhumuriza abari mu makuba yose, tubahumurisha ihumure twahawe n'Imana.
Imana ntishaka ko ibyo yaduhaye tubigira ibyacu gusa. Irashaka kudukoresha mu gufasha abandi gukura. Ibyo ni uguhindura abantu abigishwa.
Ikindi kintu cyiza ku byerekeye guhindura umuntu umwigishwa ni uko bituma dushakashaka mu Ijambo ry'Imana. Iyo tuzi ko tuzigisha mu minsi mike iri imbere ishuri ryo ku cyumweru, turitegura. Niba tuzi ko tuzahura n'uwo twigisha, dukenera kwitegura ku ibitekerezo by'ibyo dushaka kuvugaho. Bishobora kutaba impamvu ikwiriye yo gushakashaka mu Ijambo ry’Imana, ariko Yesaya 55:11 haravuga ngo Ijambo ry'Imana ntirizagaruka ubusa kandi izakoresha umwanya wo kuvugana na twe nitumwemerera.
Iyo dutangiye kwiga ibintu byiza byo muri Bibiliya bihindura ubugingo bwacu, twifuza gusangira n'abandi ibyo twize.
Ibituruka kuri ibi ni uko iyo tudafite ubushake bwinshi bwo gusangira n'abandi ibyo twungutse, numva nta cyo tuba twungutse. Numva tuba tudakura. Ahari tuba dukeneye kwisuzuma ngo turebe niba twakwiyungura mu gihe cyacu cyo kwiga Ijambo ry’Imana.
Iyo utangiye kumara igihe wenyine n'undi mukristo mu mugambi wo gufasha ubugingo bwe - igihe mumarana mu Ijambo, mu masengesho, mu kwigisha gufite gahunda - hari igihinduka mu bugingo bwawe nawe ubwawe kimwe no mu bwe.
Turiho mu isi ikunda kwishimisha, ikunda kureba ibishimishije. Abantu benshi bamara igihe kirekire bareba televiziyo, sinema, imikino, n'ibindi, ariko igihe gito bakimara bakina imikino baba babonye kuri televiziyo. Umutoza Bud Wilkinson w’ikipi y’umupira w’amaguru y’ahitwa Oklahoma, rimwe yigeze kuvuga ku mupira w'amaguru muri aya magambo: Ibihumbi by’abantu bicara muri sitade bumva bakeneye gukina mu gihe abagabo 22 baba bari mu kibuga cy'umupira bo bumva bakeneye kuruhuka.
Ndakeka ko twafashe umuco wo kurebera mu itorero. Nubwo ntakeka ko twashobora kubona abantu benshi babivuga baranguruye, abantu baza mu rusengero ngo bashimishwe kandi bakorerwe. Bafite igitekerezo cy'uko umurimo w'Imana ari ukorwa n'abahanga ba wo. Duhemba Pasitoro ngo adukorere. Dusubiye ku kigereranyo cyacu cy'umupira w'amaguru, dufite itorero ryuzuye abantu bakeneye gukora na bake bakeneye kuruhuka.
Umuntu umwe cyangwa babiri ntibashobora gufasha abantu 500 cyangwa ndetse n’abantu 100 n'ikibwirizo kimwe cyangwa bibiri mu cyumweru. Gufasha umuntu by'ukuri ukeneye kumarana na we igihe maze mukagirana ubumwe bukomeye. Ushobora gukora ibyo n'abantu kuva kuri 6 kugeza kuri 12. Amatsinda yita ku bantu amatorero yashyizeho ni bumwe mu buryo bwo guhangana n'iyi ngorane.
Iyo twiga, tugakura kandi tugaha abandi ku byo twungutse, na bo bagakora batyo, bityo ukugwizwa kutera itorero kwaguka. Kandi rizagira gukura gukomeye rigizwe n'abakristo bageze mu byiciro bitandukanye byo gukura. Ntirizaba ari itorero ry'indeberezi rifite abahanga bake n'impinja nyinshi.
Ba inshuti! Hari uwavuze ko tugomba kureka umuco wa mwigisha/mwigishwa, kuru/umunyeshuri we tukaba inshuti gusa. Sintekereza ko tugomba kureka iby'umwigisha/umwigishwa byose. Icyo mvuga aha cyo kureka rwose iby'umwigisha/umwigishwa ni ugukabya kwa za gahunda nyinshi zo guhindura abantu abigishwa usanga ziba nk'izo kugeza amakuru ku bigishwa. Ariko ntidushaka kujugunyana uruhinja n'ibyahi byarwo. Hari umwanya wo gukenera kwigira amahame hamwe. Tugomba gusa kumenya ko hari byinshi bizamo. Numvise umuntu umwe avuga ko guhindura abantu abigishwa ari nk'ubucuti burimo iby'Umwuka, kandi numvise babivuga nk'ubucuti bufite intego. Ndakeka ko izi ngero zishyira uyu murimo aho ukwiriye kuko 90% y'ibyo umwigishwa yiga biva mu bugingo bwacu kuruta uko biva mu nyigisho zacu. Dukwiriye kwibanda ku kuba inshuti no kureka abantu bakabona uko dukora ibintu, uko twiga, uko dusenga, uko dukunda abandi, n'ibindi. Ntidushaka kumuha ukuri kwose gusa. Dukeneye kumureka akareba uko dukora ibintu bitandukanye no kumufasha gukora ibyo bintu ubwe.
Gutegeka 6:6 n'imirongo ikurikira ni urugero rwiza rw'ukuntu guhindura abantu abigishwa byagombye kumera. Kimwe n'uko se w'umuntu na nyina bafata umwanya wo kugereranya ibyo bahura na byo n'ubusumba-byose bw'Imana n'uruhare rwacu, ni ko n'umwigisha akwiriye guhindura ibiganiro akabyerekeza ku kwigisha Ijambo atari iby'ibihe gusa, imikino, na za orudinateri.
Mu kuvuga ibya za orudinateri, reka mbahe urugero: Nkunda orudinateri kandi nkunda kuzivugaho. Umunsi umwe nari hamwe n'umuntu dusangira ibya saa sita (akora za programu kuri orudinateri) ubwo twariho tuvuga bimwe mu byo dukunda – murabyumva – ni orudinateri. Ariko hagati aho mu biganiro byacu byari byerekeye orudinateri mbona umwanya wo kuvugana na we ku kuri kw'iby'Umwuka. Nakoresheje ibibazo bike gusa, maze ikiganiro cyahindutse uko njye na we dukunze kwitwaza orudinateri ngo tutareba neza ingorane zo mu bugingo, kandi ku bwo gukoresha ubumwe n'abandi, uburyo orudinateri ari ahantu heza aho nta kintu mu by'ubumwe tuba dukeneye kugirana na yo. Biroroshye cyane kandi bitanga umutekano kwiga no gukora umushinga amasaha menshi kurusha gukorana n'abantu batemeranya na twe, bajya impaka, bakaturakaza, n'ibindi. Twagiranye ikiganiro gikomeye, none ubu sinshobora kwicara imbere ya orudinateri yanjye ntibajije niba nagombye kuba mpicaye cyangwa kuba ngenda ku igare hamwe n'abana cyangwa mvugana n'umugore wanjye. Ibi ntibivuga ko ntagikoresha orudinateri yanjye ukundi, ahubwo nkora ku buryo nyikoresha mu mpamvu zikwiriye.
Noneho rero ubwo, uko bikorwa ni mu buryo bwa gicuti - ubucuti bufite intego.
Hambere aha nashimishijwe n'ukuntu Ibyanditswe byibanda ku bumwe – ubumwe n'Imana n’ubumwe n'abandi bantu. Urugero, mu magambo y'iby'imanza zo mu gihe kizaza ku bwo kudakunda abandi bantu, Amosi ahamagarira abantu imanza zitabera no gukiranuka (5:24) byerekanaga ko ukuramya kwabo kwari ukw’uburyarya (5:21-23). Mika ahamagarira abantu ubutabera, no kugwa neza no kwicisha bugufi imbere y'Imana (6:8) aho kuba ibitambo bitagira umumaro (6:7). Yona yerekanye kubura urukundo igihe yangaga kubabarira Abasiriya kandi ntabagirire impuhwe, kandi avuga ko akorera Imana y'ukuri. Icyibandwaho muri ya magambo ya Yesu ku musozi ni ubumwe - kubabarira, kwiyunga, kudacira abandi imanza, n'ibindi. Umutambyi n'Umulewi mu mugani w'Umusamaritani mwiza bose bari bazi Amategeko ndetse bari bahoze baramya Imana, ariko ntibatabaye/ntiberetse urukundo uwari akomeretse. Hari ingero zitabarika.
Mu bihe byashize nashoboraga gukora gahunda yo guhindura abantu ishingiye ku nyigisho y’amahame irimo kwigisha buri kintu uhereye kuri Teolojia ukageza ku byo kugaruka kwa Yesu. Urutonde rw'isomo ryanjye rwashoboraga kuba nk'urutonde rw'ishuri rya Bibiliya nibanda ku bikubiyemo. Ndakekaga ko gahunda zo guhindura abantu abigishwa ari nko gutanga amakuru ava mu gitabo cy'umwigisha ajya mu cy'umwigishwa. Ariko igihe uwanditse igitabo cy'Abaheburayo yavuze ko batashoboye ibyo kurya kuko batashyize mu bikorwa iby'ishingiro bari barigishijwe, ndahamya ko ingorane kwari ukubishyira mu bikorwa. Ntibari barashyize mu bikorwa iby'ishingiro bari barigishijwe (Abaheburayo 5:14). Kandi ikintu gikomeye kurusha ibindi gukora ni ugushyira mu bikorwa ibyo gukunda mugenzi wawe no kugirana ubumwe na we.
Bityo rero, ubu nkora ibyo guhindura abantu abigishwa nibanda ku bumwe. Ni ukuri, iby’amahame ni ngombwa.
Dufashe urugero rwo mu gatabo k'Amategeko ane y'Umwuka: Moteri ni Ukuri, igihimba cyo hagati ni Ukwizera kandi icy'inyuma ni Uko wumva ibintu. Icy'inyuma ntaho gishobora kujya kitagira moteri. Ntidushobora kwumva tumerewe neza tutagira ukuri. Iyo nta mahame ya Bibiliya agenga urukundo rwacu, biba gusa iby'amaranga-mutima agaragara inyuma gusa rimwe tukuzuzwa imbaraga ubundi tugacika intege. Bityo tuzagira ingingo nyinshi zigomba kwigwa muri gahunda yacu yo guhindura abantu abigishwa. Tuziga ibintu byinshi, ariko aho kwigisha umwigishwa ibintu byinshi gusa, umwigisha akeneye kwitondera inyigisho no kuzigereranya n'ukuri gusanzwe kwo muri ubu bugingo no gufata igihe cyo kujya impaka no gusuzuma uko umwigishwa atera imbere mu gushyira mu bikorwa uko kuri ku bimubaho.
Umwigisha akeneye guhambuka no kwerekana uko uko kuri gukora mu bugingo bwe. Dukeneye gukurikiza urugero rwa Pawulo wavuze mu Bafilipi 4:9 ati, “Ibyo nabigishije, ibyo nababwirije, ibyo mwanyumvanye, n'ibyo mwambonanye, abe ari byo mukora. Nibwo Imana y’amahoro izabana na mwe.” Umwigisha akwiriye kuba icyitegererezo. Kandi ibyo bisaba ibirenze ko umwigishwa akwitegereza. Ukeneye guhambuka no kumwiyereka uko uri ukamubwira uko ibintu bikugeraho na we.
Intego.ya gahunda yo guhindura abantu abigishwa ni iyihe? Igihe Yesu yavuye kuri iyi si, yahaye abigishwa be itegeko rya nyuma. Muri Matayo 28:19-20 havuga kugenda no guhindura abantu abigishwa...mubigisha kwitondera ibyo nababwiye byose.
Reba ijambo “kwumvira.” Akenshi dukunze gusimbuka iryo jambo maze tugatinya ibirikubiyemo. Niba tubasha kubigisha ukuri, noneho rero bazaba abigishwa. Ariko kubishyira mu bikorwa ni cyo gikomeye kandi aho ni ho guhindura abantu abigishwa nyakuri bigomba kwibanda. Nk'abigisha abandi, tugomba kuvugana na bo uburyo (uko bikorwa), kwisobanura (ese yarabikoze), kwisuzuma (uko yabikoze), n'ibindi.
Ahari ahantu heza ho gutangirira mu gushaka ibyo twigisha ni ukureba ibyihariye Yesu yategetse abigishwa be. Ibi si ukuvuga ko inyuguti z'umukara muri Bibiliya yawe zidafite umumaro nk'iz'umutuku. Aha ni ahantu heza ho gutangirira gusa mu kubona uko guhindura abantu abigishwa byakorwa. Uko biri kose, ndakeka ko impamvu Yesu yategereje imyaka itatu yose mbere y’uko abambwa kwari ukugira ngo abone igihe cyo kwigisha abigishwa be. Muri Yohana 17:4, Yesu yavuze ko arangije umurimo Imana yari yamuhaye gukora. Yari atarapfira ku musaraba, none ubwo yarimo kuvugaga iki? Kwigisha abigishwa.
Iyo turebye ku magambo ya Yesu ariko by'umwihariko amategeko yahaye abigishwa be, dushobora kuyashyira mu bice bine. Bityo, intego yacu mu guhindura abantu abigishwa ni ukwigisha no guteza imbere imico ikurikira mu mwigishwa:
Iyi mico yubakiye imwe ku yindi. Ntidushobora gukunda abandi tutariga kwiyanga. Ntituziyanga tutariga Ijambo ngo tubone ko dukeneye kwiyanga. Ntitwakwitangira Ijambo ry'Imana, tutarakunda Imana by'ikirenga no gushaka kumenya ibyo yavuze mu Ijambo ryayo.
Niba dufite gahunda y'ubumwe busanzwe mu guhindura abantu abigishwa aho abantu badusabye kubigisha, iyi mico dukwiriye kuyigira maze tukiga amategeko tuyakurikiranya. Niba tudafitenye n’umuntu ubumwe mu byo kumuhindura umwigishwa, si ngombwa kubwira umuntu ko intego yacu ari iyo kumushishikariza iyi mico, ariko dushobora gukomeza gukoresha uru rutonde mu kwiha icyerekezo uko dushyira mu bikorwa “iby’ubucuti bufite intego”
Uko tuzareba iyi mico muri iyi nyigisho, tuzavuga ku mirongo myinshi. Mu buryo busanzwe, dushobora gusohora Bibiliya zacu tugakorera muri zo. Mu buryo bwo hasi bwo guhindura abantu abigishwa, twe nk'abigisha tugomba kuba twarasomye, twarasobanukiwe kandi tugashyira mu bikorwa iyi mirongo mu bugingo bwacu ku buryo dushobora kuzivugaho uko zigaragaza mu bugingo busanzwe. Uko ni ko Yesu yakoze. Urwo ni rwo rugero rwo mu Gutegeka 6 kandi ni bwo buryo bwiza bwo guhindura abantu abigishwa kuko dusubiza kandi tugahangana n'ibibazo biriho. Ariko na none ni byo bikomeye gukorwa kurusha ibindi.
Ubwa mbere banza uvuge ku bice bidusaba gushyira Imana imbere.
Kwisuzuma: Baza niba hari abashaka kwitangira gukora mu bumwe n'Imana no kwiga bashobora kwiga kwerekana urukundo rwayo.
Twategetswe gukunda Imana, ariko twabikora dute? Ikibidutera ni iki? Kugira ngo dukunde Imana by'ikirenga, dukeneye gusobanukirwa iby'ishingiro bya ANTHROPOLOGY (uko tubona abantu) SOTERIOLOGY (uko tubona iby’agakiza) na CHRISTOLOGY (uko tubona ibya Kristo). Mushobora kuba murimo gutekereza muti, “Ee! Natekerezaga ko gahunda yawe yo guhindura abantu itaza gusa n'iyo mu ishuri ryigisha Bibiliya.”
Ibi byiciro bisa n'ibitari byiza mu gutangira amasomo n'umwizera, kandi koko bishobora gufata igihe kwigwa, ariko icyibandwaho ni ugusobanura, mu buryo bwumvikana (ahari tudakoresheje n’amagambo ya Teolojia), isano riri hagati y'ayo magambo atatu, n'ukuntu uko umuntu abona inyoko-muntu (anthropologie) bigira ingaruka ku buryo umuntu abonamo agakiza (soteriologie) n'uko tubona Kristo (christologie). Muri rusange ikivugwa ni iki, niba abona umuntu nk'uri hejuru, azakenera Imana buhoro. Dukunze kuvuga ku byerekeye ivugabutumwa ko izazimiye ari zo zigomba kubanza kwitabwaho ngo zitarurwe. Ariko ibi bijyana ku kwezwa cyangwa gukura. Iyo umuntu atabona inyoko-muntu mu buryo bwiza, ntashishikazwa no gukizwa kwayo. Niba adasobanukirwa neza ubunini bw'icyaha cye n'igitambo Imana yamutangiye, ntazagirira Yesu Kristo urukund rw’ikirenga kandi rutagira akagero. Ahubwo azashaka kuvuga ko akwiriye gukundwa n'Imana maze avume Imana igihe ibintu bitagenda neza.
Ni gute twakwiga iri somo mu buryo buciriritse bw'ubumwe mu guhindura abantu abigishwa? Nta gushidikanya twumvise abantu bavuga ngo, “Ndakeka ko hari ubwiza buke muri twe twese...” cyangwa ibisa n’ibyo. Ni wongera guhura n'umwigishwa wawe ukumva hari ubivuga, uzamubaze icyo abitekerezaho. Ese akeka ko ari ukuri? Kuki? Uhereye aho, ushobora kuvuga icyo Bibiliya ibivugaho.
Niba dufite ubumwe busanzwe bw’umwigisha/umwigishwa, dushobora gufata icyumweru cyangwa bibiri kuri buri ngingo - umuntu, icyaha, n’Umukiza. Ntibishobora kuba mu buryo burambuye, ariko ikintu cy'ingenzi ni ugusobanukirwa isano riri hagati y'izi ngingo kugira ngo umuntu agire imbonera-hamwe akoreramo mu gihe dukomeza iyi nyigisho. Ikintu kimwe bizamara ni ugukomeza ibyiringiro by'umwigishwa mu gakiza ke. Iyo asobanukiwe ko adashobora gukorera agakiza no kwemerwa n'Imana, ibyo bituma ava mu ntekerezo z'uko ashobora kugira icyo akora ngo atakaze agakiza ke. Ingingo zitandukanye zizigishwa zishobora na zo kwerekana kamere y'icyaha y'umuntu no kumutera kwishimira ubuntu bw'Imana bimugeza ku gukunda Kristo by’ikirenga.
Ibi si mu magambo arambuye uko biri kose, ariko iyo umuntu yumva icyaha cye no kwera kw'Imana n'ukuntu Imana irenga izo nzitizi, arushishwaho gushima no gukunda Imana bihebuje.
Kwisuzuma: Baza niba ashaka kwitangira umurimo w'ubumwe n'Imana no kwiga uko yakwerekana urukundo akunda Imana. Uru rukundo akunda Imana ni ishingiro ku bisigaye bindi
Bizagaragara bite ko dukunze Imana n'umutima wacu wose? Baza umwigishwa uko yerekana urukundo akunda inshuti ye y'umukobwa, cyangwa niba yarashatse, umugore we igihe bari bakirambagizanya. Niba yarafataga buri mwanya abonye ngo abe hamwe na we, mbese ntiyari akwiriye kubikorera Imana atyo?
Twamarana dute igihe n'Imana? Mu masengesho. Niba dukunda Imana urukundo rw’ikirenga, tuzakenera kuvugana na Yo ngo twubake ubumwe. Mubwire uko uvugana n'Imana, ibyo uvugana n'Imana, uko utegera amatwi Imana. Mubwire uko utegereza ibisubizo.
Bityo, mu ntego yo kugira urukundo ruhebuje dukunda Imana, twavuze ku itegeko ryo muri Bibiliya ryo kugira urwo rukundo. Twavuze ko impamvu ibidutera ari yo kwishimira ibyo Imana y'ubuntu n'ubugwaneza yakoreye umutindi nka njye, kandi twavuze muri make uko twerekana urwo rukundo dukunda Imana mu kuganira na Yo. Amasengesho ni uburyo bwo kuvugana n'Imana, ariko se Yo ivugana ite na twe? Ni mu Ijambo ryayo.
Ikindi kintu kijyanye nabyo ni ukwerekana urukundo rw'Imana. Yesu aravuga ati, “Nimunkunda, muzitongera amategeko yanjye” (Yohana 14:15). Bityo, umwigishwa agomba kumenya amategeko yaYo, bivuga ko agomba kwitangira kumenya no kwumvira Ijambo ry'Imana. Igikurikiraho ni igisoza ukuvugana n'Imana byatangiwe haruguru. Iyo dusengera kuvugana n'Imana, bityo bumwe mu buryo ivugana na twe ni mu Ijambo ryayo.
Iyo umuntu akijijwe, ashishikajwe no guhinduka umwigishwa, kandi yarashikamye mu guhamya urukundo n'ubushake bw'ubumwe na Kristo, dushobora gushimangira ko Ibyanditswe ari amabwiriza Imana iduha ngo tuyimenye, tumenye ubushake bwayo ku bugingo bwacu n’uko twakunda Imana n'abantu. Akeneye gusobanukirwa umumaro w'Ijambo ry'Imana n'icyitegererezo mu kuryiga.
Imana ivugana na twe ku ruhande rw'ibumoso bw'iki gishushanyo mu isi yayo n'Ijambo ryayo. Ibi twabyise guhishurwa gusanzwe no guhishurwa kwihariye.
Tuvugana n'Imana mu ruhande rw'iburyo bw'iki gishushanyo. Amasengesho yacu ni igisubizo ku Ijambo ryayo, uguhishurwa kwayo. Kuyihimbaza kwacu ni igisubizo ku isi yayo, guhishurwa kwayo gusanzwe. Birumvikana ko dushobora no kuyihimbaza ku bw'ibintu twayizeho mu Ijambo ryayo, ariko akenshi guhimbaza kwo muri Zaburi ni ku byerekeye umurimo w'Imana mu kurema
Kristo ni We shingiro ry'ibi byose. Ni We guhishurwa kwuzuriyemo. Ni We utuvuganira. Twegera Imana muri Kristo. Dusenga mu izina rya Yesu. Muri Yohana igice cya 1 havuga ko umucyo waje mu isi kandi wari umucyo w'abantu... Yesu yari Umuremyi kandi yamurikiye buri muntu kumurema (guhishurwa gusanzwe) kandi yaje ubwe (guhishurwa kwihariye).
Igihe Satani ashaka kurwanya ubu buryo no kutuvana mu kuramya, ahera he? Mbese aza mu rusengero maze agatuma abadayimoni barogoya amasengesho? Si ko akunze kubigenza. Ibi byagombye gutuma abakristo barushaho guhagarara bakamurwanya. Afite amayeri menshi arenze ayo. Ahubwo, akorera kuvanaho uruhande rw'ibumoso rw'uru ruziga.
Ni gute Satani yarwanije guhishurwa gusanzwe? Guhishurwa kwihariye? Kristo? Imana?
Satani azi ko aramutse akuyeho uruhande rw'ibumoso rw'iki gishushanyo, yatuma uruhande rw'iburyo rutagira umumaro kubera ko nta cyo twaba dufite dusubiza. Imigani 28:9 haravuga hati, igihe umuntu atazategera amatwi amategeko, n'amasengesho ye azaba ikizira. Niba ntategera amatwi uruhande rw'ibumoso, amasengesho yanjye ni ikizira kuri Yo. Niba tutavoma mu Ijambo ry’Imana, ntituzajya dusenga keretse igihe dushaka gusaba ikintu. Amasengesho yacu akwiriye kuba ibiganiro, si ukwivugisha dusaba. Bityo, niba tutagira uruhare muri ibyo biganiro, tuzagera aho duhagarara muri ruriya ruziga tutava aho turi. Iyo ni yo sano iri hagati y'Ijambo ry'Imana n'amasengesho.
Twakoresheje ikigereranyo cyo kuzana uruhinja mu muryango n'ukuntu tutaruta turureka ngo rwiyiteho kuva ku munsi wa mbere. Dushobora gusubira ku rugero rw'uruhinja kuri iyi ngingo. Iyo umwana wawe yujuje umwaka avutse, ashaka kwigaburira ubwe. Ubwa mbere azakora amakosa. Azabura aho umunwa uherereye, abishyire mu mazuru, mu musatsi, mu matwi, n'ahandi. Dukunze gushaka kubimukorera kubera ko tubishoboye kumurusha. Ni kimwe n'umukristo mushya. Akeneye kwigishwa kwiyigisha ubwe. Ntakwiriye gutegereza igihe cyo kubaho kwe kwose inyigisho zo ku cyumweru gusa. Ubwa mbere ashobora kutabikora neza, ashobora gukora amakosa, ariko kubwo kubikora kenshi, azamenya kwigaburira ubwe.
Dukoresheje urugero rwo muri 2 Timoteyo 3:16, mwigishe iby'ishingiro byo kwiga Ijambo ry'Imana.
Mbese iki gice kitwigisha iki? Igisha umwigishwa ibibazo yakwibaza: nde, iki, ryari, hehe, kuki, gute. Iyi ntambwe irimo kwitegereza mu buryo bwagutse, mu magambo arambuye icyo gice.
Ni gute iki gice kitwemeza? Ni gute tuneshwa muri ubu buryo? Ni ibiki twareka gukora?
Ni ibiki dukeneye gukora? Bibiliya nta na rimwe iduha itegeko (kwemeza ibyaha) itaduhaye n'iryo kwuzuza aho iba igize icyo ikuye mu bugingo bwacu.
Bizagaragara bite ni dukora neza? Gukiranuka kuzasa gute mu bice bitandukanye byo mu bugingo bwanjye? Tugiye kuvuga kuri bimwe mu bigaragaza umwigishwa bikurikira.
Howard Hendricks yigisha isomo ry'Uburyo bwo Kwiga Bibiliya (Bible Study Methods) muri Dallas Theological Seminary, avuga ku ntambwe enye z'ibanze: Kwitegereza, gusobanura, gushyira mu bikorwa, isano. Izi ntambwe uko ari enye zo muri 2 Timoteyo 3:16 zisa n'intambwe zo mu isomo rya Hendricks.
1. KWIGISHA ABANTU |
KWITEGEREZA/ GUSOBANURA |
2.KEMWEMEZA IBYAHA BYE |
GUSHYIRA MU BIKORWA |
3. KUMUTUNGANYA |
GUSHYIRA KU BIKORWA |
4. GUKIRANUKA |
KUMUHANIRA |
Kwisuzuma: Baza umwigishwa niba yakwitangira kujya amara iminota 30 buri munsi wenyine, asoma kandi yiga Ijambo ry'Imana. Musabe kwitangira guterana na twe buri cyumweru kugira ngo tujye tubikorera hamwe. Ubwa mbere, mwereke uko yakorera muri za ntambwe uko ari enye. Hanyuma mu byumweru bikurikiranye, buri muntu yige igice wenyine hanyuma muvugire hamwe ibyo buri muntu yakibonyemo. Uko tuza kureba ibisigaye biranga guhindura umuntu umwigishwa kandi uko twiga imirongo ijyana na byo, twagombye kumufasha kwiga uko akoresha ubu buryo bwo kwiga Ijambo ry’Imana.
Na none, uko umwigishwa areba mu Ijambo ry'Imana bizamufasha ubwe no kumufasha kubona ibintu akeneye guhindura. Kimwe muri byo ni imyifatire ye kuri we ubwe. Bityo ikimuranga gikurikira ni:
Itegeko ryo kwiyanga ubwacu riri muri Mariko 8:34. Amagambo asa n’aya ari muri Matayo 10:38 na Luka 9:23. Ibi bice bigenewe abantu bose n'abigishwa. Bityo, kwiyanga ni ngombwa ku gakiza no kwezwa. Pawulo yaranditse mu Bagalatiya 3 ko tubaho mu bugingo bwa gikristo mu buryo bumwe n’ubwo twatangiyemo ubugingo bwa gikristo. Ni yo mpamvu Yesu avuga bimwe ku batizera n'abizera. Bivuga iki ngo, mukikorera umusaraba mugakurikira Yesu?
Umuntu ashobora kugenga ubugingo bwe no kwanga kunywa ibisindisha cyangwa ikawa, cyangwa kunywa itabi, cyangwa kurya inyama, kubyina, kujya muri za sinema, kureba televiziyo, kudatwara imidoka, n'ibindi. Ese uko ni ukwiyanga? Yego. Ni ko kwiyanga Yesu avuga se? Oya. Kwiyanga Bibiliya yigisha si ubugingo bwo kwibuza ibintu cyangwa kubabaza umubiri.
Abagalatiya 5:16 n'imirongo ikurikira ni igice cyiza cyigisha icyo iryo hame rishingiyeho. Iki gice kitwereka ko kwifuza kw'umubiri gutandukanye no gushaka kw'Umwuka Wera. Ni yo mpamvu tugomba kugira ibyo twigomwa. Hari intambara hagati y'imirimo ya kamere - ibyo dukora – n’imbuto z'Umwuka - ibyo Imana ikorera muri twe.
Kwiyanga birimo kwigomwa no kugabanya kurarikira gukora ibintu tubitewe na kamere kwacu. Ibyo dukunze gushaka ni ukwiyoborera ubugingo bwacu, ibintu bidukikije n'abantu badukikije kugira ngo twumve twishimye. Umuntu ujya muri monasiteri, ureka kunywa inzoga, ureka itabi n'abagore akoresha kwiyoborera ubugingo bwe abikora mu buryo bwa kamere. Ariko uko si ukwiyanga Yesu avuga.
Biratangaje gutekereza ku bamonaki na za monasiteri. Simpamya ko Imana mu by’ukuri ikunda ubugingo nk'ubwo. Ishaka ko tuba mu isi ariko ntitube ab'isi. Ariko, turetse ibyo, Imana yakoresheje abamonaki mu mateka mu kurinda Ijambo ryayo ryanditse, mu kurihindura mu zindi ndimi, n'ibindi. Byerekana gusa ko Imana ishobora kudukoresha nubwo twaba turi ibirema muri Teolojiya yacu cyangwa mu kuyishyira mu bikorwa.
None ni kwiyanga ki arimo avuga? Dukeneye guhangana n'ibintu bitatu:
Mbere y'uko twiyanga by'ukuri dukeneye kwimenya by'ukuri. Abantu akenshi barikabiriza mu buryo bubiri bw'uko bari. Bashobora kwisuzugura cyane cyangwa kwikuririza cyane.
Abaroma 12:3 ni igice cyiza mu gutangira iyi ngingo.
Mu mezi make ashize nagiye mu giterane cy'Ubugingo Buhinduwe kandi cyari cyiza cyane. Bavuze ku ngorane zo kuba abo turi bo nyakuri. Umwe mu bigishije yerekanye ko hari ibyo twese dukeneye bigomba kubonerwa ibisubizo. Dukora ibikorwa ngo tubashe kubisubiza. Uko igihe kigenda, dukomeza gukora ibyo bikorwa byadutunganiye maze bigahinduka akamenyero. Nyuma y'igihe, ibyo bikorwa bihinduka ibisanzwe kandi tureba ku bikorwa byacu tugatangira kwiha ibituranga dukurikije ibyo dukora. Abantu bamwe bafite kamere isa n'ikora neza ndetse bagira ibibaranga. Abandi bafite kamere isa n'idakora neza - ahari barihangana birenze urugero, barakara birenze urugero, n'ibindi. Kamere yabo ntikora neza maze bagatangira kwitekereza nabi. Icyo dukeneye ni ukwiyumva dukurikije abo turi bo muri Kristo. Abo turi bo bishingiye ku bumwe dufitanye n'Imana.
Dukwiriye gukora inyigisho ku by'uko umuntu ateye ngo twige imyifatire mibi itandukanye umwigishwa ashobora kugira. Mubaze ibibazo bimusaba gusobanura uko yibona. Igihe yibonyeho umuco abona ko ari uwo hasi cyangwa uwo hejuru, twamwereka ibice byerekana uko umuntu ateye mu buryo buringaniye.
Kwisuzuma: Saba umwigishwa gusuzuma ibitekerezo bye mu byumweru biri imbere ngo urebe niba agambiriye imyifatire mibi maze umufashe gutekereza mu buryo bwiza. Hanyuma ujye ku mumaro wo kwiyanga kandi umwereke uko agomba kwiyanga mu buryo bubiri: ku bw’Imana no ku bw’abauntu.
Twavuze ku bya kamere n'uko itandukanye n'ibyo Imana ishaka gukorera muri twe binyuze mu mbaraga z'Umwuka Wera. Ni ngombwa gusobanukirwa ibyifuzo byacu bidahaga byo kuyobora buri kintu cyo mu bugingo bwacu - ibyo duhura na byo n'abantu. Umwigishwa akeneye kurekera Imana ubuyobozi hanyuma agakurikira ubuyobozi bwayo. Kubera ko Imana yerekanye urukundo rwayo kuri twe kandi ikaba izi byose, ishobora byose, n'ibindi, dukeneye kwiyanga no kwishyira munsi y'ubutware bwayo.
Imirongo:
Kwisuzuma: Baza umwigishwa niba yemera kurekera aho kugerageza kwiyoborera ubugingo bwe, akiringira ko Imana imuha byose, agakurikira ubuyobozi bwayo. Mubaze gusuzuma niba yumva aboshywe n'ibintu by'iyi si nk'umuryango, gutura heza, ubutunzi, n'ibindi. Yumva ate ibyo kuba umumisiyoneri, n'ibindi? Niba tudafite ubushake bwo kugenda, birashoboka ko tuboshywe n'ibintu “byacu.”
Ubundi buryo umubiri ukora ngo uyobore ibiwukikije ni ukugerageza kuyobora abantu. Nubwo ibi ari bimwe mu byo tugomba guha Imana ngo ibiyobore, uko tubana n'abantu bigize igice cy'ingenzi mu bugingo bwacu dukeneye kwitaho mu buryo burambuye.
Biri muri kamere yacu gushaka kuyobora abandi ngo tugere ku byifuzo n'intego byacu ngo tunikingire ibitubabaza.
Hari uburyo bwinshi dushobora gukora ibi:
Ubu ni bumwe mu buryo dushaka gukoresha abandi no kubayobora.
Twavuze iby'uko kamere irwanya Umwuka; iyi mico itandukanye n'imbuto z'Umwuka zivugwa mu Bagalatiya 5:22. Twumva kenshi bavuga ngo, “Nkunda kwiheza, cyangwa nkunda ibintu bitunganye...” nk'aho ari byiza, kandi nk'aho bisobanura ibyo dukora. Ariko ntabwo ari byiza.
Dukeneye kumenya kwiyanga, kureka gushaka kuyobora abo tubana, no kureka ibyo gushaka kwirinda ibidukikije. Iyo turetse gukora ibi bintu biri haruguru tusigara dushobora kugirirwa nabi - ariko aho ni ho Imana idushaka. Aho ni ho ishobora kudukoresha kurushaho. Soma Abaroma 12. Igice cyose cyerekana ko dukeneye kwitangira ibyiza by'abo tubana kugira ngo dufashe abandi. Bivuga iki kwitanga?
Iki ni ikintu kidakunze kwumvikana. Akenshi abantu bafata kwitanga nk'igikorwa cy'umugaragu, cy'ubugwaneza. Nubwo n'ibyo birimo, umuntu ashobora kuba uwubaha cyane maze agakora nk'igitebo kiyora ivu atagirana ubumwe n'abandi. Abantu bashobora no gukora ibikorwa byo “kwitanga” nk'abagaragu kandi bafite imyifatire nk'iy'abahorwa Imana ibatera kubabara no kwiheza bakigunga. Impamvu yo kwitanga ni ukugira ngo twinjire mu bugingo bw'abandi tubashe kubafasha gukura. Yesu atubera urugero. Yaje mu isi kudupfira kugira ngo tubashe kugira ubumwe na We. Igitambo cye cyari ugushaka kwangwa, kubabazwa no gupfa kugira ngo atweze.
Imirongo:
Kwisuzuma: Baza umwigishwa niba afite ubushake bwo kugira icyo akora yigomwa no kwigomwa ibyo kamere ye irarikira kubw'ibyiza by'abandi.
Kwiyanga kubw'Imana n'abandi ni ngombwa cyane. Twatangiye tuvuga ibyo kugira ibituranga biboneye. Niba dukura ibitugaragaza cyangwa umutekano mu mafaranga dufite mu mabanki cyangwa ukuntu abandi batwitwaraho, ntidushobora guhagarika kugerageza kuyobora ubugingo n'abandi bantu. Igitangaje rero ni uko tudashobora kwiyoborera ubugingo bwacu cyangwa ubw’abandi. Ntibishoboka. Ni yo mpamvu hariho abantu bo kubabarirwa bahora bafite ubwoba bwo guterwa, bwo gutana n'abo bashakanye, bwo gufatirwa mu biyayura umutwe binyuranye, n'ibindi.
Uko umwigishwa atangira kugerageza kwiyanga no kugerageza kwerekana urukundo akunda abandi, azasanga afite ingorane nk'izo Pawulo yari afite mu Baroma 7. Uyu wagombye kuba umwanya mwiza wo kuvugana ku ruhare rw'Umwuka Wera mu kumushoboza kwiyanga no gukora ibyo ashaka gukora. Ubusobanuro bw'Abaroma 6-8 na kamere zombi, iya kera n'inshya bigomba gukurikirana. Mu Baroma 6 hari imyifatire ya kamere ya kera n'imyifatire ya kamere nshya kandi ntitwifuza kugengwa na kamere ya kera. Mu Baroma 7 tubona ko tudashobora guhitamo kwumvira kamere nshya, ariko ntidushobora kubikora ku bwacu. Abaroma 8 hatwereka ko dukeneye Umwuka. Koresha n'Abagalatiya 5:16, Abefeso 5:18 mu kwerekana uruhare rw'Umwuka Wera.
Iyo duhagaritse ibyo kuyobora abandi tukabareka ngo biyobore, bituma tubasha kubona umwanya wo gukunda abandi kandi bikatwerekeza ku kituranga gikurikira...
Iri hame rituruka kuri Yesu igihe yavugaga amategeko mu nshamake n'amategeko yo gukunda Imana no gukunda mugenzi wawe muri Matayo 22:39 n'inshamake ya Pawulo mu Bagalatiya 5:14; Abaroma 13:8 n'ikurikira.
Ibice:
Baza umwigishwa icyo byaba bivuga gukunda mugenzi we kandi umushishikarize gusobanukirwa kurushaho uko yumva mugenzi we uwo ari we. Mwigishe uko ihame ry'urukundo rwa bagenzi bacu rikora mu nzego nyinshi zo mu bugingo bwacu. Inzego twibandaho zigomba kwerekera ku byo umwigishwa akeneye.
Abefeso 5:18 n'ikurikira haduha urutonde rwiza rw'ibi: Haravuga hati, mwuzure Umwuka kandi ni twuzura Umwuka bizahindura imibanire yacu mu itorero, mu bashyingiranywe, imibanire n'abana, n'ababyeyi, n'abo dutegeka n'abadutegeka.
Umugaragu utababarira (Matayo 18:21 n'ikurikira). Kubabarira bivuga guhanagura umwenda no kutagerageza kurihisha umwenda. Niko turi babi nk'abacumuye tukishimira imbabazi z'Imana zitubashisha gukora ibyo. Ndahamya ko kwahukana kwinshi ari ingaruka yo kutabasha kubabarira. Kandi sinkeka ko ari impanuka kuvuga ku kwahukana muri Matayo 19 byakurikiye umugani w'umugaragu utababarira.
Kwisuzuma: Mubaze uwo atababariye maze umusabe uko abyumva n’uko yabyumva amubabariye kandi umushishikarize kubikora.
Muri gahunda yacu yo guhindura abantu abigishwa, kwerekana urukundo ni iby’ingenzi cyane
Bitewe n'ibyo umwigishwa akeneye dushobora gukoresha ibikurikira haba nyuma cyangwa hagati, uko bigiye biza, guhangana n'ibyo ahura na byo byihariye cyangwa ingorane ahura na zo. Bizafata amezi menshi kwiga izi ngingo, ariko dushobora no gufata igihe mu kwiga uko twahangana n’ibi bikurikira:
Nubwo uru ari urutonde no kugira inama ku kuntu umuntu yakurikiranya ingingo, buri mwigishwa ni umwimerere, n'ibyo akeneye byihariye, uko yabayeho, n'ibindi. Ntidushobora gupfa guha umuntu urutonde rw'ibintu ashobora gukora ngo arangize ingorane ze. Ingorane ze zizarangizwa cyangwa se zizasubizwa neza ni aramuka afashe ibi biranga umwigishwa byose biri haruguru aha.
Ibuka, 90% y'ibyo umwigishwa yiga biva mu byo umwigisha yabonye mu bugingo bwe aho kuva mu byo yigisha. Dukeneye kwibanda ku kuba inshuti ye maze tumureke arebe uko dukora ibintu, uko twiga, uko dusenga, uko dukunda, n'ibindi. Ntuzapfe kumwereka ukuri, mufashe gukora ubwe.
233 For a discussion of Luke 11:2-4 and the disciples' prayer, see Part 2, Lesson 8.