MENU

Where the world comes to study the Bible

Ubusonga Mu By’igihe

KWONGERA UBUGINGO KUBWO GUCUBGUZA UBURYO UMWETE

Intangiriro

Muri iyi si hari ukurenganywa kwinshi, ariko ibyo duhuriyeho twese ni igihe dufite kingana buri munsi. Imana yahaye buri wese muri twe amasaha 24 ku munsi. Ahari, kubera ko twabyawe n’iyi si yihuta, dukunda gutekereza no gukora nk’aho Imana yatugize bato iyo tugeze ku by’igihe. Dukunze kumva amagambo nka: ‘Nta gihe gihagije ku munsi cyo gukora ibyo nkeneye gukora byose’. ‘Simenya uko igihe gishira’. ‘Nzagerageza gushaka umwanya, ariko muri iki gihe kubona umwanya birankomereye’. Muri ibi bihe abantu benshi bibona uruza n’urujya, abantu benshi bumva basunikwa n’igihe. Ikigaragara ni uko hatari amasaha ahagije mu munsi. Ubugingo n’icyo busaba biraruhanya cyane.

Turumva ibiganiro byacu birimo amagambo yerekeza ku kwihuta kw’ibi bihe turimo. Hamwe n’ibyo tumaze kuvuga, dukunze kuvuga iby’amasaha y’ umunsi abantu baba bagenda ari benshi kandi bihuta, cyangwa tukabwira abo mu muryango ngo bagire vuba kuko tudafite umunsi wose. Dukoresha amagambo nka “birihutirwa,” “by’ibanze kurusha ibindi”, cyangwa “biratwihutisha”. Hari igihe twabonaga telegramu nk’uburyo bw’ingenzi bwo kwohereza ubutumwa. Ariko muri iki gihe, ntidufite gusa telefone, fagisi, Imeli, na Intaneti, ahubwo dufite n’inzandiko zihutirwa, izigomba gutangwa umunsi ukurikiyeho, bityo dushobora kwohereza ubutumwa bukomeye kuri uwo munsi bukagera iyo bujya kuri za kilometero ibihumbi.

Kubera gutera imbere mu buhanga na tekinolojiya twagombye kugira umwanya wo kwishimisha kurusha ibindi bihe byose mu mateka, ariko si ko biri. Kubera kwihuta iteka kw’iyi si abantu benshi basa n’ababura igihe cyo guhumeka. Mbega urwamenyo!

Ku mukristo, Robert Banks afite uburyo abivugamo:

“Ku by’igihe, abakristo bo bibamereye nabi kurusha abandi. Ibi bikunze kubaho cyane cyane iyo baba mu migi minini, bakaba bari mu bakire, bakaba bafite imyanya ikomeye ku kazi, cyangwa bakaba bafatanya akazi ko mu biro n’ak’imuhira.

Abakristo n’abantu barerewe mu bukristo, bakunze gufata akazi kabo neza kurusha abandi. Banaha agaciro ibyo kwita ku miryango yabo. Kandi bakunze kuba mu b’imbere aho baba no mu mashyirahamwe afasha. Ingaruka z’uko kwitangira umurimo, umuryango ni nk’uko umuhungu wanjye w’imfura yabivuze ati:’abakristo ni nka gari-ya-moshi - bahora bagenda, bihuta, kandi buri gihe bakerewe”96

Niba ari umupasitoro w’itorero rinini , igihe kirushaho kugorana. Bitewe n’ubwinshi bw’ibyo abapasitoro basabwa kandi abantu baba babatezeho, kubona igihe cyo kubisohoza byose bisa n’ibidashoboka. Bakunze kwiyangiriza mu gushaka uko barangiza gahunda zabo zose. Abapasitoro n’abagore babo basa akenshi n’ubwato bugenda nijoro.

Intego y’iyi nyigisho

Uko iyi nyigisho ikozwe n’icyo igamije si ukugira ngo abakristo barusheho kubona ibibafata igihe. Icyo dushaka si ubugingo buhorana akazi kadashira. Igikenewe ni ugukoresha neza igihe dufite n’uburyo Bibiliya itwigisha iby’igihe ku isi duhereye ku bo turi bo nk’abakristo, aho turi, ibyo dukwiriye cyangwa tudakwiriye gutegereza muri iyi si, n’impamvu tuyirimo.

Muri iyi si yacu yita ku byo gukora ibintu neza, umurimo wose ugera ku kintu gifatika uhabwa agaciro kandi igihe gifatwa mu buryo bw’ikigirira abantu benshi akamaro. Iyo tutagikoresheje mu buryo ubwo ari bwo bwose buzana inyungu, igihe gihise kiba gipfuye ubusa. Ibyo dukora byose bigomba kugira icyo bigeraho kigaragara kandi ibi birimo n’igihe cyacu tumara dusenga, twaba twiherereye twenyine n’Imana cyangwa duteranye turi umubiri wa Kristo.

Abenshi muri twe batekereza ko igihe ari ikindi kintu: Ni ubukungu. Byongeye, ni ubukungu rukumbi bwihariye. Igihe ntigishobora kurundwa nk’amafaranga cyangwa guhunikwa nk’ibikoreshwa mu nganda. Nta kundi twakigira atari ukugikoresha, twabishaka cyangwa tutabishaka, ku giciro kidahinduka cy’amasegonda 60 mu munota. Igihe ntigishobora guhagarikwa nk’imashini cyangwa gusimburwa nk’umuntu. Igihe cyahise ntikigaruka.97

Birumvikana ko igihe ari ubukungu kandi ko tutagomba kugitakaza twaragihawe n’Imana. Ibyanditswe bigira icyo bibivugaho. Ariko gukina, kwishimisha, kuruhuka no kwihumuriza indabyo z’amaroza ibi bisanzwe, ese ni uguta igihe? Tumaze gutera intambwe, icyakora, aho n’igihe cyo kwishimisha cyafashe uburyo bugirira benshi akamaro. Tugomba gufata igihe cyacu tutari ku kazi, ku mpamvu iyo ari yo yose (gusenga, kwishimisha, gukina n’ibindi) nk’uburyo bwo gutuma turushaho gukora neza byaba ku kazi cyangwa mu murimo wa gikristo.

Mukwandika agira ngo twitondere akamaro n’impamvu zo kwiga kuruhuka no kwishimira igihe cyo kwishimisha, Swindoll yaravuze ati:

“Umurimo ugenda uhinduka vuba ni cyo cy’ingenzi kiranga umukristo w’Umunyamerika. Igisubizo kuri byinshi mu ngorane zacu (ni ko tubwirwa) ni ‘ugukora cyane kurushaho’. Na none ni ukongeraho ibinaniza by’ibanze, ‘Nturagakorera Umwami by’ukuri niba utarahata ngo ugere aho unanirwa’. Karira maguru si we karira mugisha.”98

Ingorane duhura nazo muri iyi si yacu ya none si uko igihe Imana Isumba byose yaduhaye kingana, ahubwo ni uko tubona igihe n’ubugingo ubwabwo, n’uko dukoresha igihe dufite.

Nk’Uwiteka, Imana ntibura igihe nka twe. Irakigenga. Kuri Yo umunsi umwe ni nk’imyaka igihumbi kandi imyaka igihumbi ni nk’umunsi umwe (1 Timoteyo 1:17; reba 2 Petero 3:8). Ibona ibyashize, ibiriho ubu, n’ibizaza nk’aho ari bimwe. Ariko aho umuntu atandukaniye n’Imana, ni uko ari uwo akanya gato kandi akaba afite iherezo, akagira gusa amasaha 24 Buri munsi ni umubare w’iminsi y’ubugingo Imana imuha.

Ibi ntibivuga, icyakora, ko ubugingo bw’akanya gato bw’umuntu butagira icyo buvuze kandi ko butagira amashami iteka ryose. Mu kuri, Bibiliya itwigisha ko igihe ari ubukungu n’ubusonga twese tuzabazwa imbere y’Imana. Ariko iyo tutitonze, dushobora kugwa mu mutego w’abanyaburayi babona igihe nk’ikigirira abenshi akamaro aho gukora neza no kugera ku by’icyubahiro cyangwa gukora ibintu bibyara inyungu kuba intego y’ingenzi cyane. Iyo ibi bibayeho, tubura ububasha bwo kwishimira Imana, abantu, n’ubugingo yaduhaye. Na none, nk’uko biri mu bugingo bwose, dukeneye kugereranya kwa Bibiliya. Hatariho uku kugereranya duhinduka abahinda-mushyitsi, abakurikiza amategeko bakica ibyishimo, kandi dushobora kurimbura ubushobozi bwacu bwo kuba abo Imana yaduhamagariye kuba.

Ingorane z’ ubugome bw’igihe

Aho kuba inshuti, igihe twagihinduyemo umugome. Kandi twemereye uyu mugome kutwinjiramo no kugenga ubugingo bwacu. Iyo witegerezanye ubushishozi iyi si yacu, ushobora kubona neza ugusubira inyuma kw’imibanire yo mu bugingo bwacu n’imibanire yacu n’abantu byazanywe n’ububi bw’igihe no kutamenya icyo igihe ari cyo ukurikije Bibiliya. Ku byerekeye uku gusubira inyuma, Robert Banks yaravuze ati :

Afashe igishushanyo cy’igikinisho gisanzwe cy’abana, Don MacLean yagereranije umuntu uringaniye n’umutwe w’icyo gikinisho uzunguruka :

Kuzenguruka uzunguruka iyi si ni ko ugenda,
Kuzenguruka mu bugingo bw’abantu urabizi ...
Uzageza he uzunguruka umunsi ku wundi?
Uzarekeraho ryari kuzungurutsa ubugingo bwawe?

Nk’ingaruka, guhura kwacu n’abandi kuragenda kugabanuka ahubwo kugahinduka nko gukoreshwa n’imashini. Twishyira hamwe kurusha uko dushyikirana, tukifata aho kwirekura, tukikomereza cyangwa tukanyuranaho aho kuruhuka no gutinda gato. Umubare w’inshuti magara zacu uragabanuka n’ubwiza bw’ubugingo bwo gushakana kwacu burakendera.99

Kugira ubumwe bw’ingenzi n’abantu bitwara igihe, kandi kubera ibyo, ibigirira abenshi akamaro cyangwa ibyibanda ku gutanga umusaruro, bituma tugabanya igihe cyo kwitangira gushaka ubumwe buhamye mu muryango n’inshuti.

Ubugingo bw’itorero bwangizwa n’amananiza y’igihe. Hari amanama menshi, gahunda nyinshi, imiryango myinshi, n’ibinaniza bindi byinshi bihamagara umubiri wa Kristo ngo genda, genda, kandi ngo kora, kora. Inkurikizi zica intege imibanire yacu n’Imana, n’undi n’undi, n’igihe dukeneye cyo gutekereza, gutekereza ku Ijambo ry’Imana, no kumenya ukuri kwayo. Muri iri siganwa ryo guhora muri jugujugu, tunanirwa kumenya abo turi bo, impamvu turiho, n’aho twerekeza. Tumeze nka wa muderevu wa bisi wabwiye abagenzi ati, ‘Mfite inkuru nziza n’inkuru mbi. Inkuru mbi ni uko twakatiye ahatari ho tukaba twayobye. Ariko, ntimugire ubwoba, inkuru nziza ni uko turimo dukoresha igihe kinini’. Bisa n’aho kugenda ubwabyo, kugenda n’intambwe ndende, ari ingorane ubwayo aho byatujyana hose. Dusigaye dukunda kwihuta ku bwo kwihuta ubwabyo. Twifuza ko orudinateri zacu zihuta nk’urumuri. Iyo bifashe amasegonda icumi ngo orudinateri ibike idosiye y’amapaje 30 turarambirwa tukivovota. Twifuza ko byakorwa mu bice by’isegonda. Ariko se ntibyumvikana ko iyo umugenzi atazi neza inzira, ahagarara akabaza aho ari n’aho inzira arimo imujyana, aho gukomeza iyo nzira atitaye ku muvuduko we?

Hari igice cyo muri Mariko kivugana imbaraga ibi byo gutwarwa n’ibikorwa cyangwa se umubare w’ibyo twakoze kandi dushobora gukora. Muri Mariko 6, tubwirwa ko abigishwa, igihe bari bavuye mu murimo ubafata igihe, bateraniye iruhande rw’Umwami Yesu, maze batangira kumubwira ibyo bari bakoze kandi bigishije (umurongo wa 30). Mu nyandiko y’ikigiriki, birumvikana ko abigishwa bari bashishikajwe n’ibyo bagezeho, hamwe n’ibyo bakoze. Ibi bigaragarira mu gusubiramo ijambo “hosos,” ‘kangahe, bingahe’. Ikigiriki gisomwa gutya ‘Bamubwiye uko ibyo bari bakoze n’ ibyo bari bigishije byanganaga’. Ariko ku murongo wa 31 tuhasoma aya magambo atangaje kandi atera kwibaza ‘Arababwira ati, “muze mwenyine ahiherereye, muruhukeho gato” (kuko hari benshi banyuranamo, bikaba ari urujya n’uruza; babura n’uko barya’. Ibi ntibyari ingorane z’igihe gusa, ahubwo ni iz’uruhare rwo kugikoresha mu buryo bwashoboraga gutuma icyo gihe bari bafite kigira akamaro.

Ibi byerekanwa mu buryo busekeje mu mugani ukurikira wo guhaza abantu 5,000. Iyi nkuru yari igenewe kubigisha uburyo bari bakeneye, kurushaho, igihe cyo kwiherera bonyine na We ngo bavome ku bukungu bw’ubugingo bwe bw’icyubahiro kugira ngo babashe gukoresha neza igihe bari bafite. Ntibyari gusa ngo bakoze ‘ibingana iki’, ahubwo ni uwari ushinzwe ubugingo bwabo. Kandi ku bw’ibi, bari (nk’uko biri kuri twe) bakeneye kumva Ijambo Imana yabwiye Eliya ngo ‘Genda ... wihishe’ (1 Abami 17:3).

Uko Bibiliya ibona igihe

      Inshamake

Muri iyi si yateye imbere, dukunze kureba igihe nk’ikintu cyiza kidafatika, ariko se igihe kibonwa gite muri Bibiliya?

‘Nta jambo rusange rivuga ‘igihe’ mu Isezerano rya Kera, kimwe n’uko hatariho amagambo yihariye ku gihe ‘cyashize’, ‘icy’ubu’, n’ ‘ikizaza’. Ijambo ry’Igiheburayo rikoreshwa mu kuvuga ‘igihe’ ni ayt, ryerekeye by’ukuri ku mwanya cyangwa ku burambe bw’igihe ikintu kibaho (1 Samweli 9:16; Umubwiriza 3:1-8; Ezira 10:13; 2 Ngoma 24:11). Irindi jambo, ‘olam’ ryerekeye ku gihe kidashobora kubarwa, cyaba icyashize (Umubwiriza 1:10) cyangwa ikizaza (Mika 4:7). Mu gihe bitavugwa ‘igihe cy’iteka’ mu buryo bwo kuvuga ibitagira iherezo, ryerekana ku burambe bw’igihe burenze ibyo umuntu ashobora gusobanukirwa. Irindi jambo rizwi na bose, mo’ed rivuga igihe cyagenwe, ni ukuvuga igihe cyagenewe ikintu runaka ngo kibeho nk’umunsi mukuru (Abalewi 23:2,4). Mu yandi magambo, igihe mu Bisirayeli ba kera nticyafatwaga nk’ikidafatika ahubwo cyari cyerekeye ibintu bibaho byaba iby’igihe gito cyangwa kirekire.’100

Inkoranya nshya ya Bibiliya yongeraho ibi bikurikira byerekeye uko igihe kibonwa mu Byanditswe:

“Abaheburayo bari bafite uburyo bwabo bwo kubara uko igihe cyashiraga, ‘ariko uburyo bwakunze gukoreshwa mu gusobanura amagambo ‘ibihe’ bwerekeraga ku gihe cyagenwe, igihe kiri cyo, umwanya ku kintu cyangwa ku gikorwa. Ijambo rikoreshwa cyane ni ‘et (reba Umubwiriza 3:1 n’imirongo ikurikira ku gukoreshwa kwihariye); Z‘man na ryo rifite ubusobanuro nk’ubwo. Mo’ed riva ku busobanuro bw’inkomoko ‘kugena’ kandi rikoreshwa ku bihe bisanzwe nk’ukwezi kwabonetse (urugero Zaburi 104:19) n’iminsi mikuru yagenwe (urugero Kubara 9:2). Mu buryo bwihariye, aya magambo yose akoreshwa ku byerekeye ibihe byagenwe n’Imana, umwanya utangwa na Yo (urugero Gutegeka 11:14; Zaburi 145:15; Yesaya 49:8; Yeremiya 18:23). Mu Isezerano Rishya ijambo ry’Ikigiriki kairos rikunze kugaragara mu buryo busa n’ubu, nubwo ritavuga umwanya ukwiriye” (reba Luka 19:44; Ibyakozwe 17:26; Tito 1:3; 1 Petero 1:11).

Bityo Bibiliya ntivuga ku kudafatika guhoraho kw’igihe ahubwo ibyatanzwe n’Imana mu bihe bimwe byo mu mateka. Ubu buryo bwo kubona igihe bushobora kwitwa igihe kirambuye, aho kuba igihe kigenda kigaruka nk’uko igihe cyakundaga gufatwa mu bihe bya kera; umugambi w’Imana ugenda ugana ku by’uko igihe cyashize kitagaruka. Ibintu ntibipfa kugenda cyangwa kugaruka aho byatangiriye. Ariko kuvuga ko igihe kirambuye nk’uko Bibiliya ibivuga ntibyerekana ko igihe n’amateka bibaho mu buryo bw’ibintu bikurikirana, mu buryo butakwirindwa; ahubwo Bibiliya yibanda ku bihe, aho Imana ubwayo ikora iby’imigambi yayo mu isi (* Umunsi w’Uwiteka).101

C.H. Pinnock, mu nkuru ye ku gihe muri ‘The International Standard Bible Encyclopedia’ atubwira ku kudatanga umusozo rusange udasobanutse mu kwiga amagambo avuga igihe mu Isezerano rya Kera n’Irishya. Mbere yo kuvuga ku magambo akoreshwa ku gihe, aravuga ati :

“Kwiga amagambo akoreshwa ku gihe muri Bibiliya uyakuye mu bice arimo atakaza ubusobanuro bwayo bw’igihe cyo mu Byanditswe. Inyigisho za Bibiliya ku gihe (cyangwa ikindi kintu cyose) ntizishingiye ku buryo bw’iyiga-indimi, bwo gufata amagambo ari ukwayo, ahubwo ni ku buryo Bibiliya ibivuga n’amagambo ikoresha...”102

Ibi ntibivuga ko twirengagiza ubusobanuro bw’aya magambo, ahubwo ko tugomba kuyarebera mu bice arimo, hanyuma Pinnock akavuga ku magambo y’Igiheburayo n’Ikigiriki akoreshwa ku gihe. Agera ku musozo umwe nk’izi nkuru zavuzwe haruguru. Hanyuma ku byerekeye ubusobanuro Bibiliya iha igihe, aravuga ati:

Mbere na mbere, Bibiliya ibona igihe nko gukurikirana kw’iminsi umuntu abona iby’isi bihita. Abantu bahabwa iminsi yabo yabagenewe; Uwiteka aratanga kandi akisubiza (Yobu 1:21) ... Mu by’ukuri, Imana igenga ibihe by’umuntu (Zaburi 31:15; 139:16). Ku bw’icyaha, amateka yabayemo ibikorwa by’abantu baguye.

Imana yerekana ubuntu bwayo bucungura inyoko-muntu yazimiye hakoreshejwe amateka. Ukugenga amateka kwayo (Abefeso 1:11) kugaragarira ku mateka y’ibikorwa bicungura (Yesaya 46:4-10) 103

      Amahame y’ubusonga mu by’igihe

Natangajwe buhoro n’ubuke bw’ibice bivuga ku gukoresha igihe ugereranije urugero n’umubare w’ibice bivuga ku busonga mu by’amafaranga. Ibice byinshi byerekeye ubutunzi n’amafaranga, ariko bike byerekeye igihe. Ahari gutangara kwanjye guterwa n’ibihe tugezemo n’ukuntu dukoresha igihe n’uko tukibona nk’ubutunzi kimwe n’amafaranga.

Kuba ibice bike ari byo bivuga ku gihe ntibivuga ko uko dukoresha igihe bitagira umumaro kubera ko byumvikana ko bifite umumaro. Uku kunyuranya ntikuvuga icyakora ukuntu abanyaburayi bafata igihe n’uko bacyitaho nk’ikintu kigomba gukoreshwa mbere y’uko cyangirika.

Uko iyi si yateye imbere ibona igihe, bishobora kugaragazwa no gutandukana n’imvugo zo mu mico itandukanye. Urugero, abanyamabanki ‘mu Bwongereza bavuga ko isaha yiruka, mu gihe muri Espaniya bavuga ko igenda’.104 Ibi bifite ingaruka zikomeye ku buryo abantu babona igihe. ‘Niba igihe cyihuta, nk’uko Abongereza bavuga, tugomba kwihuta tukagikoresha mbere y’uko kigenda. Niba igihe kigenda, nk’uko abo muri Espaniya bavuga, umuntu ashobora kucyishimishaho.’105

None ni ayahe masomo dushobora gukura mu Ijambo ry’Imana ku byerekeye ubusonga mu by’igihe?

      Ibice byo mu Isezerano rya Kera

    Zaburi 90:12

Utwigishe kubara iminsi yacu, uburyo butuma dutunga imitima y’ubwenge.

Zaburi 90 ni ugutekereza (imirongo 1-11) no gusenga (imirongo 12-17). Amasengesho ava mu gutekereza k’umunyezaburi ku by’uko Imana ari Nkuru kandi Ihoraho biyitandukanya cyane n’umuntu w’intege nke, w’umunyabyaha, kandi w’akanya gato. Muri iyi Zaburi, Mose yasengeye ibishobora kuva mu gutekereza kwe, cyane cyane ngo ashobore kugira ubushobozi bwo guhesha ubugingo Imana yamuhaye akamaro kandi ngo Imana yemeze cyangwa ihamye umurimo w’ibiganza byayo (umurongo wa 17). Yashakaga ko ubugingo bwe bugirira Imana akamaro kandi ko bugira agaciro iteka, ariko igice cy’ingenzi muri ibi, cyari ukumenya agaciro n’umugambi by’igihe cye ku isi. Ingorane z’umuntu ni uko akunda mu gihe gito aho kuba iteka. Ariko se gucunga igihe bitangirira he? Si ukubara gusa ko ubugingo ari buto, ahubwo iminsi igereranije yari asigaje ukurikije uko ubugingo bw’umuntu buri mu rugero rwo hagati bwareshyaga. Hamwe n’ubwo burambe bw’ubugingo, yasabye ko yakwitangira kuzanira Imana umusaruro mu bwenge bwayo bityo yagombaga kubaho mu bwenge, agendera mu mucyo w’ubwenge bw’Imana (reba Abefeso 5:15-18).

Kubara iminsi yo kubaho kwacu byagombye kubamo gusuzuma uko dukoresha n’uko ducunga igihe. Ibi bivuga gusuzuma ahantu n’ukuntu dukoresha iminsi yacu. Niba tubona dufite byinshi byo gukora bitubuza kumara igihe dusoma Ijambo ry’Imana, tugomba kwibaza impamvu. Reka mbahe impamvu enye zituma abantu bagira ibyo bakora byinshi, ariko ntibagire aho bajya mu byerekeye kuzigama iby’iteka, cyangwa se mu gusohoza ubushake bw’Imana.

(1) Abantu bashobora kugira byinshi bakora bitewe no kwikunda. Abantu bashaka kugaragara ko bakomeye. Muri iyi si yacu, gahunda zirimo ibintu byinshi byo gukora, umubare munini w’amasaha n’ibyo akora byinshi bifatwa nk’ibyerekana uko umuntu aba yarageze kuri byinshi cyangwa se akomeye. Dupima abantu, na twe ubwacu turimo, mu byo dukora no mu byo tugeraho, bityo bigatuma twiha gahunda ndende.

(2) Abantu bashobora kugira byinshi bakora ari uburyo bwo guhisha ubunebwe bwabo. Kujya hirya no hino mu bintu akenshi bitari ngombwa ni uburyo rimwe na rimwe bwo kwihunza ibitureba by’ingenzi cyangwa se bikomeye kurushaho. Ibi bikunze kuboneka ku bapasitoro. Bamwe bashaka kugira byinshi bakora bitandukanye aho kumara amasaha menshi bakora kandi batekereza ku Ijambo ry’Imana cyangwa igice cyo mu Byanditswe. Niba umupasitoro adafata igihe cyo kwiga no kumenya Ijambo ry’Imana, mbese yashobora ate kuyobora abantu ku mazi atuje kandi acecetse y’Ijambo ry’Imana?. Iri hame ni iryacu twese.

(3) Abantu bashobora kugira byinshi bakora kubera kwifuza. Abantu barifuza cyangwa bakunda ibintu. Matayo 6 ni igice kizwi na bose gisobanura ibi. Abantu, barakora, bagakora, bagakora kubera bafite iby’ibanze by’akajagari kandi ntibanyurwa; ibihagije nta na rimwe bibahaza. Nk’ingaruka, bakurikirana ibyo muri ubu bugingo kuva mu gitondo kugeza nimugoroba. Iyo binjije amadolari 70.000 uyu mwaka, umwaka ukurikiyeho bateganya imirimo myinshi kurushaho, bityo bakaba bakwinjiza amadolari 90.000. Kwifuza amafaranga ni ikintu kimwe. Ibi bishobora kubamo kwifuza imbaraga, guhimbazwa, icyubahiro, imyanya, ubutunzi n’umutekano.

(4) Abantu bashobora kugira byinshi bakora kubera bita ku gushaka gushimisha abantu aho gushimisha Imana. Ntibigeze biga kuvuga ‘oya’ bigira akamaro ku bushobozi bwacu bwo guhorana iby’ibanze by’Imana imbere yacu. Niba tudakoze gahunda y’ibyo tugomba gukora ngo tumenye ibyo dukwiriye gukora n’ibyo dukwiriye kureka, abandi bazabidukorera. Ibyacu bizaba uburyo busa no kugambanirwa aho kuba ibyo twiyemeje. Icyitegererezo cyiza kiri mu Byakozwe 6:1-7. Igihe intumwa zihuye n’ikibazo cyo gufasha abantu, zagikemuye zibanza gushyiraho iby’ibanze zikurikije amahame yo muri Bibiliya. Zaravuze ziti : ‘Ntibikwiriye ko turekera kwigisha Ijambo ry’Imana, kwicara ku meza tugabura. Nuko bene data mutoranye muri mwe abo twashyira kuri uwo murimo.’ Aho kugira ngo bongere uyu murimo ku byo bari basanganywe, bahaye abandi ububasha bwo kuwukora. Iby’ibanze byo muri Bliblia n’ubushake bw’Imana kuri twe, buri muntu ku giti cye bigomba kwerekana ibyo dukora aho kuba ibyo abantu bashaka cyangwa bakeneye.

Kubara iminsi yo kubaho kwacu, binavuga gusuzuma uko igihe dukoresha kimeze. Uburambe bw’igihe tumara ku kintu akenshi ntabwo ari ingenzi nk’uko icyo kiba kimeze. Ntitugomba kureba aho igihe cyacu kijya gusa, ahubwo n’uko tugikoresha n’impamvu. Mu kuvuga uko dukoresha igihe nshaka kubaza niba tugikoresha neza. Ese tugikoresha neza? Mujya mufata igihe cyo gusoma Ijambo ry’Imana n’indi mishinga isaba gutekereza no kuba menge iyo mutananiwe, cyangwa se murumva mufite intege? Iyo muri hamwe n’umuryango wanyu, mbese ubwenge bwanyu n’umutima wanyu biba byibereye ahandi? Ese mufite ibibarangaza? Urugero, nk’iyo muri mu rusengero, muba muriho mutekereza iki?

Impamvu ni ngombwa cyane. Tugomba kureba impamvu n’intego byacu mu gukoresha igihe. Nk’abizera dukeneye intego n’umugambi. Ibyo dukora byose byagombye gukorwa mu buryo busohoza intego za Bibiliya. Dukeneye (a) imigambi (y’ako kanya cyangwa y’igihe kirambye buhoro), (b) intego (z’igihe kiringaniye), na (c) umurimo twitumye (w’igihe kirekire). Bityo icyo dukora cyose mu gukoresha igihe cyacu cyagombye gushingira kuri ibyo. Ibi birimo kuruhuka, gukina, kugorora ingingo, kwishimisha, kimwe no gukora, gufasha n’umurimo w’Imana.

Bamwe mu ntiti n’abahimbyi bakomeye ni abantu baruhukaga buke. Kuki? Kubera ko byabafashaga gutekereza no gukoresha neza igihe cyabo. Bari abantu bafite intego bagamije (1 Abakorinto 10:31).

    Zaburi 39:4-5

Uwiteka, Umenyeshe iherezo ryanjye, n’urugero rw’iminsi yanjye; Menye ko ndi igikenya. 5 Dore, wahinduye iminsi yanjye nk’intambwe z’intoke; Igihe cy’ubugingo bwanjye kuri wowe kimeze nk’ubusa : Ni ukuri umuntu wese, n’ubw’akomeye, n’umwuka gusa. Sela.’

Ibihe iyi Zaburi yandikiwemo byari ibihe byo guhanwa kwa Dawidi mu bugingo bwe (imirongo ya 8-11). Ntitubwirwa igihe ibi byabereye cyangwa icyo icyo gihano cyari cyo. Turabona gusa ko Dawidi yumvise ukuboko kuremereye kw’Imana mu bugingo bwe kandi akaba yarababazwaga mu mutima no mu bwenge. Ariko Ibyandistwe bitwigisha ko uguhana nk’uko ari uburyo Imana ikoresha nk’umubumbyi mu gutunganya no kunoza ubugingo bw’abantu bayo. Ikoresha ubwo buryo ngo idukure mu byaha no mu bugingo bwishingikiriza kuri nyirabwo ngo itugeze mu gukura guhamye no mu kwishingikiriza Imana ubwayo mu by’Umwuka. Kubera ko ari Yo soko y’ubugingo, ni na Yo igomba kuba uburyo bwacu n’impamvu zacu z’ubugingo. Ariko mu kuyigomera, umuntu ashakira muri ubu bugingo icyo budashobora kandi butigeze bugenerwa gutanga. Umuntu areba ku kumererwa neza kwe, ibinezeza, ibyo akurikirana, ibyo ageraho, n’ubutunzi ngo abonemo agaciro, gukomera, kunyurwa, n’umutekano mu bugingo. Ariko bumwe mu butumwa bukomeye bwo muri Bibiliya ni uko ibyo bibonerwa mu Mana yonyine.

Ubugingo bw’umuntu ni ubw’igihe gito, ni nk’intambwe y’ikiganza bakoreshaga mu bipimo mu gihe cya Dawidi. Ubugingo bw’umuntu ni nk’umwuka w’umuntu ubonwa mu gitondo iyo hakonje kandi ugahita ubura. Budafite Imana , ubugingo bw’umuntu ntacyo bumaze, ni nka baringa cyangwa igicucu. Umuntu ashobora kwirundira ubutunzi bwinshi, ariko ntashobora gupfa ngo ajyane na bwo. Arabusiga kandi ntawe umenya uko icyubahiro cye n’ubukire bwe biyoyoka.

Dawidi yari azi ko umuntu adafite Imana, nta byiringiro n’umumaro w’ubugingo yaba afite. Nk’umuntu wubahaga Imana, nubwo yari ashobewe kandi ababaye, aho kwerekana uko gushoberwa kwe imbere y’abandi byashoboraga gutukisha Imana, yahisemo gufunga umunwa we (Zaburi 39:1). Mu gihe yatekerezaga ku bugingo bwe no ku bugingo muri rusange, guceceka kwe kwararangiye aravuga, ariko si imbere y’abantu, ahubwo nk’uko byagombaga kuba, ni mu masengesho ku Mana. Yasabiye gusubizwa, asaba ubwenge ngo abashe kumenya icyo Imana yashakaga ko amenya no gushyira mu bikorwa akurikije ko ubugingo ari bugufi. Gusenga kwa Dawidi kutwereka ukuntu ibidasobanutse byo mu bugingo bidatanga ibyiringiro kereka iyo birebewe mu mucyo w’Imana ihoraho kandi izi byose n’umugambi wayo kuri twe nk’uko twabihishuriwe muri Bibiliya.

None ni iki Dawidi yasabaga igihe yasengaga ati, ‘Uwiteka, umenyeshe iherezo ryanjye, n’urugero rw’iminsi yanjye; menye ko ndi igikenya’. Bamwe bashobora kuvuga ko yasabaga, akurikije ko ubugingo bw’umuntu ari ubw’akanya gato kandi buhita nk’igicucu, ati mbese intego n’umumaro by’ubugingo bwanjye, bw’iminsi yo kubaho kwanjye ni ibihe? Ariko ahari ibi si byo Dawidi yasabaga mu by’ukuri. Yarasabaga ati, Uwiteka mfasha ngo ntashyira amagi yanjye yose mu gitebo cyoroshye, cy’akanya gato gihita cyihuta. Kubera ko Abisirayeli bagombaga kuba abagwaneza bakanafasha umunyamahanga n’umusuhuke (Gutegeka 10:18-19), bityo Dawidi yarimo asaba Imana kumufasha kubaho nk’umunyamahanga n’umusuhuke wishingikiriza k’Uwiteka muri byose (umurongo wa 12) aho kwiringira iyi si y’igihe gito.

Reba ukuntu asoza ibitekerezo bye ku guhita vuba agira intege nke k’ubugingo mu murongo wa karindwi.

“Mwami, none ntegereje iki? Ni wowe niringira.”

‘None’ ni ijambo ry’Igiheburayo atah ryerekana igihe kandi risobanura ngo ‘ubu’. Ariko iri jambo rikoreshwa akenshi nk’iribanziriza ibikurikira mu mucyo w’ibiriho ubu, ni ukuvuga ngo ‘nk’uko ibintu biriho ubu, aho mpagaze ni aha’, cyangwa se ‘nk’uko ibintu biriho ubu, ni iki gikwiriye gukorwa?’ Dawidi yarimo avuga ati nk’uko ibintu biri, nk’uko biriho muri iyi si, hamwe n’uko ubugingo bw’umuntu ku isi buri, bw’igihe gito kandi butagira umumaro, ‘mbese ntegereje iki?’ Inshinga ‘gutegereza’ ni gawa ivuga ‘gutegereza, gushaka wiringiye kubona, ibyiringiro’. Harimo igitekerezo cyo kwihanganira gutegereza mu kwizera wiringiye ko icyo wizeye kizaguha icyo utegereje. Dawidi yabishyize mu kibazo. Mbese hari icyo ntegereza kuri ubu bugingo n’ibihendo byabwo ngo kinshimishe cyangwa kinyereke agaciro k’ubu bugingo? Aherako atanga igisubizo cye yikiriza. ‘Ibyiringiro byanjye biri muri wowe’. Imana yonyine ni Yo yari ibyiringiro bye.

Kuba ibisonga byiza mu by’igihe ntibivuga ko tudakwiriye kwishimira ibintu byiza byinshi Imana iduha muri ubu bugingo. Ni koko muri 1 Timoteyo 6:17 hatwigisha ko Imana ‘iduha byose ititangiriye itama, ngo tubinezererwe’. Ariko tugomba kumenya ko mu kunezerwa kwacu, tutagomba gushyira ibyiringiro byacu mu bitiringirwa byo muri iyi si byo kumererwa neza cyangwa ibyishimo cyangwa imbaraga cyangwa umwanya cyangwa ubukire, ahubwo ni mu Mana yonyine (1 Timoteyo 6:17; Zaburi 62:1-12). Bityo Dawidi asoza iyi Zaburi asaba Imana kumukuriraho igihano ngo yishimire igihe afite ku isi (umurongo wa 13).

1 Timoteyo 6:17 ‘Wihanangirize abatunzi bo mu by’iki gihe, kugira ngo be kwibona, cyangwa kwiringira ubutunzi butari ubwo kwizigirwa, ahubwo biringire Imana, iduha byose itimana ngo tubinezererwe.’

Zaburi 62:1-12 ‘Umutima wanjye uturiza Imana yonyine: Ni Yo agakiza kanjye gaturukaho 2 Niyo gitare cyanjye yonyine n’agakiza kanjye. N’igihome kirekire kinkingira : Sinzanyeganyezwa cyane. 3 Muzageza he gutera umuntu, ngo mumwicane mwese, Nk’inkike ibogamye, nk’uruzitiro runyeganyega? 4 Iki cyonyine ni cyo bajya inama, ni ukugira ngo bamusunike, ngo agwe, ave mu cyubahiro cye : Bishimira ibinyoma : Basabirisha umugisha akanwa kabo, ariko bavumisha imitima yabo. Sela. 5 Mutima wanjye, turiz’Imana yonyine; kuko ari yo ibyiringiro byanjye biturukaho. 6 Ni yo gitare cyanjye yonyine n’agakiza kanjye; Ni igihome kirekire kinkingira : sinzanyeganyezwa. 7 Imana ni y’irimo agakiza kanjye n’icyubahiro cyanjye : Igitare cy’imbaraga zanjye n’ubuhungiro bwanjye biri mu Mana. 8 Mwa bantu mwe, mujye muyiringira : Ibyo mu mitima yanyu mubisuke imbere yayo : Imana niyo buhungiro bwacu. Sela. 9 Ni ukuri aboroheje ni Umwuka gusa, kandi abakomeye ni ibinyoma : Ni bashyirwa mu gipimo, ntibazika, bazateruka; Bose bateranye, Umwuka ubarusha kuremera. 10 Ntimwiringire agahato, Ntimwizigirire ubusa kunyaga : Ubutunzi nibugwira, ntibuzabaherane imitima. 11 Imana yavuze rimwe; nabyumvise kabiri, ngo Imana ni yo ifite ububasha : 12 Kandi ni wowe, Mwami, ufit’imbabazi : kuko witura umuntu wese ibikwiriye umurimo we.’

    Umubwiriza 3:1-8

‘Ikintu cyose kigenerwa igihe cyacyo, n’icyagambiriwe munsi y’ijuru cyose gifite umwanya wacyo : 2 hariho igihe cyo kuvuka, n’igihe cyo gupfa; igihe cyo gutera n’igihe cyo kurandura ibikuri; 3 igihe cyo kwica n’igihe cyo gukiza; igihe cyo gusenya, n’igihe cyo kubaka; 4 igihe cyo kurira, n’igihe cyo guseka; igihe cyo kuboroga n’igihe cyo kubyina; 5 igihe cyo kujugunya amabuye, n’igihe cyo kuyarunda; igihe cyo guhoberana, n’igihe cyo kwirinda guhoberana; 6 igihe cyo gushaka, n’igihe cyo kuzimira; igihe cyo kwimana, n’igihe cyo gutanga; 7 igihe cyo gutabura, n’igihe cyo kudoda; igihe cyo guceceka, n’igihe cyo kuvuga; igihe cyo gukunda, n’igihe cyo kwanga; 8 igihe cy’intambara, n’igihe cy’amahoro.’

Salomo aratwigisha ko ibintu byose cyangwa ibikorwa byose mu bugingo nk’uko byerekanwe mu mirongo ya 2-8 bifite ‘igihe’ cyabyo (zeman, igihe, igihe cyagenwe) n’isizeni (eth cyangwa etz, uburambe, umwanya). Bimwe muri ibi bintu bibaho rimwe gusa mu bugingo mu gihe ibindi bigenda bigaruka. Ikintu cy’ingenzi ni ukumenya ko Imana yashyizeho ibihe kuri buri kintu cyo muri ubu bugingo (umwanya, ibyo dushinzwe, ibitugerageza) kandi ko tugomba gufata igihe cyo gukora ibikenewe. Nk’uko Banks abyerekana, ‘uko ikintu giteye, icyo umuntu ahura na cyo, intera mu bugingo cyangwa ubumwe byerekana ubwoko n’uburambe bw’igihe kigomba kugenerwa icyo kintu.’106

    Umubwiriza 3:9-11

‘Iby’umuntu akora yirushya bimumarira iki? 10 Nabony’umuruho Imana yahaye abantu ngo barushywe na wo. 11 Ikintu cyose yakiremye ari cyiza mu gihe cyacyo. Kandi yashyize ibitekerezo by’igihe cy’iteka mu mitima yabo, uburyo umuntu atabasha gusesengura imirimo Imana yakoze, uhereye mbere na mbere ukageza ku iherezo.’

Nk’uko imirongo ya 1-8 ibyerekana, ibintu bikwiriye mu gihe cyagenwe n’Imana birimo ibintu bibiri bitandukanye kandi kimwe kirubaka ikindi kirasenya. Ibi bishobora kuzana ikibazo cyavuzwe mu murongo wa 9, ‘ibyo umuntu akora yirushya bimumarira iki?’ Ariko iki kibazo gisubizwa mu mirongo ya 10-11. Imana yakoze buri kintu ku buryo bukwiriye, buboneye (iri jambo risobanurwa ngo ‘bukwiriye’ {NASB} cyangwa ‘buboneye’ {NIV} mu gice cya 5:18) mu gihe cyacyo. Ijambo ry’Igiheburayo rivuga cyiza. Muri Bibiliya yitwa Septante (Ubusobanuro bw’Ikigiriki bw’Isezerano rya Kera) risobanurwa na “Kalos” rivuga “ikiri mu rugero,” cyiza, gikwiriye, gifite akamaro. Abantu batitegereje ibihoraho ntibabasha kubibona. Kubera iyi mpamvu, Imana yashyize mu mutima w’umuntu gusobanukirwa iby’iteka ngo abashe kureba hirya y’ubu bugingo. Ibi, birumvikana, ni ukuri ku babona uko igihe kivugwa mu Ijambo ry’Imana. Mu Isezerano Rishya bisobanurwa mu buryo bw’abahagarariye Imana ku isi / abasuhuke.

Nyamara, ntibyoroha iteka kumenya akamaro k’umwanya wihariye mu gihe. Hamwe na Pawulo dushobora gushoberwa mu bihe bimwe na bimwe, ariko ntitugomba kwiheba (2 Abakorinto 4:8). Ntitumenya iteka agaciro k’ibice by’ibihe, ariko dushobora gusubira mu magambo y’umunyezaburi: ‘Ariko ku bwanjye ni wowe niringiye, Uwiteka, naravuze nti: “Uri Imana yanjye. Ibihe byanjye biri mu maboko yawe …” (Zaburi 31:14 - 15a).107

    Umubwiriza 9:12 - 13

‘Erega nta muntu uzi igihe cye, ukwo amafi afatwa mu rushundura, n’inyoni nazo zikagwa mu mutego, uko niko abantu nabo bategwa mu gihe cy’amakuba, iyo baguwe gitumo. 13 Kandi nabonye ubwenge munsi y’ijuru, bwambereye igikomeye.’

Aha Salomo araduha imyifatire umuntu wese akeneye. Bagomba kubaho nk’abari mu Uwiteka kandi bagafata imyanya hafi ya yose Imana ibaha, ariko bagomba gusobanukirwa iteka ko ibivugwa n’uburambe bw’ubugingo bitamenywa mbere. Nta n’umwe ushobora guhamya ko azanesha cyangwa atabona bitaraba uko Imana izamugenza.108 Umubwiriza 11:2 yongeraho ati, Ubigabanye barindwi, ndetse n’umunani; kuko utazi ibyago bizatera ku isi ibyo ari byo.

Bityo isomo ni uko dushobora ndetse twagombye kunezererwa ubugingo n’igihe Imana iduha ku isi, ariko tutamenye kandi ngo dukunde Imana, nta kintu ku isi cyagira agaciro k’iteka. Intego n’akamaro by’ubugingo ntibishobora kubonwa mu bintu cyangwa iby’igihe gito. Imana yonyine ni Yo ibiduha. Kubera ko ari uko biri, Imana ni Yo igomba kuba iy’ibanze mu bugingo (Matayo 6 : 33 - 34).

      Ibice byo mu Isezerano Rishya

    Abaroma 13:11 - 14

‘Nuko mujye mugenza mutyo, kuko muzi yukw’igihe cyo gukanguka gisohoye rwose. Dore agakiza kacu karatwegereye, kuruta igihe twizereye, 12 Ijoro rirakuze, burenda gucya. Nuko twiyambure imirimo y’umwijima, twambare intwaro z’umucyo. 13 Tugendane ingeso nziza, nk’abagenda mu mucyo, tutagira ibiganiro bibi, tudasinda, tudasambana, tudakora iby’isoni nke, tudatongana, kandi tutagira ishyari. 14 Ahubwo mwambare Umwami Yesu Kristo, kandi ntimuhe urwaho imibiri yanyu, ngo ibone uko ikora ibyo yifuza.’

Nuko mujye mugenza mutyo kuko muzi igihe. Intumwa iratwigisha ko dukeneye kuyobora igihe dukurikije ukuri kw’Ijambo ry’Imana n’icyo riduhishurira cyerekeye ibihe. Kumenya ibi bitubera impamvu ikomeye yo kubaho twubaha Imana nk’uko bivugwa mu mirongo ibanziriza uyu. ‘Igihe’ ni ijambo rikomoka ku Kigiriki Kairos. Ritandukanye na Chronos rishobora kuba ryerekeye ku gihe cyakoreshejwe, cyangwa se ku burambe bw’igihe, Kairos akenshi ryerekera ku gihe runaka cyangwa kizwi, kandi cyane cyane ku gukoreshwa neza kwacyo cyangwa ku biranga igihe cyihariye n’ibijyana na cyo. Bityo ryerekeye ku gihe runaka, umwanya wo gukora ikintu, igihe cy’ingirakamaro, igihe cyangwa ibihe byuzuye, igihe cyakiriwe neza, igihe cy’agakiza, cyangwa igihe gikomeye (Abagalatiya 6:10; Abakolosayi 4:5; Ibyakozwe 14:17; Abagalatiya 4:4; Abefeso 1:10; 2 Abakorinto 6 : 2; 2 Timoteyo 3 : 1). Kairos rikoreshwa inshuro 85 mu Isezerano Rishya; 30 muri zo ni Pawulo urikoresha.

Uburyo buhamye kandi bugize uko umukristo afata igihe ni ukwemera ko, hamwe no kuza kwa Kristo, igihe rukumbi cyihamya Kairos cyaratangiye, ni cyo ibindi bihe byose bifatiraho.109

Mariko 1:15, Abagalatiya 4: 4, 2 Abakorinto 6: 2 hagaragaza neza ko hamwe no kuza kwa Yesu Kristo, igihe gishya cyatangiye ari cyo gihe cyemerwa, igihe cyo kubona Imana no kugira agakiza kayo ku bw’ubumuntu n’umurimo by’umucunguzi Mesiya wategerejwe igihe. Uyu Mucunguzi yambaye umubiri w’umuntu, yigisha abantu, apfa kubera ibyaha byacu, azurwa mu bapfuye, none ubu yarazamuwe yicara iburyo bw’Imana. Ni muri uyu mwanya w’icyubahiro, ku bw’umurimo w’Umwuka Wera n’umubiri wa Kristo, Imana ishaka kwiyegereza abantu bose.

Mariko 1:15 ‘Igihe kirasohoye, ubwami bw’Imana buri hafi:nuko mwihane, mwemer’ ubutumwa bwiza.’

Abagalatiya 4 : 4 ‘Maze igihe gikwiriye gisohoye, Imana yohereza Umwana wayo, wabyawe n’umugore, kandi wavutse atwarwa n’amategeko.’

2 Abakorinto 6 : 2 ‘kuko yavuze iti : Mu gihe cyo kwemererwamo narakumviye, No ku munsi wo gukirizwamo naragutabaye. Dore none ni cyo gihe cyo kwemererwamo, dore none ni wo munsi wo gukirizwamo.’

Kubabazwa, gupfa, kuzuka, no kuzamurwa kwa Yesu si ibintu by’amateka yahise gusa. Ahubwo, ibi ni ibintu by’ingenzi mu gihe byatwakiriye mu gihe cy’agakiza cyo Pawulo yasobanuye nk’igihe cyo kwamamaza umubiri wa Kristo. Kubw’ubugwaneza bw’Imana, uyu ni umunsi abantu b’indimi zose, amoko yose, n’ibihugu byose bashobora kubona agakiza ku bwa Kristo ni twamamaza Ubutumwa bwiza.

Ariko ubwo ubu ari Kairos y’agakiza, ni n’ubundi bwoko bwa kairos, igihe kivugwa ko gikomeye (2 Timoteyo 3:1), nk’ababaho mu minsi mibi (Abefeso 5:16), kandi nk’igihe cy’ijoro. Ni igihe, icyakora, ijoro ryamaze kugenda amanywa akaba yegereje (Abaroma 13:11). Umunsi wegereje ni umunsi wo kugaruka kwa Kristo igihe azatwakira mu bihe (mu bwinshi) byagenwe mu bwami bw’imyaka igihumbi bwo kwima kwa Kristo ku isi (Abefeso 1:11).

Mu gihe kwizera kuzana agakiza no kubabarirwa ibyaha, kuzana n’uruhare rukomeye ku by’igihe. Kwizera kuduhamagarira kubaho mu bwenge kubera kamere y’iyo Kairos nk’ikomeye kandi yuzuye ibibi mu gihe na none dufite mu bwenge ukuri kw’umunsi uzaza ku mperuka y’iki gihe turimo. Guhamagarirwa kubaha Imana mu mirongo ibanza bishingiye ku gusobanukirwa neza intego isumba byose y’Imana ku bw’iki gihe cy’umwijima, kubera ko kwerekera ku kurangira kw’ibintu byose mu gice cya nyuma cy’agakiza kiza ku bantu ba Kristo. Ikivugwa ni uko dukeneye kumenya kamere y’iki gihe nk’igihe cy’umwanya w’agakiza, ariko na none nk’icy’akanya gato kandi kibi gitandukanya n’ubwiza bw’ikizaza ari cyo gihe cy’umucyo w’iteka n’ibihe byagambiriwe (Abefeso 1:11). Bityo kubaha Imana bijyana no gusobanukirwa kamere y’igihe mu mugambi w’Imana.

    Abefeso 5 : 15 - 17

‘Nuko mwirinde cyane uko mugenda, mutagenda nk’abatagira ubwenge, ahubwo mugende nk’abanyabwenge 16 mucunguze ubury’umwete, kuko iminsi ari mibi. 17 Nuko ntimukabe abapfu, ahubwo mumenye icyo Umwami wacu ashaka.’

Intumwa iraduhamagarira kugenda twirinda kubera ko iminsi turimo muri iyi si y’ubu ari mibi. ‘Mibi’ ni Poneros rivuga, ikigome, kibi, kitari cyiza, gisuzuguritse, kitagira umumaro, kigira ingeso mbi, kigenda kiba kibi.110

Satani yitwa ‘Umubi’ (ho poneros) kandi ni ukuri, ububi bw’iyi minsi bwongerwa n’ibyo Satani akora nk’umutware w’iki gihe (Yohana 12: 31; 14: 30; Abefeso 2: 2; 6: 12). Iminsi ivugwa ntagushidikanya ko ari mibi kubera yuzuye ibitekerezo, iby’agaciro, no gukoreshwa bisenya kandi bitandukanye n’imigambi y’Imana, ariko na none ni mibi kubera ubwinshi bw’ibihendo n’ibigeragezo byagenwe n’Umubi mu gukura abantu ku Mana n’ubushake bwayo (2 Abatesalonike 2:10; 2 Timoteyo 2 26; Ibyahishuwe 12:9). ‘Mukoresha igihe cyanyu cyose’ cyangwa ‘mucunguza uburyo umwete’. Igihe ni Kairos ryasobanuwemo haruguru. Inshinga ni (exagarazo), ‘kubatura, gucungura, kugura byose’. Iyi nshinga ikoreshwa mu buryo bwo ‘kwongera kugura’ cyangwa ‘gucungura’ mu Bagalatiya 3:13 na 4:5 ku byerekeranye no kubatura abizera mu mategeko. Mu ijwi ryo hagati nk’aha ishobora kugira igitekerezo cyo ‘kwigurira byose’.111 Gukoresha ijwi ryo hagati byerekana inyungu ibonwa mu gucungura igihe Imana yaduhaye mu isi.

Ubugingo bwa kera bw’umwijima nk’abana bo kurimbuka bugomba guhinduka ubugingo bw’umucyo nk’abana b’Imana bashaka kwerekana ibishimisha Umwami (Abefeso 1:1-14). Hamwe n’ibi haza uruhare rwo gukoresha neza iki gihe. Impamvu, mwibuke, ni uko iminsi ari mibi. Yuzuye ibishuko n’ibigeragezo bigenewe kutubuza ubushake bw’Imana. Abefeso 5: 5-18 hashishikariza abizera kuba maso no kugendera mu bwenge bitonze kandi bayobowe n’Umwuka kugira ngo bamenye ubushake bw’Imana kandi baneshe ikibi cy’iyi minsi. Bityo, indi ngaruka y’uku kugendera mu bwenge twitonze ni ubushobozi bwo gucungura igihe kuva mu bubata bw’umumaro n’ibikorwa bitagira inyungu mu gihe hano ku isi ibyo bidashimisha Imana kandi bitagira agaciro k’iteka.

    Abagalatiya 6 : 9 - 10

Twe gucogorera gukora neza, kuko igihe nigisohora, tuzasarura nitutagwa isari. 10 Nuko rero, tugirire bose neza uko tubonye uburyo, ariko cyane cyane ab’inzu y’abizera.’

Hakurikijwe amategeko y’isarura (imirongo ya 7 - 8), intumwa idushishikariza ubugingo bwo kwitangira ibyiza by’abandi, ku bantu bose, ariko cyane cyane ku b’inzu y’abizera (imirongo ya 9 - 10). Mu guhugura kwe, akoresha Kairos inshuro ebyiri, rimwe mu murongo wa 9, ‘igihe gikwiriye’, no mu murongo wa 10, ‘uko tubonye uburyo’. Mu murongo wa 9, Kairos ikoreshwa hamwe na ntera idios, ‘icy’umuntu, cyigenga, cyihariye’, cyangwa se ‘icyihariye, icyitaruye, igikwiriye, ikiboneye’112. Bivuga ngo, ‘mu gihe cyacyo’, bivuga igihe gikwiriye kandi kiboneye, ibi bishobora kuba kandi igihe cyo gusoroma, igihe cyo gusarura. Hari igihe kigiye kuza kizarangwa n’isarura, igihe cy’ingororano ku bw’umurimo wo kwiringirwa. Umurongo wa 9 uhinduka impamvu y’umurongo wa 10.

Mu murongo wa 10, Kairos rikoreshejwe hamwe na Hos, rikoreshwa nk’icyungo cyerekana igihe gito kivuga ngo ‘mu gihe, igihe cyose’. Mu gihe Kairos mu murongo wa 9 ivuga iby’ingororano zizatangwa mu gihe kizaza, umurongo wa 10 wo uvuga kuri Kairos y’ubu iyo Imana yageneye buri wese muri twe nk’igihe n’uburyo bwo gukora ibyiza cyangwa se kubiba imbuto nziza mu buryo bw’ibikorwa byo kwitanga kubwo gukunda abandi. Amahame agenga gukora neza ari ukubiri: (a) ukubiba kwacu nta kuntu kutazagororerwa, igihe cyo gusarura kizakurikiraho, kandi (b) dukwiriye gukora ibyiza igihe tugifite uburyo, igihe cyose Umwami akiturekeye aha ku isi. Iki ni igihe dufite cyo kubiba imbuto nziza.

    Abakolosayi 4: 5-6

‘Mugendere mu bwenge, ku byo mugirira abo hanze, mucunguze uburyo umwete. 6 Ijambo ryanyu rifatanye iteka n’ubuntu bw’Imana, risize umunyu, kugira ngo mumenye uko mukwiriye gusubiza umuntu wese.’

Amagambo y’uyu murongo asa n’ayo mu Befeso 5:15, havuga ngo gucunguza uburyo umwete. Asa na none mu bitekerezo nk’Abagalatiya 6:10 ku byerekeye ibyo gukoresha igihe cyose dufite. Mu gihe mu Bagalatiya 6:10 havuga ibyo kwitangira ibyiza by’ubwoko bwose, igitekerezo aha ni ugutanga ubuhamya bwiza mu batizera. Kugirira neza abantu bose no gutanga ubuhamya bwiza birumvikana birajyana. ‘Uburyo’ ni Kairos kandi na none, aho kwibanda ku gihe runaka, intumbero iri ku gihe kiramba hamwe n’uburyo butandukanye ku bw’uburenganzira n’uruhare twahawe.113

Hamwe n’ubuhamya bwacu ku batizera, dufite uruhare mu bintu bibiri: (a) Uko twitwara, birimo imyifatire yacu, bigomba kuba byiza kandi mu buryo bushobotse bwose; kandi (b) uko twitwara nk’uko bigaragarira mu byo tuvuga, bisize umunyu neza ngo bibashe kunyura umuntu dushaka kugeza kuri Kristo.

    1 Petero 1:17; 2:11

1:17 ‘Kandi ubwo uwo mwambaza mumwita So, ari ucira umuntu wese urubanza rukwiriye ibyo yakoze, ntarobanure ku butoni, mumare iminsi y’ubusuhuke yanyu mutinya.’

2:11 ‘Bakundwa, ndabahugura, ubwo muri abasuhuke n’abimukira, kugira ngo mwirinde irari ry’umubiri ry’uburyo bwinshi rirwanya ubugingo.’

‘Iminsi’ mu gice cya 1:17 ni Chronos ryerekeye gusa ku burambe bw’ubugingo bw’umuntu ku isi hamwe no guhita vuba kwabwo. Ku rundi ruhande, ijambo ‘ubusuhuke’, mu gihe na ryo ryerekeye ku guhita vuba, ryerekeza intumbero yacu ku myifatire n’imibereho ubugingo bukwiriye kugaragaza uko dukwiriye kwitwara muri icyo gihe. Tugomba kubaho nk’abasuhuke.

Ishingiro n’impamvu ry’iyi nyigisho bishingiye ku mirongo ibanza kubera impamvu zitari zimwe :

(1) Dufite Umukiza muzima n’ibyiringiro bizima kubwo kuzurwa mu bapfuye kwa Kristo, kandi turangamiye imbere kuri gakondo itabasha kubora no kwandura cyangwa kugajuka, ibikiwe mu ijuru abizera kuko ari abenegihugu bo mu ijuru (1 Petero 1: 3-4). Mu yandi magambo, gakondo yacu yo mu ijuru ni ikintu gitandukanye cyane na gakondo yacu yo muri iyi si. Umwami yabitwibukije atya:

Matayo 6: 19 - 21 ‘ Ntimukibikire ubutunzi mu isi, aho inyenzi n’ingese ziburya, kandi abajura bacukura bakabwiba; 20 mwibikire ubutunzi mu ijuru, aho inyenzi n’ingese zitaburya, n’abajura ntibacukure ngo babwibe : 21 kuko ah’ubutunzi bwawe buri, ariho n’umutima wawe uzaba.’

(2) Nka bamwe agakiza kabo karinzwe n’imbaraga z’Imana, tureba imbere ku by’agakiza kazaza bizahishurwa mu kugaruka no guhishurwa kwa Kristo (1 Petero 1 : 5 - 14).

(3) Hagati aho, tugomba kwibuka ko turi abana b’Imana Yera. Ibi bivuga ko tugomba kuba abera tukabaho nk’abasuhuke, tukazibera abatoranijwe mu buryo tubaho (1 Petero 1:15 - 19). Ni koko, nubwo kera tutari ubwoko bw’Imana, ubu turi bwo. Mu by’ukuri, ubu turi ubwoko bwatoranijwe, abatambyi b’ubwami, ishyanga ryera, abantu Imana yironkeye, kandi abantu bafitiwe umugambi wihariye - kugira ngo twamamaze ishimwe ry’Imana yaduhamagaye ikadukura mu mwijima ikatugeza mu mucyo wayo w’itangaza (2:9 - 10).

Nk’abizera Kristo, turi abenegihugu bo mu ijuru aho tugomba gushakira Umukiza (Abafilipi 2:20 - 21). Uku kuri n’ibi byiringiro bigomba gushimangira uburyo tubaho. Ntitugomba gutura ‘nk’abo mu isi’, babaho nk’aho iyi si ari ho imuhira cyangwa ari yo yonyine ubugingo bukeneye. Murumva imyifatirere mvuga iyo ari yo -‘tugomba kwishimisha uko dushoboye kuko tubaho rimwe gusa’-. Ahubwo, abizera Kristo bagomba kubaho nk’abasuhuke bafite ubwenegihugu n’imuhira nyakuri mu ijuru. ‘Ubusuhuke’ muri 1Petero 1:17 ni Ikigiriki Paroikia (....) kandi ryerekeye ku bugingo bw’umusuhuke uba mu gihugu cy’amahanga cyangwa cy’ubusuhuke. Ryerekana ubugingo bw’umuntu ubaho nk’umusuhuke mu mahanga kugira ngo akore, ahari nk’uhagarariye igihugu cye. Ariko kuri uyu muntu, imuhira n’ubutunzi bwe biri ahandi. Paroikia rikoreshwa ku busuhuke bw’Abisirayeli nk’abimukira mu gihugu cy’amahanga, igihugu cy’Egiputa (Ibyakozwe 13: 17) kubera ko bagombaga gutegereza igihugu cy’isezerano, igihugu cy’ Isirayeli.

Bityo, muri 1 Petero 2: 11, nko kuduhugurira kwirinda irari ry’umubiri rirwanya ubugingo kandi rishobora kwangiza ubuhamya duhamiriza ab’isi, intumwa Petero ahuza Paroikia na Parepidemos (.....) kugira ngo arusheho kudusobanurira uko tugomba kubaho no kubona igihe cyacu ku isi. Parepidemos rivuga umunyamahanga, umwimukira, umusuhuke, utuye ahatari iwabo kandi rikoreshwa aha ku bakristo bumva batari iwabo muri iyi si kubera ko ari abasuhuke (Zenos, umunyamahanga, umusuhuke) n’abimukira (parapidemos) ku isi (Abaheburayo 11:13).

Nagerageje gusobanura amagambo y’ingenzi akoreshwa aha mu kwerekana uko tugomba kubona igihe cyacu n’uko dukoresha igihe ku isi, ariko ahari nta kintu kibivuga neza nk’indirimbo y’Imana ya kera :

Iyi si si iwacu, ndi umushyitsi
Ubutunzi bwanjye buri hejuru,
kure y’ibicu
Abamarayika barandembuza
bakinguye umuryango w’ijuru
Sinshobora kwumva ndi i muhira
muri iyi si ukundi

Nubwo ntibuka neza amagambo, nibuka ko nasomye amagambo ya Harry Ironside muri kimwe mu bitabo bye bisobanura Bibiliya hashize imyaka myinshi ku byerekeye ukuntu yakiriwe mu ruganiriro rw’urugo rwiza rw’umuryango ukize cyane. Abonye uko urwo ruganiriro rwanganaga (rwari runini rungana n’inzu yose ya bamwe) n’ibirimo byose ukuntu byari byiza, aratekereza ati :Nta gitangaza kubona abantu bamwe batita ku byo gutegereza, ibyiza by’ijuru’. Icyo yashakaga kuvuga kwari uko abantu batunze nk’ibyo bakunze gutekereza ko ijuru barigezemo hano ku isi kandi bakaba babaho batyo.

Niba warigeze kuba mu bukonje bwo mu Majyaruguru y’Uburengerazuba (bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika) nka njye, ariko ukamenya ko mu mezi make wari kuzimukira muri Arizona y’Amajyepfo igihe gisigaye cy’ubugingo bwawe, mbese ibyo byashoboraga kugira icyo bihindura ku mibereho yawe? Niba ikoti ufite ubu rishaje, mbese ubasha kugura irishya? Ibigata by’imodoka yawe, byo kugendesha mu rubura (neige) cyangwa se imashini yawe ikuraho urubura wabigira ute? Wabigurisha cyangwa wabijyana muri Arizona? Kumenya ko igihe cyawe mu bukonje bwo mu Majyaruguru y’Uburengerazuba ari icy’umwanya muto kandi ko ushobora kuba umuturage wo muri Arizona hashyuha, byagombye guhindura imibereho yawe y’igihe usigaje mu Majyaruguru y’uburengerazuba.

Petero aratubwira ko irari ry’umubiri rirwanya umutima kandi ko rigize intango y’ibituzirikira kuri iyi si. Tureba ku kugira ibyo bintu ngo biduhe umutekano, kunyurwa, n’icyubahiro, ariko twagombye kubonera ibi muri Kristo n’iwacu mu ijuru hafite umutekano wuzuye. Ibi ni byo bigize urufatiro rukenewe ngo tuneshe intambara. Bityo hariho intambwe zitandukanye mu bice bibiri by’umurongo wa 11. Nubwo harimo ukundi kuri nko kuyoborwa n’Umwuka, ububasha bwo kurwanya irari ry’umubiri bushingiye cyane ku kuntu twitwara mu gihe cyacu kuri iyi si n’icyo dushaka gukora muri ubu bugingo.

      Amahame akomoka ku bugingo bwa Kristo

Mbese hari ubwo waba warigeze kurebera ku rutugu rwawe ngo ubone ukurura ibisa na gari-ya-moshi ndende na bya rukururana byayo byuzuye ibintu bitarangiye, ibintu washakaga kurangiza, ariko bikaba bikiri aho, bigukurikirana aho unyura? Nta gushidikanya, kimwe cyangwa byinshi muri ibyo bya rukururana byuzuye kwicira urubanza, gushoberwa kubwo kuneshwa, no gutekereza iteka uti hari ibyo gukora byinshi birenze ibyo nashobora. Wigeze se kwibaza aho igihe kijya? Twashobora kwifuza ko habaho amasaha menshi mu munsi ariko ibyo si amahitamo, si byo? Imana yahaye buri wese muri twe amasaha 24 mu munsi nta munota wiyongereyeho. Biragaragara, amasaha 24 araduhagije ngo dukore ibyo yaduhamagariye gukora. Igihe dufite mu munsi si yo ngorane.

None se, ingorane ni iyihe? Igisubizo kimwe dushobora gutanga ni uko ingorane igomba kuba ari uko twiha gahunda n’uko tugaba igihe. Simfite imibare kuri ibi, ariko nzi ko kimwe mu bintu by’ingenzi mu mangazini acuruza ibikoresho byo mu biro ari kalendari n’ingengabihe nka ‘Day Timers’ na ‘Five Star Diary’. Nta gushidikanya izi zirafasha kandi zirakenewe. Na njye mfite imwe. Ariko iyo si yo ngorane kuko abantu benshi bakurura ibyo bya rukururana by’imirimo itarangiye ari abantu batunganya gahunda zabo kurusha abandi mu isi. Ingorane irakomeye kurushaho.

Igifatika ni uko hazabaho iteka ibyo gukora byinshi birenze ibyo dushobora kurangiza, twavuga ku bikenewe, nk’umurimo, kwishimisha, gutembera, n’ibindi. Igikenewe, icyakora, si cyo twahamagariwe. Umwami Yesu wari ufite imyaka itatu gusa ngo akore umurimo We yashoboraga gushoberwa ariko ntiyigeze ahungabana ku bw’igihe n’ibyo yagombaga gukora. Inyigisho y’ubugingo bw’Umukiza itwereka ko nubwo yari afite byinshi byo gukora, ndetse akaba yarabaga ananiwe ku mugoroba, ubugingo bwe ntibwigeze bugira gususumira cyangwa guhubuka. Buri gihe wasangaga afite umwanya wo gukunda no gufasha abantu, rimwe na rimwe akamarana umwanya munini n’umuntu umwe nka wa musamariyakazi ku iriba. Yashoboraga kwemera ko gahunda ye inyurwamo n’ibyo atateguye nk’uburyo Imana imuhaye bwo gukora umurimo We. Urugero ruri muri Mariko 6 aho yahagije abantu 5.000. Umugambi We wari ukubona ahantu hitaruye ngo aruhukeho gato, ariko abonye abantu bamukurikiye, abagirira impuhwe kuko bari bameze nk’intama zidafite umwungeri. Yafashe uwo mwanya ngo abigishe kandi ahe abigishwa be isomo (Mariko 6:30-44).

Na none, reba ibi ku murimo w’Umukiza. Yitaga cyane ku bantu n’ibibababaza. Yagiraga impuhwe, ariko ku magana yakijije, hari ibihumbi atakijije cyangwa ngo afashe. Byatewe se n’uko atari abitayeho? Si ko biri. Ni uko yari azi ibyo bari bakeneye atari byo yari yahamagariwe. Yagendaga iteka yishingikirije kuri Se kandi igihe cye n’umurimo We byayoborwaga no kugenga kwa Se n’ubushake bwe. Ahari icyitegerezo kiruta ibindi kuri ibi kiboneka muri Mariko 1:32-39.

‘ Nimugoroba, izuba rirenze, bamuzanira abarwayi bose n’abatewe n’abadayimoni. 33 Ab’umudugudu wose bateranira ku irembo. 34 Akiza benshi bari barwaye indwara zitari zimwe, yirukana abadayimoni benshi ntiyabakundira ko bavuga, kuko bari bamuzi. 35 Mu museke arabyuka, arasohoka, ajya mu butayu, asengerayo. 36 Simoni n’abandi bari kumwe na We baramukurikira. 37 Bamubonye baramubwira bati: Abantu bose baragushaka. 38 Arabasubiza ati: Ahubwo tujye ahandi mu yindi midugudu iri bugufi, nigisheyo naho, kuko ari cyo cyanzanye. 39 Ajya mu masinagogi y’ab’i Galilaya yose, abwiriza, kandi yirukana abadayimoni.’

Kuba hariho gukena gukomeye kw’abantu basabaga ko abafasha biragaragara muri iki gice. Simoni Petero aratubwira ko abantu bose bamushakaga, ariko ntiyayobowe no gukena kwabo cyangwa impuhwe ze cyangwa ubushobozi cyangwa icyubahiro, nubwo yari Umwana w’Imana ubwayo. Ahubwo, yashyize imbere ubugingo bwe : yashyize iby’ibanze imbere. Afata igihe cyo kwiherera na Se (umurongo wa 35), agashaka ubushake bwa Se no gushobozwa na We ku bwa kamere ye y’umuntu, kandi agakora ubushake bwa Se. Imyifatire ya Simoni ni iy’abantu kandi iduha urugero rwiza mu ngorane zacu. Nubwo Simoni atashoboraga gukeka ko Yesu atitaye ku bantu, ikigaragara n’uko Simoni yabonye ukubura k’Umwami cyangwa kwiherera mu masengesho kwe nk’aho nta mumaro, ndetse ahari nk’ikimenyetso cy’iby’ibanze bitari byo nubwo atari ko byari biri. Simoni yarebye gusa ku gukena kw’abantu. Yesu yabonye ibyo bakeneye, ariko abirebera mu bushake bwa Se. Simoni yatangajwe n’ubwinshi bw’abashakaga Umwami n’abigishwa be. Uko biri kose, Umwami We ntiyatangaye, haba no kwa nyirabukwe wa Petero. Simoni yari ayobowe n’irari ry’ingaruka zigaragarira abantu, abantu benshi bakijijwe, ariko ntiyari ashishikajwe n’Umwami.

Ni ukuri, umutima wa Yesu wari uremerejwe n’umubabaro yabonye kwa nyirabukwe wa Simoni. Ni ukuri yabyeretse Se. Ariko igisubizo cy’igihe cye cyo gusenga cyabaye ko yahunze ibyo bari bakeneye hanyuma agakomeza ajya mu midugudu yo hafi kubwiriza ubutumwa. Kuki? ‘Kuko ari cyo cyanzanye’, ni ko yavuze. Yari azi ubushake bw’Imana ku bugingo bwe n’uko yanga kuvanwa ku izima nubwo yari aremerejwe cyane n’ibyo bari bakaneye yabonaga iruhande rwe. Byari amahitamo akurikije ubushake bw’Imana kuri We. Nubwo isi yari icyuzuye abakennye (ku mutima), mu minsi ya nyuma y’umurimo We, mbere y’umusaraba, yashoboraga gusenga ati, ‘Nakubahishije mu isi, kuko narangije umurimo wampaye gukora.’ (Yohana 17:4). Imana yari yaramuhaye igihe gihagije cyo gukora ibyo yari yaramuhamagariye gukora kandi ibyo ni byo byari bifite akamaro. Nta bya rukururana n’imirimo itarangiye byari ku ntugu za Kristo.

Abo turi bo kwose, twaba dufite impano cyangwa dushoboye, cyangwa dukomeye, ntituzashobora na rimwe kurangiza ibikenewe bidukikije cyangwa ngo turangize ibyo tubona bikenewe gukorwa. Icyakora, dushobora kubona igihe n’ububasha byo gukora ibyo Imana iduhamagarira gukora.

None ni kuki dukurura gari-ya- moshi yuzuye ibintu bitarangiye, kwicira urubanza, no gushoberwa. Turi mu isi iramya umurimo. Ni isi yagize umurimo n’ibyo umuntu ageraho isoko y’ibanze yo gutunganirwa, umutekano, no kunyurwa. Abenshi bakunze kugira icyo gipimo kidashoboka cyo gutunganirwa ku buryo bakoresha ubwonko cyane ngo babone umusaruro kandi bakore neza. Byahindutse nk’ikiyobyabwenge bakoresha ngo bumve bamerewe neza. Ariko se kuki bagomba gukoresha ubwonko gutyo? Nta gushidikanya biterwa n’irari ryo kugera ku by’icyubahiro, kugira ibyo abandi bafite, cyangwa se kugira byinshi kurusha ibyo abandi bafite, kumva bashimishijwe na bo ubwabo, cyangwa kugira icyo baratira abandi, yaba umubyeyi cyangwa bo ubwabo. Ibuka, Intumwa Petero isobanura ibi nk’irari ry’umubiri ry’uburyo bwinshi rirwanya ubugingo.’ None uko gutunganirwa abantu bashaka ni ukuhe? Mu magambo y’ab’isi, uko gutunganirwa gushakirwa mu myanya, imbaraga, icyubahiro, kwinezeza, n’ubutunzi; cyangwa se mu bwenge, amafaranga, ubwiza, ikirangirire mu mikino ngorora ngingo, umuntu ufite umubiri wubatse neza. Ku byerekeye ibi, mperuka gusoma amagambo ateye amatsiko ku byerekeye gutunganirwa:

Ni ikigeragezo, umutego, uburozi, ikiyobya-bwenge. Birareshya, bitera amatsiko, iyo ufasheho urushaho kubikunda; birashobeza. Ni nka lisansi itwara moteri y’isi, ubukungu bushingiye ku masoko yigenga. Bitangira nk’icyifuzo bigahinduka ngombwa, uburenganzira. Bitangira nk’ibyo kwimara ubute bigahinduka ibishakwa iteka. None turabishaka.114

Igitangaza muri ibi ni uko bidaterwa n’ubwinshi bw’iby’umuntu akora, cyangwa ageraho, cyangwa afite, ahubwo ntibyigera bigaragara nk’ibihagije. Ibihagije ntibiba bigihagije. Ni yo mpamvu, ku bw’ibi cyangwa ibi biyobya-bwenge abantu basa n’abadafite igihe gihagije. Bayoboka inzira itagira aho ijyana cyangwa burira urwego rwegamiye urukuta rutariho.

Umusozo

Kuba igisonga cyiza mu by’igihe Imana itanga si ugucunga iminota ngo dukoreshe igihe cyacu mu buryo butanga umusaruro. Mu kuri dukeneye gukoresha igihe cyacu mu bwenge, ariko dukeneye kurushaho gusobanukirwa igihe mu buryo bwo kumenya ibintu bikomeye by’Imana mu mateka, ibyahise, iby’ubu, n’ibizaza nk’uko bivugwa mu Byanditswe ku by’umugambi ukomeye w’Imana. Nk’uko byavuzwe mu ntangiriro y’iyi nyigisho, intego yerekeye ubusonga mu by’igihe si uko abakristo barushaho kubona ibibafata igihe. Icyo dukeneye si ubugingo burushaho kugira ibibufata igihe. Igikenewe ahubwo, ni ugukoresha neza igihe dufite hamwe no kureba icyo Bibiliya ivuga ku gihe cy’iyi isi mu buryo butatu bw’ingenzi:

Ubwa mbere, nk’uko byagaragajwe muri 1 Petero, tugomba gusobanukirwa neza abo turi bo nyakuri nk’abakristo. Turi abana b’Imana n’abene-gihugu bo mu ijuru, hano ku isi turi abasuhuke, abagenzi, abimukira. Ab’isi ku rundi ruhande, babaho nk’abene-gihugu bo kuri iyi si bashakira umumaro n’intego by’ubugingo muri iyi si yonyine. Ku mukristo, gukurikiza amabwiriza ya Petero bivuga kwakira no gukomeza iyi myifatire mishya ku birebana n’igihe cyacu ku isi n’icyo dukoresha ubugingo bwacu.

Ubwa kabiri, nk’uko Pawulo abitwibutsa mu Baroma n’Abefeso, tugomba gusobanukirwa neza aho turi aha. Tubaho mu bihe Pawulo yise ibihe by’umwijima cyangwa ijoro nk’igihe kibi, igihe gihita vuba. Buri kintu muri iyi si kigenewe kudushoboza kugira ubugingo intego yacu y’ibanze muri iyi si. Icyo dukeneye rero ni ukugenda twitonze ngo ducungure igihe Imana yaduhaye ku isi, tukirinda gukoreshwa no gutekereza kubi bitewe n’Umubi.

Ubwa gatatu, tugomba kwibaza no gusubiza impamvu turi aho turi aha. Turi aha nk’abahagarariye Kristo bahamagariwe Ubutumwa mu isi yose bwo guhindura amahanga yose abigishwa bahereye i Yerusalemu (aho tuba) no kugera ku mpera y’isi (Matayo 28:19-20; Ibyakozwe 1:8). Tugomba guhagararira Umukiza, tugahimbaza Imana, kandi tukayishimira iteka.

2 Abakorinto 5:20 ‘Ni cyo gituma tuba intumwa mu cyimbo cya Kristo, ndetse bisa n’aho Imana ibingingira muri twe. Nuko rero, turabahendahenda mu cyimbo cya Kristo kugira ngo mwiyunge n’Imana.’

1 Abakorinto 10:31 ‘Namwe iyo murya, cyangwa munywa, cyangwa mukora ikindi kintu cyose, mujye mukorera byose guhimbaza Imana.’

Abafilipi 4:4 ‘Mujye mwishimira mu Mwami wacu iminsi yose: yewe, nongeye kubivuga nti, Mwishime!’


96 Robert Banks, The Tyranny of Time: When 24 Hours Is Not Enough, InterVarsity, Downers Grove, IL, 1983, p. 32.

97 R. Alec Mackenzie, The Time Trap, McGraw Hill, McGraw Hill, New York, 1972, p. 2.

98 Charles Swindoll, Leisure, Multnomah Press, Portland, 1981, p. 1.

99 Banks, p. 51.

100 Harper’s Bible Dictionary.

101 Harper’s Bible Dictionary.

102 C. H. Pinnock, The International Standard Bible Encyclopedia, Vol. 4, Q-Z, Revised, Eerdmans, Grand Rapids, 1988, p. 852.

103 Pinnock, The International Standard Bible Encyclopedia, Vol. 4, Q-Z, Revised, p. 852.

104 Banks, p. 144.

105 Banks, p. 144.

106 Banks, p. 175.

107 Banks, p. 175.

108 The Ryrie Study Bible, NASB, Expanded Edition, Moody Press, Chicago, 1995, p. 1028.

109 The New International Dictionary of New Testament Theology, Colin Brown, Gen. Ed., Vol. 3, Zondervan, Grand Rapids, 1975, p. 837.

110 Walter Bauer, F. Wilbur Gingrich and Frederick W. Danker, A Greek-English Lexicon of the New Testament and Other Early Christian Literature, University of Chicago Press, Chicago, 1979, Logos Library Systems, electronic media.

111 G. Abbott-Smith, A Manual Greek Lexicon of the New Testament, T & T Clark, Edinburgh, 1973, p. 158.

112 Abbott-Smith, p. 212.

113 Fritz Rienecker, A Linguistic Key To The Greek New Testament, edited by Cleon L. Rogers, Jr., Regency, Grand Rapids, 1976, p. 584.

114 Ramesh P. Richard, “Success, The Consuming Addiction,” Dallas Theological Seminary’s Kindred Spirit, Winter 1996, p. 10.

Related Topics: Basics for Christians

Report Inappropriate Ad