Previous PageTable Of ContentsNext Page

ISOMO RYA MUNANI:
Ubugingo Bwuzuye Amasengesho (Igice cya kabiri)

Amahame yo gusenga aboneka muri Luka 11

Intangiriro

Ni ukuri kuvuga ngo, ‘Ibanga ryo kuneshwa kwose ni ukuneshwa kugira amasengesho mu ibanga’. Si ukuneshwa gusenga gusa, ni ukuneshwa mu masengesho. Mu mugani w’umufarisayo n’umukoresha w’ikoro, umufarisayo ni we wasenze igihe kirekire kandi kenshi, ariko amasengesho ye yari ubupfu. Amasengesho ye ntiyumviswe n’Imana kubera ko ari we, ari n’amasengesho ye, nta cyari gitunganiye Imana.

Ndakeka ko ari Oswald Smith wavuze ngo, ‘iyo dukora, ni twe dukora, iyo dusenze, Imana niyo ikora.’ Mu mateka, abagabo n’abagore Imana yakoresheje mu buryo bukomeye bari abantu bari bazi gusenga kandi kuri bo amasengesho yari ay’ibanze n’aya ngombwa. Uko twiga Ubutumwa Bwiza n’uko Umwami yigishije abigishwa be, dusanga ko amasengesho agomba kuba igice cy’ingenzi mu bugingo bw’umwigishwa. Kubw’ingero nyinshi gereranya imirongo ikurikira :

Yohana 14:12-13 ‘N’ukuri n’ukuri ndababwira y’uk’unyizera, imirimo nkora naw’azayikora: ndets’azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data. 13 Kand’icyo muzasaba cyose mw’izina ryanjye, nzagikorera kugira ngo Data yubahirizwe mu Mwana we.’

Yohana 15:7 ‘Nimuguma muri jye, amagambo yanjy’akaguma muri mwe, musabe icyo mushaka cyose, muzagihabwa.’

Concordance (iki ni igitabo gifasha umuntu mu gushaka imirongo yo muri Bibiliya iyo uzi nibura ijambo rimwe muri uwo murongo) yo muri orudinateri yerekana bwangu akamaro ko gusenga mu Ijambo ry’Imana. Muri concordance y’Icyongereza rero ijambo ‘gusenga’ n’andi ayishamikiyeho nka ‘amasengesho’ no ‘gusenga’ n’andi, aboneka inshuro 331 muri Bibiliya yitwa NASB; inshuro 545 muri KJV; n’inshuro 375 muri NIV. Impamvu iyi mibare itandukanye biterwa n’uko amagambo amwe y’Igiheburayo n’ay’Ikigiriki asobanurwa mu buryo butandukanye muri izo Bibiliya uko zitandukanye. Urugero, KJV ishobora gukoresha ijambo ‘gusenga’ aho NASB cyangwa NIV bikoresha ‘gusaba’.

Abakristo benshi bizera Bibiliya bemera nibura mu buryo by’ubuhanga, umumaro w’amasengesho. Dusoma ibitabo bivuga ku masengesho, tuyavugaho, rimwe na rimwe dusaba ko abantu badusengera ariko mu buryo bumwe cyangwa ubundi, itorero ry’uyu munsi si itorero risenga. Dushobora kugira abantu bake barwana intambara yo gusenga, ariko INTEGO n’UMUCO wo gusenga uko Bibiliya ibyigisha nk’abigishwa bihaye Umwami Yesu byananiye umubiri wa Kristo (itorero). Tuvuga ku by’uko ari ngombwa, ariko akenshi tunanirwa gusohoza ukuri kwayo.

Abigishwa bagize ibihe nk’ibi. Nabo bananiwe ubugingo bw’amasengesho kandi barabyumvise. Muri iri somo, turashaka kureba kuri Luka 11:1 no gusenga kw’umwigishwa utaravuzwe izina, ahari wasengeraga abandi bose. Iki ni igice cy’ingenzi mu kwiga iby’ingenzi bifite akamaro cyane mu mibereho yacu hamwe n’Umwami no gusohoza imigambi Ye.

Gusaba k’umwigiha (11:1)

Luka 11:1 ‘Nukw’ar’ahantu hamwe, asenga; arangije, umwe mu bigishwa be aramubwir’ati: Data-buja, twigishe gusenga, nk’uko Yohana yigishij’abigishwa be.’

Nta gushidikanya abigishwa bari barumvise ko Yohana yigishije abigishwa be gusenga n’abo Yesu rero nabo bashakaga guhabwa amabwiriza kuri byo (11:1). Ariko se aho ntihari ikindi kintu kirenze ibyo, ikintu gikomeye cyateye uku gusaba? Howard Hendricks, imyaka myinshi yashize mu butumwa yagejeje ku giterane cy’abapastoro, yaduhamagariye kwita ku cy’uko dufunguye Bibiliya zacu tugasoma duhereye kuri Matayo tukageza kuri Yohana nta hantu na hamwe dusanga abigishwa basaba ngo, ‘Mwami twigishe gutanga ubuhamya’, cyangwa ngo ‘twigishe gukora ibitangaza’, cyangwa ngo ‘twigishe uko dukwiriye kwigisha’. Ariko muri iki gice, tubona umwe mu bigishwa asaba ngo, ‘Mwami, twigishe gusenga ...’. Yoo! Mbega ukuntu ari ingirakamaro!

Iki cyari ikibazo cy’ubwenge; ikibazo cyari gikenewe cyane, kandi giturutse mu bigishwa batakundaga kwitabira iby’ingenzi by’Umwuka, iki kibazo cyaba icy’ingirakamaro cyane. Ni iki cyamuteye kubaza iki kibazo kandi ni kuki ari icy’ingenzi ako kageni?

Na none, nibutse ikintu Umwigisha wa Kaminuza Howard Hendricks yigeze kuvuga. Mbese ujya utekereza uburyo ubugingo bwa Kristo bwari buri mu gihe cy’umurimo We ku isi? Igitangaza ku kindi’ Iteka yari isoko y’ibyishimo no gutangarirwa, kandi ndahamya ko abantu bagerageza iteka kumusobanurira ukuntu bashimishwa n’ibisubizo byabo ubwabo (reba Mariko 4:41).

Ndibaza ko igihe kirekire cyane bagerageje kwibaza kuri Kristo n’ubusobanuro bw’abana b’abantu - ukwigishwa, igipimo cy’ubwenge, ububasha kamere, n’ibindi. Nibura mu bihe bya mbere. Babonaga iteka iby’imbaraga Ze. Bumvaga amagambo Ye arimo ubwenge, kandi babonaga imirimo itangaza Ye. Babonye ibirema bigenda, impumyi zirabona, abarwayi barakizwa, ibipfamatwi birumva, n’abadayimoni bava mu bo bari barateye. Byongeye, bose bari barabonye ko idini y’icyo gihe ntacyo yari ishoboye maze bityo, kubera ibyo byose, urumva ko barebaga Umwami bagashaka ibisubizo ku bitangaza byo mu bugingo bwe.

Uko bigaga ku bugingo bwe umwe mu myanzuro yabo wabaye ko yari Imana yigize umuntu (Yohana 1:14). Ariko se uyu mwanzuro ni wo wateye kubaza iki kibazo? Simbihamya ntyo. Ni ikindi kintu babonye iteka ku muntu Yesu cyabateye gutangira gutekereza ko ari igice ku gisubizo cy’iby’ubugingo Bwe. Icyo ni iki? Igisubizo cyacu, birumvikana, ‘Yari amasengesho’. Si byo? Si ibyo gusa! Ntiyari amasengesho gusa.

Abafarisayo barasengaga kandi n’abigishwa ni uko. Ntiyari amasengesho gusa; bwari uburyo yasengagamo hamwe n’uwo yari We n’ibyo yakoraga byose mu bugingo bwe ku isi. Byari uburyo n’imyifatire bye mu masengesho byuzuraga We ubwe n’ubugingo Bwe, buri ntambwe n’igikorwa bye, kandi ibyo byerekaganaga ubucuti magara n’ubumwe no kugirwa n’Inama Bye. Amasengesho ntiyari na mba inshingano y’idini cyangwa igikorwa Kristo yakoraga kuko yari agitegetswe.

None ni iki? Amasengesho y’Umwami wacu yavaga kuri iyo myifatire y’ibanze yo kugirwa n’Imana, kwishigikiriza ku Mana yateraga ubumwe bukomeye yahoranaga na Se kubera ko, ushingiye ku by’uko yari umuntu, yemeraga ko atabashaga kugira icyo akora kubw’imbaraga ze. Nta gushidikanya iki ni cyo cyemeje kandi cyatumaga abigishwa be bamutegereza. Baje kwemera ko, nubwo babashaga kwizera Umwami, ntibashoboraga kuba abigishwa nyakuri bagombaga guhinduka bagasa n’umwigisha wabo (Luka 6:40) batize gusenga Data wa twese nk’uko Umwami Yesu mu bumwe bukomeye no kwishingikiriza kuri Se yabyerekanaga iteka.

Aha harimo rimwe mu mahame y’ibanze yagenga ubugingo bw’Umukiza. Muri Yohana 5:19 Kristo yaravuze ati, ‘ntacyo Umwana abasha gukora ubwe’. Hanyuma, muri Yohana 8:28-29 na 14:10 yasubiyemo iri hame. Iri hame ryagombye kumvikana kuri twe. Kuri Yesu Kristo, amasengesho bwari uburyo bwo kubaho, ikintu cya ngombwa rwose: bwari uburyo bwo kugirana ubumwe na Se n’uburyo bwo kuzana imbaraga z’Imana Se kuza mu bumuntu bwa Yesu Kristo umwanya ku wundi. Tubona ibi muri Matayo 12:18 na 28.

Reba uburyo akenshi, bigaragara ko Umwami yakoraga imirimo Ye kandi akavuga amagambo Ye mu mbaraga z’Imana Se kubw’imbaraga z’Umwuka Wera uwo Se yari yaramuhaye. Nubwo yari Imana nya Mana ubwe, Yesu ntiyakoraga imirimo Ye atari kumwe na Se n’ubuyobozi bw’Umwuka (Ibyakozwe 2:22). Ni Se wakoraga muri Yesu, umuntu.

Uko twiga ku bugingo bwa Kristo mu Butumwa Bwiza, tubona ibintu bisa iteka:

(1) Muri gahunda ndede, igihe abantu basabaga ko ibyo bakeneye abyitaho, Kristo yaritaruraga akajya gusenga kugira ngo azane imbaraga z’Imana Se kuri We kubera ko yari azi ko, ‘ntacyo umwana abasha gukora ku bwe’ (Mariko 1:32-37).

(2) Igihe cyo guhitamo abigishwa be ntitubona Kristo areba ibiranga buri muntu. Ahubwo tumubona yitarura ajya gusenga. Ibi biragaragara cyane muri Mariko 3:13 na Luka 6:12-13. Kuki? Kubera ko ‘ntacyo umwana abasha gukora ku bwe’. Yari akeneye ubuyobozi n’imbaraga bya Se.

(3) Igihe Yesu yari ahagaze iruhande rw’imva ya Lazaro yuburuye amaso mu ijuru ategereje ibyo Imana yari igiye gukora (Yohana 11:40-42). Isengesho yavuze aha ntirivugwa, gusa kuba ategereza, ashima, yiringiye ko amasengesho ye yumviswe. Amagambo yo mu mirongo ya 41 na 42 yerekana icyakora, ko atasenze Se gusa, ahubwo yashakaga ko abari bamuri iruhande bose babimenya nabo kugira ngo bige ibanga ryo kwishingikiriza ku Mana. Ibi bitwigisha ko igihe yakoraga ibitangaza nubwo abantu bamurwanyaga, Yesu umwana w’umuntu yasengaga yishingikirije Se kubw’uko yari mu mubiri.

(4) Igihe ahaza abantu 5,000. Amagambo ‘arararama areba mu ijuru’ yerekana uburyo Umwami yishingikirizaga ku Mana mu masengesho (Mariko 6:41). Ariko ‘Abiha umugisha’ byerekana gushimira Imana Se kubw’ibyo no kubw’ibyo Se yari agiye gukorera muri Yesu, umuntu, wishingikiriza ku Mana, umuntu ushimwa n’Imana.

Tekereza kuri Yesu Kristo. Yari Umwana w’Imana, Imana yigize umuntu, umuntu utunganye kandi Imana Umuremyi rwose, We nk’Imana-Muntu usohoza neza kandi mu buryo bwemewe icyo Imana itegereza ku muntu cyose. Yari ibyishimo n’umunezero by’umutima wa Se. Yashimishaga Se iteka. Nuko, ubwo tumutekereza dutyo, twibaze iki kibazo. Mbese ni iki We ku giti cye, nk’umuntu, yagizemo uruhare mu bikorwa bye bikomeye, n’umurimo we? NTACYO! Kristo ubwe aduha igisubizo, ‘...Data, uguma muri jye, ni We ukora imirimo Ye’ (Yohana 14:10). None yabigezeho ate? Ni kubw’amasengesho yishingikiriza kuri Se!

Iyo dukora, ni twe dukora. Iyo dusenga, Imana ni Yo ikora. Bityo rero kubw’uku kumenya iteka ko dukennye, haturuka imyifatire ihoraho y’amasengesho: gutegereza iteka Umwami Yesu ko niba hari ikigomba gukorwa, Data wa twese ni We ugomba kugikora kubw’ubwende, ubwenge, n’imbaraga bye. Niba ibi byari ukuri kuri Yesu Kristo, mbega ukuntu bigomba kuba ukuri kuri twe? Ni iby’ukuri, amasengesho akurikije urugero rw’Umwami Yesu agomba intego y’ingenzi y’abigishwa nyakuri.

Abigishwa babonye ubugingo bwa Kristo, si amasengesho gusa, ariko ubugingo bw’amasengesho yerekana kwishingikiriza ku bumwe n’Imana atari ikindi kintu cyose bari barabonye kandi bashakaga kumenya ibanga ry’ibi.

Ni iki umwigishwa utaravuzwe izina yasabye? Yasabye ngo, ‘twigishe gusenga’. Si uko bagombaga gusenga gusa, UBURYO, ahubwo ni uko bagombaga gusenga mu buryo bw’IKIBITERA. Ukuntu bagomba gusenga Kristo yabivuze mu gisubizo yatanze muri Luka 11:2-13.

(1) Amasengesho yagombye kwerekana ko twumva neza ibyo dukeneye, kumenya ko tudakwiriye no kumenya ko Imana ari Yo ikwiriye kandi ifite ubushake.

2 Abakorinto 2:16 ‘Kuri bamwe tur’impumuro y’urupf’izan’urupfu, ariko ku bandi tur’impumuro y’ubugingw’izan’ubugingo. Kand’ibyo nind’ubikwiriye?’

2 Abakorinto 3:5 ‘S’uko twihagij’ubwacu, ngo dutekerez’ikintu cyose nk’ahw’ari twe cyaturutseho, ahubwo tubashishwa n’Imana,’

(2) Amasengesho si ayo kunesha ubushake buke bw’Imana, ahubwo ni ukwakira ubushake bw’Imana buhoraho.

(3) Amasengesho si ayo gukoresha mu bihe bikomeye gusa, igihe tugeze aho bikomeye dukeneye uducungura.

(4) Amasengesho si nk’ “itara ryitwa Aladin” cyangwa urugendo rwo kwiyifuriza ibyo dushaka.

(5) Ibitandukanye, amasengesho ni uburyo bw’ubumwe bukomeye, ubusabane, no kwishingikiriza ku Mana Data wa twese wasezeranije gukorera, kandi ikoresheje twe ku bw’Umwana wayo, nk’uko Imana yamukoresheje.

(6) Amasengesho ni ay’ubugingo bwa buri munsi, umwanya ku wundi.

(7) Amasengesho ni uburyo bwo kwaka ibyo Imana yasezeranije no kumenya no kwishyira mu bushake bw’Imana.

Muri Yohana 14:10-14, reba isano ry’amasengesho rivugwa mu mirongo ya 13-14 n’imirimo twe abigishwa, tugomba gukora mu murongo wa 12.

Yohana 14:10-14 ‘Ntiwizeye ko ndi muri Data, na Data akab’ari muri jye? Amagambo mbabwira sinyavuga kubwanjye: ahubwo Data, uguma muri jye, ni w’ukor’imirimo ye. 11 Nimunyizere, mwemere ko ndi muri Data na Data akaba muri jye; ariko rero nimutizezwa n’ibyo mvuga munyizezwe n’imirimo nkora n’ubwayo. 12 N’ukuri n’ukuri ndababwira yuk’unyizera, imirimo nkora na w’azayikora: ndets’azakora n’iyiruta, kuko njya kwa Data. 13 Kandi icyo muzasaba cyose mw’izina ryanjye, nzagikorera kugira ngo Data yubahirizwe mu Mwana we. 14 Nimugir’icyo musaba cyose mw’izina ryanjye, nzagikora.’

Ubukristo ni ubugingo bwo kwizera Umuremyi Imana iba muri twe, kandi gusenga Imana bivuga kuzana kuri twe ubugingo bwa Kristo bw’ibitangaza. Ubukristo ni nk’uko Pawulo abivuga mu Bagalatiya 2:20, ‘Nabambanywe na Kristo ariko ndiho; nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye. Ibyo nkora byose nkiriho mu mubiri, mbikoreshwa no kwizera Umwana w’Imana wankunze, akanyitangira.’ Kwizera k’umwizera wabyiyemeje kwerekanwa n’ubugingo bufitanye ubumwe n’Imana mu masengesho.

Mu magambo agaragaza ibikorwa ibi bivuga iki?

Urugero, reka turebe ku gitangaza cyo kurobesha amafi menshi tubona muri Luka 5:5-11. Mbese muri iki gice Petero yatekerezaga iki? Ahari ni ikintu nka ‘Databuja w’umwigisha ukomeye, uri Umwana w’Imana na Mesiya, ariko ibi turabyishoboreye; turi abarobyi b’abahanga. Twarobye muri aya mazi igihe kirekire. Byongeye Mwami twarobye ijoro ryose kandi tuzi ko ubu amafi adashobora gufatwa’. Ariko nk’uko mubibona Ubukristo bwo muri Bibiliya ni ukubaho mu kwizera no kwishingikiriza Imana mu masengesho kandi tuyobowe n’imbaraga n’ubutware by’Umwami Yesu Kristo tutitaye ku by’uko ibintu bigaragara.

Ubukristo bwo muri Bibiliya si ukubaho uko turi n’icyo turi cyo - muri twe imbere, imibereho yacu ya kera, ibyo twanyuzemo, ibyo twigishijwe, impano zacu n’ibindi. Ahubwo ni ukubaho mu kwizera Ijambo ry’Imana, gucengerwa na Bibiliya, no kwizera Yesu Kristo umuremyi n’Imana, no kwitangira umurimo akorera muri twe iyo twitangira kumwubaha. Ariko ibi biba gusa iyo tubaho twishingikiriza kuri Data wa twese mu bugingo bw’amasengesho, ubugingo bw’amasengesho adasiba, n’ubugingo bwitangira ibihe byo gusenga umuntu ari wenyine n’Imana Data wa twese n’Umwana We mu mbaraga z’Umwuka.

Icyitegererezo cy’amasengesho
(11:2-4)

Luka 11:2-4 ‘Arababwir’ati: Ni musenga, mujye muvuga muti: Data wa twese, izina ryawe ryubahwe, ubwami bwawe buze, 3 uko bukeye ujy’uduh’ibyo kurya byacu by’uwo munsi: 4 utubabarir’ibyaha byacu, kuko natwe duharir’abarimw’imyenda yacu bose: kandi ntuduhane mu bitwoshya.’

Iki ni igice cy’agahebuzo mu kwigisha abizera bashya ibyo gusenga kuko kirimo ibintu byinshi by’ingenzi mu gusenga.

Iri sengesho ntabwo ari ibi bintu bibiri:

(1) Ntabwo ari, kandi ntiryigeze na rimwe riba umuhango ngo rijye risubirwamo iteka. Ryari urugero rwagenwe n’Umwami kwerekana kamere y’amasengesho n’icyo amasengesho agomba kubamo. Nta kibi icyakora mu gusoma cyangwa gusubira muri ryo hamwe kimwe n’uko twabikora no ku kindi gice dufite intego runaka cyangwa kwibutsa abantu ukuri. Ndahamya icyakora ko ritigeze rigenerwa kujya risubirwamo nk’isengesho ku Mana mu mwanya w’amasengesho y’umuntu ku giti cye azanwa imbere y’Imana avuye mu mutima. Gereranya ubusobanuro bwa Bibiliya yitwa ‘Living Bible’: Luka 11:1b hasomwa hatya, ‘Mwami, twigishe isengesho ryo gusubiramo nk’uko Yohana yaryigishije abigishwa be’. Ku mpapuro hasi abahinduye iyi Bibiliya basobanuye uyu murongo, bongereye ijambo ngo, ‘icyo byashakaga kuvuga’. None se ni cyo bashakaga kuvuga, cyangwa se ubu busobanuro ni igikorwa cy’umugenzo w’idini kandi butagira aho buhuriye n’ibyo iki gice cyagenewe kwigisha?

(2) Nticyagenewe na rimwe gukoreshwa nk’impigi cyangwa amagambo yihariye yo gutabara umuntu mu gihe cy’amakuba. Ahari waba warabonye sinema aho abantu babaga bari mu kaga noneho bagasenga isengesho ry’Umwami wacu muri uwo muhango.

Isengesho ririmo ibice bibiri bigizwe n’insimburazina ‘byawe’ na ‘twe’.

Ibi si impanuka. Ubwa mbere, dutangirira ku Mana hanyuma tukajya kuri twe ubwacu. Aha hari ihame ry’ingenzi mu kuramya kwose uko. Mu masengesho, kimwe no mu kintu icyo ari cyo cyose, Umwami wacu atwigisha gushyira Imana imbere. Kuki? Kubera ko ibi bishyira buri kintu mu mwanya wacyo, biduha kwitegereza neza ubugingo bwacu, kureba kure y’aho amaso yacu yagarukiriza. Ibi ni ingirakamaro ngo tubashe kureba neza n’imitima n’ubwenge bwacu uwo Imana ari We n’icyo ari cyo, ngo tubashe gushaka mbere na mbere itegeko no gukiranuka by’Imana, kandi ngo tubashe kugendana na We mu kwumvira no gushobozwa na We, kuyoborwa na We no kurindwa na We.

Kimwe n’uko amarira agaragaza imibabaro kandi nk’uko guseka bigaragaza ibyishimo, bityo n’amasengesho agomba mbere na mbere guhesha Umwami icyubahiro niba amasengesho yacu agomba kugira ingaruka nziza ku bugingo bwacu - ibyiringiro, kwizera, no kugengwa n’ubushake bw’Imana.

Amasengesho ni uburyo bwo kwinjira mu munezero n’ibyiringiro by’urukundo rw’Imana, imigisha yayo, ubuyobozi bwayo, no kubaho kwayo. Ni uburyo bwo gutumbira Uwo n’Icyo Imana ari cyo - Ubumuntu bw’Imana, gahunda zayo, amasezerano yayo, n’imigambi yayo. Ubu buryo bwo gusenga buhesha Umwami icyubahiro kandi bukerekana gushaka ubumwe bwacu n’Imana, hamwe no kwumvira. Bikomeza imitima yacu kubera ko bizana Imana aho tuyibona n’imigambi yayo.

Icya mbere cyibandwaho n’Umwami cyerekana intege-nke zikunda kuboneka mu masengesho yacu. Dukunze gutangirira kuri ‘twe’ aho kuba kuri ‘byawe’. Twirukira imbere y’Imana tuvuga ‘ibyacu’ dukeneye, ingorane ‘zacu’, hanyuma nk’ingaruka, tugahinduka abita ku ngorane gusa zikadutera ubwoba aho kwita ku Mana no kwishyira tukizana mu busumba-byose bwayo (reba Zaburi 46:10, ‘Nimworoshye mumenye ko ari jye Mana’).

Dukeneye gutumbira Umwami mbere ngo tugire ibivugwa muri Yeremiya 32:27. Ku byerekeye gusohozwa kw’isezerano ry’Imana yasezeranije Abisirayeli no kugira ngo amaso y’Umutambyi ahore ku Uwteka, tubona iri jambo ku Mutambyi: ‘Ijambo ry’Uwiteka ryaje kuri Yeremiya riti, ‘dore ndi Uwiteka Imana y’ibifite imibiri byose: mbese hariho ikinanira?’ (Yeremiya 32:27).

Dukeneye gusingiza no gutumbira Imana muri Zaburi 100 mbere yo gusaba ko muri Zaburi 102.

‘Nimusenga mujye muvuga muti’

Ni iby’umumaro, ndabyizeye, ko nta mategeko twahawe ku by’igihe n’incuro tugomba gusenga. Kuki? Kubera ko amasengesho arenze ibyo gusubiramo by’amadini nk’uko biri mu madini amwe, aho basenga basubiramo amagambo amwe bakunama berekeye ahantu runaka n’inshuro runaka ku munsi. Amasengesho akurikije ingenga-bihe aremewe muri Bibiliya kandi ni icyitegererezo cy’Imana dukwiriye kugira nka Danieli (Danieli 6:10), na Dawidi (Zaburi 54:16-21), ariko, kimwe na Danieli na Dawidi, agomba iteka kuba igisubizo cy’umutima ushaka ubumwe n’Imana kandi wishingikirije kuri We mu buryo bumwe n’uko umuntu yinjiza umwuka wa ogisijeni (oxigene) mu guhumeka. Ibi biboneka mu kuboroga k’umunyezaburi, ‘Nk’uko imparakazi yahagizwa (guhumeka cyane) no kwifuza imigezi, ni ko umutima wanjye wahagizwa no kukwifuza, Mana’ (Zaburi 42:1).

Ibi bintu bibiri byerekeye uku kuboroga k’umunyezaburi: Icya mbere, kwinginga kwe kwerekana gukena kwacu. Dukeneye Umwami kandi dukeneye kunywa ku isoko Ye y’ubugingo binyuze mu Ijambo ry’Imana n’amasengesho - uburyo bwacu bwo kumwumva no kumusubiza. Ariko icya kabiri, kwinginga kwe na none, kwerekana icyagombye kwemerwa nk’ukuri muri buri wese muri twe. Nk’umunyezaburi, tugomba kubaho tuvugana n’Imana. Amasengesho agomba kwerekana ko tubaho dutegereje ubumwe n’Imana no kwinjira mu mbaraga n’ubushake Bye.

‘Nimusenga mujye muvuga muti ...

‘Gusenga ni ijambo ry’Ikigiriki proseuchomai riva kuri pros, ryerekana icyerekezo, kwegera, na euchomia, ‘gusaba’. Ubusobanuro bw’iri jambo (hamwe n’uko rikoreshwa) bureba amasengesho nk’inzira yo kwegera Imana mu masengesho no kwishingikiriza Imana kubera ko tumubona nk’Uwihagije muri byose, naho twe tukaba tutihagije. Amasengesho ahinduka bumwe mu buryo butwegereza Imana, no kwihaza kwayo, maze tukayubaha.

‘Kuvuga’ ni ijambo ry’Ikigiriki, ‘lego’. Ryerekana uburyo igitekerezo kigirwa mu guhitamo amagambo avugwa kubera ubusobanuro bwayo. Mu ntangiriro ryavugaga ‘kuroba no guhitamo’ kandi ibi ni byo dukora muri disikuru uretse igihe twaba turi kuvuga amagambo adasobanutse. Lego bitwibutsa ko dukeneye guhitamo neza amagambo yacu nk’uko bitandukanye no gusenga usubiramo amagambo y’idini nta gutekereza witonze. Byagombye kutwibutsa kamere y’uko amasengesho no kuvugana n’Imana byacu, bigomba kumera nk’ibiganiro.

‘Kuvuga’ ni icyo mu kibonezamvugo cy’Ikigiriki twita inshinga itondaguye mu ndagihe yisubiramo itegeka. Nk’inshinga itondaguye mu ndagihe yisubiramo, yerekana igikorwa kimeze nk’itegeko cyisubiramo hato na hato. Igitekerezo ni uko igihe musenga, mujya musenga mu buryo cyangwa mu rugero rukurikira cyangwa, ariko si ukuvuga kenshi, musubiremo aya magambo nk’ayo gupfa gusubirwamo, ingorane Yesu yasobanuye mbere muri Matayo 6:7.

Impamvu iri sengesho ritagomba kuba iryo gusubirwamo uko babonye:

(1) Matayo 6:5-7 ni imbuzi yihariye itubuza gusenga mu buryo busubiramo kandi iyi mbuzi ikurikiwe n’inyigisho iduha igitekerezo cyo gusenga. Kubona iri nk’isengesho ryo gusubirwamo byaba bivuguruza itegeko ribanziriza iri sengesho.

(2) Igice gisa n’iki cyo muri Matayo 6:9 cyongeraho amagambo, ‘muri ubu buryo’. Iri ni ijambo ry’Ikigiriki houtos rishobora gusobanurwa ngo, ‘muri ubu buryo’. Mu yandi magambo, ibi bikurikira bigomba gufatwa nk’icyitegererezo cy’uko tugomba gusenga, si nk’isengesho rigomba gufatwa mu mutwe no kujya risubirwamo.

(3) Mu nzandiko zo mu Isezerano Rishya, iri sengesho ntiryigera risubirwamo nubwo uko rivugwa cyangwa amahame yaryo akurikizwa mu buryo cyangwa ubundi.

(4) Uku gusobanukirwa guhuje n’imbuzi yo muri Yesaya 29:13 Umwami yasubiyemo arwanya idini y’inyuma y’Abisirayeli bo mu bihe bye.

Amasengesho ni nk’umwitozo w’igitekerezo cyo mu mutima no mu bwenge kitwegereza Imana mu kwambaza no kwishingikiriza kuri Yo, kubera iyo ari Yo nk’Imana isumba byose kandi idushyigikira.

Iri tegeko ryerekana ko dukeneye kuvuka bundi bushya cyangwa guhinduka mu by’Umwuka. Ibyandistwe bitwigisha ko gusenga, uretse guhamagarirwa kumenya Imana cyangwa agakiza, bishoboka gusa ku bizera Yesu Kristo bazanwa mu bumwe n’Imana nk’abana bayo mu kwizera Yesu Kristo. Ibi bisohozwa no kuvuka bundi bushya, umurimo w’Umwuka w’Imana wo kuduhindura bashya (reba Yohana 1:12; 3:3-7; 14:6).

Amasengesho yacu agomba kubwirwa Imana ukoresheje ijambo, ‘Data wa twese’. Gahunda y’ibanze y’amasengesho ku bera bo mu Isezerano Rishya si ukubwira Yesu, ahubwo ni ukubwira Data wa twese. Ni Yo yonyine tugomba gusenga, NYIRUBUTUNGANE mu izina ry’Umwana, UTWEGEREZA Imana, kandi no mu mbaraga z’Umwuka Wera, UBURYO (reba Yohana 14:6; 16:23-24; Abefeso 2:18; 3:14; 1:17; 6:18; Yuda 20; Abakolosayi 1:13; Abaheburayo 7:25).

‘Data wa twese’ ni ijambo ryo kwubaha cyangwa gutinya, n’ubumwe n’Imana. Kwegera Imana mu masengesho nka ‘Data wa twese’ bigenewe kwerekana: (a) imyifatire yacu imbere y’Imana nk’Iyo kwubahwa, kwumvirwa no kwiringirwa, na (b) gusobanukirwa kwacu k’ubumwe dufitanye na Yo nk’abana; Imana ni nk’umubyeyi w’Imana utubwira nk’uko umubyeyi yita ku mwana we.

Kuki ibi bigira ingaruka ku bugingo bwacu bw’amasengesho?

(1) Iyo dusenga nk’abizera bo mu Isezerano Rishya, tugomba kubwira Imana nka Data wa twese, atari Imana ibwirwa umuntu yivugisha wenyine n’amajwi akomeye hamwe n’amagambo yo kwiyegurira Imana.

Ni ukuri, tugomba guhimbaza Umwami mu masengesho yacu mu gushima, kuramya, no kumushimira ubumuntu Bwe, uwo ari We, umurimo We mu kurema, mu mateka, n’agakiza. Icyo dukeneye icyokora, ni ukwegera Imana nk’abana tukamubwira nka Data wa twese (Zaburi 103:13).

(2) Bivuga ko tugomba kuvugana na We nka Data wa twese udukunda kandi akatwitaho nk’abana Be. Tuzamushimira uko ateye nk’uwo mu ijuru, no kubw’ imirimo Ye itangaje kandi ikomeye, ariko iby’ibanze bivuga gusengana ukuri nk’uk’umwana wishingikirije kandi wizeye Imana nka se ufite umutima wa kibyeyi, urukundo, kwumva, ubwenge, n’imbaraga. Gusenga Imana nka Data wa twese bivuga kuyemera nk’umuntu utwitaho cyane kurusha uko twakwiyitaho ubwacu. Si impumyi cyangwa imbaraga zitari iz’umuntu.

(3) Kwita Imana Data wa twese bivuga kuyizera dutyo. Ubumwe nk’ubwo no kwemera nk’uko ntibyashobora kwerekanwa tubwira Imana gusa nka, ‘Imana ishobora byose, Ikomeye kandi Iteye ubwoba,’cyangwa ‘Umuremyi wo gutangarirwa n’Inkomoko y’Ibibaho byose.’ Gufata Imana gutya byayobya kutamenya k’umuntu kamere n’ubumwe bwacu n’Imana muri Kristo, cyangwa kutizera Imana kw’umuntu nka Data wa twese wo mu ijuru udukunda.

Byakoroha gute gusenga cyangwa twagira ibyiringiro dute turamutse twegereye Imana nk’itari umuntu gusa, ‘Inkomoko y’Ibibaho byose’cyangwa se ‘Ikomeye kandi Iteye ubwoba? ‘Data wa twese’ ridukangurira kumenya kamere n’ubumwe bwacu n’Imana nk’ibizanwa no kuvuka bundi bushya kandi nko kwegera Imana kwacu, mu Mwami wacu Yesu Kristo n’umurimo We. Bityo ritwereka ukuntu byoroshye kandi ari iby’ubushake kwegera intebe yayo, tudatinya, dufite kwizera nk’uk’umwana uziko akundwa urukundo rutarobanura (Abaheburayo 4:16). Mu kuvuga uburyo bworoshye icyakora, sinshaka kuvuga kutubaha no kutita ku kwera no gukomera kwayo cyangwa tutita ku byaha mu bugingo bwacu. Ntitugomba uruhare rwacu mu kwatura icyaha (Zaburi 66:18). Ahubwo, ni mu kuvuga kumenya ko atwitaho nk’umubyeyi, n’urukundo rw’Imana, n’imigisha aduha no kumwegera kubw’umurimo wuzuye wa Kristo.

Mu Byanditswe, kurusha uko biri muri iki gihe, amazina avuga abo abantu ari bo n’icyo bari cyo - icyubahiro cyabo. Ibi bivuga, ‘ubumuntu bwawe bwubahwe’. ‘Bwubahwe’ ni inshinga hagiazo ‘gutoranya kweza, kwubaha, gufatwa nk’Iyera’. Ariko se twakora ibi dute? Nk’abana b’Imana dutwara izina ryayo tukamuhamagarira mu isi. Uko dukora bigira ingaruka ku izina n’icyubahiro byayo imbere y’abandi.

Pawulo yibukije Abayuda iby’iri jambo mu Baroma 2:23-24, ‘uko wirata amategeko, nawe ugayisha Imana kuyacumura? Izina ry’Imana ritukwa mu bapagani ku bwanyu, nk’uko byanditswe’. Ibi ni ukuvuga ngo ‘reka ubugingo bwanjye bwose bwubahe Imana, buyitinye kandi bube isoko y’ibyishimo byanyu n’abo muri bo bose.’

Kwubaha izina ry’Imana cyangwa kuryeza bivuga kumuha ubugingo bwanjye ngo abweza. Ibi bivuga gukingurira ubugingo bwanjye n’ubwihisho bwabwo bwose umurimo We wo kungira umwana wayo. Ni ukuri ibi bigomba kuba amasengesho yo kwiyegurira no kwitangira izina ry’Imana kuko ritakwubahwa (nibura na twe) igihe cyose twaba tukigendera mu kugoma no kuba nyamwigendaho.

Abefeso 3:16-21"Ngw’abahe, nk’uk’ubutunzi bw’ubwiza bwe buri, gukomezwa cyane mu mitima yanyu kubw’Umwuka we; 17 kandi ngo Kristo ahore mu mitima yanyu kubwo kwizera, kugira ngo, ubwo mumaze gushorer’imizi mu rukundo, mukaba mushikamye, 18 muhabw’imbaraga zo kumenyera hamwe n’abera bos’ubugari, n’uburebure bw’umurambararo, n’uburebure bw’igihagararo, n’uburebure bw’ikijyepfo bwarw’ubw’ari bwo, 19 mumenye n’urukundo rwa Kristo rurut’uko rumenywa; ngo mwuzuzwe kugeza ku kuzura kw’Imana. 20 Nukw’Ibasha gukor’ibiruta cyan’ibyo dusaba, ndetse n’ibyo twibwira byose, nk’ukw’imbaraga zayo ziri, zidukoreramo, 21 icyubahiro kib’icyayo mw’Itorero no muri Kristo Yesu, kugez’iteka ryose ry’ibihe bidashira, Amen.’

Ibi na none byerekana gushaka no gusaba gutinya Imana ku bantu muri rusange.

Iri ni isengesho ryo gusaba ubwami bw’Imana ku isi, ku buryo mu gihe kitarambiranye ubwami bwo muri iyi si buzaba ubwami bw’UMWAMI wacu. Byerekana kwizera no kwemera ko iyi si ari isi yaguye, yimuye Umuremyi wayo (Abaroma 1:18 n’ikurikira), ko iyi si atari intego y’ibanze, kandi ko isi nshya ifite ubwiza iri hafi (reba 1 Petero 1:3-8, 13-17; Ibyahishuwe 11:15).

Gusengera ubwami bw’Imana na none byerekana gutegereza n’ibyiringiro byo kugaruka kwa Kristo ku isi no kwuzura kwa gakondo yacu. Bivuga kubaho tureba ku byiringiro byacu nk’abasuhuke (Tito 2:13, 1 Petero 1:17; 2:11).

Ni n’isengesho ryo kwima kw’Imana muri twe kugira ngo ubushake bw’Imana bukorerwe ubu mu bugingo bwacu. Ni icyifuzo cyo kugira ngo tube dukwiriye umugambi wayo n’ubwo waba muto kandi bikurikije ibyo ikorera mu kugeragezwa, kuneshwa, kunesha, imigisha, n’ibyo duhura na byo izana. Nibutse umurongo wo mu gisigo cyasizwe na Cowper uvuga atya, ‘imbere muri jye hatarondoreka akoresheje ubuhanga butibeshya, yanshyizemo ibishushanyo n’ibikorwa by’ubushake Bwe busumba byose.’

Mu gice gisa n’icyo, Matayo 6:10 hongeweho ngo, ‘iby’ushaka bibeho’. Ibi bitwigisha gusenga nk’uko Umwami yabikoze ubwo yari ategereje umusaraba. ‘Iby’ushaka bibeho’ bivuga ngo nyigisha kwegurira ubugingo bwanjye icyakomeza ubwami bwawe, ubushake bwawe ku isi, n’umugambi wawe kuri jye. Ngomba kwemera mu masengesho ukuri k’uko ‘Imana izana umucyo mu mwijima; mu kwiheba, mu kutagira ibyiringiro. Mu rupfu havamo kuzuka’. Akenshi ni ‘ukubera kuneshwa Imana izana ubwami bwayo mu mitima y’abantu.’89

Mu murongo wa 4 Umwami avuga ibyo kubabarirwa bityo, iby’umuntu utari uw’umubiri akenera, umutima n’umwuka. Iyaba wowe cyangwa jyewe ari twe twatangaga aya mabwiriza twashoboraga ahari guhinduranya uko bikurikiranye tukabanza iby’umwuka bituma wera, hanyuma tugakurikizaho iby’umubiri ukenera. None ni kuki ari uko bikurikiranye?

Umwami yaremye imibiri yacu - umubiri ni ingirakamaro ku kubaho kw’abantu. Umubiri si mubi; ni igikoresho cy’umurimo n’icy’ibyiza. Ahandi hantu avuga ku byerekeye iby’umubiri ukenera, ‘mubanze mushake ubwami bw’Imana...’ Aho yerekana ko umuntu w’Umwuka ari uw’ibanze kandi abanziriza uw’umubiri. Ariko ibi ntibivuga ko umuntu w’umubiri cyangwa ibyo umubiri ukenera atari iby’ingenzi, ko bigomba kutitabwaho, cyangwa ko ari iby’Umwuka kandi byera kutita ku mubiri no kuwufata uko ubonye. Umwami ashobora kuba yabikurikiranije gutya kugira ngo arwanye ibitekerezo by’abapagani byo mu bihe Bye n’ibyo bamwe mu bizera bajegajega bashobora kugwamo - kandi bagira iteka.

Abagiriki bafataga umubiri nk’aho ari mubi kandi bizeraga ko umwuka wejejwe wari ufite agaciro kenshi. Abenshi ntibemeraga iby’umuzuko kuko bizeraga ko icyitwa ikintu cyose ari kibi. Bigishaga ko nta cyo byatwara ibyo wakorera umubiri byose. Barawubabazaga mu buryo bunyuranye cyangwa bakawukoresha nabi mu buryo bwo kwiyandarika. Iyi ni yo mpamvu bamwe mu Bagiriki b’i Korinto batashakaga kwizera iby’umuzuko kandi n’imwe mu mpamvu zatumye Pawulo yandika 1 Abakorinto 15. Ku byerekeye imyifatire yabo ku mubiri n’umuzuko, Ryrie yaranditse ati:

Muri rusange bizeraga ko ubugingo budapfa, ariko ntibizeraga umuzuko w’umubiri. Kuri bo, umubiri wari isoko y’intege nke n’ibyaha by’umuntu. Urupfu rero cyari ikintu cyakirwa neza n’ubugingo ngo bushobore kwitandukanya n’umubiri.90

Ndetse n’uyu munsi wa none abakristo benshi bafata imibiri yabo nk’ikintu bafitiye uburenganzira. Turayigaburira birenze urugero, tukayikoresha imyitozo ngorora-ngingo mike, akenshi ntituyiha ikiruhuko gihagije, kandi muri rusange, ibihe byinshi ntitwita ku byo ikenera bya buri munsi. Mu Bafilipi 3:21, ubusobanuro bwa Bibiliya yitwa KJV bushobora gutuma dutekereza imibiri uko itari. Dore uko havuga :

Abafilipi 3:21 ‘Uzahindur’uyu mubiri wo gucishwa bugufi kwacu, akawushushanya n’umubiri w’ubwiza bwe, kukw’afit’imbaraga zo kumubashisha kwigandurira byose.’

Ubusobanuro ngo ‘umubiri mubi cyane’, bushobora gutuma dutekereza ko umubiri ari mubi, ariko mu Kigiriki havugwa ngo ‘umubiri wo gucishwa bugufi’ ni ukuvuga, umubiri utagira ubwiza. Uyu mubiri urapfa kandi urasaza, ukarwara, ugapfa ndetse ukabora - bityo rero ukenera kwitabwaho kwihariye niba tugomba kuwutunga nk’igikoresho cy’ingirakamaro cy’Imana.

Muri 1 Timoteyo 4:8 habivuga neza. Hatwibutsa ko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike. Umubiri wacu uguma kandi tukawitaho mu buryo bukwiriye kandi buri munsi. Ariko nk’uko byumvikana kwubaha Imana kugira umumaro mu gihe cya none n’ikizaza.

1 Timoteyo 4:8 ‘Kuko kwitoza k’umubiri kugir’umumaro kuri bike, naho kubah’Imana kukagir’umumaro kuri byose, kuko gufit’isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo.’

Umuntu ni ubumwe bw’umubiri, ubugingo n’umwuka. Icyagira icyo gitwara kimwe muri ibi, kigitwara n’ibindi. Wandaritse umubiri bishobora kugira ingaruka ku bugingo bw’umwuka. Wandaritse ubugingo bw’Umwuka byanze bikunze bizagira ingaruka ku mubiri. Aha rero Umwami wacu aratwigisha kugereranya - kwita kuri byombi, tugasengera byombi umubiri n’ubugingo. Gusengera ibyo kurya bya buri munsi bivuga ibyo umubiri ukeneye - ibyo kurya, imyambaro, aho kuba n’ibindi byose umubiri ukenera ngo ubashe gukorera Uwiteka neza. Imibiri yacu ni iye; yayiguze igiciro cy’amaraso y’Umwana We.

1 Abakorinto 6:19 ‘Mbese ntimuzi yukw’imibiri yanyu ar’insengero z’Umwuka Wera, uri muri mwe, uwo mufite wavuye ku Mana? Kandi ntimur’abanyu ngo mwigenge;’

Reba ukuntu atwigisha ngo ‘duhe none ibyo kurya byacu by’uyu munsi’.

Iri ni isengesho ry’ibyo umubiri wacu ukenera bya buri munsi. Iri rigomba kuvugwa buri munsi. Ntitugomba gufata Umwami nk’uwo twamaze guhabwa dufiteho uburenganzira. (Reba icyo Pawulo yibandaho muri uyu murongo).

1 Timoteyo 4:4 ‘Kukw’iby’Imana yaremye byose ari byiza; ntiharimw’icyo gutabwa, iyo cyakiranyw’ishimwe:’

Ibi na none bitwigisha ko ibyo twitaho by’ingenzi bigomba kuba ibyo dukenera buri munsi - kubaho umunsi ku wundi nk’abasuhuke aho kuba ubugingo bwo guhunikwamo kimwe na wa mutunzi w’umupfapfa.

Luka 12:16-21 ‘Nukw’abacir’umugani ati: Harih’umukungu war’ufit’imirima irumbuka cyane; 17 nukw’aribaza mu mutima we ati: Ndagira nte, ko ntafit’aho mpunik’imyaka yanjye? 18 Aribwir’ati: Ndabigenza ntya: ndaseny’urugarama rwanjye, nubak’urundi runini, ab’ari mwo mpunik’imyaka yanjye yose n’ibintu byanjye; 19 ni bwo nzabwir’umutima wanjye nti, Mutima, ufit’ibintu byinshi bibikiw’imyaka myinshi, ngaho ruhuka, urye, unywe, unezerwe. 20 Arikw’Imana iramubwir’iti: Wa mupfu we, muri iri joro uranyagw’ubugingo bwawe; nukw’ibyo wabitse bizab’ibya nde? 21 Ni k’umuntu wirundaniriz’ubutunz’amera, atar’umutunzi mu by’Imana.’

1 Timoteyo 6:17 ‘Wihanangiriz’abatunzi bo mu by’iki gihe, kugira ngo be kwibona, cyangwa kwiringir’ubutunzi butar’ubwo kwizigirwa, ahubwo biringir’Imana, iduha byos’itimana, ngo tubinezererwe;’

Intego y’uku gusaba ni ukudufasha gushyira umutekano n’ibyiringiro mu maboko y’Umwami buri munsi ngo aturinde: (a) Umutekano utari uw’ukuri, no (b) gukurikira ibihendo by’ubu bugingo, ni ukuvuga kugira ubugingo bubaho umunsi umwe umwe byadufasha kugira intego n’imigambi bikwiriye (reba 1 Timoteyo 6:8-19; Matayo 6:19-34).

Iri sengesho rigenewe kudufasha kumenya ko ibyo duhabwa buri munsi ubugingo bukenera biva ku Mwami hadukurijwe ubutunzi bwacu, cyangwa ibyo twahunitse, cyangwa uko dukeka twiyeguriye mu bwenge bwacu ibihe bizaza. Guteganyiriza ibihe bizaza bifite umwanya wabyo, ariko gusa uko turinda gahunda nk’izo mu buryo bwiza.

Rigenewe na none kutwibutsa ko nubwo Imana iturenze kandi ikaba ari Imana isumba byose byo mu isi, ni na Data wa twese uhoraho wo mu ijuru utwitaho uduha byose ndetse akaba ari We byifuzo byacu bya buri munsi. Ariko ba uretse gato, mbese Yesu Kristo We ntiyavuze ati, ‘So wo mu ijuru azi ibyo mukeneye mutarabimusaba?’ (Matayo 6:8, 32).

Niba abizi, kuki tugomba gusaba buri munsi?

(1) Amasengesho si ukumenyesha Imana izi byose ibyo dukeneye. Amasengesho ni ayo kutwemeza no kuturindira mu kwishingikiriza kuri We.

(2) Ihame ry’amasengesho si uko Imana ikeneye kubwirwa, ahubwo tugomba kumubwira kubera ibyo amasengesho y’ukuri atumarira. Atuma twicisha bugufi imbere y’ubushake bw’Imana no kwiga gutegereza Imana mu gihe tumwishimira mu mitima yacu (Zaburi 37:4-6).

(3) Amasengesho ni uburyo butwegereza Imana kugira ngo ibashe kutuba bugufi iduhe imigisha, bitari ibyo dukeneye gusa nk’uko dushobora kubyibwira, ndetse bishobora no kuba atari ibyo dukeneye, ahubwo ngo dusobanukirwe Imana ubwayo (Yakobo 4:8). Bigenda bite iyo tutabashije guhimbaza no gushima Imana kandi ntituzane imbere y’Umwami ibyo dukeneye? Dutangira kumuvaho, kumufata nk’uwo tugomba kugira byanze bikunze, bityo tukagwa mu buyobe bwo gukeka ko dushobora ubwacu kwiyoborera ubugingo.

Imana ikoresha amasengesho akurikije Bibiliya, atari ukubera ko hari icyo tuyimenyesheje cyangwa ko twatumye Imana ihindura ibitekerezo byayo, ahubwo kubera ko yahinduye ubugingo bwacu, akerekana ukwizera kwacu, kwumwumvira no kwumwubaha (Zaburi 33:13-22; 34:4-9). Imana isubiza kandi ikubahiriza kwiringira.

(1) Ibyerekeye ibyaha by’umuntu - ‘Utubabarire ibyaha byacu’, (11:4a)

Mbere na mbere uyu murongo uvuga ibyo kubabarirwa by’umwana w’Imana; si ukubabarirwa kw’utizera. Utizera ntashobora kubabarirwa asenze iri sengesho cyangwa yatuye ibyaha bye ngo bimuhe kubabarirwa. Ahubwo, Bibiliya itubwira ko agomba kwemera kamere ye y’ibyaha, ko ari umunyabyaha utandukanijwe n’Imana, utabasha kwifasha ubwe, kandi ukeneye ubuntu bukiza bw’Imana ku bwo kwizera Yesu Kristo n’umurimo We.

Iki gice cyagenewe abigishwa, abizera bashobora kwita Imana Se nk’abana babyawe ubwa kabiri n’Imana ku bwo kwizera Kristo. Ku by’amategeko, ku bizeye Kristo igihano cy’ibyaha cyakuweho n’umusaraba (Abaroma 3:21-24; 5:1-2; Abakolosayi 1:14), ariko nk’uko tubona muri Yohana 13, twese duhura n’ingorane z’ibyaha dukora uko tugendagenda mu nzira zanduye zo muri iyi si. Ibyaha bizwi bibangamira ubumwe bwacu n’Imana, bizimya imbaraga ze no kuyobora ubugingo bwacu kwe, kandi bikabangamira ububasha bwacu bwo gukura no guhindurwa by’ukuri n’ubuntu bw’Imana. Bityo rero, muri iki cyitegererezo cy’amasengesho, Umwami atwereka uko tugomba kwifata imbere y’ingorane z’ibyaha byacu.

Tugomba kwibuka ko iri sengesho riduha icyitegererezo cyo gusenga n’ibigize isengesho. Aha ritwereka ko kubabarirwa ari igice cy’ingenzi mu masengesho yacu niba agomba gusubizwa kandi akagira umumaro mu bugingo bwacu n’uko tugendana n’Imana. Iki gice ntikiduha ubusobanuro bw’ukuntu n’ibice by’uko umwizera agomba kwifata imbere y’icyaha ngo ababarirwe. Kubw’ibi, Imana itegereje ko duhindukirira Ijambo ry’Imana ngo ritwigishe kandi riducengere. Ahubwo, iki cyitegererezo cy’amasengesho kitwibutsa ko turi abanyabyaha, kikatwereka ko dukeneye kwezwa ngo dusabane n’Imana, kandi cyerekana uruhare rwacu rw’uko twakwifata imbere y’ingorane z’ibyaha byacu mu moko yabyo yose nka:

Reka turebe akanya gato muri Luka 11:4a ‘Utubabarire ibyaha byacu.’ Inshinga, ‘kubabarira’, nk’uko ryakoreshejwe muri uyu murongo ni inshinga ya aorist y’Ikigiriki cyongera ku Ijambo iby’uko ikintu cyihutirwa - ntagushidikanya kubera ingaruka z’ibyaha. Umwami avuga aha iby’ibyaha byihariye. Ijambo ibyaha rifite indanga-jambo kandi riri mu bwinshi. Dukurikije ko Ibyanditswe bivuga rumwe, Umwami aha aravuga iby’ibyaha byihariye tugomba kwemera nk’ibyaha kubera icyo bikora ku busabane bwacu n’Umwami n’ububasha bwacu nk’abizera bwo gukunda no gufasha abandi.

Ibi bivuga ko tugomba gufata uku gusaba, ‘utubabarire ibyaha byacu’, nko gusabira ibyaha byacu byose muri rusange ni ukuvuga ngo ‘Mwami, mbabarira ibyaha byanjye byose’. Ibi byashobora gutuma tutemera ibyaha byihariye, bikadusigana ibya rusange bitagira icyo bitwemeza. Isengesho nk’iryo ryaba gusa iryo gukubita ibyaha munsi ya tapis (ikirago cyo gukandagiraho). Ni nko gusukura inyuma y’igikombe ariko ukibagirwa umwanda w’imbere.

Matayo 12:34-35 ‘Mwa bana b’inshira mwe, mwabasha mute kuvuga amagambo meza muri babi? Ibyuzuye mu mutima, n’iby’akanwa kavuga. 35 Umuntu mwiz’atang’ibyiza abikuye mu butunzi bwe bwiza, n’umuntu mub’atang’ibibi abikuye mu butunzi bwe bubi.’

Matayo 23:25-26 ‘Nukw’abantu basinziriye, umwanz’araza, abib’urukungu mu masaka, aragenda. 26 Nukw’amaze kumera no kwera, urukungu narwo ruraboneka.’

Inshinga ni aphiemi kandi ivuga, ‘kwohereza, kureka ikintu kikagenda’. Riva ku mbanziriza-jambo ‘giturutse’ n’inshinga ‘kuba’. Ryari rifite icyakora uburyo ryakoreshwaga bwemewe n’amategeko kandi rikavuga ‘kuvanaho, gusubiza, kubabarira’. Ryakoreshwaga ku nguzanyo cyangw’umwenda no kwicira urubanza n’umwenda w’icyaha ukuraho igihano cyangwa ingaruka z’ibyaha, kubwo kubabarirwa. Ingaruka aha ni ubusabane bwajemo agatotsi, bugarurwa no kwatura nyakuri. (Reba Umugereka wa 5 ku byerekeye iby’ingenzi mu kubabarirwa k’umwizera.

(2) Ibyerekeye uko tubana n’abandi - ‘Kuko natwe duharira abarimo imyenda yacu yose...’ (umurongo wa 4b)

Hano kimwe no muri Matayo 6:12b, ibi bivuga mu buryo bw’ihame aho kuba gusaba, ariko bivuga ibikeneye gusesengurwa. Ni ikintu buri wese akeneye guha Umwami ngo abiyobore. Imana idufata nk’abafite uruhare mu bumwe tugirana n’abandi kandi intumbero hano ni igihe dutekereza ko twahohotewe bikaba byatuma dushaka kubika inzika no kwihorera.

Ku byo kubabarira abandi, hari buri gihe ibintu bibiri: gutumbira ku Mana cyangwa se gutumbira hejuru, no gutumbira ku muntu cyangwa se gutumbira ku ruhande.

Ku byerekeye Imana: ibyaha byose dukorera abandi tubikorera Imana mbere na mbere kubera ko ari ukwica itegeko ry’Imana ryo gukundana. Bityo rero, iyo ducumuriye undi muntu, tugomba mbere na mbere kwaturira Imana.

Ku byerekeye abantu: Mu mibanire yacu na bagenzi bacu, dufite ibintu by’ubwoko bubiri biduhata: iby’uwacumuriwe n’iby’uwacumuye.

UWAHEMUTSE

UWAHEMUKIWE

We n’Imana – Yihane ku Mana icyaha yahemukiye mugenzi we

Umurimo we – kubabarira uwamuhemukiye

We na mugenzi we – Asabe imbabazi kandi ashake uko yiyunga n’uwo yahemukiye. Ashobora gusubiza ibyo yangirije

Umurimo we – Bishobotse kubera ubumwe n’ubwiyunge, asange mugenzi we kugira ngo biyunge

Uwakosherejwe, nk’uwababariwe muri Kristo, agomba gukora ibintu bibiri. Icya mbere, agomba kwerekana kubabarira kutagira akagero bahawe na Kristo. Aha ni nka rwa rubanza rw’umugaragu wanze kubabarira mugenzi we muri Matayo 18:23-35. Icya kabiri, iyo uwakosheje atagize icyo akora, mu kwumvira Ibyanditswe, kandi kubw’ubumwe, gusubiza iby’abandi, kwomora, uwakosherejwe yagombye kwegera uwakosheje kugira ngo barangize icyo kibazo n’ubwo yacyahwa (Luka 17:3-4). Iyo uwakosheje atihannye, uwakosherejwe ashobora gukurikiza ibyo muri Matayo 18. Ibi icyakora, nta na rimwe bivuga ko dufite uburenganzira bwo kwangana cyangwa kugira umujinya.

Niba Imana kubw’ubuntu n’imbabazi zayo yaratubabariye umwenda ukomeye ityo, uwo tutashoboraga kwishyura kubera ububi bwacu, mbega ukuntu tugomba kurushaho kubabarira abandi imyenda cyangwa ibyaha badukoreye nk’abagaragu bagenzi bacu uko twaba twarababajwe kwose. Ibitubabaza ntibyagereranywa n’ibyo Kristo yatubabarijwe. Ariko kubabarira abandi nta na rimwe bigomba gufatwa nk’umurimo dukora ngo tubone imbabazi z’ibyaha byacu, kubera ko umwenda wacu aba ari munini ngo tube twabasha kugira icyo dukora ngo twishyure.

Uwakosheje na we hari ibintu bibiri agomba gukora: icya mbere, kwihana ibyo yakoze no kubyaturira Imana. Ibi bigarura ubumwe n’Imana. Hanyuma akegera uwo yakoshereje bakarangiza icyo kibazo amusaba imbabazi no gukora ibyiza hakurikijwe uko ibintu biba bimeze. Gereranya imirongo ikurikira ku kubabarira: (Reba Matayo 18:21-35; Luka 17:3-4 na 1 Petero 3:7)

Abefeso 4:31-32 ‘Gusharira kwose n’uburakari n’umujinya n’intonganya no gutukana hamwe n’igomwa ryose bibavemo. 32 Mugirirane neza, mugiriran’imbabazi, mubabariran’ibyaha, nk’ukw’Imana yabababariye muri Kristo.’

Matayo 5:23-26 ‘Nuko n’ujyan’ituro ryawe ku gicaniro, ukahibukira mwene so ko afit’icyo mupfa, 24 usigey’ituro ryaw’imbere y’igicaniro, ubanze ugende wikiranure na mwene so, uherek’ugaruk’utur’ituro ryawe. 25 Wikiranure vuba n’ukurega, mukiri mu nzira, ukurega ye kugushyikiriz’umucamanza, umucamanz’ataguh’umusirikare, akagushyira mu nzu y’imbohe. 26 Ndakubwir’ukuri yuk’utazavamo rwose, keretse wishyuy’umwenda wose, hadasigay’ikuta na rimwe.’

Matayo 6:14-15 ‘Kuko nimubabarir’abant’ibyaha byabo, na So wo mu ijur’azabababarira na mwe: 15 ariko nimutababarir’abantu na So na we ntazabababarira ibyaha byanyu.’

Amahame yo Kuzirikanwa:

(3) Gusengera ibishuka umuntu - ‘kandi ntuduhane mu bitwoshya...’ (Umurongo wa 4c).

Uku gusaba kwihariye kwateye benshi gushidikanya. Mu by’ukuri ibi bivuga iki? Ikintu kimwe cy’ukuri, si ugusaba kubera kugira ubwoba ko Imana ishobora kutujyana mu bitwoshya. Yakobo 1:13 atwibutsa ko Imana itagira uwo yoshya. Kwoshywa gukora icyaha bituruka iteka ahandi hatari ku Mwami. Uku gusaba guturuka mu kwemera amahame amwe n’ukuri kw’Umwuka. Bitwibutsa kandi bikatuburira kuri:

Icyo gusabirwa ni ukwemera aya mahame ngo duhindukirire Umwami kandi tumwishingikirizeho ngo aturinde ubwacu kimwe no kuturinda ibigeragezo, cyane cyane ibyo tudashobora kumenya.

Umugani w’inshuti ititiriza
(11:5-8)

Luka 11:5-8 ‘Arababwir’ati: Ni nde muri mwe ufit’inshuti, wayisanga mu gicuku, akayibwir’ati: Nshuti yanjye, nzimanir’imitsim’itatu, 6 kukw’inshuti yanjy’impingutseho ivuye mu rugendo; none nkaba ntafit’icyo nyizimanira: 7 uwo mu nzu akamusubiz’ati, Windushya, namaze kugarira, ndaryamye, n’abana banjye na bo nuko; sinshoboye kubyuka ngo nyiguhe. 8 Ndababwira yuko, nubw’atabyukijwe no kuyimuhera kw’ar’inshuti ye, ariko kukw’amutitirije, biramubyutsa, amuh’iby’ashaka byose.’

Muri uyu mugani tubona impamo y’igisubizo cy’Imana n’imigisha yayo kubwo gusenga utitiriza.

Hari ibibazo bimwe bitutumba mu bwenge bw’abizera ku byerekeye amasengesho. Urugero: kuki tugomba gukomeza gusabira ikintu igihe ubwa mbere twagisengeye twizeye ko Imana idusubiza? Mbese ni ukutizera? Kuki hari igihe dusenga twizeye igisubizo, ariko ntitugire igisubizo tubona? Twizera kandi twemera ko ari ubushake bw’Imana ariko ntihagire ikiba. Twakora iki? Twatekereza iki?

Ibibazo nk’ibi akenshi bica intege amasengesho kubera ko abantu badasobanukirwa bihagije iby’amasengesho n’umwanya wayo muri gahunda y’Imana mu bugingo bwacu. Byongeye, abizera bazi ko bagomba gusenga ndetse gusenga mu kwizera, ariko ibi birakomeye. Baravuga bati, ‘Nzi ko Imana ibishoboye ariko se ni ubushake bwayo?’ Uko biri kose, ubushake bw’Imana ni ikintu cy’ingenzi ku buryo dusenga tugasubizwa.

Reba Mariko 11:22-24

‘Yesu arabasubiz’ati: Mwizer’Imana. 23 Ndababwir’ukuri yuk’umuntu wese wabwira uyu musozi ati, Shinguka, utabwe mu nyanja; ntashidikanye mu mutima we, yizeye yukw’icy’avuze gikorwa, yakibona. 24 Ni cyo gitumye mbabwira nti: Ibyo musaba byose mubishyizeh’umutima, mwizere yuko mubihawe, kandi muzabibona.’

Hanyuma ugereranye iri sezerano ryo hejuru aha n’ibice bikurikira:

Matayo 6:10 ‘Ubwami bwawe buze, iby’ushaka bibeho mw’isi, nk’uko biba mw’ijuru;’

Luka 22:42 ‘Data, n’ubishaka, undenz’iki gikombe; ariko bye kub’uko nshaka, ahubwo bibe uk’ushaka.’

Abefeso 5:17 ‘Nuko ntimukab’abapfu, ahubwo mumeny’icy’Umwami wac’ashaka.’

Umugani w’Umwami werekeye inshuti yanze kwemera OYA nk’igisubizo watangiwe kurwanya gushidikanya kandi no kugira ngo ube impamvu n’ikidutera gukomeza no gutitiriza mu masengesho yizera Imana ku byo dusaba. Iyo tuvuze ‘amasengesho atitiriza’ tuba dushaka kuvuga iki? Birahagije kuvuga ko ari ibirenze amasengesho gusa.

Uyu mugani ni uw’iki? (Luka 11:1 reba 18:1, ni ukuvuga ibihavugwa). Abigishwa bari babajije Umwami ngo abigishe gusenga. Barimo bavuga ngo, ‘Tugeze ahantu, Mwami, aho amasengesho atari amahitamo cyangwa ayo gukoreshwa mu bihe bikomeye gusa. Tugeze aho uri Umwami n’aho amasengesho ari ay’ingenzi n’ukuri tutakwirengagiza.’

Iyi mirongo, yerekeye uyu mugani, ibyo dusabwa, amasezerano, n’amahame yatangiwe gusubiza ibibazo no kubaha impamvu (bityo na twe) mu ntambara y’amasengesho. Muri Luka 18:1, Kristo yari afite na We nta gushidikanya amasengesho atitiriza mu mutima we. Reba ko dufite guhitamo ibintu bibiri gusa: dushobora gusenga dukurikije Bibiliya mu kwizera cyangwa tunanirwa gusenga kandi na byo ni uburyo bwo kuneshwa.

Uyu mugani mu gusubiza umwigishwa utaravuzwe izina ku cyifuzo cy’amasengesho (11:1), wagenwe n’Umwami nk’inyigisho zindi ku byerekeye amasengesho. Uvuga abantu batatu tuzita A, B na C n’ibintu bitanu.

Inshuti twise A, yari ivuye mu rugendo rwa kure, isura inshuti twise B ari nijoro, uko bigaragara ikeneye gufashwa. Inshuti twise B, itari ifite ibihagije, ijya ku muturanyi, inshuti twise C ngo imufashishe ibyo guha inshuti A. Inshuti C, icyakora, nubwo ifite byinshi ntiyihutiye guhaguruka no gufasha inshuti B, ariko yaratitirije akomeza gusabira inshuti A. Hanyuma, inshuti C yari ifite byinshi yatanze byasabwaga kubera gutitiriza kwa B.

Reka turebe inyigisho cyangwa amahame dushobora kwiga muri uyu mugani ku by’amasengesho.

Aha ni ho amasenesho aturuka. Amasengesho agenewe gutanga ibyo abashonje bakeneye (Abaheburayo 4:16). Ariko uyu mugani werekana gusengera ibyo abandi bakeneye, si ibyo twe dukeneye. Inshuti B yasabiye inshuti ye yaje imugana ari mu gicuku, ishonje kandi nta cyo kurya. Aho na none ni ho itorero risa n’iryataye intumbero yaryo mu murimo wo gusabira abandi. Ibuka ko hari amoko abiri y’amasengesho: (a) gusabira ibyo dukeneye ubwacu no (b) gusabira ibyo abandi bakeneye.

Nk’abizera twese turi abatambyi b’Imana (1 Petero 2:5). Twahawe umurimo wo gusabira abandi ushobora gutuma tuzana imbaraga n’imigisha bitavuzwe mu bugingo bw’abandi dusabira abazimiye, abakozi ngo boherezwe, gukingura inzugi z’Ijambo ry’Imana, n’ibyo bagenzi bacu b’abizera bakenera (reba 3 Yohana 2; Abefeso 6:18; Abakolosayi 4:2-4, 12). Gusenga neza ni ukwumva neza ibyo abandi bakeneye. Ni ukwita ku bandi aho kwiyitaho ubwacu.

Igihe yari ku musaraba, Umwami wacu yasengeye gutabarwa kwe ubwe, ariko nta na rimwe yibagiwe abamukikije bose. Mu busobanuro bw’Ikigiriki, gikoresha inshinga itondaguye mu gihe gisa n’icyashize ku gikorwa gikomeza mu gihe cyashize; tuzi ko Umwami yasenze asubiramo ati ‘Data ubababarire ...’ muri arya masaha yo ku musaraba.

Ikindi kintu gisa n’iki cyo haruguru ni ingingo ikurikira iboneka muri iki gice.

Ni Andrew Murray werekanye mu gitabo Hamwe na Kristo mu Ishuri ryo Gusenga, ko gusabira abandi ari igice kimwe mu ishuri ry’Imana ryo kutwigisha (urupapuro rwa 49). Hano ubwana bwacu, ubumwe bwacu n’ubucuti bwacu n’Imana birageragezwa kimwe n’urukundo dukunda abandi. Ubugingo bwacu bwo gusenga ni igipimo cyiza cy’imimerere nyakuri y’ubugingo bwacu bw’Umwuka no gukura kwacu n’ubusabane na Yesu Kristo.

Byagenze bite muri uyu mugani? Umuntu yakiriye iwe mu gicuku umugenzi wari unaniwe. Ntiyigeze ashaka kwisobanura ngo avuge ati ‘Nagize umunsi unaniza cyane, nta byo kurya mfite - jya ahandi’. Yaretse ikiruhuko cya nijoro yarimo arasohoka mu mwijima ajya gushaka umutsima wari ukenewe. ‘Urukundo ntirwishakira ibyarwo’, urukundo ruritanga, rutanga ku gihe cyarwo, no ku butunzi bwarwo ruha abandi ibyo bakeneye.

Ubu bwoko bw’urukundo mu magambo no mu bikorwa ntirusanzwe kuri twe. Rukenera ubushobozi n’impamvu bidasanzwe. Rukenera umutima nk’uwa Kristo (Ijambo ry’Imana mu bugingo no kuyoborwa n’Umwuka Uyobora n’ubugingo butera imbaraga). Yohana 15:5, 7-8 n’Abefeso 6:18 hatwibutsa ko ubusabane nyabwo n’Umwami ari ngombwa ku bugingo bwacu bw’amasengesho kimwe n’uko amasengesho ari ngombwa ku bumwe bwacu n’Umwami. Mu buryo bumwe, kimwe kigaburira ikindi. Hatariho gutumbira mu ijuru, amasengesho ahinduka kwikunda kandi ashingiye ku mpamvu z’ibinyoma (Yakobo 4:2). Bityo, mu buryo bw’ukuri, amasengesho yo gusabira abandi ni igipimo cy’urukundo rwacu, ubumwe bwacu n’Imana n’ubucuti bwacu n’abandi. Mbese ndi nshuti ki?

Umuntu twise inshuti B yaravuze ati ‘ntacyo mfite ngo muzimanire’. Abantu akenshi bavuga iby’imbaraga z’urukundo, ibyo urukundo rubasha gukora kandi rukorera abandi. Ariko ni ngombwa kuri twe kureba ukundi kuri. Muri twe ubwacu tubuze byinshi cyane. Dushobora gushaka gufasha abandi ariko kubera intege-nke zacu nk’abantu ntidushobora cyangwa se nibura dufite aho tugarukira mu bushobozi bwacu bwo gufasha. Muri twe ubwacu ntacyo turi cyo.

Uko twashaka kuzana umuntu kuri Kristo kose, wowe nanjye ntidushobora gufungura amaso yacu, ntidushobora kuyahatira kubona umucyo. Umwuka w’Imana wenyine ni We ushobora kubikora (Ibyakozwe 16:14). Ivugabutumwa, rero, kugira ngo rigire umumaro rigomba kubanzirizwa n’isengesho. Ihame risa n’iri rikoreshwa no mu guhugura abantu mu Ijambo ry’Imana. Akomeje, intumwa Pawulo yasengeye gusobanukirwa mu by’Umwuka by’abantu yigishaga (Abefeso 1:15-23; 3:14-20; Abakolosayi 1:9-14; Abafilipi 1:9-11). Abaganga bashobora gukorera umurwayi ibyo bashoboye byose, ariko ntibakuraho ingorane kuko Imana yonyine ari yo ibishoboye.

Ihame ni uko tudakwiriye kandi turi abanyantege-nke, ariko Imana ishobora byose, izi byose kandi ibera hose icyarimwe ni Yo ishobora gukora ibirenze ibyo twabasha gusaba cyangwa gutekereza. Mu bwenge bwayo izi ibyiza kuruta ibindi; mu rukundo rwayo itwitaho buri gihe, kandi mu mbaraga zayo ishobora byose. Bityo rero uko turushaho kubona kudashobora kwacu no gukena, ni ko amasengesho arushaho kutubera aya ngombwa n’ayo tutakwibuza.

Nubwo uyu muntu adashobora kwikenura we ubwe, azi ko hariho undi ushoboye kandi ushaka gufasha. Afite inshuti ya bugufi ikize cyane ishoboye kandi ishaka gufasha.

Akurikira ni amahame y’ingenzi yerekeye kwizera:

Kumenya aya mahame bidutera kurushaho gusenga (reba Nehemiya 1).

Kwizera no kumenya byatumye urya muntu abyuka mu gicuku ajya kwa mugenzi we gusaba umutsima w’umugenzi wari unaniwe avuye mu rugendo rwa kure kandi yari ananiwe kandi ashonje. Nk’uko byavuzwe haruguru amasengesho ni igipimo cy’ubucuti bwacu n’Imana cy’uko tumuzi n’uko twiringiye ko Imana izasubiza kandi ikaduha. Kwizera nk’uku kujyana ku masengesho: mu kumenya Imana n’amasezerano yayo n’uko tuyegera muri Yesu Kristo, dushobora kwiringira ubufasha bwayo - budashobora kudutera umugongo, ko atwumva kandi yita ku byo dukenera n’ibyo abandi bakenera.

Ibi biduha icyitegererezo kandi bitwigisha ukuri k’uko Data wa twese wo mu ijuru akaba n’ ‘inshuti’ azaduha ibyo dukeneye koko, nta kwibeshya, Imana izabiduha! Kuki? Kubera ko Imana yacu idashobora kubeshya, idahinduka, ikaba ari urukundo kandi ari iyo kwiringirwa, yaduhaye isezerano ku rindi kuri ibyo. Gereranya na Matayo 21:22; 18:19-21; na Luka 11:9-10.

Zaburi 9:10 ‘Abaz’izina ryawe bazakwiringira; Kuko wowe, Uwiteka, utarek’abagushaka.’

Zaburi 10:17-18 ‘Uwiteka, wumvis’iby’abanyamubabaro bashaka: uzakomez’imitima yabo, uzatyariz’ugutwi, 18 kugira ng’ucir’imfubyi n’abahatw’imanza zibakwiriye, Umuntu wakomotse mu butaka ye kuzongera guter’ubwoba.’

Zaburi 34:4 ‘Nashats’Uwiteka, aransubiza, Ankiz’ubwoba nari mfite bwose.’

Zaburi 145:18-19 ‘Uwiteka aba hafi y’abamutakira bose, Abamutakira mu by’ukuri bose. 19 Azasohoz’iby’abamwubaha bashaka; kand’azumva gutaka kwabo, abakize.’

Imigani 15:29 ‘Uwiteka aba kure y’inkozi z’ibibi; Ariko yumva gusaba k’umukiranutsi.’

Mbese tuzi Imana yacu dute? Ni amahame cyangwa amasezerano angahe yerekeye amasengesho tuzi?

Twumva abantu bavuga ngo, ‘ariko rimwe na rimwe igisubizo cy’Imana ni OYA’. Ni byo koko kandi na 2 Abakorinto 12:7 n’ikurikira harabihamya. Ariko icy’ingenzi nizera tugomba kubona ni uko; akenshi imyifatire nk’iyi itubuza gusabira abandi no kwisabira cyangwa gusenga nyakwo. Akenshi abantu barekeraho gusabira ikintu bataragera ku rugero rwo gutitiriza.

Muri uyu mugani umuntu wagombye gufasha afite ubushake buke bwo gufasha. Iki gice cyo muri uyu mugani kirashaka kuvuga iki? Imana yatubwiye gusenga, itwitaho, kandi yadusezeranije ubufasha n’igisubizo, akenshi yimana igisubizo n’impano. Rimwe na rimwe duhura n’ibisa n’uko atwangira. Kuki? Ibivugwa aha ni ibiki? Kristo aratwigisha iki ku byerekeye gusabira abandi? Ko tugomba gukomeza gukomanga ku rugi rw’Imana nk’inshuti ifite ubushake buke kugeza igihe atakibasha kubyihanganira hanyuma akemera? OYA!

Hanyuma ko hari ibihe twumva twiringiye ubushake bw’Imana, igihe dufite ibyo dukeneye bigaragara kandi tugasenga mu kwizera, twiringiye maze tugasa n’abananirwa cyangwa tugasubizwa ngo OYA? None bite? Reka turebe amahame akurikira atubere igisubizo.

Mu gice cyacu inshuti B yarangiwe - ‘windushya’, ariko ntiyafata igisubizo ko ari OYA, ahubwo nta soni yagize zo gutitiriza kugeza abonye icyo yashakaga. Ese yaribeshye muri ibi? Yashoboraga se kuba yaravuze gusa ati, ‘Ahari si ubushake bw’Imana, mwene data. Mbabarira sinshoboye kugufasha’? Biragaragara ko atari byo kuko Kristo yakomeje uyu mugani avuga mu murongo wa 9 ati, ‘musabe muzahabwa, mushake muzabona, ...’ isezerano risobanutse kandi ridakuka.

Gusabira abandi dutitiriza ni igice mu bigize ishuri ryo kutwigisha ry’Imana. Aha na none nk’uko Murray abitwibutsa, ni igipimo cy’ubucuti bwacu n’Imana, cy’uko tuyizi nk’inshuti yacu na Data wo mu ijuru, n’uko twitangira kumenya Umwami no gushaka ubushake Bwe. Reba ukuntu iki gice cyibanda ku by’uko dukeneye amasengesho atitiriza, kandi ko, nk’uko Luka 18:1 hatwigisha, tutagomba kurorera.

Amasengesho akwiriye nk’iri asaba kwizera no kumenya ibyo Imana ishaka gusohoza - kumenya Imana n’umugambi wayo. Amasengesho akwiriye kandi ya buri gihe agomba kuba igihe cyo kutugerageza no kutwigisha, igihe cyo gushaka no kubona nk’uko tuza kubibona hepfo aha.

Amasengesho atitiriza yerekana ubumenyi bwacu n’ibyiringiro byacu dufitiye inshuti yacu na Data wa twese wo mu ijuru. Ahesha Imana icyubahiro kubera yerekana ko twishingikiriza ku bwenge n’urukundo by’Imana. Kutabona igisubizo cya vuba ntibidutera kwangwa cyangwa ngo bidutere ubwoba cyangwa gushidikanya no kwigunga. Kuki? Kubera ko tuzi inshuti yacu na Data wa twese wo mu ijuru. Mbese dusobanukirwa ibyo Imana ikora byose? Oya, haba na gato. Ese biroroshye? Oya.

Amasengesho atitiriza yerekana gukura ko kwizera kwacu cyangwa kudakura kwako kandi bityo na none iby’uko dukeneye kwizera, ubwenge n’iby’agaciro n’iby’ibanze Bibiliya yigisha hamwe no kwihangana no kureba ku by’iteka. Kwizera gukomeye cyangwa gukura kubona kandi kwizera amasengesho y’Imana, kukabishyira hamwe no gutitiriza nubwo igisubizo cyaba atari icy’ako kanya (Abaheburayo 11:13, 39). Kwizera gukomeye kumenya ko Imana isubiza mu gihe gikwiriye n’uburyo bukwiriye.

Ibi nta handi bivugwa neza nko mu masengesho y’Umwami wacu mbere yo kubambwa ku musaraba. Iyo Se amukuraho igikombe cy’umusaraba cyangwa se agahamagaza abamarayika ibihumbi icumi kumutabara umusaraba, tuba tukiri mu byaha byacu. Imana yasubije Umwana wayo, ariko mu gihe gikwiriye no mu buryo bukwiriye.

Amasengesho atitiriza arakenerwa kenshi ngo tuzane amasengesho yacu mu bushake bw’Imana, ni ukuvuga kuyakosora no kuyahindura ahesha Imana icyubahiro kandi aduhindukira imigisha ikomeye (reba Luka 18:38-41).

Umugani w’impumyi wo muri Luka 18:35-41 utwereka ko iyo mpumyi yatatse cyane isaba kugirirwa imbabazi, gusaba ikintu rusange yabisubiyemo kenshi yizeye kandi izi ko Yesu Kristo ashobora kandi ashaka kuyikiza. Ariko icyo Kristo yakoze ni iki? Mbese yahise ayikiza? Oya. Ahubwo yaravuze ati, ‘urashaka ko nkugirira nte?’ Biragaragara ko Kristo yari azi ko uwo mugabo ari impumyi kimwe n’uko Data wa twese azi ibyo dukeneye mbere y’uko tubisaba (Matayo 6:8). None ni kuki yamubajije icyo kibazo?

Ikibazo cy’Umwami Yesu yabajije impumyi kitwigisha ko Imana ishaka ko dusengera ibintu runaka kugira ngo tuzane ubumuntu bw’Imana, amasengesho ye, amahame ye, n’imigambi ye ngo byite kuri buri kantu ko mu bugingo bwacu no mu bugingo bw’abandi. Ubu buryo bwo gusenga buhuje n’amahame-shingiro twabonye ku byerekeye amasengesho. Ntabwo ari ibikorwa n’Itorero gusa cyangwa umuhango waryo udahuye n’ubwenge bwacu, amaranga-mutima n’ubushake, n’ibyihariye byo mu bugingo bwacu. Kuki? Kubera ko amasengesho ari uburyo bwo gusabana n’Imana no gukura mu by’Umwuka tugomba gushaka no gusobanukirwa kurushaho iby’Umwami n’ubushake bwe.

Ku bw’amasengesho atitiriza nyakuri, duhatirwa kureba neza ibyo dukeneye n’ibyo dusabira kuri kamere n’impamvu zabyo hamwe n’imigambi y’Imana muri ibyo bihe. Ibi bisaba igihe, gutekereza, kwisuzuma mu bugingo, n’ubusabane n’Imana. Bisaba ko dusabira kandi tugatekereza ku bibazo bimwe by’ingenzi bidufasha kumenya icyo Imana ishaka kutwigisha, ibibazo nka: ni ibiki bintera gukora ibyo nkora? Ibikenewe nyakuri ni ibihe? Mbese Imana ishaka ko nkora iki? Mbese Imana irashaka gusohoza iki? Mana, ushaka ko nsenga nte?

Amasengesho atitiriza no gushaka mu masengesho bidutera kubona ibyo dukeneye n’uko tudakwiriye iby’abandi bakeneye n’uko badakwiriye. Bifasha kuzana ahagaragara ibidutera kurushaho kwishingikiriza ku Mwami mu bintu byihariye. Bityo ntidupfa kuvuga ngo ‘Mwami, mfasha, cyangwa ngo fasha William uyu munsi.’ Ahubwo twavuga tuti: ‘Mwami, mpa imbaraga muri ibi, mu ngorane cyangwa intege-nke runaka.’

Amasengesho atitiriza aduhatira gushaka no gusuzuma ibyo dukeneye byihariye adufasha mu kugendana n’Imana kwacu no gukura kwacu mu kwizera no kwumvira. Iyo tubaye abantu bihariye duhatirwa gukora ibyihariye n’imizi y’ibibazo mu bugingo bwacu no mu bugingo bw’abandi. Ntidupfa gusaba ngo ‘Mwami, nkiza ibyaha,’ ahubwo dusaba ngo, ‘Mwami nshoboza kurwanya uburakari bwanjye, cyangwa kurwanya kubura urukundo kwanjye, cyangwa kurwanya ubwoba bwo guhagarara mu kuri, n’ibindi.’ Biduhatira kwemera abo turi bo n’ukuntu Imana ihagije ku byo dukenera byihariye.

None ni iyihe migisha y’amasengesho atitiriza?

Mwibuke ko turimo kuvuga ku byerekeye gutinda kw’igisubizo cy’Imana n’ibyo amasengesho atitiriza azanira abizera binyuze mu gushaka no kubona.

(1) Bikuza ubumwe bwacu n’Umwami. Kubwo gushaka no kubona, gusobanukirwa Imana kwacu, kwizera kwacu, ibyiringiro byacu, ibyishimo n’amahoro byacu (Abafilipi 4:1 n’ikurikira), hamwe n’imbaraga n’inkunga byacu ngo tugere mu munezero n’imbaraga by’Umwami imbere yo kubabazwa no gutotezwa, byose bitezwa imbere (reba 2 Abakorinto 12:7-10; 4:16-18).

(2) Biduha ibisubizo byihariye biva ku Mana, ariko mu gihe cyayo. Uko tureba inyuma, dushobora kubona kenshi ukuboko kw’Imana gusohoza imigambi yayo y’ubwenge dukwiriye kuyishimira mu bisubizo byihariye (2 Abakorinto 9:11-12). Gusabira ibintu byihariye bitubashisha gutegereza ibisubizo byihariye no kurushaho kubimenya iyo bije bityo tukabasha gushima no guhimbaza Imana ku bw’ibyo bisubizo.

Amahame y’ingenzi yo muri uyu mugani ni aya: niba kudakunda abandi nk’inshuti yikunda yo muri iyi si, gushobora kuneshwa ku bwo gutitiriza - ni gute amasengesho atitiriza atarushaho kuzana n’ingororano biva ku Nshuti yacu yo mu ijuru ari na We Data wa twese wo mu ijuru.

Iki gice ntikivuga ko Imana yanga kudusubiza kubera ko itadukunda cyangwa se ko idashaka uyitesha igihe. Nk’uko tuzabibona muri iki gice, Imana ni Data wa twese wo mu ijuru uzi ubwenge bwose kandi yimana ibisubizo by’amasengesho mu bwenge bwe buzira amakemwa no mu kugwa neza kwe kubera ko adapfa kuduha icyo ari cyo cyose keretse ikirusha ibindi kuba cyiza mu byo dukeneye.

Uko tugomba gusenga amasengesho atitiriza
(11:9)

Luka 11:9 ‘ Nanjye ndababwira nti: Musabe; muzahabwa; mushake; muzabona; mukomange ku rugi muzankingurirwa.’

Ibyanditswe mu Kigiriki bikoresha indagihe ihoraho kuri buri tegeko (‘musabe, mushake, mukomange’). Ariko nk’uko mwabibwirwa n’ibyavuzwe mbere, kubw’amasengesho atitiriza Ibyanditswe ntibitubwira gupfa gukomeza gusaba gusa. Hari ibirenze ibyo. ‘Nanjye ndababwira nti’ mu murongo wa 9 ni kago (kai + ego) na lego bisobanurwa ngo ‘nanjye ndavuga’. Cyangwa ‘ubu nanjye, ndavuga’. Ryakoreshejwe nk’uburyo bwihariye bwo kwigisha ukuri cyangwa inyigisho z’itorero zari zikeneye kujonjorwa muri uyu mugani. Ni nko kuvuga ngo, ‘dore ikibazo ni iki.’ Rikurikiwe n’amategeko atatu aduha, ukurikije iki gice amahame akurikira.

Iri ni itegeko ryo gukomeza gusaba, gukomeza kwegera Uwiteka n’ibyo dukeneye n’ibibazo. Nta kwiheba ngo urekeraho. Nta kuva mu gusiganwa. Tugomba kwihanganira imbere y’Uwiteka mu byo gusaba. Ariko se gute?

Bamwe babona ibi nk’ubundi buryo bwo kuvuga ikintu kimwe, ariko ndizera ko uku ari uguhamagarirwa gushaka no kubona mu gukomeza gusenga. Ndizera ko ibi bivuga byinshi kurusha gupfa gusaba cyangwa gushaka ikintu cyasabwe. Ibi bivuga ko, mu masengesho yacu no gusoma no kwiga Ijambo ry’Imana mu buryo busenga, tugomba gushaka ubushake bw’Imana n’inyigisho ishaka ko twiga.

Gusengera ubwenge no gusobanukirwa mu by’Umwuka n’ibyo Imana ikora muri byo (Yakobo 1:5)ni byo tugomba gushaka. Dukeneye kwibaza ibibazo nka: ni iki Imana ishaka kunyigisha cyangwa kutwigisha? Mbese Imana irashaka kutwereka indi nzira cyangwa se igihe cyayo ntikiragera? Mbese irashaka ko kwihangana kwacu, kwiringira kwacu, guhindura ibyo dutekereza kwacu, cyangwa irashaka kutwereka inkomoko z’ibyishimo by’ibinyoma cyangwa inkomoko zitera kwiyiringira no kwiyoborera ubugingo?

Uku ni uguhamagarira gutegereza Imana mu masengesho. Ntuzarambirwe ngo urekeraho. Ntuzahagarare. Guma aho, utegereze kandi ushyire ibibazo mu biganza by’Uwiteka n’igihe cye. Aha turabona ihame ryo gutegereza Uwiteka, ry’ubugingo bushingiye ku kwizera - kuruhukira mu kwizera ubwenge n’urukundo by’Imana. Igisubizo no guhishurwa kw’ibyo Imana ikora bizaza. Ni ukwiringira gusa ubugwaneza n’ubwenge bw’Imana.

Iyo dufite ibyo mu mutima wacu, Uwiteka aduha vuba guhanga amaso kuri kamere y’Imana n’ubumwe dufitanye na Yo nka Data wa twese wo mu ijuru kubwo kuba abizera Kristo. Kuki? Kudutera inkunga yo gukomeza gusaba, gushaka, no gukomanga. Imana ni Data wa twese wo kwiringirwa.

Isezerano ry’igisubizo cy’Imana cyizewe
(11:10)

Luka 11:10 ‘Kuk’umuntu wes’usab’ahabwa; ushats’abona; n’ukomanga, arakingurirwa.’

Uyu murongo uvuga gusa ko abakomeza gusaba, gushaka, no gukomanga, bagasaba batitiriza, bazabona ibisubizo bivuye ku Uwiteka. Bazahabwa, bazabona, kandi Imana izabafungurira urugi.

Birafasha kubona ko indagihe ari yo ikoreshwa kuri buri nshinga yerekeye igisubizo cyizewe cy’Imana (‘arahabwa, arabona, ukomanga’). Mu murongo wa 9, igihe kizaza ni cyo cyakoreshejwe, ariko si ko biri hano, nibura si ko biri kuri ziriya nshinga ebyiri za mbere. Hari ingorane mu gusoma ibyanditswe n’intoke cyane cyane ku nshinga ya gatatu kandi biragoye kumenya na gihamya niba harakoreshejwe indagihe cyangwa inzagihe. Birashoboka ko ari indagihe kimwe no mu nshinga ebyiri za mbere.

Indagihe yerekana kubaho kw’igisubizo cyizewe cy’Imana mu buryo burushijeho kugaragara. Ibi bishobora kuba ibyo twita inzagihe ya hafi yerekana igikorwa kiba kitarakorwa, ariko kibonwa nk’ikigomba gukorwa by’ukuri ku buryo mu bitekerezo kibonwa nk’ukuri kwo mu ndagihe. Cyangwa se, ishobora kuba indagihe idasanzwe y’ihame rusange kandi ry’igihe cyose. Uwiteka aha abasaba batitiriza mu masengesho. Ni ko Imana ikora. Umwami aratwiringiza ko Imana itwitaho kandi ikagira uruhare mu bugingo bwacu ngo ituyobore, iduhindure, kandi isubize amasengesho yacu.

Ubu rero mu gushyigikira kwizera kwacu ni ukwerekana impamvu tugomba kwiringira igisubizo cy’Imana, n’uko Imana itwitaho, Umukiza yerekeza ibitekerezo byacu ku BUNTU BUSAGA bw’Imana mu kudukangurira urukundo rw’Imana rwera kandi rutarondoreka nka Data wa twese wo mu Ijuru.

Ihame ry’ubuntu busaze bw’Imana
(11:11-13)

Luka 11:11-13 ‘ Ninde muri mw’ufit’umwana, yamusab’umutsima, akamuh’ibuye? Cyangwa ifi, akamuh’inzoka? 12 Cyangwa yamusab’igi, akamuha skorpiyo? 13 None se, ko muzi guh’abana bany’ibyiza, kandi muri babi, So wo mw’ijuru ntazarushaho rwose guh’Umwuka Wera abamusabye?’.

Imana ni Data wa twese wo mu ijuru udashobora kugira icyo atwima nka data wo ku mubiri.

Matayo 7:11 ‘Ko muri babi, kandi mukaba muzi guh’abana bany’ibyiza, none So wo mw’ijuru ntazarushaho guh’ibyiz’ababimusabye?’.

Abaroma 5:9 ‘Nkanswe none, ubwo tumaze gutsindishirizwa n’amaraso ye, ntituzarushaho gukizw’umujinya w’Imana na We?’.

Abaroma 8:32 ‘Mbes’ubw’itimany’Umwana wayo, ikamutanga ku bwacu twese, izabur’ite kumuduhana n’ibindi byose?’.

Ingero zisaze zo muri iyi mirongo ya 11-12 yerekana igipimo, icyitegererezo rusange mu bantu. Iyo amoko cyangwa ibihugu bisubiye inyuma kandi mu buryo bw’Umwuka bikagwa hasi, abana barakurikira, ariko muri rusange ababyeyi ntibica aya mahame. Ntibaha abana babo impano zangiza zo kubisekera. Akenshi ntibabaha iby’ubwenge, ariko akenshi babakorera ibyo bakeka ko ari byiza kuruta ibindi.

Izi ngero zirashyigikira iby’uko Imana, kubera uwo ari We nk’Iyera n’Imana y’Inyabwenge, ni Yo yonyine ishobora kudusubiza mu bugwaneza n’urukundo byayo bitunganye.

Kubera ko Imana itunganye kandi itarondoreka mu mico yayo yose no kubaho kwayo, nta kindi ikora atari ikiruta ibindi. Ikora byinshi kurusha ba data bo ku mubiri kuko bo, nubwo bashaka iteka kuduha ibyiza, baracyari abanyabyaha kandi ubwenge bwabo bufite aho butarenga.

Muri uyu murongo turabona gutandukana kwa kamere n’ukw’impano. Ibitandukanye by’uko impano duhabwa na ba data bo ku mubiri zifite iherezo kandi zikaba ari ibintu bisaza; Data wo mu ijuru aduha ibiri hejuru n’ibiruta ibindi, iby’ingirakamaro kandi birimo buri impano yindi - Aduha Umwuka Wera.

Ariko se bite ku byo gusabira guhabwa Umwuka Wera? Mbese iri sengesho ryasengwa mu buryo bwemewe muri ibi bihe turimo? OYA! Ikintu kimwe cyangwa bibiri ni byo bikora:

(1) Mu Isezerano rya Kera, impano Imana yari yarasezeranije ubwoko bwayo yari Umwuka Wera (reba Ezekiyeli 36:25-27; Yoweli 2:28-29). Bityo Umwami yarimo abwira abigishwa be ko muri icyo gihe cy’agateganyo, mbere y’uko basukwaho Umwuka Wera nk’uko basezeranijwe mu Isezerano rya Kera, baramutse basabye mu masengesho atitiriza, bashobora guturwamo no guhabwa imbaraga n’Umwuka.

(2) Cyangwa se Umwami wacu yarimo avuga ko ibyo Data wa twese yasezeranije bizasohora igihe Abisirayeli bazahindukira bakihana. Muri icyo gihe, Kristo ntiyemerwaga, bityo isezerano ryashoboraga kwigizwayo. Kristo yarimo avuga ko badakwiriye kureka ibyiringiro, ahubwo ko bakwiriye gukomeza gusenga no gutegereza impano yagombaga kuza nyuma yo guhabwa ubwiza kwe cyangwa nyuma y’urupfu rwe no kuzuka kwe (reba Yohana 7:37-39). Mu cyumba cyo hejuru; ibi ni byo abigishwa bakoze neza (Ibyakozwe 1:14).

Njye ku giti cyanjye mpitamo buriya buryo bwa mbere buri hejuru aha.

Kubera kubura ubwenge kwacu no kuba dufite aho tutarenga, kandi kubera kamere yacu y’icyaha, iyaba Imana yasubizaga amasengesho yacu yose uko dusabye, tuba twarahawe ibyo twagereranya n’ibuye, inzoka, cyangwa sikorpiyo. Ariko Imana nka Data wa twese wo mu ijuru kubwa Yesu Kristo (Nk’uzi ibyiza kuruta ibindi, uzi byose, kandi ushobora ibyiza kurusha ibindi ) arategereza kugeza aho, ku bw’amasengesho atitiriza yo gusaba, gushaka no gukomanga, amasengesho yacu ahindurwamo ubushake bw’Imana (iyo yari atandukanye na bwo) cyangwa kugeza aho tumenyeye inyigisho ishaka kutwigisha binyuze mu imenyerezwa ry’intango y’amasengesho atitiriza yo gusabira abandi.

Ububasha bwo kugira ukwizera Imana nk’uku buturuka ku buryo tumuzi n’ibyiringiro byacu mu bushake bwe. Kugeza ubushake bw’Imana bumenywe bukumvikana mu byo dusaba, amasengesho abamo ibice bibiri:

(1) Amasengesho y’ibyo dutegereza twiringiye no kwizera tuzi ko Imana izasubiza mu gihe cyayo ubwayo kandi kubw’ubwenge bwayo.

(2) Amasengesho yo kwicisha bugufi no kwiringira nk’uko Umwami yasenze ati, ‘Ariko Data, ntibibe uko njye nshaka ahubwo uko wowe ushaka.’

Bumwe mu buryo dusengamo bwagombye kubamo gusaba Data wa twese kudufasha kumenya ubushake bwe ku byerekeye ibyo turimo gusabira. Hagati aho, amasengesho yacu yagombye kuba ko Imana yatubashisha kuruhukira muri Yo no gukurira no kwigira mu byo ikora.


89 Ray Steadman, Jesus Teaches on Prayer, Word Books, Waco, TX, 1975, p. 63.

90 The Ryrie Study Bible, NASB, Expanded Edition, Moody Press, Chicago, 1995, p. 1839.

Previous PageTable Of ContentsNext Page