Previous PageTable Of ContentsNext Page

ISOMO RYA GATANU:
Ubugingo Bwuzuye Umwuka (Igice cya kabiri)

Kugendera mu Mwuka

Itandukaniro riri hagati yo guturwamo no kwuzura Umwuka

Nk'uko twabibonye mu masomo abanziriza iri, ibice byinshi byo mu Isezerano Rishya byerekana ukuntu na kamere yo guturwamo n'Umwuka kw'abizera bo mu Isezerano Rishya. Ingero zimwe ni izi:

Yohana 7:37-39 "Nuko ku munsi uheruka w'iyo minsi mikuru, ari wo munsi uruta iyindi, Yesu arahagarara avuga cyane ati: Umuntu nagira inyota, aze aho ndi anywe. 38 Unyizera, imigezi y'amazi y'ubugingo izatemba iva mu nda ye, nk'uko Ibyanditswe bivuga. 39 Ibyo yabivuze yerekeje ku Mwuka Wera, uwo abamwizera bendaga guhabwa: ariko ubwo Umwuka yari ataraza, kuko Yesu yari atarahabwa ubwiza bwe."

Abaroma 5:5 "Bene ibyo byiringiro ntibikoza isoni, kuko urukundo rw'Imana rwasabye mu mitima yacu ku bw'Umwuka Wera twahawe."

Abaroma 8:9 "Ariko mwebwe ntimuri aba kamere, ahubwo muri ab'Umwuka, niba Umwuka w'Imana aba muri mwe. Ariko umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo, ntaba ari uwe."

1 Abakorinto 6:19-20 "Mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari insengero z'Umwuka Wera, uri muri mwe, uwo mufite wavuye ku Mana? Kandi ntimuri abanyu ngo mwigenge; 20 kuko mwaguzwe igiciro. Nuko rero mutume imibiri yanyu ihimbaza Imana."

Mu murimo wo gutura mu bizera, Isezerano Rishya ryerekana Umwuka Wera nk'uwo dusigwa, ikimenyetso, ingwate, umufasha n'udushoboza. Ku byerekeye gutura muri twe, Ryrie yaranditse ati:

Umurimo wo gutura mu bizera w'Umwuka ni ipfundo ry'uburyo umurimo w'Umwuka wihariye mu bihe by'itorero. Ni ipfundo kandi ry'amasezerano y'Umwami wacu ku bigishwa be ku byerekeye umurimo w'Umwuka nyuma yo kugenda kw'Umwami ava mu isi. Na none, inyigisho yo gutura mu bizera ni urufatiro ku yindi mirimo Umwuka akora ubu.54

Gutura mu bizera, icyakora, bitandukanye no kwuzura Umwuka kandi byombi ntibigomba kwitiranywa. Hari ibintu byinshi muri Bibiliya byerekana iryo tandukaniro.

(1) Gutura mu bizera ni umurimo wihariye ushoboka ku bizera Kristo gusa. Icya ngombwa ngo Umwuka ature mu muntu ni ukwumvira ku bwo kwizera Kristo (Yohana 7:37-39) mu gihe kwuzura Umwuka guterwa no kwizera Umwuka mu kutuyobora.

Abefeso 1:13-14 "Ni we namwe mwiringiye, mumaze kumva Ijambo ry'ukuri, ni ryo Butumwa Bwiza bw'agakiza kanyu: kandi mumaze kwizera, ni we wabashyizeho ikimenyetso, ni cyo Mwuka Wera wasezeranijwe, 14 uwo twahaweho ingwate yo kuzaragwa wa murage, kugeza ubwo ab'Imana yaronse izabacungura, ubwiza bwayo bushimwe."

(2) Nubwo abizera bose batuwemo n'Umwuka bidakurikije uko bameze mu by'Umwuka (ndetse n'ababaho nk'aba kamere nk'uko tubibona mu 1 Abakorinto 6:19-20), abizera bose ntibuzuye Umwuka.

(3) Uku gutura kuvugwa ko ari ukw'iteka kandi kuvugwa ko ari umutekano w'umwizera. Bisobanurwa ngo "iby'igihe cyose" no "kugeza ku munsi wo gukirizwamo."Mu Abaroma 8:9 hatwigisha ko guturwa n'Umwuka ari gihamya cy'agakiza ku mwizera, "...udafite Umwuka wa Kristo, si uwe."

Yohana 14:16-17 "Nanjye nzasaba Data, na we azabaha undi Mufasha wo kubana namwe ibihe byose, 17 ni we Mwuka w'ukuri. Ntibishoboka ko ab'isi bamuhabwa, kuko batamurora kandi batamuzi; ariko mwebweho muramuzi, kuko abana namwe, kandi azaba muri mwe."

Abefeso 4:30 "Kandi ntimuteze agahinda Umwuka Wera w'Imana wabashyiriweho kuba ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa."

Umurimo wo gutura mu mwizera w'Umwuka Wera ni umurimo aho Umwuka Wera aza mu mwizera mushya akamuturamo iteka, ahantu aba ari ubwe nk'urufatiro rw'imirimo yose inyuranye akorera mu bugingo bw'umwizera.

Mu gihe abizera badategekwa guturwamo n'Umwuka, bategekwa kwuzura Umwuka. Kubera uko twumva ijambo "kwuzura" bisobanura kwakira ikintu, abenshi bagereranya kwuzura Umwuka no kugira Umwuka muri bo, cyangwa kugira Umwuka mwinshi. Bitiranya kwuzura Umwuka no guturwa n'Umwuka. Ibi si byo kandi bijyana ku bitekerezo bitari byo byerekeye kwuzura Umwuka.

Nyuma yo kumanuka kw'Umwuka kuri Pentekoti, dufite ibice byinshi mu Isezerano Rishya byerekeye kwuzura Umwuka hakoreshejwe amagambo nka "wuzuye" cyangwa "kwuzura" cyangwa "wujujwe." Ingero z'iyi mirongo ni Ibyakozwe 2:4; 4:8, 31; 6:3-5; 7:55; 9:17; 13:9, 52; na Abefeso 5:18. None amagambo "wuzuye" cyangwa "wujujwe" avuga iki?

Mu bice byo mu Byakozwe n'Intumwa, amagambo abiri gusa y'Ikigiriki ni yo akoreshwa, izina pleres, "wuzuye," n'inshinga pimplemi, "kuzura, kwuzuzwa." Uburyo bw'izina bukoreshwa na none ku "bwenge, uburakari, kwifuza, imbaraga, ubuntu," n'ibindi. Nk'izina rivuga imimerere yerekeye ikiyobora n'igitwara umuntu ku buryo gihinduka imbaraga ziganza. Iyo umuntu yuzuye uburakari, ntaba akiyoborwa, arangwa n'uburakari. Umuntu wuzuye Umwuka nk'uko bivugwa mu Byakozwe 6:3 na 5, ni ufite ubugingo bukoreshwa kandi bugengwa n'Umwuka.

Gukoresha uburyo bw'inshinga mu Byakozwe n'Intumwa nk'uko bivuga Umwuka Wera bisa n'aho byerekeye ku kwuzura Umwuka gusanzwe gutegekwa mu Befeso 5:18. Ibintu byinshi bishyigikiye icyo gitekerezo:

Ariko kubera ko ari igice kimwe aho twe abizera dutegekwa kwuzura Umwuka, ubusobanuro bwa "wujujwe" bugaragara neza mu Befeso 5:18, "kandi ntimukanywe inzoga zirimo ubukubaganyi: ahubwo mwuzure Umwuka."

"Wujujwe" ni inshinga pleroo, "kwuzuza, gutuma byuzura, kwuzuza ku rugero rwuzuye." Bikoreshwa ku bintu nk'amajwi n'impumuro (Ibyakozwe 2:2; Yohana 12:3), no ku bantu hamwe n'imbaraga n'imico nk'ibyishimo, gukiranuka, ubwenge (Ibyakozwe 2:28; 13:52; Abafilipi 1:11; Abakolosayi 1:9). Twumva dute ijambo "wujujwe" ku byerekeye Umwuka? Mbese ni we umuntu yuzurishwa, cyangwa uburyo umuntu yuzuzwa?

Bamwe bumva ko Umwuka ari We umuntu yuzurishwa nk'amazi mu kibindi, ariko mu buryo bw'ikibonezamvugo si byo. Birushaho kuba byiza kwumva Umwuka nk'uburyo umuntu yuzuzwamo, atari icyuzurishwa. Ikigiriki ni ururimi rukunda gukoresha utujambo twerekana uko ijambo runaka rikoreshwa mu nteruro cyangwa ibango. Kandi ni itegeko mu kibonezamvugo cy'Ikigiriki ko inshinga ishobora gukoreshwa mu buryo bwinshi kugira ngo umuntu atandukanye ibitekerezo bidahuye cyangwa ngo igitekerezo runaka kibashe kwumvikana kurushaho.

Mu Byanditswe Byera mu Kigiriki, "hamwe n'Umwuka" byerekana imbanziriza-jambo en hamwe n'izina pneuma mu buryo bwerekana uvuga (pneumati). Mu gusobanura uko ijambo ryubatswe ku byerekeye Umwuka nk'ikintu twuzurishwa ntibyumvikana neza kubera ko inshinga yo kwuzura ifata izina mu buryo bwa nyiri ikintu ngo yerekane icyo twuzurishwa, atari nyiri ikintu. Uburyo nk'ubwo bwerekana nyiri ikintu ari we uvuga.55 Reka nsobanure muri ubu buryo:

Mu Befeso 5:18, ikinyuranyo cy'inzoga cyerekana ko igitekerezo cyumvikana mu by'uko kwuzura ari ukuyoborwa n’Umwuka mu buryo bw'Umwuka usanzwe atuye kandi aba mu bizera. Ibisa n'iby'uwasinze byerekanwa n'intumwa ngo bigaragare neza: gusinda inzoga bisobanura kuyoborwa, gukoreshwa n'inzoga. Ibimenyetso bigaragara bitangira kuboneka uko umuntu atangira gukoreshwa n'inzoga.

Ibinyuranye, kwuzura Umwuka ni ukuyoborwa n'Umwuka bityo rero umwizera wuzuye Umwuka akora ibintu bidasanzwe kuri we ayobowe n'Umwuka nk'uko uwasinze akora ibidasanzwe kuri we akoreshwa n'inzoga.56

Ikigereranyo kiri mu buryo bwo kuyoborwa. Umusinzi ayoborwa n'inzoga aba yanyoye. Bitewe n'ibyo atekereza mu buryo budasanzwe kuri we. Bityo rero, umuntu wuzuye Umwuka ayoborwa kandi agakora mu buryo budasanzwe kuri we. Ibi si ukuvuga ko ubu buryo ari amakosa cyangwa ari sinzi uko bumeze, ahubwo ni uburyo budahuje n'imibereho ye ya kera. Bityo kwuzuzwa Umwuka ni ukuyoborwa n'Umwuka.57

Ibivugwa si ukugira Umwuka muri wowe imbere, ahubwo ni ukureka Umwuka ukurimo agategeka kandi akagera muri buri gice cy'ubugingo bw'umwizera.

Tubishyize mu magambo yoroheje, kwuzura Umwuka bivuga ko, n'ubwo ari ubushake kandi ari nk'igisubizo ku kwizera, umuntu aruzuzwa, akagengwa, akayoborwa n'Umwuka wera. Ijambo wujujwe ubwaryo rishyigikiye ubwo busobanuro. Ikivugwa si ikintu gisukwa mu gikoresho kirimo ubusa. "Ikigenga ubwenge kivugwa ko kibwuzura," ni ko Thayer, umuhanga mu kwandika urutonde rw'amagambo yavuze. Uku gukoreshwa kw'ijambo kuboneka muri Luka 5:26 "bose, bari buzuye ubwoba" (KJV) no muri Yohana 16:6 "Ariko kuko mbabwiye ibyo, imitima yanyu yuzuye agahinda." Ubwoba bwabo n'agahinda byarabagengaga si amarangamutima yabo; byarabategekaga bikabayobora.58

Kamere n'intego yo kwuzura Umwuka

Kamere n'intego nyayo yo kwuzura Umwuka ni ibihe? Mbese ni ugushobozwa umurimo, cyangwa yerekana kwezwa kw'umwizera? Mu Byakozwe n'Intumwa, kwuzura Umwuka kugaragara neza nko gushobozwa n'Imana umurimo no gutanga ubuhamya no gutangaza Inkuru Nziza (Ubutumwa Bwiza bw'Umwami Yesu Kristo. Reba Ibyakozwe 9:17; 11:24; 13:9, 52).

Ibyakozwe 1:8 "Icyakora muzahabwa imbaraga, Umwuka Wera n'abamanukira; kandi muzaba abagabo bo kumpamya, i Yerusalemu n'i Yudaya yose n'i Samaria no kugeza ku mpera y'isi."

Ibyakozwe 4:8 "Nuko Petero yuzuye Umwuka Wera, arababwira ati: Batware b'abantu, namwe bakuru,"

Ibyakozwe 4:31 "Bamaze gusenga, aho bari bateraniye haba umushyitsi, bose buzuzwa Umwuka Wera, bavuga ijambo ry'Imana bashize amanga."

Mu gitabo cy'Abefeso, kwuzura Umwuka gutera kuramya, kwubaha, n'imibanire n'abandi ihinduka myiza mu rugo no ku kazi (reba Abefeso 5:18-6:9).59

Biragaragara ko izi ngaruka ziva mu kwuzura Umwuka mu Befeso 5 zibaho mu buryo itorero ritangamo ubuhamya no kugeza abandi ku gakiza. Nk'ingaruka, uburyo bwemewe bwo kurangiza icyo kibazo ni ugusubiza ko kwuzura Umwuka no guhabwa imbaraga zo kwezwa n'iz'umurimo, kandi ko hariho isano ritaziguye hagati y'umurimo no kwezwa, kubera ko imico yerekana ubuhamya(reba by'umwihariko isano riri hagati y'ubumwe n'ubuhamya muri Yohana 13:34-35 na Yohana 17:21-23).60 (Gushimangira ni ukwanjye).

Kugendera mu Mwuka

Ese hari itandukaniro hagati y'itegeko ryo kwuzura Umwuka n'itegeko ryo kugendera mu Mwuka? Nubwo asa n'aho avuga kimwe, hasa n'ahari itandukaniro mu ntumbero cyangwa ibyibandwaho.

Abagalatiya 5:16 "Ndavuga nti: Muyoborwe n'Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira;"

Abagalatiya 5:16 hategeka abakristo kugendera mu Mwuka. Ni itegeko ry'ubugingo bwa buri munsi - nta mahitamo. Inshinga "kugenda" iri mu gihe (igihe gihoraho) byerekana uguhoraho, umwanya ku wundi kw'uruhare n'ibikenewe. Mu by'ingenzi, abizera bose bafite uruhare rwo kugendera mu Mwuka. Kutabikora ni icyaha cyo kutitabira ubuntu bw'Imana, igikorwa cyo kutabasha kugendera ku bwo kwizera mu mbaraga z'Imana. Kimwe n'umuntu ugendera ku nkoni, yisunga kandi akishingikiriza iyo nkoni, bityo kugendera mu Mwuka ni ukwishingikiriza ku Mwuka ku bwo kwizera muri buri ntambwe y'ubugingo bw'umuntu bwa buri munsi. Ingaruka zasezeranijwe ziva mu kugendera mu Mwuka ni uko umwizera atangira kugira imico ihindutse: gukura ukira kuyoborwa na kamere cyangwa se kuva mu bwami bw'icyaha, ariko na none uburyo bwiza bwo gutanga imbuto z'Umwuka.

Abagalatiya 5:16 herekana ko ibitari ukugendera mu Mwuka ari ukuyoborwa na kamere. Umwizera atagendeye mu Mwuka yayoborwa na kamere. Ukuri rero ni uko umwizera ayoborwa n'Umwuka cyangwa akayoborwa na kamere. Icyo yishingikirizaho nk'imbaraga ze z'uko abaho buri munsi ni cyo cyerekana uyobora cyangwa ikiyobora ubugingo bwe n'inzira ubugingo bwe bukurikira.

Kugendera mu Mwuka ni ukugenda kwishingikiriza Umwuka bisobanura kwiyemeza kwiringira cyangwa kwizera imbaraga zonyine z'Umwuka uba muri twe ngo atubashishe kwubaha Imana no gutsinda (kunesha ibyifuzo bya kamere). Bishobora kuba bibi gutera umugongo Umwuka cyangwa kuba byiza guhindukirira Umwuka, ni ukuvuga ko umwizera ahitamo kwiyanga no guhindukirira Umwuka Wera ngo amushoboze kugira ubugingo bwa gikristo. Ibi bishobokera mu kwizera (reba mu Abagalatiya 5:5). Ariko ni iby'ingenzi kugira imyifatire yishingikiriza umwanya ku wundi ku kwiga Ijambo ry'Imana, gusenga, kuramya, gusengana n'abandi, no kwirinda kugira umwenda ku Mana mu gukora ibyo umuntu yemera, kuba inyangamugayo ku Mana mu kwatura gushaka guhorana ubumwe bw'ukuri na Yo. Ingaruka ni imbuto z'Umwuka aho kuba imirimo ya kamere (Abagalatiya 5:18-26).

Abagalatiya 5:18-26 "Ariko niba muyoborwa n'Umwuka, ntimuba mugitwarwa n'amategeko. 19 Dore imirimo ya kamere iragaragara; ni iyi: gusambana, no gukora ibiteye isoni, n'iby'isoni nke, 20 no gusenga ibishushanyo, no kuroga, no kwangana, no gutongana, n'ishyari, n'umujinya, n'amahane, no kwitandukanya, no kwirema ibice, 21 no kugomanwa, no gusinda, n'ibiganiro bibi, n'ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare, nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw'Imana. 22 Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo, n'ibyishimo, n'amahoro, no kwihangana, no kugira neza, n'ingeso nziza, no gukiranuka, 23 no kugwa neza, no kwirinda: ibimeze bityo nta mategeko abihana. 24 Aba Kristo babambanye kamere n'iruba n'irari byayo. 25 Niba tubeshwaho n'Umwuka, tujye tuyoborwa n'Umwuka. 26 Twe kwifata uko tutari, twenderenya, kandi tugirirana amahari."

Kwuzura Umwuka bitera kuyoborwa n'Umwuka binyuze mu kwubaha, naho kugendera mu Mwuka bikomeza ukuyoborwa n'Umwuka binyuze mu kumwishingikirizaho intambwe ku yindi. Mu kwuzura Umwuka twubaha cyangwa twicisha bugufi imbere y'Umwuka - mu kugendera mu Mwuka twishingikiriza kuri We. Nk'uko twabibonye, kugenda ukoresheje uburyo bw'ikintu ni ukucyishingikirizaho. Muri ubwo buryo, kugendera mu Mwuka bivuga kumwishingikirizaho mu mibereho yacu ya buri munsi. Icyakora, mu Kigiriki, ayo mategeko yombi ategeka mu ndagihe y'igikorwa gihoraho; yombi ni imbuto zo kwizera kandi birumvikana neza ko aberaho icyarimwe. Itandukaniro rinini n'ubusobanuro bw'inshinga n'igihe zitondaguyemo (amajwi yazo).

"Wujujwe" ni ijwi ryerekana igikorwa gikorerwa ruhamwa naho "kugenda" ni ijwi ryerekana ko ruhamwa ari yo ikora igikorwa. Igitekerezo cya "wujujwe" bivuga "uyoborwa" n'ijwi n'igikorwa gikorerwa ruhamwa yerekana ukubaha cyangwa ukwicisha bugufi. Tugomba gukomeza gushaka kureka Umwuka akatuyobora. Ahabwa uburyo bwo kutuyobora agatuma Kristo yishyira akizana mu bugingo bw'umwizera (Abefeso 3:16-17). Mu kwuzura Umwuka tureka uburenganzira bwacu bwo kugenga ubugingo bwacu; tukamwubaha. Kwuzura Umwuka bisa n'ibyo mu Baroma 6:12-13.

Abefeso 3:16-17 "Ngo abahe, nk'uko ubutunzi bw'ubwiza bwe buri, gukomezwa cyane mu mitima yanyu ku bw'Umwuka we; 17 kandi ngo Kristo ahore mu mitima yanyu ku bwo kwizera, kugira ngo, ubwo mumaze gushorera imizi mu rukundo, mukaba mushikamye,"

Abaroma 6:12-13 "Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira. 13 Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa: ahubwo mwitange, mwihe Imana nk'abazuke, n'ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka."

Ijwi ryerekana ko ruhamwa ari yo ikora igikorwa hamwe n'ubusobanuro-fatiro bw'ijambo"kugenda" byerekana guhitamo gutera buri ntambwe mu kwizera Umwuka nk'uwo dukoresha mu kugenda. Intego ni ukugumana ubuyobozi bw'Umwuka hamwe n'umutima wo kwubaha cyangwa kwicisha bugufi. Mu by'ukuri, aya mategeko yombi ni uburyo bubiri bwo kuvuga ikintu kimwe, ariko ufite intego zitandukanye.

Imana ntiba yaraduhaye aya mategeko iyo aba atari aya ngombwa. Kuba Imana yarabitegetse, ni iby’ingenzi. Iki si ikintu cyo kugibwaho impaka cyangwa icy'amahitamo gishobora kurekwa nta nkurikizi zikomeye.

Abefeso 5:18 "Kandi ntimugasinde inzoga zirimo ubukubaganyi:ahubwo mwuzure Umwuka."

Abagalatiya 5:16 "Ndavuga nti: Muyoborwe n'Umwuka kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira;"

Kubera ko kamere (cyangwa imbaraga z'umuntu) itagira icyo yungura kandi ikaba idatanga ubushobozi bw'ubugingo bw'Umwuka nyakuri, dukeneye bikomeye imbaraga z'Imana - kwuzuzwa Umwuka Wera. Impamvu ya ngombwa yo kwuzura (kuyoborwa) Umwuka igaragazwa n'imirimo myinshi ashobora wenyine gukorera mu bugingo bwacu. Nk'uko Umwami atwibutsa, "Umwuka ni we utanga ubugingo; umubiri nta cyo umaze: amagambo mbabwiye ni yo Mwuka kandi ni bwo bugingo" (Yohana 6:63).

Abaroma 7:15-18 "Sinzi ibyo nkora; kuko ibyo nshaka, atari byo nkora. 16 Ariko ubwo nkora ibyo ndashaka, nemera ko amategeko ari meza. 17 Nuko rero noneho si njye uba nkibikora, ahubwo ni icyaha kimbamo. 18 Nzi yuko muri njye, ibyo ni ukuvuga muri kamere yanjye, nta cyiza kimbamo:kuko mpora nifuza gukora icyiza, ariko kugikora ntako;"

Abaroma 8:3 "Kuko ibyo amategeko yananiwe gukora ku bw'intege nke za kamere yacu, Imana yabishohoje ubwo yatumaga Umwana wayo afite ishusho ya kamere y'ibyaha, kuba igitambo cy'ibyaha, icira ibyaha bya kamere ho iteka;"

Igitandukanye no kwuzura Umwuka ni ukuyoborwa na kamere. Kuyoborwa na kamere ni ukugira ubugingo bugengwa na kamere, ukaba umuntu ukurikirana ibyo kwikunda, iby'isi, iby'igihe gito; iby'Umwuka, iby'ijuru, iby'iteka bikahagwa. Turi mu isi dushobora gukoresha isi tukishimira imigisha Imana itanga, ariko ibi ntibigomba kuba intego yacu cyangwa ngo bituyobore. Fata igihe cyo gusoma no gutekereza kuri Matayo 6:19-33; na Timoteyo 6:6-19 hamwe n'igice gikurikira.

Abaroma 8:5-8 "Abakurikiza ibya kamere y'umubiri, bita ku by'umubiri; naho abakurikiza iby'umwuka, bakita ku by'umwuka. 6 Umutima wa kamere utera urupfu, ariko umutima w'Umwuka uzana ubugingo n'amahoro: 7 kuko umutima wa kamere ari umwanzi w'Imana, kuko utumvira amategeko y'Imana, ndetse ntushobora kuyumvira. 8 Erega burya abari mu butware bwa kamere ntibashobora kunezeza Imana."

Gusoma muri Yohana 16:7-15; mu1 Abakorinto 2:6-3:3; mu Bagalatiya 3:1-3; mu Befeso 3:16-19 bitwereka ukuntu Umwuka Wera afite uruhare mu kudushoboza gusobanukirwa no gushyira mu bikorwa Ijambo ry'Imana; maze tugakura muri Kristo. Uko biri kose, ni Umwuka w'ukuri.

Yohana 14:17 "Ni we Mwuka w'ukuri. Ntibishoboka ko ab'isi bamuhabwa, kuko batamurora kandi batamuzi; ariko mwebweho muramuzi, kuko abana na mwe, kandi azaba muri mwe."

Yohana 15:13 "Ntawe ufite urukundo ruruta urw'umuntu upfira inshuti ze."

Icyaha mu bugingo bw'umwizera giteza agahinda Umwuka Wera (Abefeso 4:30) kandi kikazimya imbaraga Ze (1 Abatesalonike 5:19). Ubusabane no kwubaha Umwuka birakomereka. Umwuka aba akiri ku murimo mu bugingo bw'umwizera, afite agahinda, maze kuyoborwa n'Umwuka kukabangamirwa, kukazimwa. Igisubizo cy'icyaha kizwi ni ukucyatura (1 Yohana 1:9) bisobanura kucyihana. Iyo twatuye icyaha by'ukuri dufite intego yo guhinduka mu by'Umwuka n'ubushake bwo kuyoborwa n'Umwuka, kuyoborwa n'Umwuka biragaruka, kimwe n'ubusabane n'Umwami. Uku kuri kugaragara mu bice bibiri bivuga ku gukurira mu Ijambo ry'Imana. Reba 1 Petero 2:1 uko twakwifata ku cyaha (birimo kwatura) bibanziriza guhugurira gusonzera no gukurira mu Ijambo ry'Imana mu murongo. wa 2. Ibisa n'ibyo bigaragara muri Yakobo 1:21a uhagereranije na 1:21b.

1 Petero 2:1-2 "Nuko mwiyambure igomwa ryose n'uburiganya byose n'uburyarya n'ishyari no gusebanya kose, 2 mumere nk'impinja zivutse vuba, mwifuze amata y'Umwuka adafunguye, kugira ngo abakuze, abageze ku gakiza:"

Yakobo 1:21 "Ubwo bimeze bityo, mwiyambure imyanda yose n'ububi busaze, mwakirane ubugwaneza ijambo ryatewe muri mwe, ribasha gukiza ubugingo bwanyu."

Iyo tugendera mu Mwuka, tugendera mu kwizera imbaraga z'Imana kandi twita ku ntego z'Imana. Ibi birushaho kuba byo uko dukura tugakomera mu Mwami (1 Abakorinto 6:19-20). Iyo tugendera muri kamere, tugenda twiratana imbaraga zacu. Ibi ni ukutiringira Imana kandi bizana gushaka kuyobora ubugingo tutari muri We (Yeremiya 17:5). Ibi bisuzuguza Imana, naho twaba turi mu murimo w'idini. Guha Imana ikuzo bibanzirizwa iteka n'ubugingo bwuzuye Umwuka.

Yeremiya 17:5 "Uku ni ko Uwiteka avuga, ati: Havumwe umuntu wiringira undi muntu, akishima amaboko ye, mu mutima we akimura Uwiteka."

Ibi byagombye kugaragara, ariko kubera ko Umwuka ari Udushoboza wo mu ijuru, kugenda tutayobowe na We ni ukugendera mu ntege-nke z'imbaraga zacu (reba n'Abaroma 7:15-25; 8:3-13; Abagalatiya 5:16-25).

Abefeso 6:10-18 "Ibisigaye, mukomerere mu Mwami no mu mbaraga z'ubushobozi bwe bwinshi. 11 Mwambare intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe guhagarara mudatsinzwe n'uburiganya bwa Satani. 12 Kuko tudakirana n'abafite amaraso n'umubiri; ahubwo dukirana n'abatware n'abafite ubushobozi n'abategeka iyi si y'umwijima, n'imyuka mibi y'ahantu ho mu ijuru. 13 Nuko rero, mutware intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe gukomera ku munsi mubi, kandi murangije byose, mubashe guhagarara mudatsinzwe. 14 Muhagarare mushikamye, mukenyeye ukuri, mwambaye gukiranuka nk'icyuma gikingira igituza: 15 mukwese inkweto ni zo Butumwa Bwiza bw'amahoro bubiteguza: 16 kandi ikigeretse kuri ibyo byose, mutware kwizera nk'ingabo; ni ko muzashoboza kuzimisha imyambi ya wa Mubi yose yaka umuriro. 17 Mwakire agakiza, kabe ingofero; mwakire n'inkota y'Umwuka, ni yo Jambo ry'Imana; 18 mushengeshe Umwuka iteka mu buryo bwose bwo gusenga no kwinginga: kandi ku bw'ibyo mugumye rwose kuba maso, musabire abera bose."

Reba neza ukuntu byibandwaho mu bice bikurikira :

Abaroma 8:6 ‘Umutima wa kamere utera urupfu, ariko umutima w’Umwuka uzana ubugingo n’amahoro:’

Abagalatiya 5:22 ‘Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo, n’ibyishimo, n’amahoro, no kwihangana, no kugira neza, n’ingeso nziza, no gukiranuka,’

Zaburi 32:4 ‘Kuko ukuboko kwawe ku manywa na n’ijoro kwandemereraga, ibyuya byanjye bigahinduka nk’amapfa yo mu cyi. Sela.’

Zaburi 51:12 ‘Unsubizemo kunezezwa n’agakiza kawe; unkomereshe umutima wemera.’

Uko twagendera cyangwa twakwuzuzwa Umwuka

Amategeko yo ‘kuzuzwa Umwuka’ cyangwa ‘kugendera mu Mwuka’ ni amategeko y’abizera mu kubana n’Umwuka Wera ku bwo kuyoborwa, gushobozwa, kandi bakagengwa n’Umwuka uba atuye muri bo. Ni imimerere y’aho Umwuka Wera afite uburenganzira bwo gukora icyamuzanye mu mitima n’ubugingo by’abizera.

Reba izi ngingo eshanu zikurikira nk`uburyo bwo kurushaho gusobanura no gusubiramo.

(1) Abizera bose, baba impinja cyangwa abakuze, bashobora kwinjira mu mirimo n’imigisha by’Umwuka Wera iyo babanye bagafata icyitegererezo ku Mwuka mu kwizera.

(2) Kwuzura Umwuka si ukwibikira Umwuka mwinshi, cyangwa se ngo bibe kwongera guhabwa Umwuka nyuma yo gukora icyaha. Umwuka Wera aza gutura iteka mu mwizera kuva igihe cyo kwigera (Yohana 7:17-39; 14:16). Ukuba mu muntu k’Umwuka ni gihamya na garanti by’agakiza (Abaroma 8:9). Nubwo icyaha kizwi cyose gitera Umwuka agahinda kandi kikazimya imbaraga ze, ntikimukura mu mwizera nk’uko byasezeranijwe ‘kugeza ku munsi wo gucungurwa’, ku byerekeye ikuzo ku kugaruka k’Umwami (Abefeso 4:30).

(3) Kwuzura Umwuka Wera ni ibyo kwubaha no gukurikiza ukuri kw’imigisha yo kuba muri twe kwe ku bwo kwizera ku buryo agira uburenganzira bwo kudushoboza no kugenza ubugingo bw’umwizera - ubwenge, umutima, n’ubushake.

(4) Kwuzura Umwuka Wera ni ubumwe n’Umwuka bw’umwanya ku wundi bushobora kubangamirwa buri gihe tubaye tutizeye ngo tubeho mu mahame n’amasezerano y’Ibyanditswe atubwira ko tugomba kubana n’Umwuka.

(5) Kugenda kuyobowe n’Umwuka gusa ni ukugira uburyo budasubirwaho n’uburyo buterwa n’ikindi kintu. Ku byerekeye ubusabane, dushobora kuyoborwa n’Umwuka, tukishimira gusabana na We, cyangwa tuyoborwa na kamere, duteza agahinda Umwuka. Abaroma 8:4-7 herekana ko dushobora kugendera muri kamere, dutekereza ibya kamere, cyangwa tukagendera mu Mwuka dutekereza iby’Umwuka. Ariko ubundi buryo, hari inzego ziterwa n’ikigero cyo gukura cy’umuntu, kandi ibi birahindagurika ndetse bishobora kuyobya. Ku ruhande rumwe, iby’izo nzego biterwa no gukura aho abizera biga gutanga byose no kwishingikiriza ku Mwuka Wera ngo abahe imbaraga uko bagenda barushaho kubona ko badashoboye kwiyoborera ubugingo. Ndetse n’iyo mu busabane nta cyaha kizwi kitatuma ugendera mu Mwuka, bitewe n’aho umuntu aba ageze mu gukura, nta n’umwe uyoborwa byuzuye n’Umwuka. Iyaba bayoborwaga byuzuye n’Umwuka, habayeho ubutungane buzira icyaha, imirerere idashoboka muri ubu bugingo. Pawulo arabigerageza mu Bafilipi 3:12, ‘s’uko maze guhabwa cyangwa ngo mbe maze gutunganywa rwose, ahubwo ndakurikira .....’(Gushimangira ni ukwanjye).

Byongeye kandi, ni nk’aho Umwuka ashobora gushoboza umuntu mu bihe bimwe kurusha mu bindi, ariko iyo turi mu busabane kandi tugendera muri We, ibi bihinduka nk’intego yacu iruta izindi aho kuba ubusabane (reba mu Abakorinto 12 : 4-12). Nk’uko byasobanuwe mbere, ibi byakunze kubaho mu Byakozwe n’Intumwa (Ibyakozwe 2:4; 4:8;31). Si ibyo guhabwa Umwuka mwinshi rwose. Nk’uko twabibonye, hari amategeko yoroshye ane mu Isezerano Rishya ku byerekeye umurimo wo gutura muri twe w’Umwuka. Nk’amategeko ku bizera, ibi byerekana bidashidikanywaho ibigira uruhare mu kuyoborwa n’Umwuka w’Imana. Amategeko abiri atwereka ko hari ibintu bishobora kubangamira ubuyobozi bw’Umwuka nk’uko adutegeka, abiri yandi akerekana ibyo tugomba kuzuza (mu kwizera) niba dushaka kuyoborwa n’Umwuka no kugira imbaraga ze.

Byashobora kumvikana ko hari ihuriro muri aya mategeko ane. Abizera bakuzuzwa bate Umwuka niba bamuteza agahinda? Mu buryo nk’ubwo, abizera bagendera mu Mwuka bate niba bazimya imbaraga ze? Ukurikije teolojia n’Ibyanditswe urasanga ko turamutse dushoboye guhangana n’ibiteza agahinda n’ibizimya Umwuka, twashobora kwubaha no kugendera mu kwizera Umwuka.

Ukurikije Ibyanditswe ibi ni byo ndetse n’ibikurikira birabihamya:

(1) Umurimo w’Umwuka ni ingenzi ku busabane n’Umukiza, ni ukuvuga, gusangira ubugingo bwe ku buryo Kristo yiyumva ari ‘imuhira’ mu bugingo bw’umwizera.

Abefeso 3:16-17 ‘ngo abahe, nk’uko ubutunzi bw’ubwiza bwe buri, gukomezwa cyane mu mitima yanyu ku bw’Umwuka we; 17 kandi ngo Kristo ahore mu mitima yanyu ku bwo kwizera, kugira ngo, ubwo mumaze gushorera imizi mu rukundo, mukaba mushikamye, ‘.

(2) Kugendera mu mucyo n’ubusabane bivuga kimwe. Kugendera mu mucyo ni ukugira ubusabane n’Umwami kandi kugira ubusabane n’Umwami ni ukugendera mu mucyo ( 1 Yohana 1:7). Mu buryo bumwe n’ubu, kugendera mu mwijima ni ukuva mu busabane ( 1 Yohana 1:16). Kugendera mu mwijima ni ukubaho mu kutumvira. Kubera ko Umwuka ari ngombwa ku busabane no kumvira, Umwuka aterwa agahinda kandi azimwa ku buryo umurimo We ubangamirwa, ukanigwa.

1 Yohana 1:6 ‘ Ni tuvuga yuko dufatanije na yo, tukagendera mu mwijima, tuba tubeshye, tudakurikiza ukuri.’

(1) Icyaha giteza Umwuka agahinda. Mu Abefeso 4:30 haratuburira hati ‘Ntimuteze agahinda Umwuka Wera’. ‘Guteza agahinda’ ni ijambo ry’Ikigiriki lupeo risobanura ngo ‘ guteza umubabaro, guteza agahinda, kubabaza, gutukisha’. Bigaragara ko icyaha ari cyo gitera umubabaro cyangwa agahinda cyangwa igitukisha Umwuka. Mu mirongo ibanziriza n’ikurikira uyu, intumwa Pawulo arahugurira abizera kwiyambura imyifatire ya kera ishaje y’icyaha no kuyisimbuza imyifatire yo gukiranuka.

Abefeso 4:24-32 ‘ Mukambara umuntu mushya, waremew’ibyo gukiranuka no kwera bizanywe n’ukuri, nk’ukw’Imana yabishatse. 25 Nuko mwiyambur’ ibinyoma, umuntu wes’avugan’ukuri na mugenzi we, kuko turi ingingo za bagenzi bacu. 26 Nimurakara ntimugakor’icyaha: izuba ntirikarenge mukirakaye, 27 kandi ntimubererekere Satani. 28 Uwibaga ntakongere kwiba, ahubw’akore imirimo, akoresh’amabokw’ibyiza, kugira ngw’abon’ibyo gufash’umukene. 29 Ijambo ryose ritey’isoni ntirigaturuke mu kanwa kanyu, ahubw’uko mubony’uburyo, mujye muvug’iryiza ryose ryo gukomez’abandi, kugira ngo rihesh’ abaryumvis’ umugisha. 30 Kandi ntimutez’agahind’Umwuka Wera w’Imana wabashyiriweho kub’ikimenyetso, kugeza ku munsi wo gucungurwa. 31 Gusharira kose n’uburakari n’umujinya n’intonganya no gutukana hamwe n’igomwa ryose bibavemo. 32 Mugirirane neza, mugiriran’imbabazi, mubabariran’ibyaha, nk’ukw’ Imana yabababariye muri Kristo’.

Byongeyeho, icyaha kizwi ari cyo kivugwa aha kuko nta muntu wabasha gukorana ubwenge icyaha atazi, kandi icyaha kizwi cyonyine ni cyo kigaragaza kugoma no kutumvira. Birumvikana, icyaha cyose giterwa no kugoma no kutagira ubuntu bw’Imana.

Icyaha kizwi mu bugingo bw’uwizera giteza agahinda, kibabaza, kandi gitukisha umutima w’Umwuka Wera w’Imana. Umwuka arera kandi yanga icyaha. Mu gushimisha ubwiza bw’Imana no mu mugambi we wo gutura muri twe, aberaho kutuyobora cyangwa kudushoboza ku bw’umurimo ‘Imana, no kudushyiramo imico ya Kristo. Iyo adashobora, aterwa agahinda n’uko atukishwa n’icyaha, by’umwihariko ibyaha by’ibyitumano no kugoma bimubuza umugambi utuma atura muri twe. Reba ukuntu Yakobo abivugaho, ‘Mbese mutekereza yuko Ibyanditswe bivugira ubusa ngo: Umwuka uba muri twe arararikira, akagira n’ishyari?’ (Yakobo 4:5).

(2) Icyaha kizimya imbaraga z’Umwuka .Mu 1 Abatesalonike 5:19 haratuburira hati ‘Ntimukazimye Umwuka.’ ‘Kuzimya’ ni ijambo ry’Ikigiriki sbennumi risobanura ngo ‘kuzimya umuriro, kuzimya’. Rikoreshwa mu kuzimya imyambi yaka umuriro (Abefeso 6:16), urumuri rucumba (Matayo 2:20) n’umuriro utazima wo muri Gihenomu (Mariko 9:44).

Kubera ko Umwuka Wera agereranywa rimwe na rimwe n’umuriro (Matayo 3:11; Luka 3:16; Ibyakozwe 2:3), Pawulo yarikoresheje ashushanya mu buryo bwo kuniga, kurwanya, gukuraho ku byerekeye umurimo w’Umwuka. Ibi ntibivuga icyakora ko Umwuka ashobora kuzimwa cyangwa gukurwaho.

Mu murongo wo mu 1 Abatesalonike 5:19, itegeko ‘ntimukazimye Umwuka’ riza nk’imwe mu ngingo zo guhugura zirangiza Ubutumwa bwa Pawulo ku Batesalonike. Uru rwandiko rushimagiza Abatesalonike ku bwo kugendera mu Mwuka kwabo no guhamya (1:2-9), ariko na none rukabahamagarira gukomeza kubaho mu kwumvira, batunganye, kandi bashyira hamwe ubwabo n’ababategeka. Uku gushimagiza no gukangura bivugwa mu gihe hatekerezwa kuzamurwa no kugaruka k’Umwami bivugwa muri buri gice cy’iki gitabo.

Umurongo wa 20 uburira kudasuzugura ubuhanuzi buva ku Mana (1 Abakorinto 14:29-32). Ubuhanuzi bwo mu bihe bya Pawulo ni nka Bibiliya muri ibi bihe turimo kubera ko umurimo wa mbere kwari ukuvuga iby’uguhishurwa kw’Imana mu bihe Ijambo ry’Imana ryari ritaruzura nk’uko riri ubu. Gusuzugura ubwo buhanuzi ni kimwe no gusuzugura Ijambo ry’Imana mu kurwanya cyangwa kwanga kuryumvira. Kwanga kwumvira Ijambo ry’Imana ni ukugendera muri kamere; ni ugutekereza no gukora nk’aho umuntu afite ububasha bwo kuyobora ubugingo bwe (reba Yeremiya 10:23).

Kuzimya Umwuka, rero, ni ukurwanya ubizi kandi ubishaka Ijambo ry’Imana, ni ukutumvira ku bwende itegeko uzi ry’Ibyanditswe, no kubikora ku buryo ibyo Umwuka Wera avuga bicecekeshwa mu mutima w’umwizera utumvira.

Biragaragara, na none, ko umwizera nk’uwo adashobora kwishingikiriza ku Mwuka mu gihe yitwara atyo, bityo ntashobora kuzuzwa cyangwa kugendera mu Mwuka. Mu guteza agahinda Umwuka Wera kimwe no kumuzimya nta kabuza ko umwizera nk’uwo ayoborwa na kamere kandi icyaha kikagera ku ntego yacyo mu bugingo bw’uwo muntu.61

Yandika ibyo yise kamere ya kabiri y’iby’Umwuka nyakuri, Chafer yaravuze ati:

Umwuka ‘azimwa’ no kutumvira ubushake bwagaragaye bw’Imana. Ni ukubwira Imana ngo “oya.” Nyamara ariko Umwuka ashobora ‘kuzimwa’ n’ubushake bw’Imana mu bugingo.62

None ni irihe tandukaniro riri hagati yo guteza agahinda no kuzimya Umwuka?

UmwukaWera ababazwa kandi agatukishwa n’icyaha kizwi mu bugingo bw’umwizera uwo ariwe wese. Kuki? Kuko aberaho kutugira abera, twe twatoranirijwe Imana mu bushake bwayo. Guteza agahinda Umwuka bigaragaza ubusabane bikatwereka neza icyo icyaha gikorera ubwo busabane n’Umwami hamwe n’Umwuka. Nubwo ubumwe bw’uwizera nk’umwana w’Imana bugumaho, ubusabane bwo buzamo agatotsi. Haba intambamyi hagati aho(reba Yesaya 59:1-2). Ndibuka Amosi 3:3: ‘Mbese abantu babiri bajyana batasezeranye?’

Guteza agahinda Umwuka byerekana ko dukeneye kwongera kubana neza n’Umwuka no kwiyunga mu busabane binyuze mu kwatura icyaha kizwi cyose. Guteza agahinda biterwa n’icyaha, kubera kutumvira. Mu gihe kwumvira bitazana kwuzuzwa Umwuka - kwumvira biterwa n’uko Umwuka anesha mu kutuyobora - kutumvira byo biteza agahinda kubera ko ari ukutamwiyegurira nu kuneshwa, by’akageni nk’ako, kwishingikiriza k’Umwuka.

Mu kuzimya Umwuka, ibivugwa byerekeye kurwanya umurimo udushoboza w’Umwuka uberaho kubashisha no kuyobora abizera mu kumvira ubushake bw’Imana. Kuzimya kwerekeye kwumvira cyangwa kwiha Imana mu bugingo bwacu. Yandika ku byerekeye ‘ntimukazimye Umwuka mu 1Abatesalonike 5:19, no mu gice kivuga ku byo kwitanga mu Baroma 12:1-2, Chafer yaranditse ati :

Mbese dukeneye gihamya ki cyo kugwa mu cyaha kw’umuntu ku buryo tugomba kurwanya kumwumvira?... Ni ukubera ko ubugingo bwacu bwa buri munsi bwa nta kivulira ndetse ari ukuneshwa tutayobowe n’Umwuka, kandi kubera ko Umwuka ari wo murimo yaje gukora, kandi kubera ko nta kundi twashobora kubana neza na We, cyangwa kuba uw’Umwuka, kugeza ubwo twiyegurira umutima n’ubushake by’Imana... Gutanga imibiri yacu kwuzuye ngo ibe ‘igitambo kizima’ ni ko ‘kuyikorera kwacu gukwiriye’ kandi ni ikintu gikomeye ku Mwana w’Imana... Ntaho bivugwa hano ko hari umurimo wihariye ugomba kugirwa ikintu cy’ubushake. Ni ukwitangira byonyine ibyo Imana yadutoraniriza byose ubu, cyangwa iteka.63

Igitandukanye no kuzimya ni uguha ubugingo bwacu Imana ngo ibuyobore nk’igikorwa cyo kwizera gishingiye ku kuri kw’ubugingo bushya muri Kristo.

Abefeso 5:18‘ Kandi ntimugasind’inzoga zirimw’ubukubaganyi: ahubwo mwuzur’Umwuka.’

Abaroma 6:8-11,13 ‘Ariko niba twarapfanye na Kristo, twizera yuko tuzabanaho na we, 9 kuko tuzi yuko Kristo, amaze kuzuka, atagipfa; urupfu rukaba rutakimufiteh’urutabi. 10 Urwo rupfu yapfuye, yarupfuye rimwe risa kubw’ibyaha, arik’ubw’ariho, ariho kubw’Imana. 11 Ab’ari ko namwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu. 13 Kandi ntimuh’ibyaha ingingo zanyu kub’intwaro zo gukiranirwa: ahubwo mwitange, mwih’Imana nk’abazuke, n’ingingo zanyu muzih’Imana kub’intwaro zo gukiranuka.’

Umwizera ntazayoborwa n’Umwuka atamwiyeguriye umunsi ku wundi, umwanya ku wundi. Ariko kumwiyegurira kwacu, mu bugingo bw’umukristo bwose biterwa no kwiringira cyangwa kwizera. Umuntu utiyeguriye Imana ni umuntu ukeka ko ashobora kwigirira ubugingo bwe, wizera ko inzira ye ari yo nziza kuruta izindi, kandi wiringira ubushobozi bwe n’ubwenge bwe. Kwicisha bugufi gukuzwa no kumenya ko utashobora, ko ari We washobora, hanyuma kubwo kwizera Imana no kubera ubushake bwayo buhora butunganye.

Abaroma 12:1-2 ‘Nuko, bene Data, ndabinginga ku bw’ imbabazi z’Imana, ngo mutang’ imibiri yanyu, ib’ibitambo bizima byera bishimwa n’Imana, ni ko kuyikorera kwanyu gukwiriye. Kandi ntimwishushanye n’ab’iki gihe, ahubwo muhinduke rwose, mugiz’ imitima mishya, kugira ngo mumenye nez’ iby’ Imana ishaka, ni byo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose.’

Ijambo ‘mutange’ riri mu Baroma 12:1 ni rimwe n’ijambo ry’Ikigiriki, paristemi, ryakoreshejwe na Pawulo mu Baroma 6:13 ryo gutanga, guha, no kwiyegurira Imana mu bugingo bwacu n’ingingo zacu nk’abakuwe mu bapfuye. Reba ibi bisobanuro bitandukanye :

Abaroma 6:13 ‘Kandi ntimutange ingingo z’imibiri yanyu ku cyaha ngo zibe ibikoresho byo gukiranirwa; ahubwo mwihe Imana nk’abakuwe mu bapfuye, n’ingingo zanyu nk’ibikoresho byo gukiranuka’ (NASB).

Abaroma 6:13 ‘Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranuka: ahubwo mwitange, mwihe Imana nk’abazuke, n’ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka’ (NIV).

Abaroma 6:13 ‘Ingingo z’imibiri yanyu ntimukazigabize ibyaha ngo zibe ibikoresho by’ubugome. Ahubwo mwiyegurire Imana, kubera ko mwavuye I kuzimu mukaba bazima, muyegurire n’ingingo zanyu ngo zibe ibikoresho byayo zikora ibizitunganiye’ (KJV).

Dore ibintu byinshi birwanya kugenda uyobowe n’Umwuka:

(1) Ingufu z’ubwoko bubiri - Amategeko n’uburangenzira. Amategeko ni igihe umuntu akorera mu mbaraga ze ashaka kugira ibikorwa byiza cyangwa imirimo itegekwa n’idini, hanyuma agakeka ko ibi bimutera kugira icyo Imana imugomba, cyangwa ko bimugira mwiza kuruta abandi. Mu by’ Amategeko, ukwizera kw’ umuntu ni ubushobozi bwe. Ubukristo buhinduka amategeko nta bumwe bw’imbere mu mutima buzanwa no kwizera no kwiringira ubugwaneza bw’ Imana. Uburenganzira, ku rundi ruhande, ni ugushaka kwa bamwe bashobora kumenya ubuntu bw’Imana n’umudendezo muri Kristo, ariko bakabipfusha ubusa kubera impamvu zo kwikunda bakurikiranye ubwigenge bwabo. Ibi bitandukanye n’urukundo kandi ni gihamya ko umuntu nk’uwo atayoborwa n’Umwuka ahubwo n’ibyifuzo bye byo kwikunda. Igitabo cy’Abagalatiya kivuga kuri izo ngufu zombi (reba mu Bagalatiya 5:1 - 15 hamwe n’Abaroma 14 - 15 no mu1 Abakorinto 8).

(2) Imbaraga eshatu zihatanira kutuyobora - (a) Isi idukikije (Abaroma 12:2), (b) Kamere (imibereho ya nyamwigendaho) iba muri twe (Abagalatia 5:16-17), na (c) Satani uhora aturwanya (Abefeso 6:10-18).

1 Yohana 2:12-17 ‘ Ndabandikiye, bana bato, kukw’ibyaha byanyu mwabibabariwe kubw’izina rye. 13 Namwe ba se, ndabandikiye kuko mwameny’uwahereye mbere na mbere. Ndabandikiye basore, kuko mwaneshej’ Umubi. Ndabandikiye, bana bato, kuko mwamenye Data wa twese. 14 Ndabandikiye, base, kuko mwameny’uwahozeho mbere na mbere. Ndabandikiye, basore, kuko mufit’imbaraga, kandi ijambo ry’Imana rikaguma muri mwe, mukaba mwaranesheje wa Mubi. 15 Ntimugakund’iby’isi, cyangw’ibi mw’isi. Umuntu nakund’iby’isi, gukunda Data wa twese ntikuba kuri muri we; 16 kukw’ikiri mw’isi cyose ari irari ry’umubiri, ari n’irari ry’amaso, cyangwa kwibona ku by’ubugingo, bidaturuka kuri Data wa twese, ahubwo bituruka mw’isi. 17 Kandi is’irashirana no kwifuza kwayo: ariko ukor’iby’Imana ishaka, azahorahw’iteka ryose.’

(3) Ingorane enye zitubuza gukura no guhindurwa n’Umwuka - (a) Kutamenya Ijambo ry’Imana (Abaroma 1 n’ibikurikira), (b) Kubogama : ibitekerezo biba mu muntu biterwa n’uko yarezwe bikabuza ukuri kw’Ibyanditswe (Mariko 7:6-13), (c) Kutizera cyangwa kwiyiringira (Yeremiya 17:5, reba n’Abagalatia 3:3,5; hamwe na 5:1-5), na (d) Kutaba inyangamugayo, gushaka gusobanura impamvu z’icyaha cyacu aho kucyatura mu buryo bwa Bibiliya (Zaburi 32:3-5; 51:6,10,16).

1 Yohana 1:9 ‘Ariko ni twatur’ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu, no kutwezaho gukiranirwa kose.’

1 Abakorinto 11:28-32 ‘Nuko umuntu yinire yisuzume, abone kurya kuri uwo mutsima no kunywera kuri icyo gikombe: 29 kuko upfa kurya, akanywa, atitaye ku mubiri w’Umwami, aba aririye, kandi anywereye kwishyiraho gucirwaho iteka: 30 ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagira intege-nke, abandi bakarwaragura, abandi benshi barasinziriye. 31 Ariko twakwisuzuma, ntitwagibwaho n’urubanza. 32 Nyamara, iyo duciriwe urubanza n’Umwami wacu, duhanirwa na We kugira ngo tutazacirirwaho iteka hamwe n’ab’isi.’

(4) Mu kurangiza, hari inzira zo kwinezeza umuntu ashakiramo ibimushimisha mu buryo bwo kwishima, agaciro, n’umutekano - kwifuza imyanya, ubutunzi, ubukungu, imbaraga, gushimwa, n’ibinezeza. Ibi birica. Kandi ni n’ibigirwamana - imana umuntu yiremera agakeka ko zizamufasha mu byo akenera no gushimisha ibyo ashaka. Buri cyifuzo muri ibi cyerekana ibihendo by’inkomoko zo kwizera, ibyo twishingikirizaho aho kuba Umwami n’umurimo w’Umwuka. Ni ibikorwa bya Satani n’ibihendo by’isi - ibinyoma abantu bizera.

Ubu buryo bushingiye ku mategeko abiri yo mu Isezerano Rishya. Nk’uko byavuzwe mbere, ibi bice ni Abagalatiya 5:16, ‘muyoborwa n’Umwuka’ n’Abefeso 5:18, ‘ mwuzure Umwuka ‘. Hari ibindi bice nk’ibyo nk’Abefeso 6:18 na Yuda 20, bihamagarira abizera gusengera mu mbaraga z’Umwuka. Byerekana ko ubugingo bw’amasengesho yacu bugomba gushingira ku murimo w’Umwuka.

Abefeso 6 : 18 ‘Mushengesh’Umwuka iteka mu buryo bwose bwo gusenga no kwinginga: kandi kubg’ibyo, mugumye rwose kuba maso, musabir’ abera bose.’

Yuda 20 ‘Ariko mwebweho, bakundwa, mwiyubake kubyo kwizera byera cyane, musengere mu Mwuka Wera,’

Ariko se ni iki dukora iyo twateje agahinda Umwuka mu buryo bw’icyaha ubwo ari bwo bwose? Ni ubuhe buryo bukwiriye ngo tugarure kandi dukomeze ubusabane no kuyoborwa n’Umwuka mu bugingo?

Intambara ya mbere yo kwizera guhagije ngo tuyoborwe n’Umwuka mu kumwubaha ni ukwatura kw’ukuri kw’icyaha kizwi cyose. Ibi bigarura ubusabane ku buryo ibyo kuyoborwa n’Umwuka bishobora gukomeza iyo twatuye icyaha. Cyangwa iyo tumaze igihe tutari mu busabane (Nka Dawudi mu Isezerano Rya Kera igihe yanze kwatura icyaha kugeza ubwo umuhanuzi Natani yakimwemeje) kwatura bigarura Umwuka kwongera kutuyobora (reba na 1 Samweli 12:1-13; Zaburi 32:3-4; 1 Yohani 1:9).

Imigani 28:13-14 ‘Uhish’ ibicumuro bye ntazagubwa neza: arik’ ubyatur’ akabireka, azababarirwa. Hahirw’ umunt’ uhorana kwubaha; Arik’ uwinangir’ umutima azagwa mu byago.’

Na none, reka mbisubiremo, intambara ya mbere yo kwizera, kwubaha, no kwitangira kuyoborwa n’Umwuka, iyo icyaha kizwi kiriho, ni ukwatura, kwicisha bugufi no kwemera icyaha cyacu imbere y’Imana n’icyo gikora ku mibanire yacu n’Imana n’umurimo w’Umwuka. Ariko gusobanukirwa no kwatura byacu bigomba kuba iby’ukuri. Icyo dukeneye ni ukureba ikiri mu ntango y’imico yacu; ni ukuvuga ibyo twizera by’amafuti, no kwibeshya ku byo dukeka ko dukeneye ngo tugire umunezero n’umutekano.

Ibuka, ibi na byo ni ibyo kwizera no gucengera Bibiliya. Kugeza tubonye ibi nk’ikintu cy’ukuri, Umwuka azatureka twivurugute mu ntege-nke zacu. Ariko se ni ukubera iki? Kutugeza ku iherezo ryacu no kwiyiringira kubera ko mu bugingo bwacu twizera ibitagira umumaro. Aha na none tubona ibyo gukura. Iki ni cyo kintu dukeneye kureba kandi tugomba kwatura.

Byongeye, kwatura gukeneye gukorwa mu gushaka kugarura kuyoborwa n’Umwuka ngo kamere iyoborwe kandi Imana ihabwe ikuzo.

Ibiri muri ibi ni ugukena n’ikintu cyo kumeneka umutima aho tugera ku iherezo ryacu n’iry’ imbaraga zacu zo kwiyizera. Bityo, mu gihe ku ruhande rumwe dushobora gukeka ko turimo kwubaha Umwuka mu kwizera, ku rundi ruhande dushobora gukomeza kugerageza kwiyoborera ubugingo bwacu, kandi mu kuri tugendera mu kwizera ibyo twitekerereza.

Iyo tumaze kwatura icyaha kizwi dushaka kwegurira ubugingo bwacu ngo buyoborwe n’Umwuka n’ikuzo ry’Imana, ni kindi ki kiba gikenewe ku byo kugenda tuyobowe n’Umwuka, kudahindagurika no gukomeza? Birumvikana, abizera bakenera ubugingo buhora bweguriwe kandi bwishingikirije ku kwizera Umwuka nk’isoko y’imbaraga n’ubuyobozi. Ibyo ari byo byose, mu kuri, kutagenda tuyobowe n’Umwuka ni yo mpamvu y’icyaha cyose kizwi. Ariko se ibi bibaho bite? Icyo ni ikibazo cy’ ingenzi.

Iby’ ingenzi mu gukomeza kuyoborwa n’Umwuka

Ntitwakwibuza akamaro ko gusa na Kristo mu rupfu no kuzuka bye tugenda tuyobowe n’ Umwuka. Ibi biba ari intangiriro, n’iby’ingenzi, kandi bidushishikariza kugendera mu kwizera tuyobowe n’Umwuka bigomba kugaragarira mu kuntu Pawulo yashyize ibyo gusa na Kristo mu Baroma 6 mbere y’ umurimo w’Umwuka mu Baroma 8.

Kuki Abaroma 6 ari ingenzi mu byo kugendera mu kwizera tuyobowe n’Umwuka? Ni ukubera ko havuga iby’umudendezo kandi hakatwizeza ko tudakeneye ‘gukomeza mu cyaha’ (Abaroma 6 : 1). ‘Nuko ibyaha ntibikabategeke, kuko mudatwarwa n’amategeko, ahubwo mutwarwa n’ubuntu.’ Dufite ikuzo ry’imbaraga zo kugendera mu bugingo kubera gusa n’Umukiza mu rupfu rwe ku buretwa bw’icyaha no mu kuzukira ubugingo bushya bwe. Ariko muri ibyo bice byose by’ubugingo bwa gikristo, tugomba kumenya, kwizera, no gushyira mu bikorwa ukuri tuzi.

Reka turebe uko Abaroma 6 handitswe n’ukuri kurimo :

Urufatiro: ibintu byo kumenya no gusobanukirwa (Abaroma 6:1-4). Kubera ko abizera bahinduwe nka Kristo mu rupfu rwe no kuzuka kwe kugira ngo bagendane na We mu bugingo bushya, ntibyumvikana, biravuguruzanya, ko bakomeza kwemerera ibyaha gutwara ubugingo bwabo.

Ingaruka: ukuri guturuka kuri ibyo (Abaroma 6:5). Ubumwe cyangwa gusa na Kristo mu rupfu rwe na none bisaba gusa na We mu muzuko We. Ijambo ‘ubwo’ mu murongo wa 5 ryerekana ingingo ya ngombwa; mu Kigiriki ryerekana ukuri kw’iyo ngingo. Muri iki gice, iri jambo rishobora gusobanura ‘kubera ko’. Utujambo ‘Ni ko’ ni Ikigiriki alla, icyungo gikoreshwa mu Kigiriki cyo mu Isezerano Rishya. Ryerekana ko niba ibango rya mbere ari ukuri, kandi ni ko biri, n’irya bakiri na ryo aba ari ukuri.

Gushyira mu bikorwa: ukuri ko kwizera, ko kwemera nk’ukuri, ko kwumvira (Abaroma 6:6-14). Gushyira mu bikorwa ukuri ko mu mirongo 1-5 bigaragara kandi bivugwa mu magambo ane y’ingenzi:

(1) Kumenya (imirongo ya 6-10): Kumenya ko dusa na Kristo mu rupfu rwe no kuzuka kwe, twizera ko natwe dufite imbuto za byombi mu mibereho yacu.

(2) Kwemera nk’ukuri (umurongo wa 11): Hamwe n’ubu bumenyi nk’urufatiro rwo kwizera, tugomba kwibara nk’abapfuye ku buretwa bw’icyaha no kubaho mu Mana ku bwa Kristo Yesu. ‘Mwiyumvemo’ (NASB), ‘mwibare’ (NIV), ‘mwitekerezeho’ (KJV) ni Ikigiriki logizomai, ‘kubara, gufata nk’ukuri’. Ryari ijambo ryakoreshwaga mu mibare babara umurongo w’imibare ngo bagere ku giteranyo nyacyo. Mu guteranya ukuri ko mu mirongo ya 1-10, tugomba gutekereza no kwizera dukurikije ibyo. Uku kwitekerezaho si ‘gutera kwizera’, cyangwa gutekereza kwiza, ahubwo ni ukwumva ukuri. Aha tubona ukuri mu by’Umwuka kugomba kumenyerwa mu kwizera. Inshinga iri mu ndagihe ihoraho. Aha tubona iby’Umwuka bigomba kumenywa no gushyirwa mu bikorwa umwanya ku wundi nk’urufatiro rwo gunesha, kwiyegurira imbaraga z’Umwuka ku bwo kwizera.

(3) Kwiyegurira, kwitanga, kwiha (imirongo ya 12-13): Reba muri iyi mirongo ko kwibanda ku ruhare rwacu mu kwumvira byerekanwa mu buryo butubuza (‘ntimukemerere ibyaha kubategeka’, ‘ntimugakomeze guha’) no mu buryo bwo gutegeka (‘ariko mwiha Imana’). Mu gihe gutabarwa kuzanwa muri twe n’imbaraga z’Imana, ni uruhare rwacu kwakira uko gutabarwa twitanga cyangwa twegurira Imana ubugingo bwacu. Ibi bigaragazwa mu buryo butangaje mu Kigiriki. Muri iyi mirongo dufite itegeko ritubuza risobanura ngo ‘murekeraho gutanga’ rikurikiwe n’icyo abahanga mu kibonezamvugo bita .aorist (igihe kitaramba) isobanura ngo ‘ahubwo tangira guha’. Dukora ibyo dutegekwa tureka ibyo tubuzwa. Kwiyambura byuzuzwa no kwambara ku bw’ubuzima bwiyeguriye Imana.

Ariko se bivuga iki “mwitange mwihe Imana nk’abazuke?” ‘Mwitange’ ni Ikigiriki Paristemi, ‘gushyira ku ruhande, kubikira umuntu, gutanga, guha’. Ryakoreshwaga nk’ijambo ryihariye mu rurimi rw’ibitambo. Iri ni ijambo Pawulo akoresha mu Baroma 12:1 aho adushishikariza guha imibiri yacu Imana nk’ibitambo bizima. Ni ukwitanga twiha Imana, ariko ibi bikurikiwe n’igikorwa gikorerwa ruhamwa cyo kwiyegurira kubera ko mu kwiha Imana dutoranirizwa Imana ngo imbaraga zayo n’ubushake bwayo bibe mu bugingo bwacu.

(4) Kwumvira (umurongo wa 14): Ukwumvira kugaragazwa neza mu murongo wa 12 no mu buryo butagaragara neza mu murongo wa 13, ariko kuba uku kwumvira kudaterwa n’imbaraga z’ubushake bw’umuntu, ahubwo ubuntu bw’Imana bukorera mu mutima w’umwizera ku bwo kwizera, bigaragazwa n’amagambo y’umurongo wa 14. Munsi y’amategeko, dutereranwa mu mbaraga zacu mu gihe mu buntu dutwarwa n’imbaraga z’Imana mu gusa kwacu na Kristo, kandi nk’uko igice cya 8 cyigisha, binyuze mu murimo w’Umwuka. Ariko na none ibi na byo bigomba kuvugwa ko hatariho kumvira, bityo nta kwibara mu bumwe bwacu na Kristomu gihe nta kwishingikiriza ku Mwuka.

Twashobora guha Abaroma 7 umutwe w’amagambo ‘Ukwezwa kw’intege-nke’. Muri iki gihe tubonamo ko urupfu rwa Kristo rudutabara rudukura mu mategeko nk’itegeko ry’ubugingo (imirongo ya 1-6), kandi ko ubugingo bwa Kristo budukura muri kamere ya kera nk’ibiyibangamira mu bugingo - kamere zombi z’umwizera zirwana (imirongo ya 7-25).

Umutwe w’amagambo: Amategeko ntashobora kweza ubugingo bw’abizera kandi abizera ntibashobora kwiyeza mu bugingo bwabo biturutse ku gushaka kw’iyo kamere nshya mu gushaka gukurikiza amategeko.

(1) Gutabarwa, amategeko, kw’umwizera: dukoresheje icyitegerezo cyo gushyingiranwa mu mategeko no mu mudendezo kugeza ku gupfa, Pawulo yerekana ko abizera bahambuwe ku mategeko kubera gusa kwabo na Kristo mu rupfu rwe no kuzuka kwe (7:1-6).

(2) Intego y’amategeko (7:7-13). Kuba amategeko yera, yerekana icyaha (umurongo wa 7). Kuba turi abanyabyaha, amategeko atera cyangwa se abyutsa icyaha muri twe (imirongo 8-9 Amategeko, nubwo yashyiriweho guha umuntu imigisha, ahinduka ikituzanira urupfu kubera ibyaha byacu (imirongo 10-11). Amategeko arera kandi ni meza, yerekana kamere y’icyaha (imirongo 12-13).

(3) Ububasha buke bw’amategeko mu ntambara turwana n’icyaha (7:14-25). Amategeko, kubera imbaraga z’icyaha, ntiyabasha kuduhindura (umurongo wa 14). Amatageko, kubera icyaha kiba muri twe, ntashobora kutubashisha gukora icyiza (imirongo 15-21). Amategeko, nubwo yera kandi ari meza, ntashobora kuduha umudendezo kubera itegeko ry’icyaha kiba mu ngingo zacu (imirongo 22-24).

Mu Baroma 7:14, ‘mbonye ishyano’ ni ijambo ry’Ikigiriki risobanura ngo ‘kwihanganira agahato n’ibyago, kubabazwa, kubona ishyano.’ Ryakoreshwaga ku muntu unaniwe nyuma y’intambara.

Ibivugwa aha ni uko tudashobora kubona gutabarwa kw’ukuri tutaragera ahantu Pawulo arira mu murongo wa 24. Aha ni ahantu ho kumeneka, ahantu ho kwiheba no guhindukirira imbaraga dufite mu Mukiza, si umwanya wacu wonyine, ahubwo ni ubuntu bw’Imana bwo guturwamo n’Umwuka w’Imana. Gereranya na Zaburi 51:1-17, ariko by’umwihariko, imirongo ya 16-17. ‘Umutima umenetse’ n’ ‘Umutima ushenjaguwe’ bivuga kimwe. Izo nshinga zombi zivuga ‘kumeneka, gushenjagurika’. Nk’uko umurongo wa 16 ubivuga, si imirimo itegetswe n’idini Imana ishaka cyangwa dukeneye. Ahubwo ni ukugera ku iherezo ryacu, dushenjaguwe, tumenwe n’umutwaro no kugerageza kwiyoborera ubugingo bwacu cyangwa kugerageza kwirwaniriza icyaha cyacu tutari mu mbaraga z’Imana n’ubuntu bwayo hamwe n’umurimo w’Umwuka.

Mu gusubiza gutaka ko mu Baroma 7:24, ‘Ni nde wambatura,’ umwe mu mirya icurangwa mu Baroma 8 ni uwo kubaturwa cyangwa kwishyira ukizana. Nubwo umukristo aba agifite intambara ya kamere y’icyaha kiba muri we (Abaroma 7:23), ashobora kunesha imbaraga z’icyaha ayobowe n’Umwuka Wera uba muri we. Mu kuri, iki gice gitangaza ukwishyira ukizana k’umwizera kwiyongera mu burebure, ubugari, igihagararo, n’ikijyepfo by’ubugingo.

Dukoresheje amagambo yo muri Bibiliya Isobanuye ya Ryrie, igice cy’Abaroma 8 cyahabwa uru rutonde rukurikira :

Ku mukristo hari :

(1) Umudendezo ku gucirwaho iteka kuko ku uwizera Kristo nta teka azacirwaho (8:1-3).

(2) Umudendezo ku kuneshwa, nta kuba mu bubata bw’icyaha ukundi nitutagendera mu Mwuka wenyine (8:1-17).

(3) Umudendezo ku gucika intege kabone no mu mibabaro y’ubugingo kubera ubwiza buzerekanwa n’umurimo wo gusenga w’umwuka Wera (8:18-30).

(4) Umudendezo ku bwoba kubera, nk’abanesha, nta cyadutandukanya n’urukundo rw’Imana muri Kristo Yesu umwami wacu (8:31-39).

Uguhishurwa kwo muri iki gice kwerekeye umurimo utangaje w’umwuka w’Imana nk’imbaraga zitunganye z’Imana ngo tugire ubugingo bwa Gikristo. Kwubakira ku kuri kwo gusa na Kristo ko mu Baroma 6, itegeko rikomeye ryo mu Baroma 8 ryerekeye ko Abakristo bakeneye kwicisha ingeso zabo mbi za kamere kugendera mu Mwuka (reba 8:4-6, 12-13).

Digisiyoneri yitwa “The American Heritage” (yanditswe na orudinateri) isobanura kamere nka: (a) ibyerekeye ibyifuzo by’umubiri; ibyo twibwira. (b) Iby’isi cyangwa ibyo ku isi; iby’igihe gito. [JYEWE < Ikilatini carnalis < Ikilatini caro, umubiri] Kamere (karnalite). Dukurikije Ibyanditswe, iryo jambo riva mu 1 Abakorinto 3:3 risobanurwa mu buryo butandukanye ngo:

Kuko mukiri aba kamere: Ubwo muri mwe harimo ishyari, n’amahane, mbese ntimubaye aba kamere koko, ntimugenza nk’abantu? (KJV).

Kuko mukiri ab’umubiri. Kuko ubwo muri mwe hari ishyari n’amahane, mbese ntimuri ab’umubiri, kandi ntimugenda nk’abantu buntu? (NASB).

Muracyifata nk’ ab’ isi. Mbese ubwo ishyari n’amakimbirane bikirangwa muri mwe, ntibigaragara ko mwifata nk’ab’isi, mukagengwa na kamere yanyu nk’abantu bose? (NIV).

Mu Kigiriki, ijambo risobanura aha nka ‘kamere’ ‘umubiri’ n’ ‘isi’ ni sarkikos riva kuri sarx, rivuga ‘umubiri’. Sarkikos ivuga ‘ab’umubiri, bakwiranye n’umubiri’ bityo bayoborwa n’umubiri. Amagambo aherukwa na ikos yerekana imibanire.65 Iri jambo rihwanye na kata sarka, ‘bikurikije umubiri’ mu Baroma 8:4, 5. Mu 2 Abakorinto 10:4, intumwa Pawulo yaranditse ati: ‘kuko intwaro z’intambara yacu atari iz’abantu’ (sarkikos).

Kamere ishobora gusobanurwa nko kugoma kuba mu bantu, gukoreshwa n’imbaraga z’abantu, iyo bifuje kugera kubyo bakeneye n’ibyo bashaka, ibintu babona ko bakwiriye kugira ngo babone umutekano, ibyishimo, n’agaciro. Aho kwiringira Imana, ‘kamere’ nk’ijambo rigaragaza imyifatire, yerekana umutima ushaka ubwigenge, kwiyemeza gukora ibyo umuntu yishakiye, mu buryo umuntu yishakiye, kandi bivuye mu mbaraga z’umuntu ku giti cye. Bityo kamere bivuga kumenyereza ubugingo bwacu ku mibereho y’iby’umubiri, gukoresha imbaraga cyangwa intwaro z’umubiri mu kuyobora ubugingo aho kuba imbaraga z’Umwuka duhabwa n’Imana nk’Umwuka uba muri twe, Ijambo ry’Imana, n’amasengesho.

Ibyanditswe byuzuye imbabazi zerekeye ingaruka mbi za kamere, gukurikira iby’ubugingo bitari mu kwizera Imana, kubaho utagengwa n’ubuyobozi n’imbaraga Ze, cyangwa kwikurikirira inzira zacu. Urugero, gereranya ibi bice bike byatoranijwe bikurikira:

Yeremiya 17:5 ‘Uku ni k’ Uwiteka avuga, ati: havumw’ umuntu wiringir’ undi muntu, akishim’ amaboko ye, mu mutima we akimur’ Uwiteka.’

Yesaya 50:11 ‘Yemw’ abacana mwese, mukikikiz’ imuri impande zose, ni mugendere mu mucyo w’umuriro wanyu no muw’ imuri mukongeje. Ibyo mbageneye n’ibi: muzaryaman’ umubabaro.’

Imigani 14:12 ‘Harihw’inzir’itunganiy’umuntu, Arik’ iherezo ryayo n’inzira z’urupfu.’

Abagalatiya 6:7-8 ‘Ntimuyobe: Imana ntinegurizw’ izuru; kuk’ iby’ umunt’ abiba, ari by’azasarura. 8 Ubibir’ umubiri we, mur’uwo mubiri azasaruramo kubora,ariko ubibir’Umwuka, muri uwo Mwuka azasaruramo ubugingo buhoraho.’

(1) Kubura ubusabane. Ingaruka ya mbere ni ukubura ubusabane n’Umwami hamwe no kubura kuyoborwa n’Umwuka Wera n’imbuto ze mu bugingo bw’umuntu (reba 1 muriYohana 1:5-7). Iyo Umwuka atejwe agahinda kandi akazimwa (Abefeso 4:30; Abatesalonike 5:19), tutambamirwa mu masengesho (Zaburi 66:18), mu guhamya (Ibyakozwe 1:8), mu kwiga Bibiliya (1 Abakorinto 2:10- 16, Abefeso 3:16 n’ibikurikira), ni ukuvuga, mu mirimo yose y’Umwuka Wera mu bugingo bw’abizera. Kwiyiringira ubwawe ni ukunanirwa kwiringira Umwuka.

Iyo Umwuka atejwe agahinda kandi azimijwe biba ngombwa ko umurimo We uva ku murimo nyakuri wo kudushoboza ugahinduka uwo kutwumvisha no kutwemeza iby’icyaha. Nk’uwemeza ab’isi icyaha (Yohana 6:8), Umwuka Wera aratwumvisha kandi agakorera kwemeza abizera ngo abageze ku kwihana no kugaruka mu busabane. Muri ubu buryo, hari ingaruka y’agahinda no kubura ibyishimo n’imigisha iva mu busabane n’Umwami. Uyu murimo wo kwumvisha no guhana, biragaragara ko ufitanye isano n’ubutumwa bw’ Umwuka mu Ijambo ry’Imana. Inzandiko zandikiwe amatorero arindwi yo mu Asiya, uretse rumwe, zari inzandiko zo guhana zigenewe kwemeza no kubyutsa ayo matorero. Buri rwandiko rusozwa n’amagambo ‘ufite ugutwi niyumve, ibyo Umwuka abwira amatorero’ (Zaburi 32:3-4).

(2) Kuyoboka kw’ imbaraga. Iyo abizera bayoborwa na kamere, indi ngaruka iba iyo kuyoyoka cyangwa gupfusha ubusa imbaraga zabo z’Umwuka, zo mu bitekerezo, n’iz’umubiri (Abefeso 5:18). Ibikubiye muri yo ni imirimo ya kamere hamwe n’ingaruka zayo zirimbura ubuzima, ibyo kuba inyangamugayo, ubusabane bw’abantu, n’imibanire n’abandi muri rusange.

Abagalatiya 5:15, 19-21 ‘Ariko rero ni mushikurana, mugaconshomerana, mwirinde mutamarana. 19 Dor’ imirimo ya kamere iragaragara; n’iyi: gusambana, no gukor’ibitey’isoni, n’iby’isoni nke, 20 no guseng’ibishushanyo, no kuroga, no kwangana, no gutongana, n’ishyari, n’umujinya, n’amahane, no kwitandukanya, no kwirem’ibice, 21 no kugomanwa, no gusinda, n’ibiganiro bibi, n’ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare, nk’uko nababwiye kera, yukw’abakor’ ibisa bityo batazaragw’ubwami bw’Imana.’

Abaheburayo 12:15 ‘Mwirinde hatagir’ umuntu ugw’ akava mu buntu bg’Imana, kandi hatagir’umuzi wo gusharir’ umera, ukabahagarik’ imitima, abenshi bagahumana;’

(3) Igihano cy’Imana. Kubera ko Imana ari Data wa twese Nyiruruzabibu mu murima w’uruzabibu rwe, kamere igeraho ikazana igihano cy’Imana - Ukuboko kuremereye kw’Imana kugenewe kumenyereza no kugarura abantu Be muri We (reba na Abaheburayo 12:5-11).

Zaburi 32:4 ‘Kuk’ukuboko kwawe ku manywa na nijoro kwandemereraga, Ibyuya byanjye bigahinduka nk’ amapfa yo mu cyi. Sela.’

1 Abakorinto 11:29-32 ‘Kuk’upfa kurya, akanywa, atitaye ku mubiri w’Umwami, ab’aririye, kand’ab’anywereye kwishyiraho gucirwahw’iteka; 30 ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagir’intege nke, abandi bakarwaragura, abandi benshi bakaba basinziriye. 31 Ariko twakwisuzuma, ntitwagibwaho n’urubanza. 32 Nyamara, iyo duciriw’urubanza n’Umwami wacu, duhanirwa na we kugira ngo tutazacirirwahw’iteka hamwe n’ab’isi.

(4) Kubura guhamya. Indi ngaruka yo kutagendera mu busabane ni ukubura guhamya mu b’isi no gusuzugura Umwami (reba no muri 1 Petero 3:15-17; 4:15-16).

1 Petero 2:12-17 “Mugir’ingeso nziza hagati y’abapagani, kugira ngo, nubwo babasebya nk’abakora nabi, ni babon’imirimo yanyu myiza, izabatere guhimbaz’Imana ku munsi wo kugendererwamo. 13 Mugandukir’ubutware bgose bg’abantu kubw’Umwami wacu: naho yab’umwami, kukw’ariw’usumba bose, 14 cyangw’abatware, kukw’ari bo batumwe na we guhan’inkozi z’ibibi, no gushim’abakora neza. 15 Kukw’iby’Imana ishak’ar’uko mujibish’abantu b’abapfapfa, batagir’icyo bamenya, gukora neza kwanyu: 16 mumeze nk’ab’umudendezo koko, arik’uwo mudendezo mutawutwikiriz’ibibi, ahubgo mugenze nk’imbata z’Imana. 17 Mwubahe abantu bose, mukunde bene Data, mwubah’Imana, mwubah’Umwami.”

(5) Kubura ingororano. Indi ngaruka ni ukubura ingororano kuri Bema (Intebe y’imanza) y’Imana ya Kristo (reba muri 1 Yohana 2 : 28; 3 : 3). Reba no mu gice cya mbere, isomo rya karindwi ku inyigisho yerekeye Bema.

1 Abakorinto 3:12-15 ‘Arik’umuntu ni yubaka kur’urwo rufatiro izahabu, cyangw’ifeza, cyangw’amabuye y’igiciro cyinshi, cyangw’ibiti, cyangw’ibyatsi, cyangw’ibikenyeri, 13 umurimo w’umuntu wes’uzerekanywa. Urya munsi ni w’uzawerekana, kuk’uzahishuzw’umuriro, akab’ari wo kand’ uzageragez’umurimo w’umuntu wese. 14 Umurimo w’umuntu, uwo yubatse kur’ urwo rufatiro, n’ugumaho, azahabw’ingororano; 15 arik’umurimo w’umuntu n’ushya, azabur’inyungu, nyamar’ubwe azakizwa, ariko nk’ukuwe mu muriro.’

2 Abakorinto 5:10’Kuko twese dukwiriye kuzagaragarizw’imbere y’intebe y’imanza ya Kristo, kugira ng’ umuntu wes’ ahabw’ibikwiriy’ibyo yakoz’ akiri mu mubiri, ar’ibyiza cyangwa ibibi.’

Ibyiyongereye ku biri haruguru aha, iyo dukomeje kuba mu kugoma kugaragara tukanga kwiyuzuza n’Umwami, izi ngaruka zikurikira zishobora kubaho:

(6) Igihano kirushijeho gukomera kiva mu kuboko kuremereye kw’Imana

Zaburi 32:4 ‘Kuk’ukuboko kwawe ku manywa na nijoro kwandemereraga, Ibyuya byanjye bigahinduka nk’amapfa yo mu cyi. Sela.’

2 Abakorinto 11:30 ‘Niba binkwiriye kwirata, nzajya nirat’iby’intege nke zanjye.’

Abaheburayo 12:6 ‘Kuk’uw’Uwiteka akunze, ariw’ahana, Kandi’akubit’ibibokw’abo yemera bose ko ar’abana be.’

(7) Gukomeza mu kugoma bishobora gutera Itorero gufata ibihano bigera no ku gucibwa. Itorero muri iki gihe rikunze kunanirwa gukoresha ibihano by’itorero cyangwa bigakorwa mu buryo butari bwo (reba Abatesalonike 3:6-15; 1 Abakorinto 5).

Matayo 18:17 ‘Kandi ni yanga kwumvir’abo, uzabibwir’Itorero: ni yanga kuryumvira na ryo, azakubeho nk’umupagani cyangw’umukoresha w’ijoro.’

(8) Igihano cy’Imana kigeze no ku gupfa gishobora kubaho

1 Abakorinto 11:30 ‘ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagir’intege nke, abandi kakarwaragura, abandi benshi bakaba basinziriye.’

1 Yohana 5:16 ‘Umuntu n’abona mwene Se akor’Icyaha, kitar’icyo kumwicisha, nasabe, kand’Imana izamuher’ubigingw’abakor’ibyaha bitar’ibyo kubicisha. Harihw’icyaha cyicisha: si cyo mvuze kw’agisabira.’

Ukundi kuri kw’ingenzi mu gukomeza kuyoborwa n’Umwuka

Nk’ibigaragaza kwizera n’ibikorwa bindi byo kwiyegurira Imana, abizera bagomba :

(1) Kwiga Bibiliya no kumva Ijambo ry’Imana

2 Timoteyo 2:15 ‘Ujy’ugir’umwete wo kwishyir’Imana nk’ushimwa, umukoz’udakwiriye kugir’ipfunwe, ukwiriranya nez’Ijambo ry’ukuri.’

2 Timoteyo 3:16-17 ‘Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n’Imana, kandi bigir’umumaro wo kwigish’umuntu, no kumwemez’ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka; kugira ng’umuntu w’Imana ab’ashyitse, afit’ibimukwiriye byose, ngw’akor’imirimo myiza yose.’

Yakobo 1:21-25 ‘Ubwo bimeze bityo, mwiyambur’imyanda yose n’ububi busaze, mwakiran’ubugwanez’Ijambo ryatewe muri mwe, ribasha gukiz’ubugingo bwanyu. 22 Ariko rero, mujye mukor’iby’iryo Jambo, atar’ugupfa kuryumva gusa, mwishuka; 23 kuk’uwumv’ijambo gusa, ntakor’ibyaryo, ameze nk’umuntu urebeye mu maso he mu ndorerwamo. 24 Amaze kwireba, akagenda, uwo mwany’akiyibagirw’ukw’asa. 25 Arik’uwitegereza mu mategekw’atunganye rwose ater’umudendezo, agakomeza kugir’umwete wayo, atar’uwumva gus’akibagirwa, ahubw’ar’uyumvira, ni w’uzahabw’umugisha mu by’akora.’

(2) Gufata mu mutwe ibice byo muri Bibiliya

Zaburi 119:11 ‘Nabikiy’Ijambo ryawe mu mutima wanjye, Kugira ngo ntagucumuraho.’

Imigani 3:3 ‘Imbabazi n’umurava bye kukuvaho: Ubyambare mw’ijosi, Ubyandike ku nkingi z’umutima wawe.’

(3) Gusenga (reba Zaburi 119). Hafi iyi Zaburi yose ibwirwa Uwiteka kandi yerekeye kwezwa.

Zaburi 139:23-24 ‘Mana, ndondora, umeny’umutima wanjye: Mvugutira, umeny’ibyo ntekereza: Urebe yuko harihw’inzira y’ibib’indimo, Unshorerere mu nzira y’iteka ryose.’

(4) Ubusabane n’abizera, no kwambariza hamwe

Ibyakozwe 2:42 ‘Bahoraga bashishikariy’iby’intumwa zigishaga, bagasangir’ibyabo, no kumanyagur’umutsima, no gusenga.’

Abaheburayo 10:23-24 ‘Dukomeze kwatura ibyiringiro byacu tutanyeganyega, kuko uwasezeranije ari uwo kwizerwa, kandi tujye tuzirikana ubwacu, kugira ngo duterane ishyaka ryo gukundana n’iry’imirimo myiza.’

Ibi byose ni ngombwa mu mbaraga z’Umwuka, ariko ni iby’ingenzi ku kugendera mu Mwuka kw’umuntu, ku kwizera, no ku bugingo bushingiye ku Mwuka. Izi nyigisho zo muri Bibiliya zashyizweho n’Imana ngo ziteze imbere kandi zimenyereze kugenda umuntu yishingikirije Imana mu kwizera. Nubwo bitagomba gukorwa hakurikijwe iby’amategeko, iyo dusuzuguye ibi bintu, tuba tuzimije Umwuka tugira ubugingo butiyegurira Imana cyangwa ubugingo butizera. Dukunze gushaka kubaho tumurikirwa n’ibishishimuzo twikoreye, twishingikirije ukuboko kwa kamere (imbaraga z’abantu), kandi twiyubakira amariba yacu (Yesaya 50:1-11; Yeremiya 17:5).

Umwanditsi w’Abaheburayo atwereka isano y’ingenzi hagati yo kwumva buri munsi ijwi ry’Umwuka w’Imana riva mu Ijambo ry’Imana, no kugira umutima wiyegurira Imana kandi wizera - umutima ufite kwizera kwa ngombwa ku kugendera mu Mwuka. Yerekana iri sano mu Baheburayo igice cya 3 n’icya 4.

Icya mbere, hari imbuzi ku byo kutumva ijwi ry’Umwuka bitera umutima winangiye w’utizera. Kwizera kuzanwa no kwumva Ijambo ry’Imana.

Abaheburayo 3:7-8 na 15: ‘N’uko rero, nk’uk’Umwuka Wera avug’ati: Uyu munsi ni mwumv’ijwi ryayo, 8 Ntimwinangire imitima, nk’uko mwayinangiye mu gihe cyo kurakaza, Ku munsi wo kugerageza mu butayu ... 15 Nk’uko bivugwa ngo: Uyu munsi ni mwumv’ijwi ryayo, Ntimwinangire imitima, nk’uko mwayinangiye mu gihe cyo kurakaza.’

Abaheburayo 3:12 ‘Nuko bene Data, mwirinde, hatagir’uwo muri mw’ugir’umutima mub’utizera, umutera kwimur’Imana ihoraho.’

Abaroma 10:17 ‘Dore, kwizera guheshwa no kwumva, no kumva kukazanwa n’ijambo rya Kristo.’

Icya kabiri, nko kwikingira kugira umutima utiyegurira Imana, umutima winangiye w’utizera, hari guterwa inkunga ku bw’ubusabane n’abizera (umurongo wa 13 na 10:23-24), no gukenera Ijambo ry’Imana ubwaryo aho ijwi ry’Umwuka w’Imana ryumvikanira buri gihe.

Abaheburayo 4:12 ‘Kukw’Ijambo ry’Imana ari rizima, rifit’imbaraga, kandi rikagir’ubugi burut’ubw’inkota zose, rigahinguranya, ndetse kugez’ubgo rigabany’ubugingo n’Umwuka, rikagabany’ingingo n’umusokoro, kandi rikabangukira kugenzur’iby’umutima wibwira, ukagambirira.’

Petero nawe avuga nk’ibyo muri1 Petero 2:1-2,‘

“Nuko mwiyambur’ igomwa ryose n’ uburiganya bwose n’ uburyarya n’ishyari no gusebanya kose, 2 mumere nk’ impinja zivutse vuba, mwifuz’ amata y’ Umwuk’afunguye, kugirangw’ abakuze, abageze ku gakiza:”

Petero avuga ibyo gukora ‘ku byerekeye agakiza’. Kubera ko ijambo ‘agakiza’ ryerekeye kurinda cyangwa gutabara bitewe n’igice riba ririmo (reba mu Ibyakozwe 7:25; 27:34, Abafilipi 1:9; Abaheburayo 11:7), rikwiriye kumvikana biturutse mu gice ririmo. Urugero, mu Baheburayo 11:7 rikoreshwa ku gutabarwa kwa Nowa n’umuryango we bakizwa umwuzure.

Aha muri 1 Petero 2:2, Petero ntiyanditse ku byo kubona ubugingo buhoraho cyangwa kwinjira mu ijuru. Ahubwo, yanditse ku byerekeye kwezwa umuntu anyuramo (igice cya kabiri cy’agakiza). By’umwihariko, gutabarwa cyangwa kuvanwa mu nzira za kamere zivugwa mu murongo wa mbere. Kandi kubera ko gutabarwa kuva mu mbaraga z’Umwuka, nk’Umwuka w’ukuri, Umwuka Wera ntakora yitandukanyije n’Ijambo ry’ukuri.

Hakenewe rero gusonzera ibyubaka umubiri n’indyo ya buri gihe y’ ‘amata y’Ijambo ry’Imana’, gihamya igaragara y’ubugingo bwiyeguriye Imana butandukanye n’ubuzimya Umwuka mu mibereho y’ubwigenge. Ibuka itegeko ‘ntimukazimye Umwuka w’Imana’ (1 Abatesalonike 5:19) rikurikiwe na ‘ntimugahinyure ibihanurwa’, byerekeye kwamamaza ukuri kw’Imana, guhwanye kuri twe muri iki gihe n’Ijambo ry’Imana. Ukuri kwo muri 1 Petero 2:2 gushobora no kubonwa muri Yakobo 1:1 nimirongo ikurikira.

Mukuzirikana ibyo gukura cyangwa gukomera, igishushanyo gikurikira cyerekana ubugingo bushingiye ku Mwuka.

Inyigisho zikurikira zizibanda ku nyigisho zo kwizera ko mu Ijambo ry’Imana (kwiga Bibiliya, gusenga, kuramya, n’ibindi) zifasha mu kugira ubugingo bwiyeguriye Kristo mu kwizera Umwuka uba muri twe n’umurimo We hamwe n’ubuyobozi bwe mu bugingo bw’umwizera.


54 Ryrie, The Holy Spirit, p. 67.

55 Daniel B. Wallace, Selected Notes of New Testament Greek, 4th Edition, p. 65.

56 William D. Lawrence, Class Notes, Dallas Theological Seminary, 1993, p. 11-14.

57 Ryrie, The Holy Spirit, p. 93-94.

58 Oswald J. Sanders, Spiritual Leadership, Moody Press, Chicago, 1986, p. 101.

59 Lawrence, pp. 11-13.

60 Lawrence, pp. 11-14.

61 Lawrence, pp. 12-13.

62 Lewis Sperry Chafer, He That is Spiritual, Zondervan, Grand Rapids, 1967, p. 86.

63 Chafer, He That is Spiritual, p. 87-88.

64 The Ryrie Study Bible, NASB, Moody Press, Chicago, 1976, 1978, pp. 1712-1714.

65 Fritz Rienecker, A Linguistic Key To The New Testament, edited by Cleon L. Rogers, Jr., Regency, Grand Rapids, 1976, p. 393.

Previous PageTable Of ContentsNext Page